• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»U Rwanda rufashe iya mbere mu mpinduka zigaragara mu mibanire mpuzamahanga.

U Rwanda rufashe iya mbere mu mpinduka zigaragara mu mibanire mpuzamahanga.

Ubwanditsi 31 Oct 2016 POLITIKI

Ingendo Umukuru w’igihugu, Nyakubahwa Presida Kagame arimo kugirira mu bihugu bitandukanye byo muri Afrika, ziragaragaza ibihe bishya, n’impinduka mu mibanire mpuza mahanga, aho kuva mu gihe cy’ubukoroni na nyuma yahoo umubano wahuzaga gusa ibyitwaga ibihugu by’Iburaya(n’Amerika) n’ibyo muri Afurika, cyangwa Ibihugu bikennye n’ibikize , icyari cyariswe Umubano ,Nord- Sud.

Nyuma yo kuba intangarugero mu nzego zitandukanye z’imibereho y’abaturage, mu ruhando rw’amahanga , ubu noneho U Rwanda ruteye indi ntambwe, ari nako rugaragara nk’uruyobora, cyangwa ruri ku isonga mu guharanira iterambere ryimibanire myiza hagati y’ibihugu by’Afrika.

Igihugu cy’U Rwanda, kirangajwe imbere n’umukuru w’igihugu, kimaze kwerekana mu gihe gito , no mu nzego zitandukanye ubushake bwo kubaka umubano ukomeye uhuza ibihugu by’Afrika.

Byagaragaye U Rwanda rworoshya imigenderanire, rukuraho ama viza hamwe na hamwe.

Byagaragaye U Rwanda rufungura ingendo ziruhuza n’ibihugu byinshi bya Afrika, Ubu Rwanda Air ikaba iduhuza nabyo.

Ubu rero birimo kugaragara mu ngendo Umukuru w’igihugu arimo kugirira mu bihugu bitandukanye muri Afrika, ejo bundi muri Mozambike. Ejo muri Kongo Brazza, ibintu bitari byarigeze kubaho mu mateka yacu.

Ni koko byari ibintu bitumvikana kandi bibabaje gushaka kujya nka Dakar, ukabanza kunyura Amsterdam, ntibyumvikana ukuntu bene wacu b’Abanyafurika bari abanyamahanga kuri twe, tukarenga tukaba inshuti z’abazungu. Ubu ni ibihe byo kubana n’Abanyafurika, Nkwame Nkrumah(umugabo waharaniye cyane ubumwe bwa Afrika, akaba yari Prezida wa Ghana, ubu yitabye Imana) aho ari, yishime ko ataruhiye ubusa.

-4513.jpg

Perezida Kagame n’Umwami Mohamed VI wa Maroc

Navuze ijambo impinduka mu mibanire mpuzamahanga, nkaba nshaka gusobanura izo mpinduka aho ziherereye, muri urwo rwego.

Mu gihe cy’ubukoroni, sinzi niba umuntu yavuga ko hari imibanire yari ihari hagati y’ibihugu. Yari imibanire hagati y’igihugu cyabaye ingaruzwamuheto n’icyagikoronije. Yari imibanire hagati y’umucakara na shebuja, imibanire yo kunyunyuza (exploitation) ubukungu bw’ibyo bihugu by’ingaruzwamuheto.

-4515.jpg

Perezida Kagame asuhuza bamwe mu bayobozi bo muri Mozambique (Ifoto/Village Urugwiro)

-4516.jpg

Nyuma y’ubukoroni hakomeje indi ngirwa mubano waranzwe n’ubusumbane bw’inyungu zituruka muri uwo mubano: Abazungu baraje bacukura amabuye yacu y’agaciro, bakaduha ubuhendabana nyuma ibyo bayakozemo bakabitugarurira biri ku giciro cyo hejuru, bazana imishinga ariko bagahindukira akaba aribo bayikoramo amafaranga agasubira iwabo. Batwigishije guhinga icyayi n’ikawa (Aha sinamenya niba inyungu iruta iyo kuba twarahinze ibyo bishanga ibiribwa dukenera buri munsi), icyo nzi nuko icyo cyayi nanubu hari abagihinga batazi niba gisharira cyangwa kiryohera. Nguwo umubano w’ubuhendabana waduhuzaga, na nubu kandi ibyo bibazo biracyagaragara, nibo bashyizeho umukino bishyiriraho n’amategeko yawo (regles du jeu, rules of the game) ngibyo ibibazo nubu ibihugu bijya bigirana na biriya bigega mpuzamahanga….

Iyi ngingo umuntu yayivugaho byinshi, yanayikoreye ubushakashatsi, muri uyu mwanya akaba atariyo yanzinduye.

Nari nibagiwe ariko kuvuga ku mubano ushingiye kuvuga ngo “ndaguha ipantalo ariko nutayambara ku munsi mbishaka nzayikwambura” Wa mubano utarimo kubahana, no guha abandi agaciro.

Ibihe bishya mu mibanire y’ibihugu bya Afrika.

Muri iki gihe cyose navuze rero nta mubano wabonekaga mu bihugu by’ibituranyi byo ku mugabane umwe wa Afurika, hari gusa umubano waje kwitwa, Nord-Sud (Abanyaburayi n’Abanyafurika, cyangwa Ibihugu bikize n’ibikennye)
Nyuma y’ubukolonize, Ibihugu byo muri Afurika byagiye bigerageza kubaka umubano hagati yabyo , umubano uhuza ibihugu byo mu karere aka naka, ariko akenshi nta musaruro ugaragara byagiye bitanga.impamvu nazo wazishakishiriza muri bwa bukoloni n’ibindi bisa nabyo.

-4514.jpg

Perezida Kagame mu ruzinduko yagiriye muri Congo-Brazaville muri 2013

Muri iyi minsi ya vuba nibwo abayobozi b’ibihugu bongeye gukanguka basanga aho isi igeze uwo mubano hagati yabyo ari itegeko (passage oblige) niba bishaka kubaho n’abaturage babyo mu gihe kizaza.

U Rwanda rero birimo kugaragara ko muri uru rugamba , naho rwafashe iya mbere mu kubaka umubano hagati yarwo n’ibihugu tutajyaga tunavugana, keretse wenda iyo abayobozi bahuriraga mu nama nk’iyubumwe bw’Ibihugu by’Afrika.

Ni ibihe bishya mu mibanire y’ibihugu iki ni igihe cy’abanyafurika kubana, kwishakamo imbaraga. Tugatera imbere..

Ni ibyo gushima, natwe dukuyemo ingofero.

Adolphe MITALI.

2016-10-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yasabye abacamanza kutavugirwamo no kwihutisha ubutabera

Perezida Kagame yasabye abacamanza kutavugirwamo no kwihutisha ubutabera

Ubwanditsi 01 Aug 2018
Bernie Sanders akomeje kuzamura amahirwe yo kuzahatana na Donald Trump mu matora

Bernie Sanders akomeje kuzamura amahirwe yo kuzahatana na Donald Trump mu matora

Ubwanditsi 24 Feb 2020
Amafoto: Rayon Sports yunamiye imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 ishyinguwe mu rwibutso rwa Ntarama

Amafoto: Rayon Sports yunamiye imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 ishyinguwe mu rwibutso rwa Ntarama

Ubwanditsi 14 Apr 2022
Abadiplomate ba Tshisekedi bakomeje gufatirwa muri magendu y’ibiyobyabwenge

Abadiplomate ba Tshisekedi bakomeje gufatirwa muri magendu y’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 21 Jul 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urukiko rwatesheje agaciro ikirego Umuryango wa Rwigara uregamo RRA
INKURU NYAMUKURU

Urukiko rwatesheje agaciro ikirego Umuryango wa Rwigara uregamo RRA

Ubwanditsi 06 Feb 2018
Malawi: Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bw’Umunyarwanda Vincent Murekezi
HIRYA NO HINO

Malawi: Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bw’Umunyarwanda Vincent Murekezi

Ubwanditsi 05 Mar 2018
Gahunda ya NEPAD igiye guhindurwa Ikigo cya AU gishinzwe iterambere
UBUKUNGU

Gahunda ya NEPAD igiye guhindurwa Ikigo cya AU gishinzwe iterambere

Ubwanditsi 10 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru