• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»‘Umwami Kigeli akwiye guhabwa icyubahiro kimukwiriye nk’umuntu wigeze kuba Umukuru w’Igihugu’ Twagiramungu

‘Umwami Kigeli akwiye guhabwa icyubahiro kimukwiriye nk’umuntu wigeze kuba Umukuru w’Igihugu’ Twagiramungu

Editorial 22 Nov 2016 ITOHOZA

Abo mu muryango wa Kigeli V Ndahindurwa amaherezo barakizwa nambuga.Ibi bintu byo guterana amagambo k’Umugogo w’ Umwami Kgeli, bamwe ntibakozwa ibyo gutabariza Umwami aho yaguye, bakavuga ko Umwami Kigeli akwiye gutabarizwa i Mwima mu Karere ka Nyanza, kandi akaba ari nawe mwami wanyuma w’u Rwanda.

Ibi nanone kandi ntabwo byemerwa nabamwe mu banyapolitiki barimo na Faustin Twagiramungu, usanzwe u rwanya Leta y’u RWANDA, ndetse nabenshi mu banyarwanda bavuga ko bidakwiye ko Umwami yashyingurwa ishyanga kandi ko na Rudahigwa yaguye hanze y’igihugu ariko agatabarizwa mu Rwanda kandi nta ngaruka byagize ku gihugu.

Mu kiganiro Imvo n’Imvano cyanyuze kuri BBC kuri uyu wa Gatandatu, itariki 19 ugushyingo rwabuze gica aho Gerald Rwigemera yavuze ko yahamagaye nyirasenge Speciose Mukabayojo uba muri Kenya akamubaza icyo atekereza ku hantu umugogo w’umwami washyingurwa.

Uyu Mukabayojo ngo yamusubije ko bidashoboka ko umwami waguye ishyanga yagarurwa gutabarizwa mu Rwanda, aho ngo yanamuhaye urugero rwa Musinga amubwira ko Rudahigwa yari agiye kumugarura ariko abiru bakamuhakanira.

Yongeyeho ko impamvu umugogo wa Rudahigwa wagaruwe mu Rwanda ari uko ari abazungu bategekaga u Rwanda.

-4737.jpg

Speciose Mukabayojo

Ibi ngo ni bimwe mu byatangajwe na mushiki wa Kigeli Ndahindurwa witwa Speciose Mukabayojo ubwo yabazwaga n’umwishywa we, Gerald Rwigemera, ibijyanye n’aho umwami azatabarizwa, ariko akaba yaraje kwisubira nyuma avuga ko we icyo ashaka ngo ari amahoro.

Nyuma ariko ngo uyu Rwigemera yaje guhura n’undi witwa Christine, Mukabayojo abereye nyina, amubwira ko yamutumye ngo bafatanye kurangiza icyo kibazo.

Ariko noneho ngo yaje avuga ko Mukabayojo yamubwiye ko yemeye ko umwami azatabarizwa mu Rwanda. Rwigemera ngo yahise yibaza impamvu yisubiye aramuhamagara amubaza impamvu, undi amusubiza ko we icyo ashaka ari amahoro.

Rwigemera aravugwa mu gatsiko katifuza ko Umugogo w’Umwami Kigeli watabarizwa mu Rwanda kubera akayabo k’amafaranga yariye ya Rujugiro, afatanije na RNC, bifuzaga ko niba binaniranye ko Umwami Kigeli yatabarizwa muri Amerika yajyanwa ahandi, Rujugiro yavugaga ko yababonera ikibanza muri Portugal aho asigaye akunze kuba ari muri iki gihe.

-4741.jpg

Paster Mpyisi munama yokwiga aho Umwami Kigeli yatabarizwa

Itangazo ishyaka RDI-Rwanda Rwiza rya Faustin Twagiramungu, ryashyize ahagaragara, rikaba rigira riti: “Ishyaka RDI-Rwanda Rwiza rirasaba rikomeje ubuyobozi bw’u Rwanda gukora ibishoboka byose kugirango Umwami Kigeli V Ndahindurwa azashyingurwe mu Rwanda nta yandi mananiza, kandi ahabwe icyubahiro kimukwiriye nk’umuntu wigeze kuba Umukuru w’igihugu. Birakwiye ko yashyingurwa I Mwima na Mushirarungu, I Nyanza, iruhande rwa mukuru we Mutara III Rudahigwa”.

-147.png

Twagiramungu Faustin

Iri tangazo ryakomeje risaba leta y’u Rwanda no kwegera leta y’u Bubiligi ahubwo n’umugogo w’umwami Musinga ukazacyurwa ugatabarizwa mu cyubahiro iruhande rw’abana be.

Muri iki kiganiro, Imvo n’imvano cyanatumiwemo Twagiramungu, yakomeje avuga ko abo bireba bagomba kwicara bakumvikana bagacyura umugogo w’umwami ariko bakareka kubeshyera umwami ngo yavuze ko adashaka gutaha kuko ngo icyo yanze ari uburyo yagombaga gutahamo.

Benzige yabajijwe impamvu byageze aho bitabaza abanyamategeko, asubiza ko byatewe n’amagambo yivuguruza yavuzwe na Mukabayojo aho ngo umwami amaze gutanga yamubwiye ko amwoherereje Christine ngo azamufashe gutegura uko bazatabariza umwami.

Amakuru avuga ko Benzinge yabonye ko atsinzwe akwepa his lawyer kugeza n’ubu ntiyahembwe amaso yaheze mu kirere.

-4739.jpg

Boniface Benzinge

Amakuru kandi twabashije gutohoza neza avuga ko Benzinge yamennye document safe for king kigeli, atwara impapuro (will and testimony ) zose ajya mubuhungiro mu Bwongereza. Ndetse na gifts and decorations Kigeli yahawe kuva yagera muri Amerika zagambaniwe na Benzinge ziburirwa irengero kugeza n’ubu, bikaba bikekwa ko zaba zaratwawe nabashiki ba Benzinge.

-4740.jpg

Umwami Kigeli ( RIP )

Kugeza magingo aya urugo rwa kigeli rwashyizweho ingufuri na Police kugeza igihe iki kibazo kizakemukira.

Umwanditsi wacu

2016-11-22
Editorial

IZINDI NKURU

Ibizamini  ( Autopsie ) byagaragaje ko Umunyemari Makuza yahitanwe n’indwara y’umwijima

Ibizamini ( Autopsie ) byagaragaje ko Umunyemari Makuza yahitanwe n’indwara y’umwijima

Editorial 09 Nov 2016
Frank Habineza yatewe n’abajura

Frank Habineza yatewe n’abajura

Editorial 17 Aug 2018
Umutoza wa Rayon Sports yafunguwe yamaze kugera I Kigali

Umutoza wa Rayon Sports yafunguwe yamaze kugera I Kigali

Editorial 12 Apr 2018
Perezida wa Diaspora Mozambique Louis Baziga yishwe arashwe, harakekwa RNC

Perezida wa Diaspora Mozambique Louis Baziga yishwe arashwe, harakekwa RNC

Editorial 26 Aug 2019
Ibizamini  ( Autopsie ) byagaragaje ko Umunyemari Makuza yahitanwe n’indwara y’umwijima

Ibizamini ( Autopsie ) byagaragaje ko Umunyemari Makuza yahitanwe n’indwara y’umwijima

Editorial 09 Nov 2016
Frank Habineza yatewe n’abajura

Frank Habineza yatewe n’abajura

Editorial 17 Aug 2018
Umutoza wa Rayon Sports yafunguwe yamaze kugera I Kigali

Umutoza wa Rayon Sports yafunguwe yamaze kugera I Kigali

Editorial 12 Apr 2018
Perezida wa Diaspora Mozambique Louis Baziga yishwe arashwe, harakekwa RNC

Perezida wa Diaspora Mozambique Louis Baziga yishwe arashwe, harakekwa RNC

Editorial 26 Aug 2019
Ibizamini  ( Autopsie ) byagaragaje ko Umunyemari Makuza yahitanwe n’indwara y’umwijima

Ibizamini ( Autopsie ) byagaragaje ko Umunyemari Makuza yahitanwe n’indwara y’umwijima

Editorial 09 Nov 2016
Frank Habineza yatewe n’abajura

Frank Habineza yatewe n’abajura

Editorial 17 Aug 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru