• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Minisitiri Mushikiwabo yahishuye byinshi kuri AU Summit igiye kubera mu Rwanda

Minisitiri Mushikiwabo yahishuye byinshi kuri AU Summit igiye kubera mu Rwanda

Editorial 10 Jun 2016 Mu Mahanga

Mu kiganiro n’Abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa kabiri tariki ya 7 Kamena 2016 Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo yasubije ibibazo yabajijwe ku nama y’umuryango wa Afurika yunze ubumwe igiye kubera mu Rwanda mu kwezi kwa Nyakanga.

Minisitiri Louise Mushikiwabo yavuze ko u Rwanda rwamaze kwitegura kwakira inama y’umuryango wa Afurika yunze ubumwe izatangira tariki 10 Nyakanga ku rwego rwa b’ Ambasaderi, hagakurikiraho iy’Abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga, n’inama zizahuza ba Perezida banyuranye b’ibihugu bya Afurika ku matariki 16, 17, na 18 Nyakanga ari nabwo inama izasozwa muri rusange.

Yavuze ko iyi nama izaba yiga ku buryo Afurika yarushaho koroshya urujya n’uruza hagati y’ibihugu bya Afurika, kugira ngo ubucuruzi hagati y’ibyo bihugu bitere imbere.

Mushikiwabo yavuze ko imyiteguro irimbanije yo kwakira iyi nama aho izabera Kigali Convention Center n’amahoteli azakira abantu bari hagati y’ibihumbi bitatu na bitanu bazitabira iyi nama bisa n’ibyarangiye.

-2891.jpg

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’ u Rwanda Louise Mushikiwabo mu kiganiro n’Abanyamakuru

Avuga ku kibazo cy’Abarundi birukanywe mu Rwanda, Mushikiwabo yavuze ko Abarundi birukanywe ari abari bafite ‘Status’ idasobanutse, atari abakozi cyangwa abatuye mu buryo bwemewe, batanafite icyemezo cy’ubuhunzi.

Louise Mushikiwabo yavuze ko bari bamaze kuba benshi, ku buryo imibare yazamukaga ikagera ku bihumbi birindwi cyangwa icyenda mu turere tw’u Rwanda duhana imbibi n’u Burundi.

Kubirebana n’imitungo basize mu Rwanda, yavuze ko ari ibintu byaganirwaho hagati y’ibihugu byombi kandi ngo binyuze mu biganiro ibibazo birakemuka.

Min.Mushikiwabo abajijwe ku bya FDLR iri kongera kugabwaho ibitero n’ingabo za Leta ya Congo, ibivugwa ko iri gucikamo kabiri n’ibindi yavuze ko ibyo byose bidakuraho ko ari umutwe mubi kandi u Rwanda rubona nk’ikibazo.

Yagarutse ku kibazo cy’umubano utifashe neza hagati y’u Rwanda na Afrika y’Epfo

-2893.jpg

Abanyamakuru na bamwe mu bayobozi muri Minaffet barimo gukurikira ikiganiro

Minisitiri ati “ Umubano hagati y’u Rwanda na Afurika y’Epfo umaze hafi imyaka ibiri ukurikiranirwa hafi. Kuwusubiza ku murongo ni urugendo rurimo ibintu byinshi, ushobora kubona ko ibikorwa nk’ubucuruzi biri gukorwa, ibigo byo muri Afurika y’Epfo biri gukorera mu Rwanda, RwandAir irajya muri Afurika y’Epfo, abayobozi ba Afurika y’Epfo baraza mu Rwanda, no muri WEF baje bayobowe na Visi Perezida.”

Tubibutse ko mu mubano w’ibihugu byombi wajemo agatotsi muri Werurwe 2014, ubwo Afurika y’Epfo yirukanaga abadipolomate b’u Rwanda, ibashinja kugira uruhare mu bikorwa byo kurasa Kayumba Nyamwasa.

Icyo gihe Guverinoma y’u Rwanda nayo yahise yirukana abadipolomate batandatu ba Afurika y’Epfo, ariko ba Ambasaderi baguma mu mirimo yabo.

Ukwirukanwa kw’abadipolomate barimo n’abari bashinzwe ibijyanye na Visa, byatumye ubuhahirane bw’ibihugu byombi n’ingendo bidindira, mu gihe Afurika y’Epfo yari isanzwe iri mu bafatanyabikorwa bakomeye b’u Rwanda mu bijyanye n’ubucuruzi, uburezi, ubuvuzi n’ibindi.

Mushikiwabo akomeza asobanura uko umubano w’ibi bihugu byombi uri kuzahurwa, yagize ati “Kuwusubiza ku murongo ni urugendo rujyana no gushyiraho abadipolomate. Hari abayobozi bagikeneye gushyirwaho, biri gusubizwa ku murongo, hari nibikeneye gukorwa, dutegereje nkicyo bavuga ku gutanga visa kubanyarwanda basanzwe,bimwe mu biganiro biri gufata igihe kirekire cyane ku ruhande rwa Afurika y’Epfo ariko nk’u Rwanda turakora ibishoboka.”

Ambasaderi wa Afurika y’Epfo mu Rwanda, George Nkosinati Twala aherutse gutangaza ko igihugu cye cyamaze kwemeza amazina y’abazagihagararira mu Rwanda, uretse umukozi ushinzwe ibijyanye na Visa.

Yagize ati “Muri Nyakanga umwaka ushize, ibihugu byombi byemeranyije gushyiraho abadipolomate kandi ko icyo gikorwa kizafasha mu gusubukura ibikorwa ku mpande zombi. Afurika y’Epfo yamaze kohereza abazahabwa iyo myanya uretse umukozi ushinzwe ibikorwa. […] Ku ruhande runini, ibikorwa muri ambasade bimaze gusubira ku murongo.”

-2892.jpg

Abanyamakuru benshi bari bitabiriye iki kiganiro


Umwanditsi wacu

2016-06-10
Editorial

IZINDI NKURU

Baragosorera mu rucaca, Rusesabagina ngo arashaka gufunguza Ingabire Victoire

Baragosorera mu rucaca, Rusesabagina ngo arashaka gufunguza Ingabire Victoire

Editorial 08 Sep 2025
Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”

Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”

Editorial 24 Jun 2025
Manchester City yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League isezereye ikipe ya PSG yatsinzwe ibitego 4-1 mu mikino yombi ya 1/2.

Manchester City yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League isezereye ikipe ya PSG yatsinzwe ibitego 4-1 mu mikino yombi ya 1/2.

Editorial 05 May 2021
Kenya ibintu byasubiye irudubi  nyuma yo kwivana mu matora kwa Odinga

Kenya ibintu byasubiye irudubi nyuma yo kwivana mu matora kwa Odinga

Editorial 11 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Manchester City yegukanye igikombe cya kabili yikurikiranya nyuma yo gutsinda, Brighton ibitego 4-1
IMIKINO

Manchester City yegukanye igikombe cya kabili yikurikiranya nyuma yo gutsinda, Brighton ibitego 4-1

Editorial 13 May 2019
Umuhango w’irahira rya Macky Sall, Kagame n’abandi baperezida 18 bitabiriye irahira rye
HIRYA NO HINO

Umuhango w’irahira rya Macky Sall, Kagame n’abandi baperezida 18 bitabiriye irahira rye

Editorial 02 Apr 2019
Loni yatangiye igenzura ry’abapolisi 70 bagomba koherezwa muri Sudani y’Epfo
Mu Mahanga

Loni yatangiye igenzura ry’abapolisi 70 bagomba koherezwa muri Sudani y’Epfo

Editorial 03 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru