• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida Kagame yifurije Abanyarwanda umwaka mushya wa 2017 asaba abanyarwanda gukomeza gutanga umusanzu wabo mu kubaka u Rwanda

Perezida Kagame yifurije Abanyarwanda umwaka mushya wa 2017 asaba abanyarwanda gukomeza gutanga umusanzu wabo mu kubaka u Rwanda

Ubwanditsi 04 Jan 2017 Mu Mahanga

Perezida Kagame yifurije Abanyarwanda umwaka mushya wa 2017 asaba abanyarwanda gukomeza gutanga umusanzu wabo mu kubaka u Rwanda bashyiraho gahunda zibateza imbere kandi birinda kwirara mu byo bakora byose.

Mu ijambo rye risoza umwaka wa 2016 rinatanga ikaze mu wa 2017, Perezida Kagame yavuze ko nkuko byagarutsweho mu nama ya 14 y’Umushyikirano yabaye kuwa 15-16 Ukuboza 2016, Abanyarwanda bose bakwiye gukomeza kugira uruhare mu kubaka u Rwanda. Yavuze ko ibyo bisaba gushyiraho gahunda ziteza buri wese imbere, ati “ nkuko tubibona kandi tunabyemera, dufite ibyangombwa n’amahirwe mu gihugu cyacu.”

Yavuze ko Abanyarwanda bazakomeza kugera ku byo bifuza mu gihe bashyize imbere ubufatanye, ubwubahane n’urukundo bafitiye igihugu.

Ati “Ubusugire n’umutekano by’igihugu cyacu nkuko bisanzwe niwo musingi w’iterambere kandi ntacyo tuzemera ko cyasubiza inyuma ibyo twagezeho.”

Mu butumwa Umukuru w’Igihugu yageneye Abanyarwanda, yongeye kandi kubasaba kutirara mu byo bakora, bakubakira ku byagezweho baharanira iterambere rirambye.

Ati “Byaba ari amakosa tugabanyije intambwe twitwaje ko hari aho twageze kuri byinshi biruta ibyo twatekerezaga gukora. Nimureke rero dukomeze guharanira kugera kure hashoboka mu nzego zose hatari mu za leta gusa ahubwo no mu z’abikorera.”

Mu birori byo gusoza umwaka byahuje abayobozi bakuru b’igihugu, abikorera, abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda n’abandi batandukanye, byabereye muri Kigali Convention Centre ku mugoroba wo kuwa Gatanu tariki ya 30 Ukuboza 2016, Perezida Paul Kagame yavuze ko umwaka wa 2016 u Rwanda rwabashije kurenga imbogamizi rwari rufite zigahinduka ibisubizo.

Yavuze ko buri mwaka ugira ibibazo n’amahirwe byawo ariko uwa 2016 ibyo u Rwanda rwabashije kugeraho biruta kure ingorane rwahuye nazo.

Ati “Twahuye n’ibibazo turabikemura byiyongera ku mihigo twesheje. Ku birebana n’u Rwanda nta binyoma bihari. Ibyo mubona ni nako bimeze, icyo ubibye nicyo usarura.”

Perezida Kagame yavuze ko 2017 ikwiye kuba umunsi wo kwishimira ibyakozwe mu 2016, ibibazo byagiye bigaragara bigasigarana n’umwaka urangiye.

-5220.jpg

Perezida Kagame Paul

2017-01-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yegukanye  igihembo mu guharanira iterambere  k’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga

Perezida Kagame yegukanye igihembo mu guharanira iterambere k’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga

Ubwanditsi 14 Nov 2016
Volleyball: Uko amakipe azahura mu mikino ya “Playoffs”

Volleyball: Uko amakipe azahura mu mikino ya “Playoffs”

Ubwanditsi 28 Jun 2016
Abakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto bakomeje kugaragaza  uruhare mu gukumira ibyaha

Abakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto bakomeje kugaragaza uruhare mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 06 Feb 2016
Polisi yohereje abapolisi 70 mu butumwa bw’amahoro muri Sudan y’Epfo

Polisi yohereje abapolisi 70 mu butumwa bw’amahoro muri Sudan y’Epfo

Ubwanditsi 17 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urubyiruko rwungukiye byinshi mu musaruro w’imiyoborere myiza
Amakuru

Urubyiruko rwungukiye byinshi mu musaruro w’imiyoborere myiza

Ubwanditsi 24 Aug 2023
Ku ngengabitekerezo ya parmehutu, umwuzukuru wa Dominiko Mbonyumutwa ni sekuru wagiye aragaruka
Amakuru

Ku ngengabitekerezo ya parmehutu, umwuzukuru wa Dominiko Mbonyumutwa ni sekuru wagiye aragaruka

Ubwanditsi 24 Jan 2022
Ibikorwa by’icyumweru cya Polisi 2018: Hatangijwe icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa
Mu Rwanda

Ibikorwa by’icyumweru cya Polisi 2018: Hatangijwe icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa

Ubwanditsi 05 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru