• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Uwari Visi Perezida muri Sudan y’Epfo yahungiye Sudan ya ruguru

Uwari Visi Perezida muri Sudan y’Epfo yahungiye Sudan ya ruguru

Ubwanditsi 24 Aug 2016 Mu Rwanda

Hamaze iminsi hibazwa irengero ry’uwari Visi Perezida wa Sudan y’Epfo ariko bimaze kumenyekana yuko ubu abarizwa muri Sudan ya ruguru !

Riek Machar yabaye Visi Perezida wa Salva Kiir Sudan y’Epfo imaze kwitandukanya n’iya ruguru muri 2011 nyuma bakomeza kubana nabi, amwirukana kuri uwo mwanya intambara iraduka abantu batari bake baricwa naho abandi bakurwa mu byabo.

Nubwo Sudan y’Epfo ibonye ubwigenge Machar akaba Visi Perezida wa Kiir ngo ariko abo bagabo bombi ntabwo bacanaga uwaka nubwo bari abakamanda bafatanyije urugamba rwo kwibohora kuri Sudan ya ruguru.

Muri 2013 ubwo bwumvikane buke bwaje kuvamo imirwano ishingiye ku moko abo bagabo bombi babarizwamo. Kiir ni uwo mu bwoko bw’aba Dinka naho Machar akaba uwo mu ba Nuer.

-3798.jpg

Riek Machar mu ishyamba

Muri 2015 habayeho ibiganiro haza gusinywa n’amasezerano bituma Machar asubira murwa mukuru Juba muri Mata uyu mwaka, akomeza imirimo ye nka Visi Perezida wa mbere.

Mu kwezi gushize ariko haje kongera kubaho imirwano, noneho muri Juba Machar atorokera ahantu hatazwi bamwe bagakeka yuko yaba yarapfuye ariko amakuru agakomeza kuvuga yuko ari muri DRC.

-3799.jpg

Perezida Salva Kiir

Ubu ariko Minisitiri wa Sudan ya ruguru ushinzwe itangazamakuru, Ahmed Bilal, yakuye abantu mu rujijo abwira ibiro ntangazamakuru by’icyo gihugu yuko Machar ari muri Khartoum ariko yanga kuvuga uwahamugejeje. Yavuze gusa yuko arwaye cyane mu gituza ngo akaba anafite ibibazo by’amaguru bitewe n’uko ahunga yagiye urugendo rw’amaguru rwamutwaye iminsi isaga 15.

Amakuru yizewe ariko ahamya yuko Machar yahungiye mu mashyamba ya DRC akahakurwa n’abasirikare ba LONI bacungera umutekano muri icyo gihugu bakamupakira indege bamutwara muri Sudan ya ruguru.

Kayumba Casmiry

2016-08-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame  kuri Televiziyo na Radiyo by’Igihugu, yagaragaje imitekerereze ikwiriye kuranga abanyarwanda

Perezida Kagame kuri Televiziyo na Radiyo by’Igihugu, yagaragaje imitekerereze ikwiriye kuranga abanyarwanda

Ubwanditsi 25 Jun 2017
Ikipe ya Etincelles yahagaritse umuvuduko wa AS Kigali, Police FC isubira Musanze FC, Mukura VS ikomeza kujya habi.

Ikipe ya Etincelles yahagaritse umuvuduko wa AS Kigali, Police FC isubira Musanze FC, Mukura VS ikomeza kujya habi.

Ubwanditsi 11 May 2021
Bimwe mu byabaye ku itariki ya 09 Mata 1994

Bimwe mu byabaye ku itariki ya 09 Mata 1994

Ubwanditsi 09 Apr 2018
Paul Kagame akomeje kwiyamamariza muri Nyagatare, Gatsibo na Kayonza

Paul Kagame akomeje kwiyamamariza muri Nyagatare, Gatsibo na Kayonza

Ubwanditsi 22 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uwari boss wa Cadillac yakiriye agakiza abatirizwa muri Yorodani Yesu na we yabatirijwemo
MULTIMEDIA

Uwari boss wa Cadillac yakiriye agakiza abatirizwa muri Yorodani Yesu na we yabatirijwemo

Ubwanditsi 30 Mar 2017
TI igaragaza yuko abafana 69 % nta cyizere bafitiye FIFA
Mu Mahanga

TI igaragaza yuko abafana 69 % nta cyizere bafitiye FIFA

Ubwanditsi 28 Feb 2016
Ikipe ya AS Kigali yatangaje ko Mike Muteebi ari umutoza wayo mushya naho Bugesera FC itangaza Ndayiragije Etienne
Amakuru

Ikipe ya AS Kigali yatangaje ko Mike Muteebi ari umutoza wayo mushya naho Bugesera FC itangaza Ndayiragije Etienne

Ubwanditsi 19 Jan 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru