• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bufatanye bwa FERWAFA na CAF, Abatoza 25 b’abanyarwanda barimo abagore 5 batangiye amasomo ya ‘License A CAF’   |   12 Mar 2026

  • Corneille Nangaa: RDC Irashaka kwagurira Intambara mu karere kose   |   11 Mar 2026

  • Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije   |   11 Mar 2026

  • U 𝗥𝘄𝗮𝗻𝗱𝗮 𝗿𝘂𝗴𝗶𝘆𝗲 𝗸𝘄𝗮𝗸𝗶𝗿𝗮 𝗮𝗺𝗮𝗿𝘂𝘀𝗵𝗮𝗻𝘄𝗮 𝗮𝗻𝗲 𝘆𝗮 𝗖𝗘𝗖𝗔𝗙𝗔 𝗮𝗿𝗶𝗺𝗼 𝗻𝗮 𝗞𝗮𝗴𝗮𝗺𝗲 𝗖𝘂𝗽   |   10 Mar 2026

  • Jean-Luc Habyarimana mu migambi yo guhuza imitwe irwanya u Rwanda akoreshejwe na Tshisekedi   |   09 Mar 2026

  • Police WFC yegukanye igikombe cy’Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore 2026 itsinze Rayon Sports kuri Penaliti   |   08 Mar 2026

 
You are at :Home»Amakuru»CAF yatangaje ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2021-2022 inatangaza ibihugu bizahagararirwa n’amakipe ane mu marushanwa yayo.

CAF yatangaje ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2021-2022 inatangaza ibihugu bizahagararirwa n’amakipe ane mu marushanwa yayo.

Ubwanditsi 22 Jun 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Mahanga

Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku mugabane wa Afurika CAF, yamaze gutangaza gahunda y’uko imikino itegura izagenda mu mwaka utaha w’imikino wa 2021-2022, iyi ngengabihe yashyizwe hanze n’iyi mikino nyafurika ihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo.

Nkuko CAF yamaze kubitangaza amarushanwa itegura y’amakipe, ni ay’imikino ya Confederations Cup ndetse na Champions League izatangira mu kwezi kwa Nzeri 2021 izasozwe muri Gicurasi 2022.

Nk’uko bigaragara imikino y’icyiciro cya mbere ku makipe azahatana muri CAF Champions League ndetse na Confederations biteganyijwe ko bazakina hagati ya 10-12 Nzeri 2021 ni mu gihe imikino yo kwishyura izakina hagati ya 17-19 Nzeri 2021.

Imikino y’icyiciro cya kabiri mu guhatanira kujya mu matsinda, imikino ibanza izakinwa tariki ya 15-17 Ukwakira 2021 iyo kwishyura izabe hagati ya tariki ya 22-24 Ukwakira 2021.

Imikino ibanziriza amatsinda yo iteganyijwe tariki ya 26-28 Ugushyingo 2021 ndetse iyo kwishyura yo izakinwe hagati ya tariki ya 3-5 Ukuboza 2021.

Biteganyijwe ko imikino y’amatsinda kuri aya marushanwa izakinwa guhera ku itariki ya 11 na 13 Gashyantare 2021.

CAF yanaboneyeho gutangaza ko amashyirahamwe atandukanye agomba gutangaza amazina y’amakipe azayahagararira bitarenze tariki ya 30 Kamena 2021 naho igikorwa cyo kwandikisha abakinnyi cyo giteganyijwe bitarenze tariki ya 15 Kanama 2021, aha kandi buri kipe ikazaba yemerewe kwandikisha abakinnyi 40 kuko umubare w’abasimbura wavuye ku bakinnyi batatu bagera kuri 5.

Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru kandi yatangaje ko hari ibihugu 12 bigomba guhagararirwa n’amakipe abiri muri buri rushanwa, ni ukuvuga abiri mu marushanwa ya CAF Champions League ndetse n’abiri muri CAF Confederations Cup.

Kugeza ubu amashyirahamwe azahagararirwa n’amakipe abiri muri buri cyiciro ni Algeria, Angola, RD Congo, Egypt, Guinea, Morocco, Nigeria, South Africa, Sudan, Tanzania, Tunisia ndetse na Zambia.

Kugeza ubu mu Rwanda ntabwo haramenyekana amakipe azahagararira igihugu mu marushanwa yafurika, gusa aya makipe azamenyekana bitarenze kuri uyu wa gatanu tariki ya 25 Kamena 2021 kuko nibwo imikino izasozwa ku makipe ahatanira igikombe cya shampiyona ya 2020-2021.

2021-06-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mukura VS yatandukanye n’uwari umutoza mukuru Ruremesha Emmanuel azira umusaruro mubi iyi kipe ifite

Mukura VS yatandukanye n’uwari umutoza mukuru Ruremesha Emmanuel azira umusaruro mubi iyi kipe ifite

Ubwanditsi 21 Jan 2022
Umunsi  wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda usize Rayon Sports itsikiriye I Ngoma, Police FC na As Kigali zigabana amanota

Umunsi  wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda usize Rayon Sports itsikiriye I Ngoma, Police FC na As Kigali zigabana amanota

Ubwanditsi 06 Mar 2022
Imikino ya CECAFA y’Abagore yagombaga kubera i Kigali yasubitswe

Imikino ya CECAFA y’Abagore yagombaga kubera i Kigali yasubitswe

Ubwanditsi 08 May 2018
Ingabo z’u Rwanda zabonye Umuvugizi mushya

Ingabo z’u Rwanda zabonye Umuvugizi mushya

Ubwanditsi 15 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuriro watse hagati ya Parfine na Safi,  nyuma y’iminsi itatu gusa  Safi ashyingiranwe na Niyonizera Judith. [ VIDEO ]
ITOHOZA

Umuriro watse hagati ya Parfine na Safi, nyuma y’iminsi itatu gusa Safi ashyingiranwe na Niyonizera Judith. [ VIDEO ]

Ubwanditsi 04 Oct 2017
APR FC  yatsindiwe na Djoliba muri Mali
IMIKINO

APR FC yatsindiwe na Djoliba muri Mali

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Gushima no kwishimira ibyagezweho
Mu Rwanda

Gushima no kwishimira ibyagezweho

Ubwanditsi 18 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru