• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abayobozi ba Polisi z’u Rwanda na Tanzaniya bahuye baganira ku mutekano w’ibihugu byombi

Abayobozi ba Polisi z’u Rwanda na Tanzaniya bahuye baganira ku mutekano w’ibihugu byombi

Ubwanditsi 05 Mar 2017 Mu Rwanda

Ku itariki ya 4 Werurwe, abayobozi bakuru ba Polisi y’u Rwanda n’iya Tanzaniya bahuriye mu nama yabereye kurigasutamo ihuriweho n’ibihugu byombi (One Border Post), baganira ku bintu bitandukanye byatuma ibihugu byombi bikomeza kugira umutekano usesuye.

Iyi nama yayobowe n’umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K. Gasana na mugenzi we wa Tanzaniya IGP Ernest J. Mangu.

Iyi ikaba ariyo nama ya mbere ibaye kuva ibi bihugu byombi byasinyana amasezerano y’ubufatanye muri Nzeri 2012, aya masezerano akaba avuga ko ibi bihugu byombi bizajya bifatanya mu guhanahana amakuru ku banyabyaha, guhana ubunararibonye, amahugurwa, n’ibindi.

Mu ijambo yavuze atangiza iyi nama, IGP Gasana yavuze ko kuva kera ibihugu byombi bifite byinshi bihuriyeho, by’umwihariko imibanire ya Polisi z’ibi bihugu ikaba itanga icyizere ku baturage b’ibi bihugu.

Aha yavuze ati:”Uko dukora uko dushoboye ngo abaturage bacu bagire amahoro , umutekano n’imibereho myiza, tuzi neza ko hari inzitizi zitwitambika imbere, bityo tukaba tugomba kugira Polisi zihangana nizo nzitizi.”

Yavuze kandi ko Isi yabaye nk’umudugudu kubera iterambere ry’ikoranabuhanga, ku buryo byorohera abanyabyaha kuyitemberamo nta nkomyi.

Kuri iyi ngingo yavuze ati:”Kubera iterambere ry’ikoranabuhanga n’itumanaho, abanyabyaha bisigaye biborohera gukora ibyaha byifashisha iryo koranabuhanga nk’iterabwoba, icuruzwa ry’abantu, n’ibindi.”

Yakomeje avuga kandi ko ibi byaha ndetse n’icuruzwa n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, ubujura bw’imodoka, kwangiza ibidukikije n’ ibindi byaha, kubirwanya bisaba ubufatanye hagati ya za Polisi z’ibihugu byombi ndetse n’abaturage.

Yavuze ati:”Nimureke dushakire hamwe ingamba kandi twongere twiyemeze ko imipaka ihuza ibihugu byacu yakomeza kurangwaho amahoro n’umutekano, ku buryo abaturage bacu babaho mu mutekano usesuye kandi wizewe, kandi tubungabunge umutekano w’umuhora wo hagati uduhuza n’ibindi bihugu.”

Umuhora wo hagati uhuza u Rwanda na Tanzaniya unyuze ku Rusumo

Ku ruhande rwe, Umuyobozi mukuru wa Polisi ya Tanzaniya IGP Ernest J. Mangu yavuze ati:”Ni byiza ko twiyemeje gukomeza gushyira mu bikorwa amasezerano y’ubufatanye twasinye. Tugomba kubahiriza no gushyira mu bikorwa ibyo twiyemeje, duharanira gukomeza gusigasira umutekano n’amahoro by’abaturage b’ibihugu byacu.”

Yakomeje avuga ati:”Dufite umupaka uduhuza, kandi kuba uhari biradusaba ko twiyemeza kandi tukamenya ko abaturage bacu bo ubwabo n’ibicuruzwa byabo byambuka mu mahoro. Nitudafatanya rero kandi ngo dukoreshe neza amahirwe dufite, abanyabyaha bo bazabikoresha.”

Aba bayobozi bakomeje baganira ku ishyirwa mu bikorwa ry’ingingo zitandukanye ziri mu masezerano basinyanye.

Ni muri urwo rwego, bahise bashyiraho itsinda ry’impande zombi, rigizwe n’abazaturuka mu mashami y’ubugenzacyaha n’umutekano wo mu muhanda, bakazigira hamwe ibibazo by’umutekano mu muhora wa ruguru uhuza u Rwanda n’icyambu cya D Dar es Salaam, unyuze kuri gasutamo ya Rusumo.

Bakaba bemeje ko ibyo iri tsinda rizabona rizabishyikiriza abayobozi ba za Polisi z’ibihugu byombi mbere y’impera za Gicurasi uyu mwaka, kugirango babyigeho kandi bishyirwe mu bikorwa.

Polisi z’ibihugu byombi kandi ziyemeje kurwanya abantu binjira mu bihugu byombi ku buryo butemewe n’amategeko, abinjiza ibicuruzwa mu buryo bwa magendu ndetse n’icuruzwa ry’abantu, bakorera hamwe amarondo ndetse no gukora ubukangurambaga bwo kurwanya ibi byaha mu baturage.

-6019.jpg

Banemeranyijwe ko bazafatanya mu gukora imikwabu yo kurandura no guca burundu ahahingwa urumogi rukunda kuboneka ku ruhande rwa Tanzaniya, ndetse no guhanahana amakuru ku banyabyaha kandi vuba.

Abayobozi ba Polisi z’ibihugu byombi n’abo bari bayoboye, banasuye gasutamo ihuriweho n’ibi bihugu ya Rusumo, haba ku ruhande rw’u Rwanda n’urwa Tanzaniya.

RNP

2017-03-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Peter wahoze muri P Square yageze i Kigali (Amafoto na Video)

Peter wahoze muri P Square yageze i Kigali (Amafoto na Video)

Ubwanditsi 29 Apr 2018
Apôtre Paul Gitwaza  yatinye gukandagiza ikirenge mu muhango wo gushyingura umuvandimwe we washyinguwe n’Abapasiteri barenga 100.

Apôtre Paul Gitwaza yatinye gukandagiza ikirenge mu muhango wo gushyingura umuvandimwe we washyinguwe n’Abapasiteri barenga 100.

Ubwanditsi 25 Mar 2016
Nyamasheke: Umucungamari wa koperative afunzwe akekwaho kunyereza arenga miliyoni 30

Nyamasheke: Umucungamari wa koperative afunzwe akekwaho kunyereza arenga miliyoni 30

Ubwanditsi 16 May 2017
Kwibuka24: RMC yasabye Abanyamakuru kuba maso bagakumira ibitekerezo bibiba urwango

Kwibuka24: RMC yasabye Abanyamakuru kuba maso bagakumira ibitekerezo bibiba urwango

Ubwanditsi 07 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imbaraga ushyira mu kurimbura abandi uzishyize mu mirimo yawe watera imbere.
Mu Rwanda

Imbaraga ushyira mu kurimbura abandi uzishyize mu mirimo yawe watera imbere.

Ubwanditsi 06 Jun 2017
Col (Rtd) Augustin Nshimiyimana yagarutse ku bufatanye bwa Leta ya Kongo na FDLR ayikurira inzira ku murima gufata u Rwanda
Amakuru

Col (Rtd) Augustin Nshimiyimana yagarutse ku bufatanye bwa Leta ya Kongo na FDLR ayikurira inzira ku murima gufata u Rwanda

Ubwanditsi 21 Sep 2023
Real Madrid izahura na Chelsea, Man City izahura na Bayern Munichen; uko tombola ya 1/4 yose yagenze
Amakuru

Real Madrid izahura na Chelsea, Man City izahura na Bayern Munichen; uko tombola ya 1/4 yose yagenze

Ubwanditsi 17 Mar 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru