• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Urugaga rw’Abavoka rurasaba Polisi gutanga amakuru afatika ku iyicwa rya Me Toy

Urugaga rw’Abavoka rurasaba Polisi gutanga amakuru afatika ku iyicwa rya Me Toy

Editorial 02 Jan 2017 Mu Mahanga

Nyuma y’uko polisi y’igihugu yatangaje ko Umunyamategeko Nzamwita Toy yarashwe n’Abapolisi bikamuviramo urupfu mu ijoro ryo kuwa gatanu rishyira kuwa gatandatu hafi ya Rond Point ya Kacyiru ahazwi nka KBC, urugaga rw’Abavika rwatangaje ko hari amakuru y’ingenzi ataratanzwe na Polisi ku iyicwa rya Nzamwita bityo rukaba rusaba ko hakorwa iperereza ryimbitse kandi rikihutishwa.

Polisi y’u Rwanda mu itangazo yatanze ndetse inagaragaza ko ibabajwe n’urupfu rwa nyakwigendera Me Toy Nzamwita, yavuze ko uyu munyamategeko yarashwe batabishaka ariko ko yari yishe amategeko y’umuhanda kubera ubusinzi.

Mu itangazo ryatanzwe n’urugaga rw’Abavoka mu Rwanda rivuga ko bitumvikana ko umuntu wabo yahanishwa igihano cyo kuraswa kuko yasinze bityo hakaba hakenewe ibindi bimenyetso bifatika kandi byihuse ku rupfu rwa mugenzi wabo.

Iri tangazo ryashyizweho umukono na Me Amida Furaha ryashyizwe ahagaragara nyuma y’inama y’igitaraganya y’abagize uru rugaga yahise iterana kuwa 31 Ukuboza 2016, nyuma y’uko humvikanye amakuru ko mugenzi wabo yapfuye arashwe na Polisi y’igihugu.

Mu gitondo cyo kuwa gatandatu tariki ya 31 Ukuboza, indi modoka yari itwaye umukozi wa MTN yarasiwe aharasiwe Me Toy, aho polisi ikomeza ivuga ko uwari uyitwaye nawe yari yasinze bityo bamuhagarika akanga guhagarara nk’uko bivugwa ko byagenze kuri Me Toy Nzamwita Ntabwoba.

-5227.jpg

Indi modoka yari itwawe n’ umukozi wa MTN yarasiwe kuri KCC

Iri tangazo rikomeza rivuga ko Inama y’Urugaga ibabajwe n’uburyo mugenzi wabo yavukijwe ubuzima, bagasanga atari bwo buryo bwagombaga gukoreshwa kabone n’iyo haba hari amategeko y’umuhanda atarubahirijwe nk’uko bivugwa mu itangazo rya Polisi.

-5223.jpg

Nyakwigendera Nzamwita Toy

2017-01-02
Editorial

IZINDI NKURU

Mu bizamini bisoza amashuli yisumbuye, ababarirwa kuri 82% nibo batsinze

Mu bizamini bisoza amashuli yisumbuye, ababarirwa kuri 82% nibo batsinze

Editorial 18 Feb 2016
Rusizi: Hanogejwe ubufatanye mu bukangurambaga hagati ya Polisi n’abanyamakuru

Rusizi: Hanogejwe ubufatanye mu bukangurambaga hagati ya Polisi n’abanyamakuru

Editorial 05 May 2016
Amerika yasobanuye byimbitse uko igitero cyahitanye umuyobozi wa ISIS cyagenze

Amerika yasobanuye byimbitse uko igitero cyahitanye umuyobozi wa ISIS cyagenze

Editorial 31 Oct 2019
Nyarugenge, nyuma y’umuganda : Umugabo yasanzwe yapfuye, harakekwa inzoga

Nyarugenge, nyuma y’umuganda : Umugabo yasanzwe yapfuye, harakekwa inzoga

Editorial 29 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu  Karekezi Olivier nabagenzibe bakina muri “Rayon Sport ” Rutanga Eric na Mukunzi batawe muri yombi , yamenyekanye
ITOHOZA

Impamvu Karekezi Olivier nabagenzibe bakina muri “Rayon Sport ” Rutanga Eric na Mukunzi batawe muri yombi , yamenyekanye

Editorial 20 Nov 2017
Uko Nsabimana Sankara Callixte yabaye nk’umwana w’ikirara
INKURU NYAMUKURU

Uko Nsabimana Sankara Callixte yabaye nk’umwana w’ikirara

Editorial 02 May 2019
Nyamirambo: Abantu Bane Bamaze Gupfa Bazize kanyanga bikekwa ko yari yashyizwemo alcool bogesha ibisebe
ITOHOZA

Nyamirambo: Abantu Bane Bamaze Gupfa Bazize kanyanga bikekwa ko yari yashyizwemo alcool bogesha ibisebe

Editorial 10 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru