• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Ange Kagame n’umubyeyi we mu baje gushyigikira Collective RW

Ange Kagame n’umubyeyi we mu baje gushyigikira Collective RW

Editorial 17 Oct 2016 IMIKINO

Abantu bitabiriye ari benshi imurikamideli rya ‘Collective RW’ Week of Fashion’, ryerekanaga imyambaro igezweho ikorerwa i Kigali mu Rwanda ryabaye kuri uyu wa 14 Ukwakira 2016, muri Kigali Serena Hotel.

Mu baryitabiriye, bari baje gushyigikira abanyamideli bo mu Rwanda harimo na Madamu Jeannette Kagame, umufasha w’Umukuru w’Igihugu ndetse n’umukobwa we Ange Kagame.

Uretse kwitabira ibi birori, Madamu Jeannette Kagame na Ange Kagame bari baje banambaye imyambaro ya Kinyarwanda, yiganjemo ibitenge ikorerwa mu Rwanda.

Muri iki gitaramo hamuritswe imideli yiganjemo karuvate, amakoti n’amafurali byakozwe na Matthew Rugamba wo muri House of Tayo. Herekanywe imideli yiganjemo ibikomo n’imirimbo yambarwa cyane n’abagore yakozwe na Linda Mukangoga na Candy Basomingera bo muri Haute Baso.

Hanerekanywe indi mirimbo n’imitako bifite umwihariko w’umuco gakondo bikorwa na Teta Isibo wo muri Inzuki Designs.

Undi wamuritse imyambaro ye ni Sonia Mugabo nawe ukora by’umwihariko imyambaro y’abagore yiganjemo amakanzu n’indi ikozwe mu bitenge.

Kuri aba hiyongereyeho imideli yahanzwe na Cédric Mizero, iya Uzi collections (yo mu Rwanda) na Naked Ape bo muri Afurika y’Epfo.

Abinyujije ku rukuta rwa Twitter, Ange Kagame yanditse ko yari yaje muri iki gitaramo aje gushyigikira by’umwihariko Sonia Mugabo usanzwe umwambika.

Yagize ati “Ijoro ryashije twaje gushyigikira umuvandimwe wacu Sonia Mugabo. Mwakoze akazi keza yaba wowe Sonia, House Of Tayo, Inzuki Designs, Haute Baso n’abandi mwese mwitabiriye CollectiveRw.”

Cyo kimwe na Madamu Jeannette Kagame, nawe abinyujije ku rukuta rwa Twitter yanditseho ko yari yaje muri iki gitaramo ngo ashyigikire abanyamideli mu guteza imbere ibikorerwa imbere mu gihugu.

Yagize ati “Umufasha w’Umukuru w’Igihugu, yitabiriye CollectiveRw, nk’igikorwa cya mbere cy’imurikamideli kibaye cy’abahanzi b’imideli b’Abanyarwanda.”

Uyu mugoroba kandi wari wanitabiriwe na Minisitiri Uwacu Julienne wa Siporo n’Umuco. Ubwo yahabwaga umwanya muto, ngo agire icyo avuga, Minisitiri Uwacu nawe yerekanye ko iyi ari inzira nziza abanyamideli bahisemo mu kumenyekanisha imyambaro mishya kandi myiza bakora.

Matthew Rugamba umwe mu bazanye igitekerezo cy’iri murikamideli avuga ko bifuza ko ‘Collective RW’ Week of Fashion’ yajya iba ngaruka-mwaka.

-4404.jpg

-4403.jpg

-4402.jpg

-4405.jpg

-4401.jpg

2016-10-17
Editorial

IZINDI NKURU

Ikipe y’igihugu ya Misiri igeze ku mukino wa Nyuma w’igikombe cya Afurika nyuma yo gusezerera Cameroon kuri penaliti 3-1

Ikipe y’igihugu ya Misiri igeze ku mukino wa Nyuma w’igikombe cya Afurika nyuma yo gusezerera Cameroon kuri penaliti 3-1

Editorial 04 Feb 2022
Uzayobora FIFA  aramenyekana uyu munsi

Uzayobora FIFA aramenyekana uyu munsi

Editorial 26 Feb 2016
Urutonde rw’ abakinnyi bagufi bakina umupira w’ amaguru

Urutonde rw’ abakinnyi bagufi bakina umupira w’ amaguru

Editorial 06 Jan 2016
Portugal ya Christiano yakatishije itike y’umukino  wa nyuma

Portugal ya Christiano yakatishije itike y’umukino wa nyuma

Editorial 07 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uwicishaga Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centre Afrika yaramenyekanye
ITOHOZA

Uwicishaga Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centre Afrika yaramenyekanye

Editorial 05 Feb 2016
CHAN 2016: RD Congo irakina Guinea muri kimwe cya 2,byinshi utari Uzi kuri uyu mukino
IMIKINO

CHAN 2016: RD Congo irakina Guinea muri kimwe cya 2,byinshi utari Uzi kuri uyu mukino

Editorial 03 Feb 2016
Sudani y’Epfo yanze kwitabira ibiganiro byo kugarura amahoro
POLITIKI

Sudani y’Epfo yanze kwitabira ibiganiro byo kugarura amahoro

Editorial 07 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru