• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umugore wise Perezida Museveni ikibuno yangiwe kurekurwa by’agateganyo

Umugore wise Perezida Museveni ikibuno yangiwe kurekurwa by’agateganyo

Ubwanditsi 12 Apr 2017 Mu Rwanda

Urukiko mu mujyi wa Kampala, Buganda Road Magistrate’s Court, rwangiye kurekurwa by’agateganyo umugore ukurikiranyweho ibyaha birimo kuba yarise ikibuno Perezida Yoweri Museveni w’igihugu cye cya Uganda.

Stella Nyanzi, umaze igihe yibasiye ubutegetsi bwa Perezida Museveni na famiye ye, yatawe muri yombi tariki zirindwi z’uku kwezi afungirwa kuri stasiyo ya Polisi ya Kira aza gushyikirizwa urukiko, nyuma y’amakuru yari yacicikanye yuko yari yaraburiwe irengero.

Muri aya mezi ane ashize uyu mugore, Stella Nyanzi, yari amaze kuba icyamamare kubera amagambo y’urukozasoni yakoreshaga atuka ubutegetsi bwa Museveni cyane umugore we, Jannete Museveni. Nubwo Dr. Stella yari amaze igihe akoresha amagambo atameshe mu kugaragaza yuko ubutegetsi buriho muri Uganda nta butegetsi burimo, byaje gukaza umurego tariki 3 Werurwe 2017 ahagaritswe kuri kaminuza ya Makerere aho yakoraga akazi k’ubushakashatsi ( research fellow) !

Ishami ry’iyo kaminuza rishinzwe ubushakashatsi (Research Department) rimwirukanye ku mirimo ngo kubera imyitwarire idahwitse, nibwo ubwamamare mu mafiti bwa Stella bwageze kuri beshi. Nyuma yo kwirukanwa kuri iyo kaminuza ya Makerere, yahawe ighe cyo gukura ibyitwa ibye mu biro, agatanga infunguzo. Igihe cyararenze ubuyobozi buza kumusohora ku ngufu, nawe ahengera abanyamakuru bahageze asohoka yiyambura ubusa.

Iyirukanwa rya Stella muri Makerere ryakomotse ku bitutsi yahoraga atuka Minisitiri w’ubulezi, Jannete Museveni,guhera tariki 15 Gashyantare uyu mwaka. Kuri iyo tariki Minisitiri Jannete Museveni yari mu nteko nshingamategeko aho yabajijwe ibibazo bitandukanye. Muri ibyo bibazo harimo icyo kumenya impamvu abana w’abakobwa mu mashuli badahabwa ku buntu twa dupfuko bambara igihe bari mu mihango (sanitary pads/cotex) kandi byari mu mihigo ya Perezida Museveni, igihe yiyamamazaga umwaka ushize. Minisitiri Jannete yashubije yuko guverinoma itarabona amafaranga yo kuba babasha gutanga utwo dukoresho ku buntu.

Aha rero niho Dr. Stella, wari usanzwe avuga nabi Minisitiri unafite kaminuza ya Makerere mu nshingano ze, yakajije umurego wo kugenda avuga nabi Jannete akoresheje amagambo yurukozasoni !

Stella yahise yandika ku mbuga nkoranyambaga ati Jannete ni umu mama ki wakwemera yuko abakobwa be batajya mu ishuri ngo ni uko ari abakene batabona ibyo bakoresha bari mu mihango ngo bibe byabarinda isoni bashobora gukorwa nazo amaraso yo mu mihango aramutse yanduje imyenda yabo y’ishuli ? Ati Jannete ni mugore ki, uryamana n’umugabo (Museveni) ubona amafaranga yo kugura ama miliyoni y’amasasu, ama miliyari ya ruswa n’impapuro zitabarika zo kwiba amajwi mu gihe cy’amatora, ntabe yamubwira ngo atange amafaranga yakoreshwa kugura udukoresho tw’abo banyeshuli bari mu mihango ? Ati uyu ntabwo ari umu Mama ahubwo ni Jannete gusa !

Stella yanahamagariye umugore cyangwa umukobwa wabishobora, akazahengera ari mu mihango agasura umugore wa Museveni nta pad/cotex yambaye hanyuma asige amwandurije intebe !

-6297.jpg

Dr Stella Nyanzi

Abantu benshi bumvise yuko Sella yafunzwe baketse yuko ari ayo magambo atameshe yakomeje gusunikira Jannete, bikabatangaza kuko uwo mugore wa Museveni yari yaratangaje yuko n’ubwo atazi igituma Nyanzi amwibasira ariko we yamubabariye. Ejo rero nibwo ubushinjacyaha bwatangaje yuko nta kindi akurikiranyweho uretse kwita Perezida Museveni ikibuno (pair of buttocks), ngo akaba yarabikoreye mu karere ka Kampala tariki 28 Mutarama uyu mwaka! Nk’uko amategeko ya Uganda abiteganya icyo cyaha kimuhamye, Stella Nyanzi yahanishwa igifungo kigera ku myaka itanu ! Iri tegeko riri mu ngingo y’imikoreshereze mibi ya kompyuta (computer misuse Act 2011).

Kayumba Casmiry

2017-04-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bamwe mu barezwe na Imbuto Foundation batangiye kurera barumuna babo

Bamwe mu barezwe na Imbuto Foundation batangiye kurera barumuna babo

Ubwanditsi 10 Jun 2017
Perezida Kagame yahagurukiye Abayobozi bagenda  biguru ntege

Perezida Kagame yahagurukiye Abayobozi bagenda biguru ntege

Ubwanditsi 28 May 2017
De Gaulle uyobora Ferwafa arashinjwa kwihemba amafaranga ya Manda ataratorerwa

De Gaulle uyobora Ferwafa arashinjwa kwihemba amafaranga ya Manda ataratorerwa

Ubwanditsi 21 Aug 2017
Impera z’icyumweru zisize amakipe ahagaririye u Rwanda adahiriwe mu marushanwa atandukanye y’intoki ya BeachVolleyball , Volleyball ndetse na Basketball

Impera z’icyumweru zisize amakipe ahagaririye u Rwanda adahiriwe mu marushanwa atandukanye y’intoki ya BeachVolleyball , Volleyball ndetse na Basketball

Ubwanditsi 19 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri, “amategeko yo mu bihe bidasanzwe” yahitanye ababarirwa mu 6.000 mu myaka 2 gusa.
Amakuru

Muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri, “amategeko yo mu bihe bidasanzwe” yahitanye ababarirwa mu 6.000 mu myaka 2 gusa.

Ubwanditsi 09 May 2023
Igipolisi cya Malawi cyongeye guta muri yombi Murekezi ukekwaho Jenoside
ITOHOZA

Igipolisi cya Malawi cyongeye guta muri yombi Murekezi ukekwaho Jenoside

Ubwanditsi 08 Dec 2016
IFOTO Y’UMUNSI : aba bagabo bombi bapfana iki ?
ITOHOZA

IFOTO Y’UMUNSI : aba bagabo bombi bapfana iki ?

Ubwanditsi 02 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru