• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umukomando wa Israel yasobanuye ibijyanye n’igitero bagabye i Kampala mu 1976 ( Reba Video )

Umukomando wa Israel yasobanuye ibijyanye n’igitero bagabye i Kampala mu 1976 ( Reba Video )

Ubwanditsi 16 Jun 2016 Mu Rwanda

Kuwa 4 Nyakanga 2016 Uganda izibuka imyaka 40 ishize abakomando b’Abanyayisirayeli bagabye igitero ku kibuga cy’indege cya Entebbe hagamijwe kurokora abanyayisirayeli 100 bari bafashweho bunyago.

Inkuru ya Chimpreports iravuga ko iki gitero cyafashwe nka kimwe mu bitero binononsoye byageze ku ntego byigeze kugabwa mu mateka ya muntu.

Uyu munsi uzibukwa uzanitabirwa na Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, uzaba yagiriye uruzinduko muri Uganda.

Niba ushaka kumenya byinshi kuri iki gitero cy’agatangaza mu mateka y’Isi, reba iyi video

Ku bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubukerarugendo muri Uganda, umuhango wo kwibuka iki gitero uzanakoreshwa mu guteza imbere ubukerarugendo bwa Uganda mu Bayahudi ku Isi hose.

Perezida w’ishyirahamwe ry’ubukerarugendo, Boniface Byamukama yagize ati “Ni ikintu gishobora gutuma Abayahudi Miliyoni 50 ku Isi bareba neza Uganda.”

Umwe mu bakomando bagabye igitero Entebbe, Amiri Ofer, yatangarije Chimpreports uko igitero cyagenze n’uko baje gutwara abari bafashweho bugwate mu ndege ya “Air France” yari yazanywe Entebbe ku ngufu n’abashyigikiye Palestine.

-2980.jpg

Taliki 4 Nyakanga 1976, Abasirikare ba Uganda n’abari bafasheho abagenzi ingwate, batunguwe n’indege eshatu zo mu bwoko bwa Hercules zaguye ku kibuga cy’indege Entebbe ku bilometero 4023.36 uvuye muri Israel.

Abasirikare bagera kuri 200 b’Abayisirayeli basohotse muri izo ndege bagaba igetero ku nyubako yari ku kibuga cy’indege.

Habaye imirwano yatwaye iminota 35; abasirikare ba Uganda 20 n’abari bayobeje indege uko ari 7 barishwe na 3 mu bari bafashweho ingwate.

Uwari ayoboye igitero, cy’Abayisirayeli, Lieutenant Colonel Yonatan Netanyahu, na we yahasize ubuzima.

Abakomando b’Abayisirayeli batwitse indege z’intambara zakozwe n’Abarusiya zo mu bwoko bwa MiG 11 zanganaga na ¼ cy’indege z’intambara z’igisirikare cya Uganda.

Indege ya Air France yayobejwe n’intagondwa taliki ya 27 Kamena 1976; yavaga Isirayeli ijya i Paris Mu Bufaransa inyuze Athenes mu Bugiriki itwaye abagenzi bagera kuri 250. Yageze ku kibuga cy’indege Entebbe taliki ya 28 Kamena 1976.

Indege igeze muri Uganda, uwari Perezida wa Uganda Idi Amin, yasuye ikibuga cy’indege aho yatanze ijambo ashyigikira impirimbanyi za Palesitina zo mu ishyaka PFLP(The Popular Front for the Liberation of Palestine – Umutwe wari ugamije kubohora Palesitina). Yahaye abari bayobeje indege intwaro n’abasirikare.

Dore video igaragaza ubwo Perezida Idi Amin Dada yasuraga abari bafashwe bugwate i Entebbe

Abari bayobeje indege batanze igihe ntarengwa y’uko bagenzi babo bari bafungiye mu magereza ya Israel barekurwa cyangwa bagatwika indege n’abagenzi bayirimo igihe bitabaye. Ariko byaburijwemo n’igitero cy’akataraboneka cy’Abayisirayeli.

2016-06-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Therese wari umugore wa Evangeliste KWIZERA Emmanuel yitabye Imana. Ni urupfu rwashenguye benshi

Therese wari umugore wa Evangeliste KWIZERA Emmanuel yitabye Imana. Ni urupfu rwashenguye benshi

Ubwanditsi 07 Aug 2017
Urwandiko: Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame – intore izirusha Intambwe

Urwandiko: Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame – intore izirusha Intambwe

Ubwanditsi 24 Jul 2017
Kamonyi: Perezida wa Njyanama n’Umwungirije beguye

Kamonyi: Perezida wa Njyanama n’Umwungirije beguye

Ubwanditsi 12 Sep 2018
Agnes Uwimana mu butekamutwe no gushaka indonke asebya inzego za Leta, ni inshuro ya kabiri asuye Cyuma akanga kumwiyereka kuko aziko amushakiraho amaramuko

Agnes Uwimana mu butekamutwe no gushaka indonke asebya inzego za Leta, ni inshuro ya kabiri asuye Cyuma akanga kumwiyereka kuko aziko amushakiraho amaramuko

Ubwanditsi 16 May 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda ku mwanya wa mbere muri Afurika mu zizerwa n’abaturage
ITOHOZA

Polisi y’u Rwanda ku mwanya wa mbere muri Afurika mu zizerwa n’abaturage

Ubwanditsi 26 Aug 2018
Eric Gakwaya yegukanye isaganwa ry’amamodoka ribimburira andi azakinwa mu 2018
IMIKINO

Eric Gakwaya yegukanye isaganwa ry’amamodoka ribimburira andi azakinwa mu 2018

Ubwanditsi 27 Mar 2018
Burundi: Nzopfabarushe wavuze ko abarwanya Leta bazicwa bakajugunywa mu kiyaga yafunguwe
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Nzopfabarushe wavuze ko abarwanya Leta bazicwa bakajugunywa mu kiyaga yafunguwe

Ubwanditsi 22 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru