• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Prof Shyaka avuga ko gitekerezo cya Mgr Nzakamwita kitatakaye kuko cyaje ari cyiza

Prof Shyaka avuga ko gitekerezo cya Mgr Nzakamwita kitatakaye kuko cyaje ari cyiza

Ubwanditsi 22 Dec 2016 Mu Mahanga

Umuyobozi Mukuru wa RGB, Prof Shyaka Anastase avuga ko Inama y’Umushyikirano ari umwanya wo gutanga ibitekerezo, aho yemeza ko icyo Musenyeri wa Diyosezi ya Byumba yatanze kitigeze gitakara.

Mu myanzuro y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaye ku nshuro ya 14, yatangajwe kuri uyu wa 22 Ukuboza 2016, haragaragaramo umwe uhuye n’igitekerezo cya Musenyeri wa Diyosezi ya Byumba, Nzakamwita Siriveriyani.

Uwo mwanzuro ugira uti “Gushimangira ubufatanye hagati y’inzego za Leta, ababyeyi, abarezi, abikorera, sosiyete sivile n’imiryango ishingiye ku madini mu kurushaho kubaka umuryango nyarwanda”

Icyo gitekerezo, uyu wihaye Imana yari yatanze cyaganishaga ku kuba mu muryango nyarwanda hari ahakigaragara amakimbirane bigateza ingaruka mbi zirimo kwicana kw’abagize umuryango.

Gusa amaze gutanga iki gitekerezo, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko, Uwizeyimana Evode yagaragaje kudahuza n’igitekerezo cya musenyeri.

-5143.jpg

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko, Uwizeyimana Evode

Mu mvugo ye yagize ati “Nashatse kugira icyo mvuga ku cyo bise igitekerezo cya Musenyeri Nzakamwita, nibaza ko dukwiye kutareka ngo kigende, yavuze ngo umutekano ngo urahari kandi ni mwiza turabishima, ariko iyo ugeze mu ngo usanga ntawo, iyi ni imvugo abantu badakwiye kureka ngo igende gutyo.”

Uyu muyobozi yunzemo ati “Abanyarwanda twese dutaha mu ngo, njyewe nabanje kwibaza ngo abibwirwa n’iki ko Musenyeri nta rugo agira. Yavuze ikibazo cy’abagore bica abagabo cyangwa abagabo bica abagore, abana bica ababyeyi, nta sosiyete n’imwe yo muri iyi Si ya Nyagasani itagira icyaha, nta n’imwe. Hari n’ibindi bikorwa by’amahano ariko atavuze, ibyo nabyo ntitwamenya uko tubishakira umuti atabivuze, keretse niba babimubwira muri Penetensiya ariko…”

Nyuma y’iyi nama, mu bitangazamakuru binyuranye byo mu Rwanda, hagiye hagaragaramo uburyo abantu batigeze bishimira uburyo uyu muyobozi yasubije musenyeri, aho benshi bagaragazagamo ko habayeho ku mwubahuka.

Prof Shyaka avuga ko Inama y’Umushyikirano ari umwanya wa buri Munyarwanda wese wo gutanga ibitekerezo uko abyumva, byaba ari ibifiteye igihugu akamaro bikaba byanashyirwa mu myanzuro y’iyo nama.

Uyu muyobozi ahamya ko igitekerezo cya Mgr Nzakamwita cyari cyiza ari na yo mpamvu cyanashyizwe mu myanzuro y’Inama y’Umushyikirano.

Prof Shyaka mu kiganiro yahaye Izuba rirashe dukesha iyi nkuru yagize ati “Igikomeye ni uko igitekerezo uko cyari cyaje ntabwo cyatakaye, igitekerezo cyari cyaje ari cyiza muranavuze ngo kiri no mu myanzuro, ngira ngo birabaha ishusho n’isura y’icyo umushyikirano ari cyo. Ni umushyikirano w’Abanyarwanda bose, si ba minisiti gusa, haba harimo n’abandi kandi iyo Umunyarwanda wese afite igitekerezo gifite ireme kirakirwa kigahabwa agaciro, niba ari igifitiye Abanyarwanda akamaro kikanashyirwa no mu myanzuro.”

Yunzemo ati “Igihugu cyacu kiri mu bwisanzure, umuntu agatanga igitekerezo cye kikakirwa, yaba uwo muri sosiyete sivile yaba uwo mu nzego za Leta yaba ari umuturage wicaye aho yaba ari uvugira kure, Abanyarwanda bafite ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo byabo.”

Umuyobozi wa RGB avuga ko abantu badatekereza kimwe ari yo mpamvu ituma hari ibyo bashobora kudahuza, aho ngo n’uwaba yaratandukiriye ubutaha akwiye kutazongera.

Ati “Ngira ngo abantu twabitwara muri uwo muco, iriya nama iba ikurikiranwe n’abantu ibihumbi, ntabwo rero Abanyarwanda dutegereza kimwe, umuntu ashobora gutanga igitekerezo kitanogeye cyangwa kitanogeye minisitiri runaka reka tubyakire ko ari ihuriro ry’Abanyarwanda bafite uko babona ibintu , batekereza mu buryo butandukanye , dushake uko twuzuzanye noneho umuntu wese, niba hari n’uwacitswe azagira uko ubutaha adacikwa.”

Mu magambo ye, Prof Shyaka yakomeje avuga ko umuntu adakwiye kuzira igitekerzo cye.

Yagize ati “Igitekerezo cya gishobora kuba kigoramye cyangwa kigoramiye umwe nagira ngo twese tugira uwo muco kudashaka ko hari uwazira ko yatanze igitekerezo kabone n’ubwo yaba yabivuze nabi.

Sindwanya ko dukwiye kugira umuco wo kubivuga neza ariko n’uwabivuga nabi ntabwo twamubaho akaramata,ngo buriya uwamushakira…Ni cyo kintu nagirango abantu bumve neza.

Mwavuze na Nzakamwita, ngira ngo na we baramubajije na we aravuga ati “Jye nta kibazo mfite sinzi, umuntu yatanze igitekerezo cye nk’uko nanjye natanze icyanjye, ati ibyo bibazo muzana by’imiriro ntabwo ndikumwe na byo.”

-5142.jpg

Umuyobozi Mukuru wa RGB, Prof Shyaka Anastase

2016-12-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi iraburira ababyeyi n’amashuri nyuma y’uburangare bukabije bugaragara ku batwara abana babo

Polisi iraburira ababyeyi n’amashuri nyuma y’uburangare bukabije bugaragara ku batwara abana babo

Ubwanditsi 15 Jun 2016
Igipolisi n’abanyamakuru barashaka uko barushaho gukorana batarebana ay’ingwe

Igipolisi n’abanyamakuru barashaka uko barushaho gukorana batarebana ay’ingwe

Ubwanditsi 21 Apr 2016
Volleyball: Uko amakipe azahura mu mikino ya “Playoffs”

Volleyball: Uko amakipe azahura mu mikino ya “Playoffs”

Ubwanditsi 28 Jun 2016
Imyitwarire ya Perezida Cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo mu kibazo cya Kongo, ihabanye n’amateka y’irondabwoko yazahaje igihugu cye

Imyitwarire ya Perezida Cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo mu kibazo cya Kongo, ihabanye n’amateka y’irondabwoko yazahaje igihugu cye

Ubwanditsi 29 Jan 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tuyisenge Jacques wifuzwaga na Police FC yerekeje muri AS Kigali, Shaban Shabalala yongereye amasezerano , APR FC yihariye ibikombe by’abakinnyi bitwaye neza
Amakuru

Tuyisenge Jacques wifuzwaga na Police FC yerekeje muri AS Kigali, Shaban Shabalala yongereye amasezerano , APR FC yihariye ibikombe by’abakinnyi bitwaye neza

Ubwanditsi 01 Aug 2022
Urukiko rwa Loni rwitabaje abafashe abo muri Yugoslavia ngo bahige ba Kabuga
Mu Rwanda

Urukiko rwa Loni rwitabaje abafashe abo muri Yugoslavia ngo bahige ba Kabuga

Ubwanditsi 14 Feb 2018
Leta y’UBurundi iravugwaho kugira gereza zitazwi hafi y’umupaka w’URwanda
INKURU NYAMUKURU

Leta y’UBurundi iravugwaho kugira gereza zitazwi hafi y’umupaka w’URwanda

Ubwanditsi 28 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru