• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Polisi y’u Rwanda ikomeje kugira abantu inama yo kutishora mu biyobyabwenge

Polisi y’u Rwanda ikomeje kugira abantu inama yo kutishora mu biyobyabwenge

Ubwanditsi 29 Mar 2017 Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda irasaba abaturage kutishora mu gukora no kunywa ibiyobyabwenge kuko bigira ingaruka mbi ku buzima bwabo, ariko by’umwihariko ubifatanywe agahura n’ibibazo birimo no gufungwa bityo umuryango we ukahahombera. Ubu ni ubutumwa bwahawe abaturage b’umudugudu wa Taba, akagari ka Murama, umurenge wa Kinyinya mu karere ka Gasabo ku itariki ya 28 Werurwe.

Babuhawe mu nama bagiranye na Polisi y’u Rwanda ikorera mu Mujyi wa Kigali ndetse n’ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo, nyuma y’uko umwe mu baturage bo mu mudugudu wa Taba witwa Niyitegeka James w’imyaka 36 afatanwe litiro 1200 z’inzoga y’inkorano yitwa “Muriture”, ikaba ifatwa nk’ikiyobyabwenge. Iyi nzoga akaba yarayikoraga yifashishije amazi atetse yavangavangagamo isukari, ifu y’amasaka, umusemburo w’imigati, ifumbire mvaruganda n’ibindi; nk’uko yabyivugiye.

Uyu mugabo yakoreshaga amayeri akomeye mu guhisha ko akora iyo nzoga. Yari yaracukuye imyobo miremire igera kuri itanu mu cyumba cy’inzu ye maze ayitunganya neza. Muri buri mwobo yashyiragamo ingunguru ya pulasitiki irimo amajerekani 9 y’iyo nzoga ya muriture, hanyuma agapfundikira kugira ngo izashye neza. Kugira ngo bitamenyekana, yari yarakoze imipfundikizo akoresheje za beto na sima ndetse n’ amakaro yo mu nzu noneho akayishyira hejuru ya buri ngunguru ku buryo uwagera mu nzu atashoboraga kumenya ko munsi harimo izo nzoga. Yabonaga ko ari amakaro asanzwe ashashe neza mu nzu nk’uko bisanzwe bituma hamera neza.

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu mujyi wa Kigali Assistant Commissioner of Police (ACP) Rogers Rutikanga, yasabye abaturage kujya batanga amakuru y’abantu bakora ibikorwa bigayitse nk’uyu wafashwe akora iyo nzoga itemewe. Yagize ati: “mujye mutungira agatoki inzego z’umutekano abantu nk’aba bakora izi nzoga kuko zibangiriza ubuzima ndetse munatubwire n’abandi banyabyaha muri rusange. Ntabwo wagira ubuzima bwiza unywa ifumbire, umusemburo n’ibindi bibi bakoramo iyo nzoga. Turabasaba ko ubufatanye bwahoraho cyane cyane muduha amakuru kuko n’ubundi gufatwa kwe ni mwebwe abaturage mwabigizemo uruhare”.

-6196.jpg

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu mujyi wa Kigali Assistant Commissioner of Police (ACP) Rogers Rutikanga

Umuyobozi w’akarere ka Gasabo wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Madamu Nyirabahire Languida yagarutse ku bubi bw’iyo nzoga y’inkorano itemewe, agira ati:” ituma mu miryango hahoramo amakimbirane, abana bahura n’ibibazo bitandukanye birimo kureka amashuri, kutarya neza n’ibindi”. Yasabye abaturage kujya bamenyesha ubuyobozi ibikorwa nk’ibi bibi kugira ngo bafatanye kubikumira no kubirwanya.

Uwafatanywe iyo nzoga y’inkorano itemewe ariwe Niyitegeka James, yavuze ko ari ku nshuri ya gatatu afatirwa muri iki gikorwa agira ati:” ubwa mbere n’ubwa kabiri barambabariye. Ubu ndasaba imbabazi ko noneho mbiretse burundu nkanashishikariza abagikora iyi nzoga kubireka tugashaka ibindi twakora binyuze mu mategeko.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Assistant Commissioner of Police (ACP) Theos Badege yashimiye abaturage uruhare bakomeje kugaragaza mu kurwanya ibyaha. Yakomeje agira ati:” biroroshye kubahiriza amategeko ugakora ibyo ateganya kuko biba binyuze mu mucyo. Abaturage nibanywe ibinyobwa byujuje ubuziranenge kuko ibikozwe mu buryo bwavuzwe hejuru bubi bibangiriza ubuzima bityo igihugu kikahahombera”. Yasoje avuga ko ingaruka ari nyinshi ku bafatiwe mu biyobyabwenge harimo no gufungwa, ibihano bikaba bishobora no kugera ku myaka itanu nk’uko bikubiye mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda mu ngingo ya 594.

Umugereka wa I w’iteka rya Minisitiri No 20/35 ryo kuwa 09/6/2015 rigena ibinyobwa bitemwe n’ibindi bintu bifatwa nk’ibiyobyabwenge n’urusobe rw’imiti ikoreshwa nkabyo , ushyira Muriture n’ibindi binyobwa nka Kanyanga, Chief waragi na Suzie ku rutonde rw’ibiyobyabwenge.

RNP

2017-03-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kwipimisha no kuba warakingiwe COVID-19 ni bimwe mu bizibandwaho kugirango abafana bazitabire imikino Nyafurika ya Baskeball na Volleyball izabera muri Kigali Arena

Kwipimisha no kuba warakingiwe COVID-19 ni bimwe mu bizibandwaho kugirango abafana bazitabire imikino Nyafurika ya Baskeball na Volleyball izabera muri Kigali Arena

Ubwanditsi 20 Aug 2021
Itike y’ubukandida Perezida yari isenye Opozisiyo muri Kenya

Itike y’ubukandida Perezida yari isenye Opozisiyo muri Kenya

Ubwanditsi 02 May 2017
Abantu 5 bakize Coronavirus, abayanduye mu Rwanda bagera ku 143 bavuye ku 138

Abantu 5 bakize Coronavirus, abayanduye mu Rwanda bagera ku 143 bavuye ku 138

Ubwanditsi 18 Apr 2020
Polisi yafashe  abantu 2 bakekwaho gucuruza ibiyobyabwenge

Polisi yafashe abantu 2 bakekwaho gucuruza ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 18 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda ruzongera kwitabira ibiganiro bya Luanda, ari uko Kongo iretse amacenga n’ubushotoranyi
Amakuru

U Rwanda ruzongera kwitabira ibiganiro bya Luanda, ari uko Kongo iretse amacenga n’ubushotoranyi

Ubwanditsi 16 Dec 2024
Itangazo ry’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yo kuwa Mbere tariki ya 18/01/2016
Mu Mahanga

Itangazo ry’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yo kuwa Mbere tariki ya 18/01/2016

Ubwanditsi 21 Jan 2016
Perezida Kagame yazamuye mu ntera abapolisi 4385
Mu Rwanda

Perezida Kagame yazamuye mu ntera abapolisi 4385

Ubwanditsi 29 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru