• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kamonyi: Abamotari bashishikarijwe kubahiriza amategeko y’umwuga wabo

Kamonyi: Abamotari bashishikarijwe kubahiriza amategeko y’umwuga wabo

Editorial 18 Mar 2016 Mu Mahanga

Abakora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto bo mu karere ka Kamonyi bagera kuri 250 basabwe kubahiriza amategeko agenga umwuga wabo kugira ngo birinde gukora cyangwa guteza impanuka mu muhanda.

Ubu butumwa babuherewe mu murenge wa Gacurabwenge ku wa gatatu tariki ya 16 Werurwe mu nama bagiranye n’ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda muri aka karere ndetse n’ubw’ihuriro ry’amakoperative y’abamotari ku rwego rw’Intara y’Amajyepfo.

Ageza ubutumwa kuri abo bamotari bibumbiye mu makoperative abiri yabo ari yo KAMOTRACO (Kamonyi Motorcycle Transport and Cooperative na COTAMOKA (Cooperative des Chauffeurs de Taxi-Moto de Kamonyi), umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu karere ka Kamonyi, Chief Inspector of Police (CIP) Marcel Kalisa yagize ati:”Ndabasaba gukora akazi kanyu kinyamwuga murangwa na disipulini, mwirinda gutwara mwasinze, mwubahiriza amategeko y’umuhanda.”

CIP Marcel Kalisa yakomeje abasaba kudatwara abagenzi barenze umwe kuri moto, ibyo bakunze kwita “gutendeka”, ndetse bagatanga amakuru y’abagenzi batwaye badashira amakenga (bashobora kuba ari abanyabyaha), nk’abacuruza ibiyobyabwenge n’abandi bagizi ba nabi, ndetse bakirinda no kurenza umuvuduko wemewe.

Umuyobozi w’ihuriro ry’amakoperative y’abamotari ku rwego rw’Intara y’Amajyepfo Nsabimana Jerome, yavuze ko nk’ubuyobozi bw’abo bamotari basanze ari ngombwa kuganira nabo kugira ngo babibutse indangagaciro kugira ngo bagabanye impanuka.

Yagize ati:” Iyi nama igamije gufatanya na Polisi y’u Rwanda dukangurira abamotari kubahiriza amategeko y’umuhanda ndetse dushishikariza bamwe mu bamotari bakora uyu mwuga badafite ibyangombwa kubishaka kuko bashyiriweho uburyo n’igihe gikwiye cyo gukora ibizamini”.

Nsabimana yakomeje avuga ko mu rwego rwo kugira ngo uyu mwuga wo gutwara abantu kuri moto urusheho gukorwa neza, ihuriro ry’amakoperative y’abamotari ku rwego rw’Intara y’Amajyepfo ryiyemeje kujya rikorana inama kenshi n’abamotari mu rwego rwo kunoza uyu mwuga; ibi bikaba byaratangiriye mu karere ka Ruhango aho ku wa 15 Werurwe baganiriye n’abayobozi b’amakoperative 28 y’abamotari bo mu ntara y’amajyepfo, iyi nama ikaba yarabereye mu karere ka Ruhango.

2016-03-18
Editorial

IZINDI NKURU

Gatsibo: Abayobozi m’imisigiti y’abayisilamu barasabwa ubufatanye mu gukumira ibyaha

Gatsibo: Abayobozi m’imisigiti y’abayisilamu barasabwa ubufatanye mu gukumira ibyaha

Editorial 09 Aug 2016
Umubyeyi watoye umwana witwa Prince muri Rurindo arasaba ko yafashwa ku murera

Umubyeyi watoye umwana witwa Prince muri Rurindo arasaba ko yafashwa ku murera

Editorial 25 Aug 2016
Minisitiri w’intebe wa Congo yagaragaje akavuyo mu miyoborere y’igihugu cye ubwo yashinjaga u Rwanda kuyibuza kurwanya ihindagurika ry’ikirere

Minisitiri w’intebe wa Congo yagaragaje akavuyo mu miyoborere y’igihugu cye ubwo yashinjaga u Rwanda kuyibuza kurwanya ihindagurika ry’ikirere

Editorial 14 Nov 2024
Bitunguranye Minisitiri w’ Ibidukikije mu Bufaransa yafashe icyemezo cyo kwegura

Bitunguranye Minisitiri w’ Ibidukikije mu Bufaransa yafashe icyemezo cyo kwegura

Editorial 29 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – PSG yatsinze Real Madrid mu mukino ubanza wa 1/8 w’irushanwa rya UEFA Champions League, Manchester City yihaniza Sporting CP iyitsinda 5-0
Amakuru

Amafoto – PSG yatsinze Real Madrid mu mukino ubanza wa 1/8 w’irushanwa rya UEFA Champions League, Manchester City yihaniza Sporting CP iyitsinda 5-0

Editorial 16 Feb 2022
Felix Tshisekedi yatorewe gusimbura se ku buyobozi bw’ishyaka bitera impaka
POLITIKI

Felix Tshisekedi yatorewe gusimbura se ku buyobozi bw’ishyaka bitera impaka

Editorial 04 Mar 2017
Ku bufatanye bwa FERWACY n’urwego rushinzwe intwari z’igihugu, imidali n’impeta by’ishimwe hateguwe isiganwa ryo kwizihiza umunsi w’intwali
Amakuru

Ku bufatanye bwa FERWACY n’urwego rushinzwe intwari z’igihugu, imidali n’impeta by’ishimwe hateguwe isiganwa ryo kwizihiza umunsi w’intwali

Editorial 28 Jan 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru