• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»U Rwanda rufashe iya mbere mu mpinduka zigaragara mu mibanire mpuzamahanga.

U Rwanda rufashe iya mbere mu mpinduka zigaragara mu mibanire mpuzamahanga.

Ubwanditsi 31 Oct 2016 POLITIKI

Ingendo Umukuru w’igihugu, Nyakubahwa Presida Kagame arimo kugirira mu bihugu bitandukanye byo muri Afrika, ziragaragaza ibihe bishya, n’impinduka mu mibanire mpuza mahanga, aho kuva mu gihe cy’ubukoroni na nyuma yahoo umubano wahuzaga gusa ibyitwaga ibihugu by’Iburaya(n’Amerika) n’ibyo muri Afurika, cyangwa Ibihugu bikennye n’ibikize , icyari cyariswe Umubano ,Nord- Sud.

Nyuma yo kuba intangarugero mu nzego zitandukanye z’imibereho y’abaturage, mu ruhando rw’amahanga , ubu noneho U Rwanda ruteye indi ntambwe, ari nako rugaragara nk’uruyobora, cyangwa ruri ku isonga mu guharanira iterambere ryimibanire myiza hagati y’ibihugu by’Afrika.

Igihugu cy’U Rwanda, kirangajwe imbere n’umukuru w’igihugu, kimaze kwerekana mu gihe gito , no mu nzego zitandukanye ubushake bwo kubaka umubano ukomeye uhuza ibihugu by’Afrika.

Byagaragaye U Rwanda rworoshya imigenderanire, rukuraho ama viza hamwe na hamwe.

Byagaragaye U Rwanda rufungura ingendo ziruhuza n’ibihugu byinshi bya Afrika, Ubu Rwanda Air ikaba iduhuza nabyo.

Ubu rero birimo kugaragara mu ngendo Umukuru w’igihugu arimo kugirira mu bihugu bitandukanye muri Afrika, ejo bundi muri Mozambike. Ejo muri Kongo Brazza, ibintu bitari byarigeze kubaho mu mateka yacu.

Ni koko byari ibintu bitumvikana kandi bibabaje gushaka kujya nka Dakar, ukabanza kunyura Amsterdam, ntibyumvikana ukuntu bene wacu b’Abanyafurika bari abanyamahanga kuri twe, tukarenga tukaba inshuti z’abazungu. Ubu ni ibihe byo kubana n’Abanyafurika, Nkwame Nkrumah(umugabo waharaniye cyane ubumwe bwa Afrika, akaba yari Prezida wa Ghana, ubu yitabye Imana) aho ari, yishime ko ataruhiye ubusa.

-4513.jpg

Perezida Kagame n’Umwami Mohamed VI wa Maroc

Navuze ijambo impinduka mu mibanire mpuzamahanga, nkaba nshaka gusobanura izo mpinduka aho ziherereye, muri urwo rwego.

Mu gihe cy’ubukoroni, sinzi niba umuntu yavuga ko hari imibanire yari ihari hagati y’ibihugu. Yari imibanire hagati y’igihugu cyabaye ingaruzwamuheto n’icyagikoronije. Yari imibanire hagati y’umucakara na shebuja, imibanire yo kunyunyuza (exploitation) ubukungu bw’ibyo bihugu by’ingaruzwamuheto.

-4515.jpg

Perezida Kagame asuhuza bamwe mu bayobozi bo muri Mozambique (Ifoto/Village Urugwiro)

-4516.jpg

Nyuma y’ubukoroni hakomeje indi ngirwa mubano waranzwe n’ubusumbane bw’inyungu zituruka muri uwo mubano: Abazungu baraje bacukura amabuye yacu y’agaciro, bakaduha ubuhendabana nyuma ibyo bayakozemo bakabitugarurira biri ku giciro cyo hejuru, bazana imishinga ariko bagahindukira akaba aribo bayikoramo amafaranga agasubira iwabo. Batwigishije guhinga icyayi n’ikawa (Aha sinamenya niba inyungu iruta iyo kuba twarahinze ibyo bishanga ibiribwa dukenera buri munsi), icyo nzi nuko icyo cyayi nanubu hari abagihinga batazi niba gisharira cyangwa kiryohera. Nguwo umubano w’ubuhendabana waduhuzaga, na nubu kandi ibyo bibazo biracyagaragara, nibo bashyizeho umukino bishyiriraho n’amategeko yawo (regles du jeu, rules of the game) ngibyo ibibazo nubu ibihugu bijya bigirana na biriya bigega mpuzamahanga….

Iyi ngingo umuntu yayivugaho byinshi, yanayikoreye ubushakashatsi, muri uyu mwanya akaba atariyo yanzinduye.

Nari nibagiwe ariko kuvuga ku mubano ushingiye kuvuga ngo “ndaguha ipantalo ariko nutayambara ku munsi mbishaka nzayikwambura” Wa mubano utarimo kubahana, no guha abandi agaciro.

Ibihe bishya mu mibanire y’ibihugu bya Afrika.

Muri iki gihe cyose navuze rero nta mubano wabonekaga mu bihugu by’ibituranyi byo ku mugabane umwe wa Afurika, hari gusa umubano waje kwitwa, Nord-Sud (Abanyaburayi n’Abanyafurika, cyangwa Ibihugu bikize n’ibikennye)
Nyuma y’ubukolonize, Ibihugu byo muri Afurika byagiye bigerageza kubaka umubano hagati yabyo , umubano uhuza ibihugu byo mu karere aka naka, ariko akenshi nta musaruro ugaragara byagiye bitanga.impamvu nazo wazishakishiriza muri bwa bukoloni n’ibindi bisa nabyo.

-4514.jpg

Perezida Kagame mu ruzinduko yagiriye muri Congo-Brazaville muri 2013

Muri iyi minsi ya vuba nibwo abayobozi b’ibihugu bongeye gukanguka basanga aho isi igeze uwo mubano hagati yabyo ari itegeko (passage oblige) niba bishaka kubaho n’abaturage babyo mu gihe kizaza.

U Rwanda rero birimo kugaragara ko muri uru rugamba , naho rwafashe iya mbere mu kubaka umubano hagati yarwo n’ibihugu tutajyaga tunavugana, keretse wenda iyo abayobozi bahuriraga mu nama nk’iyubumwe bw’Ibihugu by’Afrika.

Ni ibihe bishya mu mibanire y’ibihugu iki ni igihe cy’abanyafurika kubana, kwishakamo imbaraga. Tugatera imbere..

Ni ibyo gushima, natwe dukuyemo ingofero.

Adolphe MITALI.

2016-10-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Liberiya: George Weah ategerejwe na benshi mu muhango wo kurahirira kuba umukuru w’igihugu.

Liberiya: George Weah ategerejwe na benshi mu muhango wo kurahirira kuba umukuru w’igihugu.

Ubwanditsi 22 Jan 2018
Trump akomeje gugabanya icyuho cy’amajwi Clinton yamurushaga

Trump akomeje gugabanya icyuho cy’amajwi Clinton yamurushaga

Ubwanditsi 01 Sep 2016
Loni yashavujwe n’ihutazwa ry’abaturage n’abihayimana bigaragambyaga bamagana Kabila

Loni yashavujwe n’ihutazwa ry’abaturage n’abihayimana bigaragambyaga bamagana Kabila

Ubwanditsi 23 Jan 2018
U Rwanda na Uganda bisubiye mu biganiro

U Rwanda na Uganda bisubiye mu biganiro

Ubwanditsi 11 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Madamu Jeannette Kagame arahurira na Perezida Trump mu masengesho yo gusengera Amerika
INKURU NYAMUKURU

Madamu Jeannette Kagame arahurira na Perezida Trump mu masengesho yo gusengera Amerika

Ubwanditsi 08 Feb 2018
Amahanga ashishikajwe n’amabuye ya Congo kurusha ubuzima bw’abanyekongo
Amakuru

Amahanga ashishikajwe n’amabuye ya Congo kurusha ubuzima bw’abanyekongo

Ubwanditsi 10 Mar 2025
Uwahoze ari Umunyamakuru kuri Radio Salus na Radio 10 Henri Jado yahawe akazi na Perezida Kagame muri Minisiteri y’ibikorwaremezo
Mu Rwanda

Uwahoze ari Umunyamakuru kuri Radio Salus na Radio 10 Henri Jado yahawe akazi na Perezida Kagame muri Minisiteri y’ibikorwaremezo

Ubwanditsi 31 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru