• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Prof Shyaka avuga ko gitekerezo cya Mgr Nzakamwita kitatakaye kuko cyaje ari cyiza

Prof Shyaka avuga ko gitekerezo cya Mgr Nzakamwita kitatakaye kuko cyaje ari cyiza

Editorial 22 Dec 2016 Mu Mahanga

Umuyobozi Mukuru wa RGB, Prof Shyaka Anastase avuga ko Inama y’Umushyikirano ari umwanya wo gutanga ibitekerezo, aho yemeza ko icyo Musenyeri wa Diyosezi ya Byumba yatanze kitigeze gitakara.

Mu myanzuro y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaye ku nshuro ya 14, yatangajwe kuri uyu wa 22 Ukuboza 2016, haragaragaramo umwe uhuye n’igitekerezo cya Musenyeri wa Diyosezi ya Byumba, Nzakamwita Siriveriyani.

Uwo mwanzuro ugira uti “Gushimangira ubufatanye hagati y’inzego za Leta, ababyeyi, abarezi, abikorera, sosiyete sivile n’imiryango ishingiye ku madini mu kurushaho kubaka umuryango nyarwanda”

Icyo gitekerezo, uyu wihaye Imana yari yatanze cyaganishaga ku kuba mu muryango nyarwanda hari ahakigaragara amakimbirane bigateza ingaruka mbi zirimo kwicana kw’abagize umuryango.

Gusa amaze gutanga iki gitekerezo, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko, Uwizeyimana Evode yagaragaje kudahuza n’igitekerezo cya musenyeri.

-5143.jpg

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko, Uwizeyimana Evode

Mu mvugo ye yagize ati “Nashatse kugira icyo mvuga ku cyo bise igitekerezo cya Musenyeri Nzakamwita, nibaza ko dukwiye kutareka ngo kigende, yavuze ngo umutekano ngo urahari kandi ni mwiza turabishima, ariko iyo ugeze mu ngo usanga ntawo, iyi ni imvugo abantu badakwiye kureka ngo igende gutyo.”

Uyu muyobozi yunzemo ati “Abanyarwanda twese dutaha mu ngo, njyewe nabanje kwibaza ngo abibwirwa n’iki ko Musenyeri nta rugo agira. Yavuze ikibazo cy’abagore bica abagabo cyangwa abagabo bica abagore, abana bica ababyeyi, nta sosiyete n’imwe yo muri iyi Si ya Nyagasani itagira icyaha, nta n’imwe. Hari n’ibindi bikorwa by’amahano ariko atavuze, ibyo nabyo ntitwamenya uko tubishakira umuti atabivuze, keretse niba babimubwira muri Penetensiya ariko…”

Nyuma y’iyi nama, mu bitangazamakuru binyuranye byo mu Rwanda, hagiye hagaragaramo uburyo abantu batigeze bishimira uburyo uyu muyobozi yasubije musenyeri, aho benshi bagaragazagamo ko habayeho ku mwubahuka.

Prof Shyaka avuga ko Inama y’Umushyikirano ari umwanya wa buri Munyarwanda wese wo gutanga ibitekerezo uko abyumva, byaba ari ibifiteye igihugu akamaro bikaba byanashyirwa mu myanzuro y’iyo nama.

Uyu muyobozi ahamya ko igitekerezo cya Mgr Nzakamwita cyari cyiza ari na yo mpamvu cyanashyizwe mu myanzuro y’Inama y’Umushyikirano.

Prof Shyaka mu kiganiro yahaye Izuba rirashe dukesha iyi nkuru yagize ati “Igikomeye ni uko igitekerezo uko cyari cyaje ntabwo cyatakaye, igitekerezo cyari cyaje ari cyiza muranavuze ngo kiri no mu myanzuro, ngira ngo birabaha ishusho n’isura y’icyo umushyikirano ari cyo. Ni umushyikirano w’Abanyarwanda bose, si ba minisiti gusa, haba harimo n’abandi kandi iyo Umunyarwanda wese afite igitekerezo gifite ireme kirakirwa kigahabwa agaciro, niba ari igifitiye Abanyarwanda akamaro kikanashyirwa no mu myanzuro.”

Yunzemo ati “Igihugu cyacu kiri mu bwisanzure, umuntu agatanga igitekerezo cye kikakirwa, yaba uwo muri sosiyete sivile yaba uwo mu nzego za Leta yaba ari umuturage wicaye aho yaba ari uvugira kure, Abanyarwanda bafite ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo byabo.”

Umuyobozi wa RGB avuga ko abantu badatekereza kimwe ari yo mpamvu ituma hari ibyo bashobora kudahuza, aho ngo n’uwaba yaratandukiriye ubutaha akwiye kutazongera.

Ati “Ngira ngo abantu twabitwara muri uwo muco, iriya nama iba ikurikiranwe n’abantu ibihumbi, ntabwo rero Abanyarwanda dutegereza kimwe, umuntu ashobora gutanga igitekerezo kitanogeye cyangwa kitanogeye minisitiri runaka reka tubyakire ko ari ihuriro ry’Abanyarwanda bafite uko babona ibintu , batekereza mu buryo butandukanye , dushake uko twuzuzanye noneho umuntu wese, niba hari n’uwacitswe azagira uko ubutaha adacikwa.”

Mu magambo ye, Prof Shyaka yakomeje avuga ko umuntu adakwiye kuzira igitekerzo cye.

Yagize ati “Igitekerezo cya gishobora kuba kigoramye cyangwa kigoramiye umwe nagira ngo twese tugira uwo muco kudashaka ko hari uwazira ko yatanze igitekerezo kabone n’ubwo yaba yabivuze nabi.

Sindwanya ko dukwiye kugira umuco wo kubivuga neza ariko n’uwabivuga nabi ntabwo twamubaho akaramata,ngo buriya uwamushakira…Ni cyo kintu nagirango abantu bumve neza.

Mwavuze na Nzakamwita, ngira ngo na we baramubajije na we aravuga ati “Jye nta kibazo mfite sinzi, umuntu yatanze igitekerezo cye nk’uko nanjye natanze icyanjye, ati ibyo bibazo muzana by’imiriro ntabwo ndikumwe na byo.”

-5142.jpg

Umuyobozi Mukuru wa RGB, Prof Shyaka Anastase

2016-12-22
Editorial

IZINDI NKURU

RDC/Beni: Abantu12 bishwe n’inyeshyamba za ADF

RDC/Beni: Abantu12 bishwe n’inyeshyamba za ADF

Editorial 23 Oct 2018
Indege y’igisilikare cya RDF  yakoreye impanuka i Masaka

Indege y’igisilikare cya RDF yakoreye impanuka i Masaka

Editorial 28 Oct 2016
CMI yataye muri yombi Abanyarwanda bane bigaga muri kaminuza i Kampala

CMI yataye muri yombi Abanyarwanda bane bigaga muri kaminuza i Kampala

Editorial 29 Nov 2019
Ruhango:Abanyeshuri ba GS Ruhango Catholique bakanguriwe gukumira no kwirinda ibyaha

Ruhango:Abanyeshuri ba GS Ruhango Catholique bakanguriwe gukumira no kwirinda ibyaha

Editorial 29 Apr 2016
RDC/Beni: Abantu12 bishwe n’inyeshyamba za ADF

RDC/Beni: Abantu12 bishwe n’inyeshyamba za ADF

Editorial 23 Oct 2018
Indege y’igisilikare cya RDF  yakoreye impanuka i Masaka

Indege y’igisilikare cya RDF yakoreye impanuka i Masaka

Editorial 28 Oct 2016
CMI yataye muri yombi Abanyarwanda bane bigaga muri kaminuza i Kampala

CMI yataye muri yombi Abanyarwanda bane bigaga muri kaminuza i Kampala

Editorial 29 Nov 2019
Ruhango:Abanyeshuri ba GS Ruhango Catholique bakanguriwe gukumira no kwirinda ibyaha

Ruhango:Abanyeshuri ba GS Ruhango Catholique bakanguriwe gukumira no kwirinda ibyaha

Editorial 29 Apr 2016
RDC/Beni: Abantu12 bishwe n’inyeshyamba za ADF

RDC/Beni: Abantu12 bishwe n’inyeshyamba za ADF

Editorial 23 Oct 2018
Indege y’igisilikare cya RDF  yakoreye impanuka i Masaka

Indege y’igisilikare cya RDF yakoreye impanuka i Masaka

Editorial 28 Oct 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru