• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Sibomana Athanase wavuze ko ntacyo atinya kuki yikanga baringa?   |   16 Sep 2026

  • Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye   |   14 Sep 2026

  • Police VC yinjije abakinnyi batatu bashya, barimo Rosaly Chioma uvuye muri Macedonia y’Amajyaruguru   |   14 Sep 2026

  • AMAFOTO – APR FC na Rayon Sports zageze mu kiciro cya cya kabiri cy’Imikino Nyafurika ya CAF, Al Hilal na Al Merrikh zihagaze neza   |   13 Sep 2026

  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Afrobasket: Mali yegukanye igikombe cya gatandatu, u Rwanda ruba urwa gatandatu

Afrobasket: Mali yegukanye igikombe cya gatandatu, u Rwanda ruba urwa gatandatu

Ubwanditsi 04 Aug 2019 IMIKINO

Ku nshuro ya gatandatu yikurikiranya, ikipe ya Mali yegukanye igikombe cya Afurika cya Basketball mu bangavu batarengeje imyaka 16 cyari kimaze icyumweru kibera mu Rwanda, ni nyuma y’uko itsinze Misiri amanota 84-48.

Uyu mukino wa nyuma wabaye kuri uyu wa Gatandatu muri Petit Stade i Remera.

Mariam Coulibaly yafashije igihugu cye kwegukana iri rushanwa ubwo yatsindaga amanota 30, akanasama imipira irindwi iva ku nkangara mu gihe yatanze indi irindwi kuri bagenzi be.

Bagenzi be barimo Maimouna Haidara akaba na kapiteni w’ikipe, ndetse na Djelika Tounkara na bo batsinze amanota 16 na 14 muri uyu mukino.

Ku ruhande rwa Misiri, Lojain Elfatairy yatsinze amanota 19, asama imipira itandatu iva ku nkangara mu gihe Aya Elficky yasamye imipira itandatu, agatsinda amanota 11 n’ubwo ibi byari bidahagije ku ikipe yabo yashakaga igikombe cya mbere.

Mariam Coulibary ni we watowe nk’umukinnyi w’irushanwa (MVP), aza mu ikipe y’irushanwa hamwe na Sara Caetano (Angola), Maimouna Haidara (Mali), Malak Sadek (Misiri) na Maria Najjuma (Uganda).

Mu myaka ibiri ishize, mukuru wa Coulibaly, Aissetou Coulibaly na we yari yegukanye igihembo cy’umukinnyi w’irushanwa ubwo ryari ryabereye i Beira muri Mozambique.

Mali na Misiri zaje mu makipe abiri ya mbere, zatsindiye kuzakina Igikombe cy’Isi cy’Abatarengeje imyaka 17 kizabera muri Romania mu mwaka utaha.

Sara Caetano wa Angola yahembwe kandi nk’umukinnyi watsinze amanota menshi mu irushanwa (165), Maria Najjuma wa Uganda ahembwa nk’uwasamye imipira myinshi iva ku nkangara (112) mu gihe Lojain Elfatairy wa Misiri yahembwe nk’uwatsinze amanota atatu inshuro nyinshi (40).

Angola ni yo yegukanye umwanya wa gatatu itsinze Mozambique amanota 67-59.

U Rwanda rwasoreje ku mwanya wa gatandatu nyuma yo gutsindwa na Ugandaku manota 66-51 .

Uko amakipe yakurikiranye muri iki gikombe cya Afurika cy’Abangavu

  1. Mali
  2. Misiri
  3. Angola
  4. Mozambique
  5. Uganda
  6. Rwanda
  7. Tanzania

Mali yegukanye igikombe cya Afurika cy’abangavu mu mukino wa Basketball, cyari kimaze iminsi kibera i Kigali

Mali yihariye iri rushanwa kuva ritangiye gukinwa mu 2009

Ni ku nshuro ya gatandatu yikurikiranya Mali yegukana iri rushanwa ry’abangavu

Misiri yongeye gutsindirwa ku mukino wa nyuma na Mali nk’uko byagenze mu 2009

Angola yatsinze Mozambique, yegukana umwanya wa gatatu

Mariam Coulibary wa Mali ni we watowe nk’umukinnyi w’irushanwa (MVP)

Sara Caetano wa Angola yahembwe nk’uwatsinze amanota menshi mu irushanwa kurusha abandi

Maria Najjuma wa Uganda ni we wasamye imipira myinshi iva ku nkangara

Maria Najjuma (Uganda), Malak Sadek (Misiri), Maimouna Haidara (Mali), Mariam Coulibary (Mali) na Sara Caetano (Angola) ni bo batanu beza b’irushanwa rya 2019

Tanzania yegukanye igikombe cya Fair-play nk’ikipe yabaniye neza ayandi

Abitabiriye umukino wa nyuma basusurukijwe mu birori bisoza irushanwa

Abanyacyubahiro barimo n’abayobozi ba Basketball ku rwego rwa Afurika bafata amashusho y’imbyino nyarwanda

Mali yatsinze Misiri ku nshuro ya kabiri zari zihuriye ku mukino wa nyuma

Abangavu b’u Rwanda bakurikiranye uyu mukino wa nyuma

Lojain Elfatairy yahize abandi mu gutsinda amanota atatu

Angola yabaga ishyigikiwe n’abanyarwanda

Sara Caetano wa Angola watsinze amanota menshi mu irushanwa kurusha abandi

Maria Najjuma wa Uganda n’ubundi yagoye u Rwanda kuri uyu wa Gatandatu

U Rwanda rwasoreje ku mwanya wa gatandatu nyuma yo gutsindwa na Uganda

2019-08-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika

Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika

RUSHYASHYA 26 May 2026
Intare FA irakira ikipe ya Heroes Fc mu mukino w’umunsi wa gatatu wo guhatanira gukina icyiciro cya mbere 2021-2022

Intare FA irakira ikipe ya Heroes Fc mu mukino w’umunsi wa gatatu wo guhatanira gukina icyiciro cya mbere 2021-2022

Ubwanditsi 24 Sep 2021
Umugabo wa Celine Dion yapfuye

Umugabo wa Celine Dion yapfuye

Ubwanditsi 15 Jan 2016
Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League

Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League

RUSHYASHYA 05 May 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

HRW yashyize abantu muri raporo yemeza ko bishwe kandi bakiriho
POLITIKI

HRW yashyize abantu muri raporo yemeza ko bishwe kandi bakiriho

Ubwanditsi 18 Oct 2017
Ese umutwe w’iterabwoba wa RNC muri Uganda nturebwa n’amabwiriza yo kurwanya Virusi ya Corona yashyizweho na Museveni ubwe? 
INKURU NYAMUKURU

Ese umutwe w’iterabwoba wa RNC muri Uganda nturebwa n’amabwiriza yo kurwanya Virusi ya Corona yashyizweho na Museveni ubwe? 

Ubwanditsi 19 Apr 2020
Gerard Gahima arahigwa bukware na Police ya Timor
ITOHOZA

Gerard Gahima arahigwa bukware na Police ya Timor

Ubwanditsi 17 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye

Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye

14 Sep 2026
Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru