• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda irasaba kwitwararika umutekano w’abanyeshuri bajya mu biruhuko

Polisi y’u Rwanda irasaba kwitwararika umutekano w’abanyeshuri bajya mu biruhuko

Ubwanditsi 20 Jul 2016 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda iragira inama abatwara abagenzi, abayobozi b’ibigo by’amashuri n’ababyeyi gufatanya bagafasha abanyeshuri bagiye kujya mu biruhuko kugera yo mu mutekano.

Ni ubutumwa bwatanzwe n’umuvugizi wa Polisi, mu ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, Superintendent of Police (SP) Jean Marie Vianney Ndushabandi mbere y’uko ingendo z’abanyeshuri bajya mu biruhuko zitangira uyu munsi.

Guhera uyu munsi kugeza ku italiki ya 23, mu gihugu hose, abanyeshuri batangiye kuva ku mashuri yabo bajya iwabo mu biruhuko.

SP Ndushabandi yagize ati:”Ingendo zagombye kubaho mu mutekano nta kizitambamiye . Abatwara abagenzi bagomba kugenzura ko ibinyabiziga byabo byujuje ubuziranenge busabwa bijyanye n’ibyo zikora.”

Yakomeje avuga ko muri iki gihe, abatwara imodoka benshi bakoresha umuvuduko udasanzwe, utuma bashobora kwangiza byinshi aho yagize ati:”Aya ni amakosa, ni ugushyira mu kaga ubuzima bw’abantu kandi ntibikwiye kubaho, abapolisi biteguye kubihagarika.”

Yihanangirije kandi abashoferi batendeka, abatwara abagenzi nta ruhushya babifitiye bitwikiriye ubwinshi bwabo,..maze avuga ko bitemewe kandi bihanwa n’amategeko.

Yagize kandi ati:” Nk’urwego rushinzwe umutekano w’abaturage, Polisi y’u Rwanda izagenzura ko umutekano w’abanyeshuri mu ngendo zabo wubahirizwa, kimwe n’iz’abandi bagenzi nta kigomba kuzihungabanya.”

Yagiriye inama amashuri korohereza no gufasha abanyeshuri kuva ku bigo, ababyeyi nabo bakabafasha kuva aho bururukira.

Yakomeje yihanangiriza abashoferi batendeka abagenzi maze avuga ko abapolisi bazashyirwa ahantu henshi nk’uko bisanzwe ngo bagenzure ko ingendo zirimo gukorwa hubahirijwe amategeko.

Ubu butumwa buje bukurikira ubwatanzwe na Minisiteri y’Uburezi, buvuga ku buryo burambuye uko abanyeshuri bazakurikirana mu kuva ku bigo bigaho.

Bwavugaga ko abanyeshuri bazava ku bigo mu byiciro kandi bambaye impuzankano y’amashuri bigaho.

2016-07-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Abantu batatu bakekwaho Ebola batorotse ibitaro

Uganda: Abantu batatu bakekwaho Ebola batorotse ibitaro

Ubwanditsi 14 Jun 2019
Ingabire Victoire ajye yibuka ko yafunzwe n’ibimenyetso byavuye mu Buholandi, naho isano n’abajenosideri, akabaye icwende ntikoga ngo gashiremo umunuko

Ingabire Victoire ajye yibuka ko yafunzwe n’ibimenyetso byavuye mu Buholandi, naho isano n’abajenosideri, akabaye icwende ntikoga ngo gashiremo umunuko

Ubwanditsi 01 Jun 2020
Urubyiruko ruri ku rugerero rurakangurirwa kugira uruhare mu gukumira no kurwanya ibyaha

Urubyiruko ruri ku rugerero rurakangurirwa kugira uruhare mu gukumira no kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 19 Jan 2016
Umulisa Alphonse wahoze ayobora Musée yirukanwe burundu mu bakozi ba Leta

Umulisa Alphonse wahoze ayobora Musée yirukanwe burundu mu bakozi ba Leta

Ubwanditsi 13 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Perezida Kagame na FPR- Inkotanyi bakoze ibirenze ibitangaza byananiye andi Mashyaka ya Politiki
POLITIKI

Uko Perezida Kagame na FPR- Inkotanyi bakoze ibirenze ibitangaza byananiye andi Mashyaka ya Politiki

Ubwanditsi 18 Oct 2016
Perezida Nyusi wa Mozambique aratangira uruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda
POLITIKI

Perezida Nyusi wa Mozambique aratangira uruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda

Ubwanditsi 19 Jul 2018
“Nta muntu waturemye, nta n’uwaturemeye, twaremwe n’Imana” – Perezida Paul Kagame
Amakuru

“Nta muntu waturemye, nta n’uwaturemeye, twaremwe n’Imana” – Perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 07 Nov 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru