• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»CAF yatangaje ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2021-2022 inatangaza ibihugu bizahagararirwa n’amakipe ane mu marushanwa yayo.

CAF yatangaje ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2021-2022 inatangaza ibihugu bizahagararirwa n’amakipe ane mu marushanwa yayo.

Ubwanditsi 22 Jun 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Mahanga

Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku mugabane wa Afurika CAF, yamaze gutangaza gahunda y’uko imikino itegura izagenda mu mwaka utaha w’imikino wa 2021-2022, iyi ngengabihe yashyizwe hanze n’iyi mikino nyafurika ihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo.

Nkuko CAF yamaze kubitangaza amarushanwa itegura y’amakipe, ni ay’imikino ya Confederations Cup ndetse na Champions League izatangira mu kwezi kwa Nzeri 2021 izasozwe muri Gicurasi 2022.

Nk’uko bigaragara imikino y’icyiciro cya mbere ku makipe azahatana muri CAF Champions League ndetse na Confederations biteganyijwe ko bazakina hagati ya 10-12 Nzeri 2021 ni mu gihe imikino yo kwishyura izakina hagati ya 17-19 Nzeri 2021.

Imikino y’icyiciro cya kabiri mu guhatanira kujya mu matsinda, imikino ibanza izakinwa tariki ya 15-17 Ukwakira 2021 iyo kwishyura izabe hagati ya tariki ya 22-24 Ukwakira 2021.

Imikino ibanziriza amatsinda yo iteganyijwe tariki ya 26-28 Ugushyingo 2021 ndetse iyo kwishyura yo izakinwe hagati ya tariki ya 3-5 Ukuboza 2021.

Biteganyijwe ko imikino y’amatsinda kuri aya marushanwa izakinwa guhera ku itariki ya 11 na 13 Gashyantare 2021.

CAF yanaboneyeho gutangaza ko amashyirahamwe atandukanye agomba gutangaza amazina y’amakipe azayahagararira bitarenze tariki ya 30 Kamena 2021 naho igikorwa cyo kwandikisha abakinnyi cyo giteganyijwe bitarenze tariki ya 15 Kanama 2021, aha kandi buri kipe ikazaba yemerewe kwandikisha abakinnyi 40 kuko umubare w’abasimbura wavuye ku bakinnyi batatu bagera kuri 5.

Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru kandi yatangaje ko hari ibihugu 12 bigomba guhagararirwa n’amakipe abiri muri buri rushanwa, ni ukuvuga abiri mu marushanwa ya CAF Champions League ndetse n’abiri muri CAF Confederations Cup.

Kugeza ubu amashyirahamwe azahagararirwa n’amakipe abiri muri buri cyiciro ni Algeria, Angola, RD Congo, Egypt, Guinea, Morocco, Nigeria, South Africa, Sudan, Tanzania, Tunisia ndetse na Zambia.

Kugeza ubu mu Rwanda ntabwo haramenyekana amakipe azahagararira igihugu mu marushanwa yafurika, gusa aya makipe azamenyekana bitarenze kuri uyu wa gatanu tariki ya 25 Kamena 2021 kuko nibwo imikino izasozwa ku makipe ahatanira igikombe cya shampiyona ya 2020-2021.

2021-06-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Igiswahili kiziye igihe-Malonga

Igiswahili kiziye igihe-Malonga

Ubwanditsi 14 Feb 2017
Rwamagana City yasimbuwe na AS Muhanga gukina imikino ya 1/2 cy’ikiciro cya kabiri 2021-2022 kubera gukinisha umukinnyi utabyemerewe

Rwamagana City yasimbuwe na AS Muhanga gukina imikino ya 1/2 cy’ikiciro cya kabiri 2021-2022 kubera gukinisha umukinnyi utabyemerewe

Ubwanditsi 14 Jun 2022
Urubanza rw’amateka mu Bufaransa: Umugome Charles Onana wamamaye mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi ashyikirijwe ubutabera.

Urubanza rw’amateka mu Bufaransa: Umugome Charles Onana wamamaye mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi ashyikirijwe ubutabera.

Ubwanditsi 13 Sep 2024
Abayobozi bagize uruhare mu kwirukana Miguna muri Kenya baciwe amande ya 2000$

Abayobozi bagize uruhare mu kwirukana Miguna muri Kenya baciwe amande ya 2000$

Ubwanditsi 01 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuyobozi mushya w’agateganyo wa APR FC, Brig Gen Rusanganwa Deo yibukije abakozi bayo indangagaciro zayo
Amakuru

Umuyobozi mushya w’agateganyo wa APR FC, Brig Gen Rusanganwa Deo yibukije abakozi bayo indangagaciro zayo

Ubwanditsi 10 Nov 2024
Umunyarwandakazi wa mbere  yambitswe ikamba rya gikomando mu ngabo z’ Amerika zirwanira mu kirere
ITOHOZA

Umunyarwandakazi wa mbere yambitswe ikamba rya gikomando mu ngabo z’ Amerika zirwanira mu kirere

Ubwanditsi 31 May 2017
Ingabo z’u Rwanda n’iza DRCongo zarasaniye mu birunga
INKURU NYAMUKURU

Ingabo z’u Rwanda n’iza DRCongo zarasaniye mu birunga

Ubwanditsi 15 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru