• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Davos : Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga k’Ubukungu

Davos : Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga k’Ubukungu

Editorial 17 Jan 2017 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame yitabiriye inama mpuzamahanga yiga ku bukungu bw’isi, World Economic Forum i Davos mu Busuwisi, yatangiye kuri uyu wa 17 ikazasozwa kuwa 20 Mutarama 2017.

Iyi nama ibere i Davos ikoraniyemo Abayobozi bakomeye batandukanye bagera ku 3000, barimo abakuru b’ibihugu, abayobora ibikorwa by’ubucuruzi bikomeye ku Isi, ba Minisitiri b’imari, abanyamabanki n’abandi bakomeye, bazagenda baganira ku « miyoborere ikwiye » mu minsi ine iyi nama izamara.

-5425.jpg

-5426.jpg
Mu bitabiriye iyi nama harimo Umuyobozi w’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari, Christine Lagarde ; Umuyobozi w’ikigo gicukura peteroli, Saudi Aramco, Khalid A. Al-Falih ; Umuyobozi Ushinzwe Ibikorwa muri Facebook, Sheryl Sandberg ; Visi Perezida wa Amerika, Joe Biden; Umuyobozi wa Banki Nkuru y’u Burayi, Benoît Cœuré ; Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping ; Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Theresa May; abaherwe nka Jack Ma, Bill Gates, Aliko Dangote, n’ibyamamare Nico Rosberg, Matt Damon na Forest Whitaker,

Iyi nama kandi iritabirwa n’umuhanzi Shakira uzaba ari gushaka ubufasha muri gahunda yise ‘Barefoot Foundation’ igamije gufasha abana batorohewe n’ubuzima binyuze mu burezi. Azaba ateye mu kirenge cy’abahanzi bagenzi be Will.i.am na Bono nabo bayitabiriye.

WEF 2017 igizwe n’ibyiciro bitandukanye harimo ibizagenda bibera mu muhezo bigenewe abayobozi b’ibihugu n’abandi bantu bakomeye.

-5424.jpg

Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro i Davos

Ingengabihe yayo yerekana ko Perezida Kagame ari mu bazatanga ikiganiro kuwa 19 Mutarama saa tanu n’iminota 45 ku isaha ya Davos ni ukuvuga 12:45’ ku isaha y’i Kigali, harebwa uburyo ikoranabuhanga rishobora gufungurira amarembo abenegihugu kuko hari ubwo usanga ibihugu byita ku bikorwa remezo by’ikoranabuhanga kurusha n’ubumenyi bw’abarikoresha.

Ni ikiganiro Perezida Kagame azatanga hamwe n’Umuyobozi mukuru wa Banki ya mbere nini mu Burusiya ya Sberbank witwa Herman Gref ; Umuyobozi mukuru wa BT Group yo mu Bwongereza, Gavin Patterson ; Minisitiri w’Intebe wa Portugal António Santos da Costa ; Umunyamabanga mukuru w’umuryango OECD, Angel Gurría na Doris Leuthard, umwe mu bagize guverinoma y’u Busuwisi.

Iyi nama ngarukamwaka ya ‘World Economic Forum’ ni imwe mu zikomeye ku Isi ziga ku bukungu n’ihinduka ry’imibereho y’abayituye, uyu mwaka abayobozi bakaba bakoraniye i Davos mu gace muri iki gihe karimo urubura rukomeye.

-5423.jpg

Perezida Paul Kagame yitabiriye WEF ku rwego rw’Isi yabereye i Davos mu Busuwisi mu ntangiriro z’umwaka 2017

2017-01-17
Editorial

IZINDI NKURU

RWANDA DAY : Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

RWANDA DAY : Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

Editorial 12 Jun 2017
RRA yongereye ukwezi ku gihe cyo kwishyura imisoro

RRA yongereye ukwezi ku gihe cyo kwishyura imisoro

Editorial 31 Jan 2020
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi Mukuru w’ibigo bigize Banki y’Isi

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi Mukuru w’ibigo bigize Banki y’Isi

Editorial 12 Nov 2018
Perezida Kagame yitabiriye inama ku ishoramari hagati ya Afurika n’u Bwongereza

Perezida Kagame yitabiriye inama ku ishoramari hagati ya Afurika n’u Bwongereza

Editorial 20 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Pombe Magufuli yagize icyo atangaza k’urupfu rw’umunyarwenya ukomeye King Majuto-AMAFOTO.
HIRYA NO HINO

Perezida Pombe Magufuli yagize icyo atangaza k’urupfu rw’umunyarwenya ukomeye King Majuto-AMAFOTO.

Editorial 09 Aug 2018
Imvano y’urwango rwa Museveni ku Banyarwanda
INKURU NYAMUKURU

Imvano y’urwango rwa Museveni ku Banyarwanda

Editorial 14 Aug 2018
Uganda: Umusaza w’imyaka 80 yarashe umugore we w’imyaka 30 aramwica
HIRYA NO HINO

Uganda: Umusaza w’imyaka 80 yarashe umugore we w’imyaka 30 aramwica

Editorial 16 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru