• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida Kagame yifurije Abanyarwanda umwaka mushya wa 2017 asaba abanyarwanda gukomeza gutanga umusanzu wabo mu kubaka u Rwanda

Perezida Kagame yifurije Abanyarwanda umwaka mushya wa 2017 asaba abanyarwanda gukomeza gutanga umusanzu wabo mu kubaka u Rwanda

Editorial 04 Jan 2017 Mu Mahanga

Perezida Kagame yifurije Abanyarwanda umwaka mushya wa 2017 asaba abanyarwanda gukomeza gutanga umusanzu wabo mu kubaka u Rwanda bashyiraho gahunda zibateza imbere kandi birinda kwirara mu byo bakora byose.

Mu ijambo rye risoza umwaka wa 2016 rinatanga ikaze mu wa 2017, Perezida Kagame yavuze ko nkuko byagarutsweho mu nama ya 14 y’Umushyikirano yabaye kuwa 15-16 Ukuboza 2016, Abanyarwanda bose bakwiye gukomeza kugira uruhare mu kubaka u Rwanda. Yavuze ko ibyo bisaba gushyiraho gahunda ziteza buri wese imbere, ati “ nkuko tubibona kandi tunabyemera, dufite ibyangombwa n’amahirwe mu gihugu cyacu.”

Yavuze ko Abanyarwanda bazakomeza kugera ku byo bifuza mu gihe bashyize imbere ubufatanye, ubwubahane n’urukundo bafitiye igihugu.

Ati “Ubusugire n’umutekano by’igihugu cyacu nkuko bisanzwe niwo musingi w’iterambere kandi ntacyo tuzemera ko cyasubiza inyuma ibyo twagezeho.”

Mu butumwa Umukuru w’Igihugu yageneye Abanyarwanda, yongeye kandi kubasaba kutirara mu byo bakora, bakubakira ku byagezweho baharanira iterambere rirambye.

Ati “Byaba ari amakosa tugabanyije intambwe twitwaje ko hari aho twageze kuri byinshi biruta ibyo twatekerezaga gukora. Nimureke rero dukomeze guharanira kugera kure hashoboka mu nzego zose hatari mu za leta gusa ahubwo no mu z’abikorera.”

Mu birori byo gusoza umwaka byahuje abayobozi bakuru b’igihugu, abikorera, abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda n’abandi batandukanye, byabereye muri Kigali Convention Centre ku mugoroba wo kuwa Gatanu tariki ya 30 Ukuboza 2016, Perezida Paul Kagame yavuze ko umwaka wa 2016 u Rwanda rwabashije kurenga imbogamizi rwari rufite zigahinduka ibisubizo.

Yavuze ko buri mwaka ugira ibibazo n’amahirwe byawo ariko uwa 2016 ibyo u Rwanda rwabashije kugeraho biruta kure ingorane rwahuye nazo.

Ati “Twahuye n’ibibazo turabikemura byiyongera ku mihigo twesheje. Ku birebana n’u Rwanda nta binyoma bihari. Ibyo mubona ni nako bimeze, icyo ubibye nicyo usarura.”

Perezida Kagame yavuze ko 2017 ikwiye kuba umunsi wo kwishimira ibyakozwe mu 2016, ibibazo byagiye bigaragara bigasigarana n’umwaka urangiye.

-5220.jpg

Perezida Kagame Paul

2017-01-04
Editorial

IZINDI NKURU

DR Congo: Ingabo za FARDC zatangaje “ibitero bikomeye” ku mutwe wa ADF

DR Congo: Ingabo za FARDC zatangaje “ibitero bikomeye” ku mutwe wa ADF

Editorial 31 Oct 2019
Perezida Tshisekedi yagaragaje ubushake bwo gufatanya n’abaturanyi mu kurandura imitwe yitwaje intwaro

Perezida Tshisekedi yagaragaje ubushake bwo gufatanya n’abaturanyi mu kurandura imitwe yitwaje intwaro

Editorial 01 Jul 2019
Nta mahoro y’abajenosideri: Umujenosideri Protais Zigiranyirazo yapfuye yangara, isi nayo yanga umubiri we

Nta mahoro y’abajenosideri: Umujenosideri Protais Zigiranyirazo yapfuye yangara, isi nayo yanga umubiri we

Editorial 26 Sep 2025
Ukuri ku ruhare rwa Perezida Mitterand n’akazu ke muri Jenoside byashyizwe hanze na Komisiyo Duclert

Ukuri ku ruhare rwa Perezida Mitterand n’akazu ke muri Jenoside byashyizwe hanze na Komisiyo Duclert

Editorial 27 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AMAFOTO: APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2024-2025, kiba igikombe cya 6 itwaye yikurikiranya
Amakuru

AMAFOTO: APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2024-2025, kiba igikombe cya 6 itwaye yikurikiranya

Editorial 29 May 2025
Burundi-Cibitoke: Habonwe imirambo y’abantu 14 bishwe bari kungoyi
HIRYA NO HINO

Burundi-Cibitoke: Habonwe imirambo y’abantu 14 bishwe bari kungoyi

Editorial 03 Sep 2019
Amafaranga yakusanyijwe mu kiriyo cya Mowzey Radio yibwe
Mu Mahanga

Amafaranga yakusanyijwe mu kiriyo cya Mowzey Radio yibwe

Editorial 09 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru