• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umukomando wa Israel yasobanuye ibijyanye n’igitero bagabye i Kampala mu 1976 ( Reba Video )

Umukomando wa Israel yasobanuye ibijyanye n’igitero bagabye i Kampala mu 1976 ( Reba Video )

Editorial 16 Jun 2016 Mu Rwanda

Kuwa 4 Nyakanga 2016 Uganda izibuka imyaka 40 ishize abakomando b’Abanyayisirayeli bagabye igitero ku kibuga cy’indege cya Entebbe hagamijwe kurokora abanyayisirayeli 100 bari bafashweho bunyago.

Inkuru ya Chimpreports iravuga ko iki gitero cyafashwe nka kimwe mu bitero binononsoye byageze ku ntego byigeze kugabwa mu mateka ya muntu.

Uyu munsi uzibukwa uzanitabirwa na Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, uzaba yagiriye uruzinduko muri Uganda.

Niba ushaka kumenya byinshi kuri iki gitero cy’agatangaza mu mateka y’Isi, reba iyi video

Ku bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubukerarugendo muri Uganda, umuhango wo kwibuka iki gitero uzanakoreshwa mu guteza imbere ubukerarugendo bwa Uganda mu Bayahudi ku Isi hose.

Perezida w’ishyirahamwe ry’ubukerarugendo, Boniface Byamukama yagize ati “Ni ikintu gishobora gutuma Abayahudi Miliyoni 50 ku Isi bareba neza Uganda.”

Umwe mu bakomando bagabye igitero Entebbe, Amiri Ofer, yatangarije Chimpreports uko igitero cyagenze n’uko baje gutwara abari bafashweho bugwate mu ndege ya “Air France” yari yazanywe Entebbe ku ngufu n’abashyigikiye Palestine.

-2980.jpg

Taliki 4 Nyakanga 1976, Abasirikare ba Uganda n’abari bafasheho abagenzi ingwate, batunguwe n’indege eshatu zo mu bwoko bwa Hercules zaguye ku kibuga cy’indege Entebbe ku bilometero 4023.36 uvuye muri Israel.

Abasirikare bagera kuri 200 b’Abayisirayeli basohotse muri izo ndege bagaba igetero ku nyubako yari ku kibuga cy’indege.

Habaye imirwano yatwaye iminota 35; abasirikare ba Uganda 20 n’abari bayobeje indege uko ari 7 barishwe na 3 mu bari bafashweho ingwate.

Uwari ayoboye igitero, cy’Abayisirayeli, Lieutenant Colonel Yonatan Netanyahu, na we yahasize ubuzima.

Abakomando b’Abayisirayeli batwitse indege z’intambara zakozwe n’Abarusiya zo mu bwoko bwa MiG 11 zanganaga na ¼ cy’indege z’intambara z’igisirikare cya Uganda.

Indege ya Air France yayobejwe n’intagondwa taliki ya 27 Kamena 1976; yavaga Isirayeli ijya i Paris Mu Bufaransa inyuze Athenes mu Bugiriki itwaye abagenzi bagera kuri 250. Yageze ku kibuga cy’indege Entebbe taliki ya 28 Kamena 1976.

Indege igeze muri Uganda, uwari Perezida wa Uganda Idi Amin, yasuye ikibuga cy’indege aho yatanze ijambo ashyigikira impirimbanyi za Palesitina zo mu ishyaka PFLP(The Popular Front for the Liberation of Palestine – Umutwe wari ugamije kubohora Palesitina). Yahaye abari bayobeje indege intwaro n’abasirikare.

Dore video igaragaza ubwo Perezida Idi Amin Dada yasuraga abari bafashwe bugwate i Entebbe

Abari bayobeje indege batanze igihe ntarengwa y’uko bagenzi babo bari bafungiye mu magereza ya Israel barekurwa cyangwa bagatwika indege n’abagenzi bayirimo igihe bitabaye. Ariko byaburijwemo n’igitero cy’akataraboneka cy’Abayisirayeli.

2016-06-16
Editorial

IZINDI NKURU

Polisi y’u Bubiligi yataye muri yombi umuturage bikekwo ko ari umunyarwanda

Polisi y’u Bubiligi yataye muri yombi umuturage bikekwo ko ari umunyarwanda

Editorial 09 Aug 2017
U Rwanda rugiye kwakira Inama mpuzamahanga iziga ku micungire y’imyanda mu mijyi

U Rwanda rugiye kwakira Inama mpuzamahanga iziga ku micungire y’imyanda mu mijyi

Editorial 22 Sep 2017
Ahubwo aho Gusaba Ubutabera Guhanagurwaho Ubusembwa, Ingabire Victoire Asabe Imana Ibumukize

Ahubwo aho Gusaba Ubutabera Guhanagurwaho Ubusembwa, Ingabire Victoire Asabe Imana Ibumukize

Editorial 14 Feb 2024
Ubuyobozi bw’ikipe ya Mukura VS bwahagaritse umutoza wayo Ruremesha Emmanuel imikino 2 nyuma yo gutsindwa na Kiyovu SC

Ubuyobozi bw’ikipe ya Mukura VS bwahagaritse umutoza wayo Ruremesha Emmanuel imikino 2 nyuma yo gutsindwa na Kiyovu SC

Editorial 21 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uwiyemerera ko yishe Iribagiza Christine  avuga ko Umugambi we wari uwo kwica Abantu 1000
ITOHOZA

Uwiyemerera ko yishe Iribagiza Christine avuga ko Umugambi we wari uwo kwica Abantu 1000

Editorial 05 May 2017
Mushikiwabo yagaragaje isomo Abanyarwanda bakuye mu matora yo muri Amerika
Mu Mahanga

Mushikiwabo yagaragaje isomo Abanyarwanda bakuye mu matora yo muri Amerika

Editorial 10 Nov 2016
Nyuma yaho umuhanzikazi Queen Cha asezereye muri The Mane, Marina nawe yanditse ibaruwa isezera muri iyo nzu ifasha abahanzi iyoborwa na Bad Rama.
Amakuru

Nyuma yaho umuhanzikazi Queen Cha asezereye muri The Mane, Marina nawe yanditse ibaruwa isezera muri iyo nzu ifasha abahanzi iyoborwa na Bad Rama.

Editorial 28 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru