• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Madame wa Perezida wa Bénin yasuye Isange One Stop Center

Madame wa Perezida wa Bénin yasuye Isange One Stop Center

Ubwanditsi 09 Nov 2016 Mu Mahanga

Madame wa Perezida wa Bénin, Nyakubahwa Talon Claudine, ku itariki 8 Ugushyingo yasuye Isange One Stop Center ya Kacyiru, akaba yari aherekejwe na mugenzi we w’u Rwanda, Nyakubahwa Jeanette Kagame.

Aba bombi bahageze bakiriwe n’Umuyobozi wa Laboratwari ya Polisi y’u Rwanda (KFL) Commissioner of Police (CP) Dr Daniel Nyamwasa; wababwiye ndetse abasobanurira ibyo iki Kigo gishinzwe.

Yavuze ko giha ubufasha butandukanye abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina ndetse n’abana bahohotewe burimo kubasuzuma, kubavura no kubagira inama zirimo izijyanye n’amategeko, kandi yongeraho ko ibyo byose bikorwa ku buntu.

Bamaze kubwirwa serivisi za Isange One Stop Center, abo bashyitsi beretswe aho zitangirwa; harimo aho abana bakirirwa, ahakirirwa abantu bakuru, n’ahakorera abagenzacyaha.

Umuyobozi wa Laboratwari ya Polisi y’u Rwanda (KFL), CP Dr Nyamwasa yabwiye Madame wa Perezida wa Bénin ko iki Kigo cyashyizweho mu 2009 ku bufasha bwa Madame wa Perezida w’u Rwanda, Jeanette Kagame, abinyujije mu Imbuto Foundation.
Yavuze ko gitangira cyakiraga hagati y’abantu batatu na bane ku munsi, naho ubu kikaba cyakira abagera ku icumi ku munsi.

Yagize ati:”Ukwiyongera kw’imibare ntibivuga ko ibyaha by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana byiyongereye; ahubwo byatewe n’uko abarikorerwa basigaye babivuga; bitandukanye na mbere aho abantu bumvaga kubivuga ari amahano. Ihinduka ry’iyo myumvire ryatewe n’ubukangurambaga bukorwa hirya no hino mu gihugu aho abantu basabwa kwirinda iki cyaha no gufatanya kugikumira.”

CP Dr Nyamwasa yabwiye abo bashyitsi ko kugeza mu cyumweru gishize iki Kigo cyari kimaze guha serivisi abagera ku 14, 350. Yavuze ko 72 % byabo ari abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina; muri bo 82 % bakaba bari hagati y’imyaka itanu na 18 y’amavuko, naho 18 % bakaba bari munsi y’imyaka itanu y’amavuko.

Yongeyeho ko 10 % by’abo kimaze kwakira ari abakekwa gukora ibi byaha, aha akaba yaragize ati:”Na bo tubaha ubufasha kubera ibibazo batewe n’ihohoterwa bakoze, iyo birangiye bashyikirizwa izindi nzego zibishinzwe.”
Yakomeje ababwira ko abasigaye bakorewe ihohoterwa ryo mu ngo ririmo irishingiye ku mutungo.

CP Dr Nyamwasa yabwiye abo bashyitsi ko Isange One Stop Center igenzurwa na Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’izindi nzego zirimo Minisiteri y’ubuzima, iy’Ubutabera na Minisiteri y’Uburinganire n’iterambere ry’umuryango.

Amaze kwerekwa no gusobanurirwa serivisi z’iki Kigo, Nyakubahwa Talon Claudine yanditse mu gitabo cy’abashyitsi amagambo agira ati:”Iki gikorwa ni ingirakamaro; kandi ni urugero rwiza mu bijyanye no kwita ku bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina kimwe n’abana bahohotewe.”

-4612.jpg

Madame wa Perezida wa Bénin, Nyakubahwa Talon Claudine arikumwe na Madame Jeannette Kagame

Abo bashyitsi basuye kandi Ishyirahamwe ry’abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina badoda ibintu bitandukanye birimo imipira y’imbeho, aba bakaba ari bamwe mu bahawe serivisi na Isange One Stop Center.

Mbere yo kuhava, Madame wa Perezida w’u Rwanda, Nyakubahwa Jeanette Kagame yabemereye ubufasha nk’uko asanzwe abikora.

RNP

2016-11-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Abanyarwanda bakomeje kwegeranya amafaranga yo kubaka urwibutso muri Mpigi

Uganda: Abanyarwanda bakomeje kwegeranya amafaranga yo kubaka urwibutso muri Mpigi

Ubwanditsi 10 Apr 2018
Igihugu cya Suwede cyanze kuba indiri y’interahamwe, Jean Paul Micomyiza nawe agiye koherezwa

Igihugu cya Suwede cyanze kuba indiri y’interahamwe, Jean Paul Micomyiza nawe agiye koherezwa

Ubwanditsi 01 Apr 2022
Leta y’u Rwanda yagaramye ibyo kuburana na  Stanley Safari ndetse na Ingabire Victoire inivana mu masezerano ashyiraho Urukiko Nyafurika

Leta y’u Rwanda yagaramye ibyo kuburana na Stanley Safari ndetse na Ingabire Victoire inivana mu masezerano ashyiraho Urukiko Nyafurika

Ubwanditsi 09 Mar 2016
Abaturage batishyurira ”  Mutuelle ”  ku gihe bahagurukiwe

Abaturage batishyurira ” Mutuelle ” ku gihe bahagurukiwe

Ubwanditsi 10 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Senateri Tito yavuze ku budasa bwagaruriye u Rwanda umucyo nyuma ya Jenoside
POLITIKI

Senateri Tito yavuze ku budasa bwagaruriye u Rwanda umucyo nyuma ya Jenoside

Ubwanditsi 17 Apr 2018
CAF na RDB binjiye mu bufatanye bwo kwamamaza u Rwanda binyuze muri porogaramu ya “Visit Rwanda” ku makipe akomeye muri Afurika
Amakuru

CAF na RDB binjiye mu bufatanye bwo kwamamaza u Rwanda binyuze muri porogaramu ya “Visit Rwanda” ku makipe akomeye muri Afurika

Ubwanditsi 18 Oct 2023
Robot yitwa Sophia yavuze Ikinyarwanda i Kigali aho yitabiriye ‘Transform Africa’Abantu baratangara
HIRYA NO HINO

Robot yitwa Sophia yavuze Ikinyarwanda i Kigali aho yitabiriye ‘Transform Africa’Abantu baratangara

Ubwanditsi 15 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru