• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Madame wa Perezida wa Bénin yasuye Isange One Stop Center

Madame wa Perezida wa Bénin yasuye Isange One Stop Center

Ubwanditsi 09 Nov 2016 Mu Mahanga

Madame wa Perezida wa Bénin, Nyakubahwa Talon Claudine, ku itariki 8 Ugushyingo yasuye Isange One Stop Center ya Kacyiru, akaba yari aherekejwe na mugenzi we w’u Rwanda, Nyakubahwa Jeanette Kagame.

Aba bombi bahageze bakiriwe n’Umuyobozi wa Laboratwari ya Polisi y’u Rwanda (KFL) Commissioner of Police (CP) Dr Daniel Nyamwasa; wababwiye ndetse abasobanurira ibyo iki Kigo gishinzwe.

Yavuze ko giha ubufasha butandukanye abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina ndetse n’abana bahohotewe burimo kubasuzuma, kubavura no kubagira inama zirimo izijyanye n’amategeko, kandi yongeraho ko ibyo byose bikorwa ku buntu.

Bamaze kubwirwa serivisi za Isange One Stop Center, abo bashyitsi beretswe aho zitangirwa; harimo aho abana bakirirwa, ahakirirwa abantu bakuru, n’ahakorera abagenzacyaha.

Umuyobozi wa Laboratwari ya Polisi y’u Rwanda (KFL), CP Dr Nyamwasa yabwiye Madame wa Perezida wa Bénin ko iki Kigo cyashyizweho mu 2009 ku bufasha bwa Madame wa Perezida w’u Rwanda, Jeanette Kagame, abinyujije mu Imbuto Foundation.
Yavuze ko gitangira cyakiraga hagati y’abantu batatu na bane ku munsi, naho ubu kikaba cyakira abagera ku icumi ku munsi.

Yagize ati:”Ukwiyongera kw’imibare ntibivuga ko ibyaha by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana byiyongereye; ahubwo byatewe n’uko abarikorerwa basigaye babivuga; bitandukanye na mbere aho abantu bumvaga kubivuga ari amahano. Ihinduka ry’iyo myumvire ryatewe n’ubukangurambaga bukorwa hirya no hino mu gihugu aho abantu basabwa kwirinda iki cyaha no gufatanya kugikumira.”

CP Dr Nyamwasa yabwiye abo bashyitsi ko kugeza mu cyumweru gishize iki Kigo cyari kimaze guha serivisi abagera ku 14, 350. Yavuze ko 72 % byabo ari abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina; muri bo 82 % bakaba bari hagati y’imyaka itanu na 18 y’amavuko, naho 18 % bakaba bari munsi y’imyaka itanu y’amavuko.

Yongeyeho ko 10 % by’abo kimaze kwakira ari abakekwa gukora ibi byaha, aha akaba yaragize ati:”Na bo tubaha ubufasha kubera ibibazo batewe n’ihohoterwa bakoze, iyo birangiye bashyikirizwa izindi nzego zibishinzwe.”
Yakomeje ababwira ko abasigaye bakorewe ihohoterwa ryo mu ngo ririmo irishingiye ku mutungo.

CP Dr Nyamwasa yabwiye abo bashyitsi ko Isange One Stop Center igenzurwa na Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’izindi nzego zirimo Minisiteri y’ubuzima, iy’Ubutabera na Minisiteri y’Uburinganire n’iterambere ry’umuryango.

Amaze kwerekwa no gusobanurirwa serivisi z’iki Kigo, Nyakubahwa Talon Claudine yanditse mu gitabo cy’abashyitsi amagambo agira ati:”Iki gikorwa ni ingirakamaro; kandi ni urugero rwiza mu bijyanye no kwita ku bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina kimwe n’abana bahohotewe.”

-4612.jpg

Madame wa Perezida wa Bénin, Nyakubahwa Talon Claudine arikumwe na Madame Jeannette Kagame

Abo bashyitsi basuye kandi Ishyirahamwe ry’abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina badoda ibintu bitandukanye birimo imipira y’imbeho, aba bakaba ari bamwe mu bahawe serivisi na Isange One Stop Center.

Mbere yo kuhava, Madame wa Perezida w’u Rwanda, Nyakubahwa Jeanette Kagame yabemereye ubufasha nk’uko asanzwe abikora.

RNP

2016-11-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyatangijwe mu ntara zose z’igihugu

Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyatangijwe mu ntara zose z’igihugu

Ubwanditsi 12 Jun 2016
Ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda(NPC) ryateguye ku nshuro ya3 ibiganiro ku guhangana n’ibyaha bibangamiye umutekano

Ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda(NPC) ryateguye ku nshuro ya3 ibiganiro ku guhangana n’ibyaha bibangamiye umutekano

Ubwanditsi 24 Jun 2016
Papa niba asabira imbabazi abafashe abana, yanazisabiye abakoze Jenoside – Kagame

Papa niba asabira imbabazi abafashe abana, yanazisabiye abakoze Jenoside – Kagame

Ubwanditsi 19 Dec 2016
Kampala: Uwase yabeshye umukunzi ko yashimuswe ashaka kumukuramo miliyoni 25 ntibyamuhira

Kampala: Uwase yabeshye umukunzi ko yashimuswe ashaka kumukuramo miliyoni 25 ntibyamuhira

Ubwanditsi 17 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Valery Zihalirwa, umwe mu bari inyuma y’umugambi wo kurimbura Abatutsi muri Kongo ni muntu ki?
Amakuru

Valery Zihalirwa, umwe mu bari inyuma y’umugambi wo kurimbura Abatutsi muri Kongo ni muntu ki?

Ubwanditsi 02 Aug 2022
Kagame yavuze ku mukobwa yagaruriye icyizere wabazaga ‘aho Imana yaraye ubwo Jenoside yabaga
Mu Rwanda

Kagame yavuze ku mukobwa yagaruriye icyizere wabazaga ‘aho Imana yaraye ubwo Jenoside yabaga

Ubwanditsi 11 Sep 2017
Rubavu : Umukobwa w’imyaka 23 yishwe anizwe
Mu Rwanda

Rubavu : Umukobwa w’imyaka 23 yishwe anizwe

Ubwanditsi 24 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru