• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abayobozi ba Polisi z’u Rwanda na Tanzaniya bahuye baganira ku mutekano w’ibihugu byombi

Abayobozi ba Polisi z’u Rwanda na Tanzaniya bahuye baganira ku mutekano w’ibihugu byombi

Ubwanditsi 05 Mar 2017 Mu Rwanda

Ku itariki ya 4 Werurwe, abayobozi bakuru ba Polisi y’u Rwanda n’iya Tanzaniya bahuriye mu nama yabereye kurigasutamo ihuriweho n’ibihugu byombi (One Border Post), baganira ku bintu bitandukanye byatuma ibihugu byombi bikomeza kugira umutekano usesuye.

Iyi nama yayobowe n’umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K. Gasana na mugenzi we wa Tanzaniya IGP Ernest J. Mangu.

Iyi ikaba ariyo nama ya mbere ibaye kuva ibi bihugu byombi byasinyana amasezerano y’ubufatanye muri Nzeri 2012, aya masezerano akaba avuga ko ibi bihugu byombi bizajya bifatanya mu guhanahana amakuru ku banyabyaha, guhana ubunararibonye, amahugurwa, n’ibindi.

Mu ijambo yavuze atangiza iyi nama, IGP Gasana yavuze ko kuva kera ibihugu byombi bifite byinshi bihuriyeho, by’umwihariko imibanire ya Polisi z’ibi bihugu ikaba itanga icyizere ku baturage b’ibi bihugu.

Aha yavuze ati:”Uko dukora uko dushoboye ngo abaturage bacu bagire amahoro , umutekano n’imibereho myiza, tuzi neza ko hari inzitizi zitwitambika imbere, bityo tukaba tugomba kugira Polisi zihangana nizo nzitizi.”

Yavuze kandi ko Isi yabaye nk’umudugudu kubera iterambere ry’ikoranabuhanga, ku buryo byorohera abanyabyaha kuyitemberamo nta nkomyi.

Kuri iyi ngingo yavuze ati:”Kubera iterambere ry’ikoranabuhanga n’itumanaho, abanyabyaha bisigaye biborohera gukora ibyaha byifashisha iryo koranabuhanga nk’iterabwoba, icuruzwa ry’abantu, n’ibindi.”

Yakomeje avuga kandi ko ibi byaha ndetse n’icuruzwa n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, ubujura bw’imodoka, kwangiza ibidukikije n’ ibindi byaha, kubirwanya bisaba ubufatanye hagati ya za Polisi z’ibihugu byombi ndetse n’abaturage.

Yavuze ati:”Nimureke dushakire hamwe ingamba kandi twongere twiyemeze ko imipaka ihuza ibihugu byacu yakomeza kurangwaho amahoro n’umutekano, ku buryo abaturage bacu babaho mu mutekano usesuye kandi wizewe, kandi tubungabunge umutekano w’umuhora wo hagati uduhuza n’ibindi bihugu.”

Umuhora wo hagati uhuza u Rwanda na Tanzaniya unyuze ku Rusumo

Ku ruhande rwe, Umuyobozi mukuru wa Polisi ya Tanzaniya IGP Ernest J. Mangu yavuze ati:”Ni byiza ko twiyemeje gukomeza gushyira mu bikorwa amasezerano y’ubufatanye twasinye. Tugomba kubahiriza no gushyira mu bikorwa ibyo twiyemeje, duharanira gukomeza gusigasira umutekano n’amahoro by’abaturage b’ibihugu byacu.”

Yakomeje avuga ati:”Dufite umupaka uduhuza, kandi kuba uhari biradusaba ko twiyemeza kandi tukamenya ko abaturage bacu bo ubwabo n’ibicuruzwa byabo byambuka mu mahoro. Nitudafatanya rero kandi ngo dukoreshe neza amahirwe dufite, abanyabyaha bo bazabikoresha.”

Aba bayobozi bakomeje baganira ku ishyirwa mu bikorwa ry’ingingo zitandukanye ziri mu masezerano basinyanye.

Ni muri urwo rwego, bahise bashyiraho itsinda ry’impande zombi, rigizwe n’abazaturuka mu mashami y’ubugenzacyaha n’umutekano wo mu muhanda, bakazigira hamwe ibibazo by’umutekano mu muhora wa ruguru uhuza u Rwanda n’icyambu cya D Dar es Salaam, unyuze kuri gasutamo ya Rusumo.

Bakaba bemeje ko ibyo iri tsinda rizabona rizabishyikiriza abayobozi ba za Polisi z’ibihugu byombi mbere y’impera za Gicurasi uyu mwaka, kugirango babyigeho kandi bishyirwe mu bikorwa.

Polisi z’ibihugu byombi kandi ziyemeje kurwanya abantu binjira mu bihugu byombi ku buryo butemewe n’amategeko, abinjiza ibicuruzwa mu buryo bwa magendu ndetse n’icuruzwa ry’abantu, bakorera hamwe amarondo ndetse no gukora ubukangurambaga bwo kurwanya ibi byaha mu baturage.

-6019.jpg

Banemeranyijwe ko bazafatanya mu gukora imikwabu yo kurandura no guca burundu ahahingwa urumogi rukunda kuboneka ku ruhande rwa Tanzaniya, ndetse no guhanahana amakuru ku banyabyaha kandi vuba.

Abayobozi ba Polisi z’ibihugu byombi n’abo bari bayoboye, banasuye gasutamo ihuriweho n’ibi bihugu ya Rusumo, haba ku ruhande rw’u Rwanda n’urwa Tanzaniya.

RNP

2017-03-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uhiriwe Byiza Renus yegukanye umudali wa Zahabu muri shampiyona ya Afurika y’amagare, aboneraho gushimira Perezida Paul Kagame

Uhiriwe Byiza Renus yegukanye umudali wa Zahabu muri shampiyona ya Afurika y’amagare, aboneraho gushimira Perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 25 Mar 2022
Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo

Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo

RUSHYASHYA 09 Jun 2026
Al Shabab ishobora kuba ikomeye kurusha uko Perezida Kenyatta atekereza

Al Shabab ishobora kuba ikomeye kurusha uko Perezida Kenyatta atekereza

Ubwanditsi 21 Jan 2016
Rusizi : Umugore watuganyaga ibyo kurya mugikoni yatemeshejwe umuhoro mu mutwe.

Rusizi : Umugore watuganyaga ibyo kurya mugikoni yatemeshejwe umuhoro mu mutwe.

Ubwanditsi 14 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amagambo ya Faustin Twagiramungu ahamagarira impunzi gutera u Rwanda ashobora kumugeza  mu nkiko
Mu Mahanga

Amagambo ya Faustin Twagiramungu ahamagarira impunzi gutera u Rwanda ashobora kumugeza mu nkiko

Ubwanditsi 19 Jan 2016
RPF irangije kongere mu munezero naho ANC itangiye iyayo mu bushyamirane
POLITIKI

RPF irangije kongere mu munezero naho ANC itangiye iyayo mu bushyamirane

Ubwanditsi 16 Dec 2017
Muri Angola Perezida Dos Santos agiye kurekura ubutegetsi ariko ataburekuye
Mu Rwanda

Muri Angola Perezida Dos Santos agiye kurekura ubutegetsi ariko ataburekuye

Ubwanditsi 17 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru