• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Eugène Clément NAHIMANA wafashije abajenosideri guhungira mu Bubiligi ni muntu ki?

Eugène Clément NAHIMANA wafashije abajenosideri guhungira mu Bubiligi ni muntu ki?

Ubwanditsi 02 Dec 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Ububiligi ni kimwe mu bihugu by’i Burayi bicumbikiye umubare munini w’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Abo nibo birirwa bagoreka amateka, kubera ipfunwe ry’ibyo bakoze cyangwa ibyakozwe n’abo mu miryango yabo. Ese ubundi bageze bate aho mu Bubiligi, ko tuzi ko bitorohera Abanyafurika kujya mu Burayi? Dore amateka ya Eugène Clément Nahimana wabibafashijemo.

Mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, Eugène Clément Nahimana yari atuye mu Bubiligi, ndetse akaba yari umuvugizi w’abarwanashyaka ba MRND muri icyo gihugu.

Nyuma ya Jenoside, Eugène Clément Nahimana yashakiye abari mu butegetsi bwa Yuvenali Habyarimana no muri Leta y’Abatabazi  ibyangombwa byabafashije kwinjira mu Bubiligi, ndetse anabashakira abanyamategeko babafashije kubona ubuhungiro. Byaranaboroheye kuko bari bafite amafaranga y’igihugu bari bamaze gusahura, dore ko isanduku ya Leta bayiteruye uko yakabaye. 

Kubera ko hari abajenosideri batari bafite ubushobozi bwabageza i Burayi, Eugène Clément Nahimana yashinze icyiswe ”Fédération Espoir-Afrique,  Asbl FEDA”, anakiyobora kuva mu mwaka w’1996 kugeza mu mwaka wa 2015, iyo FEDA ikaba yarakusanyije amamiliyoni atabarika y’amafaranga, akoreshwa mu kwinjiza abajenosideri mu Bubiligi, no kuhabatungira. 

FEDA yafatanyije n’andi mashyirahamwe asaga 30 gushyigikira bikomeye abajenosideri n’imiryango yabo, anabafasha kudakurikiranwa n’ubutabera. Muri yo twabuga nka COCOF, ORBEM ubu yitwa ACTIRIS,  amashyirahamwe ashingiye ku idini gatolika, n’andi agizwe n’Ababiligi bo mu bwoko bw’Abafulama(Flamands).

Eugène Clément Nahimana yari inshuti magara n’abahoze mu butegetsi mu Bubiligi, nk’abagore bitwa Rika de Backer na Brigitte Growels bari abaminisitiri, banagize uruhare mu kwinjiza abajenosideri mu Bubiligi. Mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, aba bagore banafashije Eugène Clément Nahimana gukusanya imisanzu yohererezwaga radiyo rutwitsi ya RTLM, anyuze kuri konti y’uwo Nahimana.

Eugène Clément Nahimana yagarutsweho muri raporo ya Sena y’Ababiligi yakozwe ku ruhare rw’icyo gihugu muri Jenoside uyakorewe Abatutsi, ndetse ari ku rutonde rw’Abanyarwanda bahozwaho ijisho n’inzego z’iperereza mu Bubiligi, kubera ibikorwa byabo bigamije kubangamira ubutabera.

Eugène Clément Nahimana kandi yanagize uruhare mu ishingwa ry’amashyirahamwe nka JAMBO Asbl, agamije gutagatifuza abajenosideri, guhahakana Jenoside yakorewe Abatutsi, no gusebya ubuyobozi bw’uRwanda.  Ni umwe mu banyotewe no kugarura mu Rwanda “ubutegetsi bw’Abahutu” nk’uko babyivugira. 

Igitangaje, amwe muri ayo mashyirahamwe  nka Jambo Asbl aterwa inkunga na Leta y’ububiligi, mu gihe nyamara ingingo ya 114 mu gitabo cy’amategeko mpanabyaha y’Ububiligi , yamagana ikanaha uhakana n’upfobya jenoside mu buryo ubwo ari bwo bwose.

Biragoye kumenya umubare nyakuri w’abajenosideri baba mu Bubiligi. Ikizwi gusa ni uko babarirwa mu bihumbi, bake cyane muri bo bakaba baraburanishijwe kubera uruhare rwabo muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Uherutse kuburanishwa ni Fabien Neretse wanakatiwe igifungo cy’imyaka 25, icyakora ababikurikiranira hafi,   nk’umucamanza   Damien Vandermeersch wanagize uruhare ngo izo manza nkeya zibe, bafite impungenge ko benshi muri abo bajenosideri batazigera bashyikirizwa inkiko, urebye uburyo icyo gihugu kibigendamo biguruntege.

 

2022-12-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Museveni yasezeranije abanyabyaha ko bagiye kujya bicwa bamanitswe

Uganda: Museveni yasezeranije abanyabyaha ko bagiye kujya bicwa bamanitswe

Ubwanditsi 19 Jan 2018
Uburundi bwahagaritse imiryango isaga 100 buyishinja kwigisha ubutinganyi

Uburundi bwahagaritse imiryango isaga 100 buyishinja kwigisha ubutinganyi

Ubwanditsi 01 Oct 2018
Kirehe: Babiri bafunzwe bacyekwaho kwiba insinga z’amashanyarazi

Kirehe: Babiri bafunzwe bacyekwaho kwiba insinga z’amashanyarazi

Ubwanditsi 26 Jan 2017
Batatu bararegwa kwambura $2 miliyoni uwari umukozi mu ruganda rwa Rujugiro

Batatu bararegwa kwambura $2 miliyoni uwari umukozi mu ruganda rwa Rujugiro

Ubwanditsi 26 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kizza Besigye na Bobi Wine bemeranyije amasezerano yo gukura Museveni ku butegetsi
POLITIKI

Kizza Besigye na Bobi Wine bemeranyije amasezerano yo gukura Museveni ku butegetsi

Ubwanditsi 10 May 2019
Perezida Kagame yavuze ko ubucuruzi hagati ya Afurika n’u Burusiya butanga icyizere
UBUKUNGU

Perezida Kagame yavuze ko ubucuruzi hagati ya Afurika n’u Burusiya butanga icyizere

Ubwanditsi 25 Oct 2019
Gakenke: Nyuma ya siporo rusange, abaturage bakanguriwe kwicungira umutekano no kwiteza imbere
Mu Rwanda

Gakenke: Nyuma ya siporo rusange, abaturage bakanguriwe kwicungira umutekano no kwiteza imbere

Ubwanditsi 24 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru