• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abayobozi bagize uruhare mu kwirukana Miguna muri Kenya baciwe amande ya 2000$
Umucamanza w'Urukiko Rukuru muri Kenya, George Odunga, yategetse ko abayobozi bagize uruhare mu kwirukana Miguna muri Kenya bacibwa amande y’ibihumbi bibiri by’amadolari ya Amerika

Abayobozi bagize uruhare mu kwirukana Miguna muri Kenya baciwe amande ya 2000$

Ubwanditsi 01 Apr 2018 Mu Mahanga

Urukiko Rukuru muri Kenya rwategetse abayobozi batatu mu nzego za leta kwishyura amande y’ibihumbi bibiri by’amadolari ya Amerika, bazira kurenga ku mabwiriza bakarekura Miguna Miguna utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’iki gihugu.

Mu baciwe amande harimo Minisitiri w’Umutekano, Fred Matiang’I; Umuyobozi Mukuru wa Polisi, Joseph Boinnet ndetse n’uw’Ikigo gishinzwe Abinjira n’Abasohoka, Gordon Kihalangwa.

Mu rubanza rwasomwe ku wa kane, Umucamanza George Odunga yavuze ko ku mushahara w’ukwezi gutaha, aba bayobozi batatu buri umwe azagenda akatwa ibihumbi 200 by’Amashilingi ya Kenya.

Nk’uko Ijwi rya Amerika ryabitangaje, ku wa Gatatu nibwo urukiko rwatangiye gukurikirana aba bayobozi batatu, nyuma y’uko banze kubahiriza icyemezo cyasabaga ko Miguna wari ufungiwe ku kibuga cy’indege kuva mu ntangiriro z’iki cyumweru akangirwa kwinjira mu gihugu arekurwa.

Odunga yagize ati “Muri iki kibazo biragaragara ko abo bireba ari ba bandi bashinzwe umutekano muri iki gihugu. Bafite inshingano zo gushyira mu bikorwa impapuro zo guta abantu muri yombi. Berekanye neza ko batubaha itegeko, ndetse batazashyira mu bikorwa amabwiriza y’urukiko.”

Yakomeje avuga ko niyo abaturage bahabwa uburenganzira bwo kubata muri yombi, bizakorwa n’ababungirije, kandi bizagorana ko babyubahiriza mu gihe bireba abayobozi babo.

Umuyamategeko wa Miguna, Nelson Havi, yatangaje ko Guverinoma yatanze urugero rubi.

Yagize ati “Guverinoma niyo ya mbere yakungukira muri uru rubanza, bityo, iyo isuzuguye amabwiriza y’urukiko iba iri gutanga urugero rubi kuko mu gihe kizaza nta muntu n’umwe uzaba acyubaha urukiko.”

Iki kinyamakuru cyagerageje kuvugisha Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubutabera ariko ntiyabasha kuboneka.

Ku wa kane nibwo Abanya-Kenya babyukiye ku makuru y’uko Miguna uza ku isonga mu batavuga rumwe na leta ndetse akaba yari mu barahije Raila Odinga, yongeye kwirukanwa mu gihugu, akoherezwa i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.

Uyu mugabo wirukanwe muri Kenya ku nshuro ya kabiri, ubwa mbere akaba yaroherejwe muri Canada dore ko anafite ubwenegihugu bwaho, yemeza ko mbere yo kumushyira mu ndege ijya Dubai babanje kumuha ibiyobyabwenge.

2018-04-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uhagarariye Kongo-Kinshasa muri LONI yavuze ko u Rwanda rwiba ingagi n’inguge zicyo gihugu mu nama yigaga ikibazo cy’intambara muri Ukraine

Uhagarariye Kongo-Kinshasa muri LONI yavuze ko u Rwanda rwiba ingagi n’inguge zicyo gihugu mu nama yigaga ikibazo cy’intambara muri Ukraine

Ubwanditsi 13 Oct 2022
Senateri John McCain wiyamamarije kuyobora Amerika yitabye Imana

Senateri John McCain wiyamamarije kuyobora Amerika yitabye Imana

Ubwanditsi 26 Aug 2018
“Nta ngabo z’u Rwanda ziri Maputo” Brig Gen Rwivanga

“Nta ngabo z’u Rwanda ziri Maputo” Brig Gen Rwivanga

Ubwanditsi 04 Nov 2024
Uretse isoni nke, Tewojeni Rudasingwa atinyuka ate kuvuga mu bantu, azi ubujura yasize akoze mu Rwanda? 

Uretse isoni nke, Tewojeni Rudasingwa atinyuka ate kuvuga mu bantu, azi ubujura yasize akoze mu Rwanda? 

Ubwanditsi 27 May 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impano y’imodoka  ya V8 Apôtre Masasu yahawe n’abakirisitu basengera muri Restauration Church  yavugishije benshi ‘ Amangambure ‘
Mu Rwanda

Impano y’imodoka ya V8 Apôtre Masasu yahawe n’abakirisitu basengera muri Restauration Church yavugishije benshi ‘ Amangambure ‘

Ubwanditsi 23 Aug 2017
Umubikira w’i Kabgayi na mugenzi we w’i Janja biciwe muri Yemen
ITOHOZA

Umubikira w’i Kabgayi na mugenzi we w’i Janja biciwe muri Yemen

Ubwanditsi 06 Mar 2016
Perezida Kagame yatowe nk’Umunyafurika w’umwaka wa 2017
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yatowe nk’Umunyafurika w’umwaka wa 2017

Ubwanditsi 07 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru