• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ngororero: Abayobozi b’inzego zitandukanye basabwe gufatanya kurwanya ibyaha bikorerwa abana

Ngororero: Abayobozi b’inzego zitandukanye basabwe gufatanya kurwanya ibyaha bikorerwa abana

Editorial 11 Apr 2016 Mu Mahanga

Ku itariki 9 Mata, umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu karere ka Ngororero, Senior Superintendent of Police (SSP) Marc Gasangwa yasabye abayobozi b’ibyiciro bitandukanye bo mu murenge wa Sovu, ho muri aka karere gufatanya kurwanya ikintu cyose gishobora kubangamira uburenganzira bw’umwana.

Ibi yabisabye abagize Komite nyobozi y’imidugudu n’utugari by’umurenge wa Sovu, abakuriye inkeragutabara mu midugudu n’utugari bigize uyu murenge, abayobozi b’ibigo by’amashuri byo muri uyu murenge, n’abagize Njyanama na Nyobozi by’uyu murenge.

SSP Gasangwa yabibasabiye mu nama y’umutekano yaguye y’uyu murenge yari yatumiwemo aba bagize ibi byiciro, iyo nama ikaba yarabereye mu kagari ka Birembo.

Yabasabye kujya basobanurira abaturage ko umwana afite uburenganzira bwo kwandikishwa igihe avutse, ubwo kubaho, ubwo kuvuzwa, uburenganzira bwo kumenya ababyeyi be, ubwo kurindwa ivangura, n’ubwo kurindwa gushimutwa.

Yakomeje ababwira ati:”Mujye mubasobanurira ko abana bafite kandi uburenganzira bwo kurindwa gucuruzwa, ubwo kugaragaza igitekerezo, uburenganzira bwo kuruhuka, n’ubwo kwidagadura.”

SSP Gasangwa yabwiye abo bagize ibi byiciro kurwanya ikintu cyose gishobora gutuma abana bava mu ishuri cyangwa cyatuma bajya ku mihanda, aha akaba yarabasabye kujya bakangurira ababyeyi kwirinda amakimbirane n’intonganya babasobanurira ko biri mu bishobora gutuma abana bahunga iwabo bagahitamo kujya kwibera ku mihanda.

Yabasabye na none kurwanya imirimo itemewe kandi ivunanye ikoreshwa abana nko kubakoresha mu birombe, gucukura no gutunganya amabuye yo kubakisha, gusoroma icyayi no kwikorera imitwaro mu isoko.

Yababwiye kandi kujya bagenzura ko amarondo akorwa neza kugira ngo harwanywe ubujura bwo mu ngo , ubw’amatungo, ndetse n’ibindi byaha muri rusange.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Sovu, Hibukimfura Jean Pierre yagize ati:”Inzego z’ubuyobozi zibereyeho kuzuzanya. Gufatanya hagati yanyu bizatuma uburenganzira bw’umwana burushaho kubahirizwa, kandi bizatuma harwanywa ibyaha by’ubwoko bwose; bityo umutekano ukomeze gusigasirwa aho muyobora.”

Yashimye Polisi y’u Rwanda ku nama yagiriye abo bayobora ibyo byiciro, kandi abasaba kuzirikana no gushyira mu bikorwa ibyo basabwe.

RNP

2016-04-11
Editorial

IZINDI NKURU

Urukiko Rukuru rwatsembeye abakozi ba SONARWA gufungurwa by’agateganyo

Urukiko Rukuru rwatsembeye abakozi ba SONARWA gufungurwa by’agateganyo

Editorial 01 Jun 2016
Tito Rutaremara Yatangaje ko kwambara Bikini kubakobwa atabibonamo ikibazo

Tito Rutaremara Yatangaje ko kwambara Bikini kubakobwa atabibonamo ikibazo

Editorial 24 Feb 2017
Umunyeshuri wa UNILAK yasanzwe mu icumbi yapfuye

Umunyeshuri wa UNILAK yasanzwe mu icumbi yapfuye

Editorial 14 Jul 2016
Hakizimana Hamza ntaho ahuriye na Hakizimana Jean de Dieu Kongo ibeshya ko ari umusirikari wa RDF yafatiye ku rugamba

Hakizimana Hamza ntaho ahuriye na Hakizimana Jean de Dieu Kongo ibeshya ko ari umusirikari wa RDF yafatiye ku rugamba

Editorial 28 Dec 2024
Urukiko Rukuru rwatsembeye abakozi ba SONARWA gufungurwa by’agateganyo

Urukiko Rukuru rwatsembeye abakozi ba SONARWA gufungurwa by’agateganyo

Editorial 01 Jun 2016
Tito Rutaremara Yatangaje ko kwambara Bikini kubakobwa atabibonamo ikibazo

Tito Rutaremara Yatangaje ko kwambara Bikini kubakobwa atabibonamo ikibazo

Editorial 24 Feb 2017
Umunyeshuri wa UNILAK yasanzwe mu icumbi yapfuye

Umunyeshuri wa UNILAK yasanzwe mu icumbi yapfuye

Editorial 14 Jul 2016
Hakizimana Hamza ntaho ahuriye na Hakizimana Jean de Dieu Kongo ibeshya ko ari umusirikari wa RDF yafatiye ku rugamba

Hakizimana Hamza ntaho ahuriye na Hakizimana Jean de Dieu Kongo ibeshya ko ari umusirikari wa RDF yafatiye ku rugamba

Editorial 28 Dec 2024
Urukiko Rukuru rwatsembeye abakozi ba SONARWA gufungurwa by’agateganyo

Urukiko Rukuru rwatsembeye abakozi ba SONARWA gufungurwa by’agateganyo

Editorial 01 Jun 2016
Tito Rutaremara Yatangaje ko kwambara Bikini kubakobwa atabibonamo ikibazo

Tito Rutaremara Yatangaje ko kwambara Bikini kubakobwa atabibonamo ikibazo

Editorial 24 Feb 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru