• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»‘Umwami Kigeli akwiye guhabwa icyubahiro kimukwiriye nk’umuntu wigeze kuba Umukuru w’Igihugu’ Twagiramungu

‘Umwami Kigeli akwiye guhabwa icyubahiro kimukwiriye nk’umuntu wigeze kuba Umukuru w’Igihugu’ Twagiramungu

Ubwanditsi 22 Nov 2016 ITOHOZA

Abo mu muryango wa Kigeli V Ndahindurwa amaherezo barakizwa nambuga.Ibi bintu byo guterana amagambo k’Umugogo w’ Umwami Kgeli, bamwe ntibakozwa ibyo gutabariza Umwami aho yaguye, bakavuga ko Umwami Kigeli akwiye gutabarizwa i Mwima mu Karere ka Nyanza, kandi akaba ari nawe mwami wanyuma w’u Rwanda.

Ibi nanone kandi ntabwo byemerwa nabamwe mu banyapolitiki barimo na Faustin Twagiramungu, usanzwe u rwanya Leta y’u RWANDA, ndetse nabenshi mu banyarwanda bavuga ko bidakwiye ko Umwami yashyingurwa ishyanga kandi ko na Rudahigwa yaguye hanze y’igihugu ariko agatabarizwa mu Rwanda kandi nta ngaruka byagize ku gihugu.

Mu kiganiro Imvo n’Imvano cyanyuze kuri BBC kuri uyu wa Gatandatu, itariki 19 ugushyingo rwabuze gica aho Gerald Rwigemera yavuze ko yahamagaye nyirasenge Speciose Mukabayojo uba muri Kenya akamubaza icyo atekereza ku hantu umugogo w’umwami washyingurwa.

Uyu Mukabayojo ngo yamusubije ko bidashoboka ko umwami waguye ishyanga yagarurwa gutabarizwa mu Rwanda, aho ngo yanamuhaye urugero rwa Musinga amubwira ko Rudahigwa yari agiye kumugarura ariko abiru bakamuhakanira.

Yongeyeho ko impamvu umugogo wa Rudahigwa wagaruwe mu Rwanda ari uko ari abazungu bategekaga u Rwanda.

-4737.jpg

Speciose Mukabayojo

Ibi ngo ni bimwe mu byatangajwe na mushiki wa Kigeli Ndahindurwa witwa Speciose Mukabayojo ubwo yabazwaga n’umwishywa we, Gerald Rwigemera, ibijyanye n’aho umwami azatabarizwa, ariko akaba yaraje kwisubira nyuma avuga ko we icyo ashaka ngo ari amahoro.

Nyuma ariko ngo uyu Rwigemera yaje guhura n’undi witwa Christine, Mukabayojo abereye nyina, amubwira ko yamutumye ngo bafatanye kurangiza icyo kibazo.

Ariko noneho ngo yaje avuga ko Mukabayojo yamubwiye ko yemeye ko umwami azatabarizwa mu Rwanda. Rwigemera ngo yahise yibaza impamvu yisubiye aramuhamagara amubaza impamvu, undi amusubiza ko we icyo ashaka ari amahoro.

Rwigemera aravugwa mu gatsiko katifuza ko Umugogo w’Umwami Kigeli watabarizwa mu Rwanda kubera akayabo k’amafaranga yariye ya Rujugiro, afatanije na RNC, bifuzaga ko niba binaniranye ko Umwami Kigeli yatabarizwa muri Amerika yajyanwa ahandi, Rujugiro yavugaga ko yababonera ikibanza muri Portugal aho asigaye akunze kuba ari muri iki gihe.

-4741.jpg

Paster Mpyisi munama yokwiga aho Umwami Kigeli yatabarizwa

Itangazo ishyaka RDI-Rwanda Rwiza rya Faustin Twagiramungu, ryashyize ahagaragara, rikaba rigira riti: “Ishyaka RDI-Rwanda Rwiza rirasaba rikomeje ubuyobozi bw’u Rwanda gukora ibishoboka byose kugirango Umwami Kigeli V Ndahindurwa azashyingurwe mu Rwanda nta yandi mananiza, kandi ahabwe icyubahiro kimukwiriye nk’umuntu wigeze kuba Umukuru w’igihugu. Birakwiye ko yashyingurwa I Mwima na Mushirarungu, I Nyanza, iruhande rwa mukuru we Mutara III Rudahigwa”.

-147.png

Twagiramungu Faustin

Iri tangazo ryakomeje risaba leta y’u Rwanda no kwegera leta y’u Bubiligi ahubwo n’umugogo w’umwami Musinga ukazacyurwa ugatabarizwa mu cyubahiro iruhande rw’abana be.

Muri iki kiganiro, Imvo n’imvano cyanatumiwemo Twagiramungu, yakomeje avuga ko abo bireba bagomba kwicara bakumvikana bagacyura umugogo w’umwami ariko bakareka kubeshyera umwami ngo yavuze ko adashaka gutaha kuko ngo icyo yanze ari uburyo yagombaga gutahamo.

Benzige yabajijwe impamvu byageze aho bitabaza abanyamategeko, asubiza ko byatewe n’amagambo yivuguruza yavuzwe na Mukabayojo aho ngo umwami amaze gutanga yamubwiye ko amwoherereje Christine ngo azamufashe gutegura uko bazatabariza umwami.

Amakuru avuga ko Benzinge yabonye ko atsinzwe akwepa his lawyer kugeza n’ubu ntiyahembwe amaso yaheze mu kirere.

-4739.jpg

Boniface Benzinge

Amakuru kandi twabashije gutohoza neza avuga ko Benzinge yamennye document safe for king kigeli, atwara impapuro (will and testimony ) zose ajya mubuhungiro mu Bwongereza. Ndetse na gifts and decorations Kigeli yahawe kuva yagera muri Amerika zagambaniwe na Benzinge ziburirwa irengero kugeza n’ubu, bikaba bikekwa ko zaba zaratwawe nabashiki ba Benzinge.

-4740.jpg

Umwami Kigeli ( RIP )

Kugeza magingo aya urugo rwa kigeli rwashyizweho ingufuri na Police kugeza igihe iki kibazo kizakemukira.

Umwanditsi wacu

2016-11-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Turibuka n’Abatutsi bishwe mbere ya Mata 1994 – MINUBUMWE

Turibuka n’Abatutsi bishwe mbere ya Mata 1994 – MINUBUMWE

Ubwanditsi 07 Apr 2025
Uko Umuyobozi w’abarinda Gen. Mudacumura wa FDLR yatawe muri yombi

Uko Umuyobozi w’abarinda Gen. Mudacumura wa FDLR yatawe muri yombi

Ubwanditsi 18 Aug 2016
Haba hakiri Abanyarwanda bagihohotererwa muri Gereza za CMI muri Uganda, Fred yaguye muri Gereza yayo

Haba hakiri Abanyarwanda bagihohotererwa muri Gereza za CMI muri Uganda, Fred yaguye muri Gereza yayo

Ubwanditsi 22 Aug 2023
Indege ya Habyarimana :  Iturufu rya Kayumba  ryo  kubona ubuhungiro mu Bufaransa

Indege ya Habyarimana : Iturufu rya Kayumba ryo kubona ubuhungiro mu Bufaransa

Ubwanditsi 13 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

World Ventures yahagaritswe na RDB, yahakanye gukorera mu Rwanda
Mu Rwanda

World Ventures yahagaritswe na RDB, yahakanye gukorera mu Rwanda

Ubwanditsi 13 Sep 2018
Impinduka mu birori byo gufungura FESPAD n’Umuganura, Yemi Alade na Angelique Kidjo ntibakije hazaza Sauti Sol na Zao Zoba
SHOWBIZ

Impinduka mu birori byo gufungura FESPAD n’Umuganura, Yemi Alade na Angelique Kidjo ntibakije hazaza Sauti Sol na Zao Zoba

Ubwanditsi 26 Jul 2018
Tariki ya 6 Mata Ijoro rya nyuma ku Baperezida Babiri ryabaye Imbarutso rwitwazo rwa Jenoside yakorewe Abatutsi -Menya amatariki  Mabi ku Batutsi mu Rwanda 1994
Amakuru

Tariki ya 6 Mata Ijoro rya nyuma ku Baperezida Babiri ryabaye Imbarutso rwitwazo rwa Jenoside yakorewe Abatutsi -Menya amatariki Mabi ku Batutsi mu Rwanda 1994

Ubwanditsi 06 Apr 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru