• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Ange Kagame n’umubyeyi we mu baje gushyigikira Collective RW

Ange Kagame n’umubyeyi we mu baje gushyigikira Collective RW

Editorial 17 Oct 2016 IMIKINO

Abantu bitabiriye ari benshi imurikamideli rya ‘Collective RW’ Week of Fashion’, ryerekanaga imyambaro igezweho ikorerwa i Kigali mu Rwanda ryabaye kuri uyu wa 14 Ukwakira 2016, muri Kigali Serena Hotel.

Mu baryitabiriye, bari baje gushyigikira abanyamideli bo mu Rwanda harimo na Madamu Jeannette Kagame, umufasha w’Umukuru w’Igihugu ndetse n’umukobwa we Ange Kagame.

Uretse kwitabira ibi birori, Madamu Jeannette Kagame na Ange Kagame bari baje banambaye imyambaro ya Kinyarwanda, yiganjemo ibitenge ikorerwa mu Rwanda.

Muri iki gitaramo hamuritswe imideli yiganjemo karuvate, amakoti n’amafurali byakozwe na Matthew Rugamba wo muri House of Tayo. Herekanywe imideli yiganjemo ibikomo n’imirimbo yambarwa cyane n’abagore yakozwe na Linda Mukangoga na Candy Basomingera bo muri Haute Baso.

Hanerekanywe indi mirimbo n’imitako bifite umwihariko w’umuco gakondo bikorwa na Teta Isibo wo muri Inzuki Designs.

Undi wamuritse imyambaro ye ni Sonia Mugabo nawe ukora by’umwihariko imyambaro y’abagore yiganjemo amakanzu n’indi ikozwe mu bitenge.

Kuri aba hiyongereyeho imideli yahanzwe na Cédric Mizero, iya Uzi collections (yo mu Rwanda) na Naked Ape bo muri Afurika y’Epfo.

Abinyujije ku rukuta rwa Twitter, Ange Kagame yanditse ko yari yaje muri iki gitaramo aje gushyigikira by’umwihariko Sonia Mugabo usanzwe umwambika.

Yagize ati “Ijoro ryashije twaje gushyigikira umuvandimwe wacu Sonia Mugabo. Mwakoze akazi keza yaba wowe Sonia, House Of Tayo, Inzuki Designs, Haute Baso n’abandi mwese mwitabiriye CollectiveRw.”

Cyo kimwe na Madamu Jeannette Kagame, nawe abinyujije ku rukuta rwa Twitter yanditseho ko yari yaje muri iki gitaramo ngo ashyigikire abanyamideli mu guteza imbere ibikorerwa imbere mu gihugu.

Yagize ati “Umufasha w’Umukuru w’Igihugu, yitabiriye CollectiveRw, nk’igikorwa cya mbere cy’imurikamideli kibaye cy’abahanzi b’imideli b’Abanyarwanda.”

Uyu mugoroba kandi wari wanitabiriwe na Minisitiri Uwacu Julienne wa Siporo n’Umuco. Ubwo yahabwaga umwanya muto, ngo agire icyo avuga, Minisitiri Uwacu nawe yerekanye ko iyi ari inzira nziza abanyamideli bahisemo mu kumenyekanisha imyambaro mishya kandi myiza bakora.

Matthew Rugamba umwe mu bazanye igitekerezo cy’iri murikamideli avuga ko bifuza ko ‘Collective RW’ Week of Fashion’ yajya iba ngaruka-mwaka.

-4404.jpg

-4403.jpg

-4402.jpg

-4405.jpg

-4401.jpg

2016-10-17
Editorial

IZINDI NKURU

Libya na Nigeria zari mu itsinda ry’u Rwanda zageze muri ½ cya CHAN 2018- Uko bazahura

Libya na Nigeria zari mu itsinda ry’u Rwanda zageze muri ½ cya CHAN 2018- Uko bazahura

Editorial 29 Jan 2018
Ruhamiriza Jean Sauveur yatoranyijwe mu bazasifura igikombe cy’isi cy’abakobwa cy’abaterengeje imyaka 19 mu mukino wa Basketball

Ruhamiriza Jean Sauveur yatoranyijwe mu bazasifura igikombe cy’isi cy’abakobwa cy’abaterengeje imyaka 19 mu mukino wa Basketball

Editorial 03 Apr 2021
Uko Amavubi yatsinze  umukino wa mbere

Uko Amavubi yatsinze umukino wa mbere

Editorial 17 Jan 2016
Bamwe mu bahoze bayobora Rayon sports barateranya Leta n’abaturage.

Bamwe mu bahoze bayobora Rayon sports barateranya Leta n’abaturage.

Editorial 03 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yashubije umunya Sudani y’Epfo  imodoka ye yari yibwe
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yashubije umunya Sudani y’Epfo imodoka ye yari yibwe

Editorial 13 Sep 2016
Umuhanzi Eddy Kenzo wakunze gushyigikira Museveni yitandukanyije nawe
POLITIKI

Umuhanzi Eddy Kenzo wakunze gushyigikira Museveni yitandukanyije nawe

Editorial 14 Nov 2018
Impamvu Canada yaba yaremeye gukura amaboko ku mukandida wayo igashyigikira Mushikiwabo
INKURU NYAMUKURU

Impamvu Canada yaba yaremeye gukura amaboko ku mukandida wayo igashyigikira Mushikiwabo

Editorial 12 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru