• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi batandatu bashya

Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi batandatu bashya

Editorial 24 Jan 2017 Mu Mahanga

Perezida Paul Kagame ejo ku munsi wambere muri Village Urugwiro, yakiriye impapuro zemerera ba ambasaderi batandatu bashya guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda, baturutse mu bihugu bisanzwe ari abafatanyabikorwa b’u Rwanda mu nzego zitandukanye.

Itangazo dukesha ibiro bya Perezidanse ya Repubulika rivuga ko abo badipolomate barimo Ambasaderi Youssef Imani wa Morocco, Therese Samaria wa Namibia, Jenny Ohlson wa Suède, Abdulah Mohammed wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Sara Hradecky wa Canada na Kim Eung-Joong wa Korea y’Epfo.

Nyuma yo kwakira impapuro z’aba badipolomate, Perezida Kagame yakiriye intumwa z’ibihugu n’imiryango mpuzamahanga zisaga 60 abashimira umubano u Rwanda rufitanye n’ibihugu bahagarariye, barimo abakorera imbere mu gihugu n’abafite icyicaro ahandi, mu muhango wabereye muri Kigali Convention Centre.

-5494.jpg

Perezida Paul Kagame ageza ijambo ku intumwa z’ibihugu n’imiryango mpuzamahanga zisaga 60

-5493.jpg

Perezida Kagame na Mme Jeannette Kagame muri Kigali Convention Centre

-5496.jpg

-5495.jpg

Yagize ati “Ndagira ngo mbifurize umwaka mushya, imiryango yanyu n’ibihugu cyangwa imiryango muhagarariye. Ndifuza no kubashimira ku ruhare rukomeye mugira mu kunoza umubano wacu kimwe n’ubufatanye dufite mu iterambere, ishoramari n’ubucuruzi.”

Perezida Kagame yavuze ko iterambere rigaragara mu Rwanda ari umusaruro wa politiki nziza yubakiye ku Banyarwanda bakorana umuhate bafatanyije n’ibindi bihugu n’imiryango mpuzamahanga, kandi biteguye gusigasira ibyiza bimaze kugerwaho no gukomeza guteza imbere imibereho yabo.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, yavuze ko umwaka ushize wa 2016 wabaye mwiza mu bya dipolomasi ku Rwanda, aho rwakiriye inama mpuzamahanga zikomeye n’amabaruwa 28 n’intumwa z’ibihugu n’imiryango zasabaga gukorera mu Rwanda.

Ambasaderi Ambasaderi Youssef Imani wa Maroc yakiriwe nyuma y’uruzinduko rw’Umwami Mohammed VI wasuye u Rwanda mu Ukwakira 2016, hagasinywa amasezerano menshi arimo ajyanye no kubaka inzu ziciriritse, ishoramari muri Cogebanque n’indi mishinga itandukanye, bijyanirana no gufungura ambasade yayo mu Rwanda.

Umubano w’u Rwanda na Suède wo watangiye nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ubu ibihugu byombi bikaba bifatanya mu nzego zirimo kwimakaza imiyoborere myiza, umurimo ubyara umusaruro, kurengera ibidukikije no kurwanya imihindagurikire y’ikirere, uburezi muri za Kaminuza n’amashuri makuru ndetse no mu bushakashatsi.

Umubano w’u Rwanda na Korea y’Epfo wo ahanini ugaruka mu guteza imbere uburezi bushingiye ku ikoranabuhanga, kibinyujije mu Kigo cya Korea gishinzwe ubutwererane mpuzamahanga (KOICA). Hari n’umushinga wo mu gusakaza internet ya 4G LTE mu gihugu, binyuze mu kigo cya Korea Telecom (KT) Rwanda Networks cyahoze cyitwa Olleh Rwanda Networks, aho guverinoma y’u Rwanda ifitemo imigabane ya 49%, Korea Telecom ikagira 51%.

-5481.jpg

-5482.jpg

-5483.jpg

-5484.jpg

-5485.jpg

-5486.jpg

-5487.jpg

-5488.jpg

-5489.jpg

-5490.jpg

-5492.jpg

-5491.jpg

2017-01-24
Editorial

IZINDI NKURU

Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!

Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!

Editorial 03 Jul 2025
Umunyarwenya Anne Kansiime ari mu byishimo byinshi byo kwitegura kwibaruka imfura ye.

Umunyarwenya Anne Kansiime ari mu byishimo byinshi byo kwitegura kwibaruka imfura ye.

Editorial 16 Apr 2021
Icyo Perezida Kagame avuga kuri Padiri Nahimana

Icyo Perezida Kagame avuga kuri Padiri Nahimana

Editorial 13 Dec 2016
Mu Burundi, muri ba basirikari 500 bavanywe muri Kongo mu mpera z’umwaka ushize hasigaye ngerere

Mu Burundi, muri ba basirikari 500 bavanywe muri Kongo mu mpera z’umwaka ushize hasigaye ngerere

Editorial 22 Jan 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Huye-Nyamagabe: Hangijwe ibiyobyabwenge bitandukanye
Mu Mahanga

Huye-Nyamagabe: Hangijwe ibiyobyabwenge bitandukanye

Editorial 11 May 2016
Min. W’Intebe, Dr Ngirente Yakiriye Indahiro Z’abacamanza Mu Rukiko Rukuru Rwa Gisirikari
Mu Rwanda

Min. W’Intebe, Dr Ngirente Yakiriye Indahiro Z’abacamanza Mu Rukiko Rukuru Rwa Gisirikari

Editorial 13 Sep 2018
Rutsiro na Karongi  : Abanyamuryango ba FPR basaga  ibihumbi 600,  bakiriye  Umukandida wabo Paul Kagame
Mu Rwanda

Rutsiro na Karongi : Abanyamuryango ba FPR basaga ibihumbi 600, bakiriye Umukandida wabo Paul Kagame

Editorial 27 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru