• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umukomando wa Israel yasobanuye ibijyanye n’igitero bagabye i Kampala mu 1976 ( Reba Video )

Umukomando wa Israel yasobanuye ibijyanye n’igitero bagabye i Kampala mu 1976 ( Reba Video )

Ubwanditsi 16 Jun 2016 Mu Rwanda

Kuwa 4 Nyakanga 2016 Uganda izibuka imyaka 40 ishize abakomando b’Abanyayisirayeli bagabye igitero ku kibuga cy’indege cya Entebbe hagamijwe kurokora abanyayisirayeli 100 bari bafashweho bunyago.

Inkuru ya Chimpreports iravuga ko iki gitero cyafashwe nka kimwe mu bitero binononsoye byageze ku ntego byigeze kugabwa mu mateka ya muntu.

Uyu munsi uzibukwa uzanitabirwa na Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, uzaba yagiriye uruzinduko muri Uganda.

Niba ushaka kumenya byinshi kuri iki gitero cy’agatangaza mu mateka y’Isi, reba iyi video

Ku bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubukerarugendo muri Uganda, umuhango wo kwibuka iki gitero uzanakoreshwa mu guteza imbere ubukerarugendo bwa Uganda mu Bayahudi ku Isi hose.

Perezida w’ishyirahamwe ry’ubukerarugendo, Boniface Byamukama yagize ati “Ni ikintu gishobora gutuma Abayahudi Miliyoni 50 ku Isi bareba neza Uganda.”

Umwe mu bakomando bagabye igitero Entebbe, Amiri Ofer, yatangarije Chimpreports uko igitero cyagenze n’uko baje gutwara abari bafashweho bugwate mu ndege ya “Air France” yari yazanywe Entebbe ku ngufu n’abashyigikiye Palestine.

-2980.jpg

Taliki 4 Nyakanga 1976, Abasirikare ba Uganda n’abari bafasheho abagenzi ingwate, batunguwe n’indege eshatu zo mu bwoko bwa Hercules zaguye ku kibuga cy’indege Entebbe ku bilometero 4023.36 uvuye muri Israel.

Abasirikare bagera kuri 200 b’Abayisirayeli basohotse muri izo ndege bagaba igetero ku nyubako yari ku kibuga cy’indege.

Habaye imirwano yatwaye iminota 35; abasirikare ba Uganda 20 n’abari bayobeje indege uko ari 7 barishwe na 3 mu bari bafashweho ingwate.

Uwari ayoboye igitero, cy’Abayisirayeli, Lieutenant Colonel Yonatan Netanyahu, na we yahasize ubuzima.

Abakomando b’Abayisirayeli batwitse indege z’intambara zakozwe n’Abarusiya zo mu bwoko bwa MiG 11 zanganaga na ¼ cy’indege z’intambara z’igisirikare cya Uganda.

Indege ya Air France yayobejwe n’intagondwa taliki ya 27 Kamena 1976; yavaga Isirayeli ijya i Paris Mu Bufaransa inyuze Athenes mu Bugiriki itwaye abagenzi bagera kuri 250. Yageze ku kibuga cy’indege Entebbe taliki ya 28 Kamena 1976.

Indege igeze muri Uganda, uwari Perezida wa Uganda Idi Amin, yasuye ikibuga cy’indege aho yatanze ijambo ashyigikira impirimbanyi za Palesitina zo mu ishyaka PFLP(The Popular Front for the Liberation of Palestine – Umutwe wari ugamije kubohora Palesitina). Yahaye abari bayobeje indege intwaro n’abasirikare.

Dore video igaragaza ubwo Perezida Idi Amin Dada yasuraga abari bafashwe bugwate i Entebbe

Abari bayobeje indege batanze igihe ntarengwa y’uko bagenzi babo bari bafungiye mu magereza ya Israel barekurwa cyangwa bagatwika indege n’abagenzi bayirimo igihe bitabaye. Ariko byaburijwemo n’igitero cy’akataraboneka cy’Abayisirayeli.

2016-06-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uwamahoro Viollette ufite ubwenegihugu bw’u Bwongereza ushinjwa kugambanira  Igihugu  yarekuwe

Uwamahoro Viollette ufite ubwenegihugu bw’u Bwongereza ushinjwa kugambanira Igihugu yarekuwe

Ubwanditsi 27 Mar 2017
Impunzi z’Abarundi 33 zifungiwe kubuza izindi kwakira inkunga

Impunzi z’Abarundi 33 zifungiwe kubuza izindi kwakira inkunga

Ubwanditsi 29 Mar 2018
Heroes FC irakira  Gasogi United, Bugesera FC isure Kaminuza y’u Rwanda mu ijonjora ribanza ry’igikombe cy’Amahoro 2022

Heroes FC irakira  Gasogi United, Bugesera FC isure Kaminuza y’u Rwanda mu ijonjora ribanza ry’igikombe cy’Amahoro 2022

Ubwanditsi 16 Mar 2022
“Nyamwanga kumva ntiyanze no kubona”. Iyo Idamande Yvonne na Aimable Karasira bumva impanuro, ntibaba bafunze”-Umusomyi wa Rushyashya

“Nyamwanga kumva ntiyanze no kubona”. Iyo Idamande Yvonne na Aimable Karasira bumva impanuro, ntibaba bafunze”-Umusomyi wa Rushyashya

Ubwanditsi 02 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Byasabye iminota 4 yonyine kugirango ikipe ya Real Madrid isange Liverpool ku mukino wa nyuma isezereye Manchester City muri UEFA Champions League
Amakuru

Byasabye iminota 4 yonyine kugirango ikipe ya Real Madrid isange Liverpool ku mukino wa nyuma isezereye Manchester City muri UEFA Champions League

Ubwanditsi 05 May 2022
Burundi:  Mu kiyaga cya Rweru hongeye kuboneka imirambo ijombyemo ibiti, abaturage ntibashira amakenga  ubuyobozi bwa komini n’ubw’abashinzwe umutekano.
INKURU NYAMUKURU

Burundi:  Mu kiyaga cya Rweru hongeye kuboneka imirambo ijombyemo ibiti, abaturage ntibashira amakenga  ubuyobozi bwa komini n’ubw’abashinzwe umutekano.

Ubwanditsi 25 Feb 2019
Imyiteguro yo kwakira CHAN irarimbanije kuri stade Amahoro
IMIKINO

Imyiteguro yo kwakira CHAN irarimbanije kuri stade Amahoro

Ubwanditsi 13 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru