• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umukomando wa Israel yasobanuye ibijyanye n’igitero bagabye i Kampala mu 1976 ( Reba Video )

Umukomando wa Israel yasobanuye ibijyanye n’igitero bagabye i Kampala mu 1976 ( Reba Video )

Ubwanditsi 16 Jun 2016 Mu Rwanda

Kuwa 4 Nyakanga 2016 Uganda izibuka imyaka 40 ishize abakomando b’Abanyayisirayeli bagabye igitero ku kibuga cy’indege cya Entebbe hagamijwe kurokora abanyayisirayeli 100 bari bafashweho bunyago.

Inkuru ya Chimpreports iravuga ko iki gitero cyafashwe nka kimwe mu bitero binononsoye byageze ku ntego byigeze kugabwa mu mateka ya muntu.

Uyu munsi uzibukwa uzanitabirwa na Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, uzaba yagiriye uruzinduko muri Uganda.

Niba ushaka kumenya byinshi kuri iki gitero cy’agatangaza mu mateka y’Isi, reba iyi video

Ku bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubukerarugendo muri Uganda, umuhango wo kwibuka iki gitero uzanakoreshwa mu guteza imbere ubukerarugendo bwa Uganda mu Bayahudi ku Isi hose.

Perezida w’ishyirahamwe ry’ubukerarugendo, Boniface Byamukama yagize ati “Ni ikintu gishobora gutuma Abayahudi Miliyoni 50 ku Isi bareba neza Uganda.”

Umwe mu bakomando bagabye igitero Entebbe, Amiri Ofer, yatangarije Chimpreports uko igitero cyagenze n’uko baje gutwara abari bafashweho bugwate mu ndege ya “Air France” yari yazanywe Entebbe ku ngufu n’abashyigikiye Palestine.

-2980.jpg

Taliki 4 Nyakanga 1976, Abasirikare ba Uganda n’abari bafasheho abagenzi ingwate, batunguwe n’indege eshatu zo mu bwoko bwa Hercules zaguye ku kibuga cy’indege Entebbe ku bilometero 4023.36 uvuye muri Israel.

Abasirikare bagera kuri 200 b’Abayisirayeli basohotse muri izo ndege bagaba igetero ku nyubako yari ku kibuga cy’indege.

Habaye imirwano yatwaye iminota 35; abasirikare ba Uganda 20 n’abari bayobeje indege uko ari 7 barishwe na 3 mu bari bafashweho ingwate.

Uwari ayoboye igitero, cy’Abayisirayeli, Lieutenant Colonel Yonatan Netanyahu, na we yahasize ubuzima.

Abakomando b’Abayisirayeli batwitse indege z’intambara zakozwe n’Abarusiya zo mu bwoko bwa MiG 11 zanganaga na ¼ cy’indege z’intambara z’igisirikare cya Uganda.

Indege ya Air France yayobejwe n’intagondwa taliki ya 27 Kamena 1976; yavaga Isirayeli ijya i Paris Mu Bufaransa inyuze Athenes mu Bugiriki itwaye abagenzi bagera kuri 250. Yageze ku kibuga cy’indege Entebbe taliki ya 28 Kamena 1976.

Indege igeze muri Uganda, uwari Perezida wa Uganda Idi Amin, yasuye ikibuga cy’indege aho yatanze ijambo ashyigikira impirimbanyi za Palesitina zo mu ishyaka PFLP(The Popular Front for the Liberation of Palestine – Umutwe wari ugamije kubohora Palesitina). Yahaye abari bayobeje indege intwaro n’abasirikare.

Dore video igaragaza ubwo Perezida Idi Amin Dada yasuraga abari bafashwe bugwate i Entebbe

Abari bayobeje indege batanze igihe ntarengwa y’uko bagenzi babo bari bafungiye mu magereza ya Israel barekurwa cyangwa bagatwika indege n’abagenzi bayirimo igihe bitabaye. Ariko byaburijwemo n’igitero cy’akataraboneka cy’Abayisirayeli.

2016-06-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kiyovu SC yahize gutsinda AS Kigali ikerekana ko aribo banyamujyi, ibyo wamenya ku munsi 17 wa shampiyona y’u Rwanda ikomeza

Kiyovu SC yahize gutsinda AS Kigali ikerekana ko aribo banyamujyi, ibyo wamenya ku munsi 17 wa shampiyona y’u Rwanda ikomeza

Ubwanditsi 16 Feb 2022
Carlos Alos Ferrer watozaga Amavubi yasezeye, Adolphe Kalisa agirwa Umunyamabanga wa FERWAFA

Carlos Alos Ferrer watozaga Amavubi yasezeye, Adolphe Kalisa agirwa Umunyamabanga wa FERWAFA

Ubwanditsi 08 Aug 2023
Amafoto – Warren Zaïre-Emery ukinira Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Amafoto – Warren Zaïre-Emery ukinira Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Ubwanditsi 21 Dec 2023
UGANDA : Perezida Museveni yafunze Kaminuza ya Makerere nyuma y’imyigaragambyo imaze igihe

UGANDA : Perezida Museveni yafunze Kaminuza ya Makerere nyuma y’imyigaragambyo imaze igihe

Ubwanditsi 02 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Gen Kale Kayihura ashobora gushinjwa ibyaha birimo ubwicanyi, gushimuta, ubutasi n’ubugambanyi
ITOHOZA

Uganda: Gen Kale Kayihura ashobora gushinjwa ibyaha birimo ubwicanyi, gushimuta, ubutasi n’ubugambanyi

Ubwanditsi 15 Jun 2018
Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”
Amakuru

Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”

Ubwanditsi 24 Jun 2025
Burundi: Haravugwa umusore wishwe agacibwa umutwe umurambo we ugasigwaho ubutumwa buteye ubwoba
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Burundi: Haravugwa umusore wishwe agacibwa umutwe umurambo we ugasigwaho ubutumwa buteye ubwoba

Ubwanditsi 09 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru