• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Afrobasket: Mali yegukanye igikombe cya gatandatu, u Rwanda ruba urwa gatandatu

Afrobasket: Mali yegukanye igikombe cya gatandatu, u Rwanda ruba urwa gatandatu

Ubwanditsi 04 Aug 2019 IMIKINO

Ku nshuro ya gatandatu yikurikiranya, ikipe ya Mali yegukanye igikombe cya Afurika cya Basketball mu bangavu batarengeje imyaka 16 cyari kimaze icyumweru kibera mu Rwanda, ni nyuma y’uko itsinze Misiri amanota 84-48.

Uyu mukino wa nyuma wabaye kuri uyu wa Gatandatu muri Petit Stade i Remera.

Mariam Coulibaly yafashije igihugu cye kwegukana iri rushanwa ubwo yatsindaga amanota 30, akanasama imipira irindwi iva ku nkangara mu gihe yatanze indi irindwi kuri bagenzi be.

Bagenzi be barimo Maimouna Haidara akaba na kapiteni w’ikipe, ndetse na Djelika Tounkara na bo batsinze amanota 16 na 14 muri uyu mukino.

Ku ruhande rwa Misiri, Lojain Elfatairy yatsinze amanota 19, asama imipira itandatu iva ku nkangara mu gihe Aya Elficky yasamye imipira itandatu, agatsinda amanota 11 n’ubwo ibi byari bidahagije ku ikipe yabo yashakaga igikombe cya mbere.

Mariam Coulibary ni we watowe nk’umukinnyi w’irushanwa (MVP), aza mu ikipe y’irushanwa hamwe na Sara Caetano (Angola), Maimouna Haidara (Mali), Malak Sadek (Misiri) na Maria Najjuma (Uganda).

Mu myaka ibiri ishize, mukuru wa Coulibaly, Aissetou Coulibaly na we yari yegukanye igihembo cy’umukinnyi w’irushanwa ubwo ryari ryabereye i Beira muri Mozambique.

Mali na Misiri zaje mu makipe abiri ya mbere, zatsindiye kuzakina Igikombe cy’Isi cy’Abatarengeje imyaka 17 kizabera muri Romania mu mwaka utaha.

Sara Caetano wa Angola yahembwe kandi nk’umukinnyi watsinze amanota menshi mu irushanwa (165), Maria Najjuma wa Uganda ahembwa nk’uwasamye imipira myinshi iva ku nkangara (112) mu gihe Lojain Elfatairy wa Misiri yahembwe nk’uwatsinze amanota atatu inshuro nyinshi (40).

Angola ni yo yegukanye umwanya wa gatatu itsinze Mozambique amanota 67-59.

U Rwanda rwasoreje ku mwanya wa gatandatu nyuma yo gutsindwa na Ugandaku manota 66-51 .

Uko amakipe yakurikiranye muri iki gikombe cya Afurika cy’Abangavu

  1. Mali
  2. Misiri
  3. Angola
  4. Mozambique
  5. Uganda
  6. Rwanda
  7. Tanzania

Mali yegukanye igikombe cya Afurika cy’abangavu mu mukino wa Basketball, cyari kimaze iminsi kibera i Kigali

Mali yihariye iri rushanwa kuva ritangiye gukinwa mu 2009

Ni ku nshuro ya gatandatu yikurikiranya Mali yegukana iri rushanwa ry’abangavu

Misiri yongeye gutsindirwa ku mukino wa nyuma na Mali nk’uko byagenze mu 2009

Angola yatsinze Mozambique, yegukana umwanya wa gatatu

Mariam Coulibary wa Mali ni we watowe nk’umukinnyi w’irushanwa (MVP)

Sara Caetano wa Angola yahembwe nk’uwatsinze amanota menshi mu irushanwa kurusha abandi

Maria Najjuma wa Uganda ni we wasamye imipira myinshi iva ku nkangara

Maria Najjuma (Uganda), Malak Sadek (Misiri), Maimouna Haidara (Mali), Mariam Coulibary (Mali) na Sara Caetano (Angola) ni bo batanu beza b’irushanwa rya 2019

Tanzania yegukanye igikombe cya Fair-play nk’ikipe yabaniye neza ayandi

Abitabiriye umukino wa nyuma basusurukijwe mu birori bisoza irushanwa

Abanyacyubahiro barimo n’abayobozi ba Basketball ku rwego rwa Afurika bafata amashusho y’imbyino nyarwanda

Mali yatsinze Misiri ku nshuro ya kabiri zari zihuriye ku mukino wa nyuma

Abangavu b’u Rwanda bakurikiranye uyu mukino wa nyuma

Lojain Elfatairy yahize abandi mu gutsinda amanota atatu

Angola yabaga ishyigikiwe n’abanyarwanda

Sara Caetano wa Angola watsinze amanota menshi mu irushanwa kurusha abandi

Maria Najjuma wa Uganda n’ubundi yagoye u Rwanda kuri uyu wa Gatandatu

U Rwanda rwasoreje ku mwanya wa gatandatu nyuma yo gutsindwa na Uganda

2019-08-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Muri gahunda yiswe ‘Umuhuro mu Amahoro’, Rayon Sports irakina na APR FC basogongera Sitade Amahoro

Muri gahunda yiswe ‘Umuhuro mu Amahoro’, Rayon Sports irakina na APR FC basogongera Sitade Amahoro

Ubwanditsi 11 Jun 2024
Eyob Metkel yongeye kwegukana agace ka tour du Rwanda Areruya Joseph agumana Maillot jaune

Eyob Metkel yongeye kwegukana agace ka tour du Rwanda Areruya Joseph agumana Maillot jaune

Ubwanditsi 18 Nov 2017
Bigoranye u Budage bwigaruriye icyizere mu gikombe cy’Isi, u Bubiligi bwongera gukangana

Bigoranye u Budage bwigaruriye icyizere mu gikombe cy’Isi, u Bubiligi bwongera gukangana

Ubwanditsi 24 Jun 2018
Bidasubirwaho, u Rwanda rwabonye tike ya CHAN 2018

Bidasubirwaho, u Rwanda rwabonye tike ya CHAN 2018

Ubwanditsi 13 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA
Amakuru

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 08 Dec 2022
Ferwafa irahakana amakuru avuga ko mu Rwanda habereye inama yo guhigika Issa Hayatou
Mu Mahanga

Ferwafa irahakana amakuru avuga ko mu Rwanda habereye inama yo guhigika Issa Hayatou

Ubwanditsi 25 Oct 2016
Rusesabagina ku Rwanda ni nka Hassan Nasrallah kuri Israel.
Amakuru

Rusesabagina ku Rwanda ni nka Hassan Nasrallah kuri Israel.

Ubwanditsi 30 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru