• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda : Umuherwe w’umunyarwanda Kanyamunyu yoherejwe muri gereza ya Luzira kubera kurasa umugabo bapfa umukobwa w’Umurundikazi

Uganda : Umuherwe w’umunyarwanda Kanyamunyu yoherejwe muri gereza ya Luzira kubera kurasa umugabo bapfa umukobwa w’Umurundikazi

Ubwanditsi 03 Dec 2016 ITOHOZA

Mu gihugu cya Uganda umunyarwanda w’umukire witwa Kanyamunyu ubu ari muri gereza ya Luzira hamwe n’umukobwa w’Umurundikazi witwa Cynthia Munwangari bazira ko Kanyamunyu yarashe uwitwa Kenneth Akena agapfa bapfa Cynthia.

Kanyamunyu bivugwa ko yarimo asambana na Cynthia Munwangari mu modoka kandi Cynthia akaba yari Fiance wa Kenneth Akena kumara igihe kirekire.

-4898.jpg

Cynthia ubu ufunzwe kubera yari kumwe na Kanyamunyu arasa Akena agapfa

Ubwo bari baparitse imodoka yabo Kanyamunyu na Cynthia ahitwa Lugogo ,Kenneth Akena nawe niho yari aparitse imodoka ye mu gihe yavaga muri parikingi imodoka ye igonga iya Kanyamunyu avamo agiye gusaba imbabazi Kanyamunyu ,Kanyamunyu amubonye agirango aje kubafata kuko yari azi ko ari kumwe n’umukobwa w’inshuti ya Kenneth akurayo impunda aramurasa.

Kanyamunyu niwe wahise amushyira mu modoka amujyana kwa muganga mu rwego rwo kujijisha ko we yaje atabaye.

Ibi byabaye mu byumweu 2 bishize ikaba ari inkuru ikomeje kugarukwaho n’ibitangazamakuru byo muri Uganda bitandukanye.

Kenneth Akena yageze kwa muganga atarapfa ashobora kubwira abari bari aho uko byagenze byose amaze kubivuga ahita apfa.

-4897.jpg

Kanyamunyu polisi imuzanye kuburana

-4899.jpg

Cynthia na Kanyamunyu bavugana n’umunyamategeko wabo baje kuburana mu rukiko

Polisi ya Uganda yahise imufata n’umukobwa bari bari kumwe Cynthia Munwangari ndetse n’abavandimwe ba Kanyamunyu 2 Moses na Joseph Kanyamunyu nyuma yo gukurikirana bagasanga hari ibyo bavuganaga kuri Telephone mbere yo kurasa Akena ,ubu bose uko ari 4 bakaba bari muri gereza kuru ya Uganda Luzira.

Amakuru avuga ko Cynthia akigera muri gereza yaraye arira atarumva ukuntu ageze muri gereza ya Uganda kandi iwabo ari I Burundi naho Kanyamunyu we yagiye azi ko kubera ari umuherwe aribwakirwe nk’umuherwe ahageze asanga atari uko bimeze ku buryo yari yizaniye matora nini bamwangira kuyinjiza umuryango we uyisubizayo.

Bamushyize hamwe n’abandi bafungwa aryama kuri ka matora gato adafite icyo kwiyorosa ariko umwe mu bafungwa niwe wamugiriye impuhwe amuha icyo kwiyorosa.

Ubu bakaba bashinjwa kwica Akena bakoresheje imbunda ku buryo bashobora gufungwa imyaka myinshi hagati ya 25.

Umuryango wa Cynthia ukaba ufite impungenge ko azasazira muri gereza kandi bari bamwitezeho kuzabagirira akamaro dore ko ari umukobwa mwiza abagabo babakire buri umwe yashakaga kumugira umugore.

Mu gihugu cya Uganda usanga abantu bicwa uko bucyeye uko bwije hakoreshejwe imbunda ku buryo usanga na Polisi yaho ihabwa ruswa mu kwica abantu.

2016-12-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Cibitoke: Imirambo ya Bane muri 14 biciwe mu Kibira yabonetse

Cibitoke: Imirambo ya Bane muri 14 biciwe mu Kibira yabonetse

Ubwanditsi 07 Dec 2018
Mu Burundi rurageretse hagati y’abaturage n’imbonerakure zibaka amaturo ku gatuza

Mu Burundi rurageretse hagati y’abaturage n’imbonerakure zibaka amaturo ku gatuza

Ubwanditsi 26 Aug 2024
Nitutamagana abantu nka Charles Kambanda na Thomas Nahimana, ababacumbikiye ntibazakeka ko twese dutekereza macuri?

Nitutamagana abantu nka Charles Kambanda na Thomas Nahimana, ababacumbikiye ntibazakeka ko twese dutekereza macuri?

Ubwanditsi 13 Jun 2023
Gitifu w’Akarere ka Nyagatare  yatawe muri yombi

Gitifu w’Akarere ka Nyagatare yatawe muri yombi

Ubwanditsi 07 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Byose tubikesha Perezida Kagame
UBUKUNGU

Byose tubikesha Perezida Kagame

Ubwanditsi 13 May 2016
Ndimbati wari wasinyiye kwamamaza Sky Drop Industries yayiteye umugongo amasezerano atarangiye yamamaza Ingufu Gin
Amakuru

Ndimbati wari wasinyiye kwamamaza Sky Drop Industries yayiteye umugongo amasezerano atarangiye yamamaza Ingufu Gin

Ubwanditsi 26 Feb 2023
CHAN: Byinshi ku mukino wa nyuma w’amateka hagati ya RDC na Mali
Mu Rwanda

CHAN: Byinshi ku mukino wa nyuma w’amateka hagati ya RDC na Mali

Ubwanditsi 07 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru