• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»‘Umutekano w’Abarokotse Jenoside ntuhagije Ingengabitekerezo itaracika’ – Perezida Kagame

‘Umutekano w’Abarokotse Jenoside ntuhagije Ingengabitekerezo itaracika’ – Perezida Kagame

Editorial 27 Mar 2017 Mu Rwanda

Ubwo yagezaga ijambo ku Ihuriro ry’Abanyamerica n’Abanya-israel «American Israel Public Affairs Committee/AIPAC» rikorera ubuvugizi Israel kuri America n’ibindi bihugu, Perezida Paul Kagame yongeye gushimangira umubano mwiza u Rwanda rufitanye na Israel, ndetse anasaba isi kwunga ubumwe mu kurandura burundu ingengabitekerezo ya Jenoside kugira ngo abayirokotse bizere ko batekanye bya nyabyo.

Perezida Paul Kagame wabaye Perezida wa mbere wo muri Africa wavugiye ijambo muri iyi nama y’Abanya-Israel n’abakunzi ba Israel (AIPAC) kuva yatangira mu 1951.

Perezida Kagame yahamirije abayitabiriye ko nta gushidikanya, u Rwanda ari inshuti ya Israel bisangiye amateka ya Jenoside.

Yavuze ko impamvu y’ubu bucuti ari uko ibihugu byombi byagaragaje ko uko nta mahano yagwirira ikiremwamuntu ngo cye kubyutsa umutwe ngo cyongere kijye imbere.

Yagize ati “Kurokoka no kwongera kwiyubaka kw’ibihugu byacu byombi birahamya uku kuri.”

-6180.jpg

Uwarokotse Jenoside yo mu Rwanda

Perezida Kagame kandi yavuze ko abarokotse Jenoside batakwizera ko umutekano wabo wuzuye mu gihe ku isi hakiri ingengabitekerezo ya Jenoside.

Ati “Umutekano w’abantu bahoze bashakishwa kugira ngo barimburwe ntabwo ushobora kuba uw’umubiri gusa, kugeza ubwo ingengabitekerezo zose zituma abicanyi bumva ko kwica ari igikorwa cyo gukunda igihugu/ubutwari zitsinzwe, isi yacu ntabwo itekanye kuri twe cyangwa ku wundi uwo ariwe wese.”

Yongeraho ati “Twese hamwe n’inshuti nka Leta Zunze Ubumwe za America, tugomba guhamagarira isi kuvugurura no kwunga ubumwe mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside no gutesha agaciro abazize Jenoside.”

Perezida Kagame yavuze ko Israel ifite uburenganzira bwo kubaho no gutera imbere nk’umunyamuryango w’umuryango mpuzamahanga kandi ntibigaragare nk’aho ari ukwica uburenganzira bw’abandi bantu.

Yanashimiye umusaruro wavuye mu biganiro Israel yagiranye n’u Rwanda n’ibindi bihugu bya Africa, avuga ko byafunguye andi mahirwe mu mikoranire, ndetse asaba ko impande zombi zakomeza gukorana muri byinshi.

Perezida Kagame kandi yagarutse ku mubano wa Israel na Leta Zunze Ubumwe za America na Africa avuga ko impande zose zifite ibyo zakungukira mu mikoranire, gusa asaba ko buri ruhande rwajya rubona urundi nk’umufatanyabikorwa kuko aribwo imikoranire itanga umusaruro.

Kagame kandi yongera kunenga uburyo ibihugu bikomeye rimwe na rimwe usanga byiha guha amabwiriza ibihugu bito no kubitekegeka icyo gukora bitabigishije inama ngo birebe niba bibabereye.

-6179.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame

Muri Nyakanga 2016, Minisitiri w’intebe wa Israel Benjamin Netanyahu yasuye u Rwanda n’ibindi bihugu bya Africa, mu rwego rwo kwagura umubano.

Source : Umuseke

2017-03-27
Editorial

IZINDI NKURU

Niyonsenga Dieudonné wa ISHEMA TV, akomeje gukwiza impuha no guharabika inzego z’umutekano.

Niyonsenga Dieudonné wa ISHEMA TV, akomeje gukwiza impuha no guharabika inzego z’umutekano.

Editorial 18 Jun 2021
Ikiganiro “Isango na Muzika” cya Radiyo Isango Star kigiye gutanga ibihembo ku nshuro ya kabiri

Ikiganiro “Isango na Muzika” cya Radiyo Isango Star kigiye gutanga ibihembo ku nshuro ya kabiri

Editorial 02 Nov 2021
Umukino wa Rutsiro na Rayon Sports wasubitswe ndetse n’imikino yose ya shampiyona y’amakipe ahatanira kutajya mu kiciro cya kabiri irasubikwa.

Umukino wa Rutsiro na Rayon Sports wasubitswe ndetse n’imikino yose ya shampiyona y’amakipe ahatanira kutajya mu kiciro cya kabiri irasubikwa.

Editorial 19 Jun 2021
Umutoza w’amavubi Carlos Alos Feller yakurikiye umukino w’igikombe cy’Amahoro Etincelles yaboneyeho itike yo kugera muri 1/8

Umutoza w’amavubi Carlos Alos Feller yakurikiye umukino w’igikombe cy’Amahoro Etincelles yaboneyeho itike yo kugera muri 1/8

Editorial 31 Mar 2022
Niyonsenga Dieudonné wa ISHEMA TV, akomeje gukwiza impuha no guharabika inzego z’umutekano.

Niyonsenga Dieudonné wa ISHEMA TV, akomeje gukwiza impuha no guharabika inzego z’umutekano.

Editorial 18 Jun 2021
Ikiganiro “Isango na Muzika” cya Radiyo Isango Star kigiye gutanga ibihembo ku nshuro ya kabiri

Ikiganiro “Isango na Muzika” cya Radiyo Isango Star kigiye gutanga ibihembo ku nshuro ya kabiri

Editorial 02 Nov 2021
Umukino wa Rutsiro na Rayon Sports wasubitswe ndetse n’imikino yose ya shampiyona y’amakipe ahatanira kutajya mu kiciro cya kabiri irasubikwa.

Umukino wa Rutsiro na Rayon Sports wasubitswe ndetse n’imikino yose ya shampiyona y’amakipe ahatanira kutajya mu kiciro cya kabiri irasubikwa.

Editorial 19 Jun 2021
Umutoza w’amavubi Carlos Alos Feller yakurikiye umukino w’igikombe cy’Amahoro Etincelles yaboneyeho itike yo kugera muri 1/8

Umutoza w’amavubi Carlos Alos Feller yakurikiye umukino w’igikombe cy’Amahoro Etincelles yaboneyeho itike yo kugera muri 1/8

Editorial 31 Mar 2022
Niyonsenga Dieudonné wa ISHEMA TV, akomeje gukwiza impuha no guharabika inzego z’umutekano.

Niyonsenga Dieudonné wa ISHEMA TV, akomeje gukwiza impuha no guharabika inzego z’umutekano.

Editorial 18 Jun 2021
Ikiganiro “Isango na Muzika” cya Radiyo Isango Star kigiye gutanga ibihembo ku nshuro ya kabiri

Ikiganiro “Isango na Muzika” cya Radiyo Isango Star kigiye gutanga ibihembo ku nshuro ya kabiri

Editorial 02 Nov 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru