• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abitabiriye inama ya ECCAS barimo na Perezida Kagame baganiriye ku bucuruzi n’umutekano

Abitabiriye inama ya ECCAS barimo na Perezida Kagame baganiriye ku bucuruzi n’umutekano

Editorial 02 Dec 2016 Mu Rwanda

Mu nama y’umunsi umwe, abayobozi b’ibihugu na za Guverinoma biri mu muryango w’Ubukungu w’ibihugu byo muri Afurika yo hagati (ECCAS) baganiriye ku bibazo by’umutekano muke ndetse n’uburyo bwo kunoza ubucuruzi hagati yabyo.

Iyi nama yabereye mu gihugu cya Gabon kuri uyu wa 30 Ugushyingo 2016, iyoborwa na Perezida wa Gabon, Ali Bongo, ari na we uyobora uyu muryango.

Yitabiriwe n’abantu batandukanye baturutse mu bihugu 11 binyamuryango birimo, u Rwanda, Angola, u Burundi, Cameroon, Repubulika ya Centrafrique, Congo Brazzaville, Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, Gabon, Equatorial Guinea, Tchad na Sao Tome & Principe.

Ibibazo by’umutekano muke muri aka karere byafashe umwanya munini muri iyi nama

Mu by’ingenzi byaganiriweho mu bijyanye n’umutekano, harimo ibikorwa by’iterabwoba muri aka karere nk’ imitwe y’inyeshyamba muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, Repubulika ya Centrafrique n’u Burundi; igamije guhungabanya umutekano n’amahoro muri aka karere.

Abitabiriye iyi nama kandi barebeye hamwe amatora yabaye muri uyu mwaka ndetse n’ibibazo byayagaragayemo birimo n’ibibazo by’umutekano muke byagiye biba nyuma y’amatora.

Ubucuruzi na bwo bwahawe umwanya munini muri iyi nama.

Banaganiriye no ku bucuruzi hagati y’ibihugu bya Afurika n’ubwambukiranya imipaka n’iterambere ry’ubwikorezi bwo mu mazi no mu kirere muri aka karere.

Mu rwego rwo guteza imbere ubucuruzi mu bihugu binyamuryango bya ECCAS, ibihugu byasabwe ko byatanga urutonde rw’ibicuruzwa byazajya byohereza mu bihugu bigenzi byabyo mu rwego rwo gutangiza ubucuruzi bwisanzuye bwambukiranya imipaka nta misoro yatswe.

Kugirango uwo mushinga w’ubwo bucuruzi ushoboke, Abaminisitiri b’Ubucuruzi n’Imari muri aka karere, bemeranyijwe ku biciro byihariye bizashyirwa ku bicuruzwa byinjizwa mu bihugu by’uyu muryango ariko byarakorewe hanze yawo.

Imisoro izajya iva mu bicuruzwa byakorerwe hanze y’aka karere izajya atangwa nk’inkunga yo kuziba icyuho kizaba cyagaragaye mu misoro aho 50% by’azinjira azafasha mu kuziba icyuho cyizagaragara mu misoro bitewe no koroshya ibiciro by’ubucuruzi n’imisoro mu bihugu bigize uyu muryango wa ECCAS.

Iyi nama yemeje ko ibihugu bizajya bitanga 0,4% by’imisoro y’ibicuruzwa biturutse hanze yawo nk’inkunga yo guteza imbere uyu muryango. Gusa u Rwanda rwo rwakuriweho iyi nkunga.

Gukurirwaho iyi nkunga ya 0,4% byatewe nuko u Rwanda rusanzwe rutanga izindi nkunga nk’iyi mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba ingana na 1,4% yo guteza imbere ibikorwa remezo n’indi ingana na 0,2% rutanga mu muryango wa Afurika yunze ubumwe mu rwego rwo kuwuteza imbere.

Uretse Perezida Kagame, abandi bakuru b’ibihugu bitabiriye iyi nama barimo Idriss Deby Itno wa Chad, Faustin-Archange Touadera uyobora Repubulika ya Centrafrique, ibindi bihugu byari bihagarariwe n’abandi bayobozi mu nzego zabyo zinyuranye.

-4892.jpg

-4891.jpg

-4890.jpg

-4889.jpg

2016-12-02
Editorial

IZINDI NKURU

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA Y’UWITWA HASINGIZWIMANA Jean Berchimas

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA Y’UWITWA HASINGIZWIMANA Jean Berchimas

Editorial 18 Oct 2022
Mu Rwanda: Korohereza cyane Abashoramari ndetse n’Umutekano usesuye nibyo birimo gutuma hazamuka Imiturirwa myinshi

Mu Rwanda: Korohereza cyane Abashoramari ndetse n’Umutekano usesuye nibyo birimo gutuma hazamuka Imiturirwa myinshi

Editorial 07 Aug 2024
Hon Patrick Mazimpaka waharaniye kubohorwa k’ u Rwanda yatabarutse.

Hon Patrick Mazimpaka waharaniye kubohorwa k’ u Rwanda yatabarutse.

Editorial 25 Jan 2018
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 05 Jan 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yabwiye urubyiruko rurangije Itorero Indangamirwa ko rukwiye kwiga Ikinyarwanda kandi rukagikoresha neza
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yabwiye urubyiruko rurangije Itorero Indangamirwa ko rukwiye kwiga Ikinyarwanda kandi rukagikoresha neza

Editorial 08 Aug 2019
Uko Abanyarwanda barekuwe na Uganda batashye bavuga ku bucakara n’iyicarubozo bakorewe na CMI byahitanye bagenzi babo
INKURU NYAMUKURU

Uko Abanyarwanda barekuwe na Uganda batashye bavuga ku bucakara n’iyicarubozo bakorewe na CMI byahitanye bagenzi babo

Editorial 19 Jun 2019
Rayon Sports yafashe umwanya wa kabiri nyuma yo gutsinda Espoir FC yahise inamanuka mu kiciro cya kabiri
Amakuru

Rayon Sports yafashe umwanya wa kabiri nyuma yo gutsinda Espoir FC yahise inamanuka mu kiciro cya kabiri

Editorial 01 May 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru