• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Nyamagabe: Gitifu w’Akarere yasabwe ibisobanuro na Njyanama, ahitamo gusezera

Nyamagabe: Gitifu w’Akarere yasabwe ibisobanuro na Njyanama, ahitamo gusezera

Editorial 14 Nov 2016 Mu Mahanga

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe bwemeza ko uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa wako, Jean Pierre Nshimiyimana, yasezeye ku mirimo ye, bitewe n’impamvu zirimo kutabasha kwisobanura ku makosa yagaragaye mu mitangire y’amasoko ya Leta.

Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Nyamagabe, Fiacre Ndahindurwa, yemeje ko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere yasezeye ku wa Gatanu tariki 11 Ugushyingo 2016, kubera impamvu zifitanye isano n’amakosa yagaragaye mu micungire y’imari n’itangwa ry’amasoko.

Ndahindurwa avuga ko Nshimiyimana yananiwe gutanga ibisobanuro imbere y’Inama Njyanama y’Akarere, ahubwo akavuga ko asezeye ku mirimo ye.

Ni nyuma y’uko ku wa 11 Ukwakira 2016, ubwo Akarere ka Nyamagabe kitabaga Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari n’umutungo bya Leta,PAC, byagaragaye ko hari amwe mu makosa yakozwe, maze uyu munyamabanga akananirwa kuyatangaho ibisobanuro.

Icyo gihe Abadepite bagize PAC bashinje Akarere ka Nyamagabe gusuzugura ubugenzuzi bukuru bw’imari ya Leta, ndetse basaba n’ubushinjacyaha gukurikirana hakamenyekana niba nta cyihishe inyuma yo kudatanga amakuru mu igenzura ku bayobozi bashinzwe iby’imari muri ako karere.

PAC imaze kumva ibisobanuro by’Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe ku makosa yagaragaye mu micungire y’imari, yavuze ko bidasobanutse isaba ko Inama Njyanama yazicara igacukumbura iby’aya makosa.

Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Nyamagabe, Fiacre Ndahindurwa, yabwiye RBA ko Nshimiyimana yasezeye ku mirimo ye nyuma y’uko abitabiriye Inama Njyanama idasanzwe bamusabye ibisobanuro we n’akanama gashinzwe amasoko mu karere, avuga ko asezeye ku mirimo ye.

Ndahindurwa yagize ati “Gusaba kwegura ku mirimo twabyakiriye nk’uko bisanzwe, umuntu ufite inshingano, iyo habaye amakosa ukabona kuba wava ku kazi ari bwo byatanga umucyo, twabyakiriye turanabyemera. Ngira ngo Njyanama y’Akarere ifite ububasha bwo kuba yamuhagarika, buretse ko we yabyisabiye; abandi bakozi nabo barebwa n’ibibazo byagaragajwe, bazafatirwa ibyemezo hakurikijwe amategeko. Ariko twifuje ko kubera ikosa ryagaragaye mu itangwa ry’amasoko, akanama gashinzwe amasoko kaseswa.”

Amwe mu makosa yagaragajwe na PAC harimo ko Akarere ka Nyamagabe katanze mu buryo bunyuranyije n’amategeko isoko ryo gutunganya ubusitani bw’akarere, aho bakunze kwita ‘Nyamagabe Smart Area’.

Uretse kuba iri soko ryaratanzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko; abagize PAC banagaragaje ko imirimo yo gutunganya ubwo busitani yatwaye amafaranga menshi cyane ugereranije n’ayagombye kuritangwaho.

-4654.jpg

Jean Pierre Nshimiyimana

Mu myanzuro yafatiwe muri iyo nama Njyanama idasanzwe y’aka karere, harimo gusaba ubuyobozi bw’akarere kujya bukurikiranira hafi ibijyanye n’imitangire y’amasoko, kugira ngo birinde ko hakongera gukorwa amakosa nk’ayo.

Source:Igihe.com

2016-11-14
Editorial

IZINDI NKURU

U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye

U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye

Editorial 28 Dec 2025
Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyakomeje hibandwa ku icuruzwa ry’abantu

Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyakomeje hibandwa ku icuruzwa ry’abantu

Editorial 14 Jun 2016
Ni abarwayi bo mu mutwe, cyangwa ni abatekamutwe? Dusesengure iby’agatsiko ka Charles Kambanda ngo gashaka guhirika ubutegetsi mu Rwanda.

Ni abarwayi bo mu mutwe, cyangwa ni abatekamutwe? Dusesengure iby’agatsiko ka Charles Kambanda ngo gashaka guhirika ubutegetsi mu Rwanda.

Editorial 13 Jun 2023
Ibizamini byo gutwara ibinyabiziga bizajya bikorwa kabiri mu kwezi muri Kigali

Ibizamini byo gutwara ibinyabiziga bizajya bikorwa kabiri mu kwezi muri Kigali

Editorial 23 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inkunga yatanzwe na Kagame ndetse na Museveni igiye gutangira gukoreshwa
Mu Mahanga

Inkunga yatanzwe na Kagame ndetse na Museveni igiye gutangira gukoreshwa

Editorial 14 Mar 2016
U Bwongereza bwageze muri ¼ cy’Igikombe cy’Isi, Harry Kane yandika amateka mashya
IMIKINO

U Bwongereza bwageze muri ¼ cy’Igikombe cy’Isi, Harry Kane yandika amateka mashya

Editorial 04 Jul 2018
Amafoto – Volleyball yaganuye Petit Stade, Kepler VC na Police WVC yegukanye ibikombe mu irushanwa ryo Kwibohora
Amakuru

Amafoto – Volleyball yaganuye Petit Stade, Kepler VC na Police WVC yegukanye ibikombe mu irushanwa ryo Kwibohora

Editorial 29 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru