• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ntibizorohera Mfumukeko kuyobora EAC kubera Perezida Nkurunziza

Ntibizorohera Mfumukeko kuyobora EAC kubera Perezida Nkurunziza

Ubwanditsi 24 Aug 2016 Mu Rwanda


Liberat Mfumukeko ni Umurundi akabari nawe umunyamabanga mukuru wa EAC ariko uko bigaragara n’uko bitazamworohera gutunganya neza inshingano ze kubera Perezida Petero Nkurunziza.

Mfumukeko yagizwe umunyamabanga mukuru wa EAC, Werurwe uyu mwaka, asimbuye kuri uwo mwanya Umunyarwanda Richard Sezibera. Ubusanzwe ushinzwe ayo mabanga aba ntaho aba agihuriye n’igihugu cye uretse gusa yuko agikomokamo kikaba cyaranamutanzeho kandidatire, naho mu mikorere aba ari umuntu w’ibihugu byose bigize EAC.

Perezida Nkurunziza yatangiye kuvangira Mfumukeko akimara gutangira ubwo buyobozi bukuru muri EAC, amugira ambasaderi we udasanzwe. Kuva icyo gihe benshi batangiye kwibaza ukuntu Mfumukeko azashobora kubangikanya iyo mirimo ye, isaba kutobogama, muri EAC no kuba ambasaderi udasanzwe wa Petero Nkurunziza kandi bisanzwe bizwi yuko Bujumbura ibangamira imikorere myiza ya EAC !

Ukuntu Nkurunziza abangamira imikoranire myiza y’ibihugu bigize EAC ntabwo ari ibyo gushakishiriza kure. Mbere yuko vuba aha Sudan y’ep’o yinjizwa muri EAC uwo muryango wari ugizwe n’ibihugu bitanu. Muri ibyo, u Rwanda, Kenya na Uganda harakoreshwa indangamuntu iyo abaturage bavuye mu gihugu kimwe bajya mu kindi.

Tanzania ya Jakaya Mrisho Kikwete n’u Burundi bwa Petero Nkuru Nziza byo byanze uwo mushinga, kujya cyngwa kuva muri ibyo bihugu bikaba bigisaba inzandiko z’inzira. Nubwo n’imitekerereze ya Kikwete nayo nta bwenge bwinshi buyirimo ariko nibura we yari afite icyo avuga. Yavugaga yuko Tanzania ari igihugu kinini, ngo hatabayeho ikintu cyo gukumira abimukira ubutaka bwa Tanzania bwakwiturirwa n’abimukira kuva mu bindi bihugu bigize EAC ! Nkurunziza nawe se yarakumiraga ngo ubutaka bw’u Burundi butamarwa n’abandi ?

Uko Nkurunziza akora nabi mu gihugu cye ashaka kuba ari nako akora no muri EAC, atabanje gutekereza yuko abandi babibona yuko yica amategeko agenga umuryango. Muri Mata umwaka ushize u Burundi bwinjiye mu imvururu, nan’ubu zigikomeje. Kuva icyo gihe Nkurunziza yatangiye guhiga abarwanya ubutegetsi be imbaga y’abantu ihunga ubwicanyi, abenshi bakaba bari muri ibi bihugu bigize EAC.

Muri uko guhiga umwanzi, mu kwa 11 umwaka ushize ubutegetsi bwa Nkurunziza bwandikiye inteko nshingamategeko ya EAC (EALA) buyibwira yuko bwahagaritse bane mu badepite b’u Burundi bari bayigize. Abo bazizwaga yuko bagaragaje kutemera manda ya gatatu ya Nkurunziza ari nayo yatumye ubwicanyi butangira muri icyo gihugu. Kuko ihagarikwa ry’abo badepote ryari rinyuranyije n’amategeko agenga umuryango, EALA yarabyanze abo badeote bakomeza imirimo yabo.

-3794.jpg

Liberat Mfumukeko

-3793.jpg

Ubu ikibazo kiriho ni icy’ubutegetsi mu Burundi guhagarika urujya n’uruza rw’abantu hagati yabwo n’u Rwanda. Ibi na none bikaba byica amategeko agenga EAC, ejo abadepite muri EALA baba baratangiye kubyigaho ariko bakanasaba inama y’abaminisitiri ba EAC no kuziga ku mikorere ya wa mwambasaderi udasanzwe wa Nkurunziza, Liberat Mfumukeko bavuga ko idahwitse !

Kayumba Casmiry

2016-08-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikipe ya Bugesera FC yatangaje ko kubwumvikane bw’impande zombi yatandukanye n’uwari umutoza wayo Mbarushimana Abdou

Ikipe ya Bugesera FC yatangaje ko kubwumvikane bw’impande zombi yatandukanye n’uwari umutoza wayo Mbarushimana Abdou

Ubwanditsi 18 Jan 2022
Uko mu bihugu bigize EAC Uganda n’u Burundi byahinduranyije ubutegetsi kenshi kurusha ibindi

Uko mu bihugu bigize EAC Uganda n’u Burundi byahinduranyije ubutegetsi kenshi kurusha ibindi

Ubwanditsi 21 Mar 2017
UMUFARANSA UDASANZWE! INKURU IDASANZWE

UMUFARANSA UDASANZWE! INKURU IDASANZWE

Ubwanditsi 12 Jun 2018
Bamwe mu banyapolitiki bakekwaho kuvamo umwe ushobora kuyobora Sena akaba numero ya kabiri mu gihugu

Bamwe mu banyapolitiki bakekwaho kuvamo umwe ushobora kuyobora Sena akaba numero ya kabiri mu gihugu

Ubwanditsi 10 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Frank Habineza yagizwe umuvugizi w’Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki mu Rwanda
POLITIKI

Frank Habineza yagizwe umuvugizi w’Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Oct 2018
Noble Marara wirirwa usebya u Rwanda ni muntu ki ?
Amakuru

Noble Marara wirirwa usebya u Rwanda ni muntu ki ?

Ubwanditsi 08 Nov 2017

Gicumbi FC, Amagaju FC, Etoile de l’Est na Heroes niyo makipe yageze muri 1/2 cy’imikino yo gukina ikiciro ya mbere mu bagabo umwaka w’imikino wa 2021-2022

Ubwanditsi 07 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru