• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ibizamini byo gutwara ibinyabiziga bizajya bikorwa kabiri mu kwezi muri Kigali

Ibizamini byo gutwara ibinyabiziga bizajya bikorwa kabiri mu kwezi muri Kigali

Ubwanditsi 23 Aug 2016 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda, ishami ryayo rishinzwe umutekano wo mu muhanda, ryahinduye gahunda yaryo yo gukoresha ibizamini by’abakorera impushya zo gutwara ibinyabiziga, aho mu Mujyi wa Kigali bazajya biyandikisha kandi bakore ibizamini kabiri mu kwezi.

Umuvugizi w’iri shami, Chief Inspector of Police (CIP) Emmanuel Kabanda yasobanuye ko iki cyemezo kubera ko 60 ku ijana by’abakora ibi byombi ari abo mu Mujyi wa Kigali.

CIP Kabanda yagize ati:”Mu biyandikisha 11,000 mu gihugu, abarenga 4,500 muri bo ni abo mu Mujyi wa Kigali.Ibi bizabera imbogamizi uburyo bushya bwo kwiyandikisha hakoreshejwe Irembo, aho buri karere gafite umubare wako kagenewe.”

Yongeyeho ati:” Ibi rero byagiraga ingaruka ku barebwa n’ibi byombi muri Kigali, aho byabaga ngombwa ko bajya kwiyandikisha mu turere two mu zindi ntara, bigaragara nk’ibibahenda.”

Yakomeje agira ati:” Twabihinduyeho kugirango dufashe umubare munini uri I Kigali, tuva kuri 2,400 kugera ku 6,9000 ,icyiciro cya mbere hakazakora 4,500 naho 2,400 bazaba basigaye bakaziyandikisha ku kindi cyiciro.”
Yavuze ko kwiyandikisha m’ibizamini mu zindi ntara bizajya bikorwa buri kwezi.

Kwiyandikisha mu gihugu hose ku bashaka impushya byatangiye ku wa mbere w’igishize ariko CIP Kabanda yavuze ko kwiyandikisha mu cyiciro cya kabiri mu Mujyi wa Kigali bizatangira ku wa mbere taliki ya 28 Kanama.

Yavuze ko ibizamini byo kwandika no gutwara ibinyabiziga ku biyandikishije mu cyiciro cya mbere bizakorwa mu cyumweru cya mbere cya Nzeli mu gihe abaziyandikisha mu cyiciro cya kabiri bo, bazakora ibizamini mu cyumweru cya nyuma cya Nzeli.

Mu buryo bushya bukoresha Irembo, uwiyandikisha yandika *909# akoresheje imirongo yose hanyuma agakurikiza amabwiriza bamuha.

Uwiyandikishije neza abona umubare w’ibanga are nawo umufasha kwishyura ku mashami ya BK, MTN mobile money, Airtel money cyangwa Tigo cash.
Abiyandikisha bakoresheje murandasi, biyandikisha kuri www.irembo.gov.rw maze bakishyura bakoresheje Visa card cyangwa Master card.

Aha CIP Kabanda akaba yagize ati:”Kwiyandikisha bikorwa n’umuntu ku giti cye.”Nta shuri ryigisha imodoka cyangwa umukozi wa Irembo wemerewe kwandikisha umu lilies abanjw kumusaba ikiguzi kuko kwiyandikisha ari ubuntu. Akazi k’amashuri azwi nka Auto-ecole ni ukwigisha gusa.

-3773.jpg

Hagati aho, uwiyandikisha aramutse agile ikibazo yakwifashisha imirongo itishyurwa ariyo 0788315009 kuki WhatsApp, cyangwa 9099 na 0788380211agahabwa ibisobanuro.

RNP

2016-08-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu Burundi, muri ba basirikari 500 bavanywe muri Kongo mu mpera z’umwaka ushize hasigaye ngerere

Mu Burundi, muri ba basirikari 500 bavanywe muri Kongo mu mpera z’umwaka ushize hasigaye ngerere

Ubwanditsi 22 Jan 2024
Abirukanwe muri Tanzania ngo inzara irabatera kwirukankana imbehe mu baturanyi

Abirukanwe muri Tanzania ngo inzara irabatera kwirukankana imbehe mu baturanyi

Ubwanditsi 02 Nov 2016
Urubanza rwa Ntaganzwa wari Burugumesitiri muri Jenoside rwimuriwe muri Werurwe 2017

Urubanza rwa Ntaganzwa wari Burugumesitiri muri Jenoside rwimuriwe muri Werurwe 2017

Ubwanditsi 19 Dec 2016
14th Cabinet Retreat Resolution: why does Rwanda find DNA test important?

14th Cabinet Retreat Resolution: why does Rwanda find DNA test important?

Ubwanditsi 05 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FDLR IBUZE UMUBYEYI, AMAHORO AKIZE UMWANZI
Amakuru

FDLR IBUZE UMUBYEYI, AMAHORO AKIZE UMWANZI

Ubwanditsi 24 Jan 2025
Abarwanyi 5 ba M23 bafashwe bagiye kwinjira mu Rwanda
ITOHOZA

Abarwanyi 5 ba M23 bafashwe bagiye kwinjira mu Rwanda

Ubwanditsi 01 Jul 2017
Mu itorero higishirizwa byinshi byiza kandi mu bwenge buhanitse
POLITIKI

Mu itorero higishirizwa byinshi byiza kandi mu bwenge buhanitse

Ubwanditsi 04 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru