• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»‘Umutekano w’Abarokotse Jenoside ntuhagije Ingengabitekerezo itaracika’ – Perezida Kagame

‘Umutekano w’Abarokotse Jenoside ntuhagije Ingengabitekerezo itaracika’ – Perezida Kagame

Editorial 27 Mar 2017 Mu Rwanda

Ubwo yagezaga ijambo ku Ihuriro ry’Abanyamerica n’Abanya-israel «American Israel Public Affairs Committee/AIPAC» rikorera ubuvugizi Israel kuri America n’ibindi bihugu, Perezida Paul Kagame yongeye gushimangira umubano mwiza u Rwanda rufitanye na Israel, ndetse anasaba isi kwunga ubumwe mu kurandura burundu ingengabitekerezo ya Jenoside kugira ngo abayirokotse bizere ko batekanye bya nyabyo.

Perezida Paul Kagame wabaye Perezida wa mbere wo muri Africa wavugiye ijambo muri iyi nama y’Abanya-Israel n’abakunzi ba Israel (AIPAC) kuva yatangira mu 1951.

Perezida Kagame yahamirije abayitabiriye ko nta gushidikanya, u Rwanda ari inshuti ya Israel bisangiye amateka ya Jenoside.

Yavuze ko impamvu y’ubu bucuti ari uko ibihugu byombi byagaragaje ko uko nta mahano yagwirira ikiremwamuntu ngo cye kubyutsa umutwe ngo cyongere kijye imbere.

Yagize ati “Kurokoka no kwongera kwiyubaka kw’ibihugu byacu byombi birahamya uku kuri.”

-6180.jpg

Uwarokotse Jenoside yo mu Rwanda

Perezida Kagame kandi yavuze ko abarokotse Jenoside batakwizera ko umutekano wabo wuzuye mu gihe ku isi hakiri ingengabitekerezo ya Jenoside.

Ati “Umutekano w’abantu bahoze bashakishwa kugira ngo barimburwe ntabwo ushobora kuba uw’umubiri gusa, kugeza ubwo ingengabitekerezo zose zituma abicanyi bumva ko kwica ari igikorwa cyo gukunda igihugu/ubutwari zitsinzwe, isi yacu ntabwo itekanye kuri twe cyangwa ku wundi uwo ariwe wese.”

Yongeraho ati “Twese hamwe n’inshuti nka Leta Zunze Ubumwe za America, tugomba guhamagarira isi kuvugurura no kwunga ubumwe mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside no gutesha agaciro abazize Jenoside.”

Perezida Kagame yavuze ko Israel ifite uburenganzira bwo kubaho no gutera imbere nk’umunyamuryango w’umuryango mpuzamahanga kandi ntibigaragare nk’aho ari ukwica uburenganzira bw’abandi bantu.

Yanashimiye umusaruro wavuye mu biganiro Israel yagiranye n’u Rwanda n’ibindi bihugu bya Africa, avuga ko byafunguye andi mahirwe mu mikoranire, ndetse asaba ko impande zombi zakomeza gukorana muri byinshi.

Perezida Kagame kandi yagarutse ku mubano wa Israel na Leta Zunze Ubumwe za America na Africa avuga ko impande zose zifite ibyo zakungukira mu mikoranire, gusa asaba ko buri ruhande rwajya rubona urundi nk’umufatanyabikorwa kuko aribwo imikoranire itanga umusaruro.

Kagame kandi yongera kunenga uburyo ibihugu bikomeye rimwe na rimwe usanga byiha guha amabwiriza ibihugu bito no kubitekegeka icyo gukora bitabigishije inama ngo birebe niba bibabereye.

-6179.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame

Muri Nyakanga 2016, Minisitiri w’intebe wa Israel Benjamin Netanyahu yasuye u Rwanda n’ibindi bihugu bya Africa, mu rwego rwo kwagura umubano.

Source : Umuseke

2017-03-27
Editorial

IZINDI NKURU

Urukiko rwongeye gusubika urubanza rw’abo kwa Rwigara, menya impamvu zabyo

Urukiko rwongeye gusubika urubanza rw’abo kwa Rwigara, menya impamvu zabyo

Editorial 09 Oct 2017
Ibihe bizirikanwa by’Ivuka ry’u Rwanda rushya rwa bose rwubatswe na FPR Uhereye 1994

Ibihe bizirikanwa by’Ivuka ry’u Rwanda rushya rwa bose rwubatswe na FPR Uhereye 1994

Editorial 20 Jul 2025
Iya 26 Mata 1994: Umunsi hishwe Abatutsi bari bahungiye muri ISAR Rubona

Iya 26 Mata 1994: Umunsi hishwe Abatutsi bari bahungiye muri ISAR Rubona

Editorial 26 Apr 2018
The Ben yateye utwatsi amakuru yari amaze iminsi avugwa yo kuza gutaramira i Kigali we na Meddy anikoma n’itangazamakuru

The Ben yateye utwatsi amakuru yari amaze iminsi avugwa yo kuza gutaramira i Kigali we na Meddy anikoma n’itangazamakuru

Editorial 09 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inama y’Abaminisitiri yateranye yiga ku kibazo cy’abarenga 116 bahitanywe n’ibiza
POLITIKI

Inama y’Abaminisitiri yateranye yiga ku kibazo cy’abarenga 116 bahitanywe n’ibiza

Editorial 03 May 2018
U Butaliyani bwashyizeho agahigo ko kuba ikipe ya mbere itsinze ibitego byinshi mu mukino ufungura irushanwa rya EURO.
Amakuru

U Butaliyani bwashyizeho agahigo ko kuba ikipe ya mbere itsinze ibitego byinshi mu mukino ufungura irushanwa rya EURO.

Editorial 12 Jun 2021
Polisi y’u Rwanda irashima imyitwarire yaranze abaturarwanda mu gihe cy’iminsi mikuru
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irashima imyitwarire yaranze abaturarwanda mu gihe cy’iminsi mikuru

Editorial 05 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru