• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»CAF yatangaje ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2021-2022 inatangaza ibihugu bizahagararirwa n’amakipe ane mu marushanwa yayo.

CAF yatangaje ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2021-2022 inatangaza ibihugu bizahagararirwa n’amakipe ane mu marushanwa yayo.

Ubwanditsi 22 Jun 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Mahanga

Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku mugabane wa Afurika CAF, yamaze gutangaza gahunda y’uko imikino itegura izagenda mu mwaka utaha w’imikino wa 2021-2022, iyi ngengabihe yashyizwe hanze n’iyi mikino nyafurika ihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo.

Nkuko CAF yamaze kubitangaza amarushanwa itegura y’amakipe, ni ay’imikino ya Confederations Cup ndetse na Champions League izatangira mu kwezi kwa Nzeri 2021 izasozwe muri Gicurasi 2022.

Nk’uko bigaragara imikino y’icyiciro cya mbere ku makipe azahatana muri CAF Champions League ndetse na Confederations biteganyijwe ko bazakina hagati ya 10-12 Nzeri 2021 ni mu gihe imikino yo kwishyura izakina hagati ya 17-19 Nzeri 2021.

Imikino y’icyiciro cya kabiri mu guhatanira kujya mu matsinda, imikino ibanza izakinwa tariki ya 15-17 Ukwakira 2021 iyo kwishyura izabe hagati ya tariki ya 22-24 Ukwakira 2021.

Imikino ibanziriza amatsinda yo iteganyijwe tariki ya 26-28 Ugushyingo 2021 ndetse iyo kwishyura yo izakinwe hagati ya tariki ya 3-5 Ukuboza 2021.

Biteganyijwe ko imikino y’amatsinda kuri aya marushanwa izakinwa guhera ku itariki ya 11 na 13 Gashyantare 2021.

CAF yanaboneyeho gutangaza ko amashyirahamwe atandukanye agomba gutangaza amazina y’amakipe azayahagararira bitarenze tariki ya 30 Kamena 2021 naho igikorwa cyo kwandikisha abakinnyi cyo giteganyijwe bitarenze tariki ya 15 Kanama 2021, aha kandi buri kipe ikazaba yemerewe kwandikisha abakinnyi 40 kuko umubare w’abasimbura wavuye ku bakinnyi batatu bagera kuri 5.

Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru kandi yatangaje ko hari ibihugu 12 bigomba guhagararirwa n’amakipe abiri muri buri rushanwa, ni ukuvuga abiri mu marushanwa ya CAF Champions League ndetse n’abiri muri CAF Confederations Cup.

Kugeza ubu amashyirahamwe azahagararirwa n’amakipe abiri muri buri cyiciro ni Algeria, Angola, RD Congo, Egypt, Guinea, Morocco, Nigeria, South Africa, Sudan, Tanzania, Tunisia ndetse na Zambia.

Kugeza ubu mu Rwanda ntabwo haramenyekana amakipe azahagararira igihugu mu marushanwa yafurika, gusa aya makipe azamenyekana bitarenze kuri uyu wa gatanu tariki ya 25 Kamena 2021 kuko nibwo imikino izasozwa ku makipe ahatanira igikombe cya shampiyona ya 2020-2021.

2021-06-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uruzinduko rwa Komiseri Mukuru wa Polisi y’uRwanda, IGP Dan MUNYUZA, muri Malawi rwahahamuye Interahamwe n’ibigarasha biba muri icyo gihugu.

Uruzinduko rwa Komiseri Mukuru wa Polisi y’uRwanda, IGP Dan MUNYUZA, muri Malawi rwahahamuye Interahamwe n’ibigarasha biba muri icyo gihugu.

Ubwanditsi 27 Jul 2021
Nyuma ya Perezida Mugabe,  Perezida Sirleaf wa Liberia yageze mu Rwanda

Nyuma ya Perezida Mugabe, Perezida Sirleaf wa Liberia yageze mu Rwanda

Ubwanditsi 15 Jul 2016
AMAHEREZO Y’ABABILIGI N’ABARUNDI MU BIBAZO BYA DRC NI AYAHE ? 

AMAHEREZO Y’ABABILIGI N’ABARUNDI MU BIBAZO BYA DRC NI AYAHE ? 

Ubwanditsi 29 May 2025
Polisi y’u Rwanda irishimira ubufatanye bwayo n’abaturage mu minsi mikuru itambutse

Polisi y’u Rwanda irishimira ubufatanye bwayo n’abaturage mu minsi mikuru itambutse

Ubwanditsi 03 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

BREAKING NEWS: CP BRUCE MUNYAMBO AGIZWE UMUYOBOZI WA POLICE YA UN MURI SOUTH SOUDAN.
Mu Rwanda

BREAKING NEWS: CP BRUCE MUNYAMBO AGIZWE UMUYOBOZI WA POLICE YA UN MURI SOUTH SOUDAN.

Ubwanditsi 16 Feb 2016
– Akumiro!  Uganda yahindutse intara ya RNC
INKURU NYAMUKURU

– Akumiro! Uganda yahindutse intara ya RNC

Ubwanditsi 22 Nov 2019
Ange Kagame n’umubyeyi we mu baje gushyigikira Collective RW
IMIKINO

Ange Kagame n’umubyeyi we mu baje gushyigikira Collective RW

Ubwanditsi 17 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru