• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Icyizere cy’uko Perezida wa Nigeria atakiguye ku butegetsi gitangiye gushira

Icyizere cy’uko Perezida wa Nigeria atakiguye ku butegetsi gitangiye gushira

Ubwanditsi 01 May 2017 Mu Rwanda

Mu ntangiriro za Werurwe uyu mwaka abantu muri Nigeria bashushe nk’abiruhutsa ko Perezida wabo ari amahoro ariko ubu ibintu bitangiye gusubira irudubi kuko witegereje neza usanga uwo mugabo akiri umukandida w’urupfu !

Impungenge abaturage bari bafite, ariko nyuma zikaza kugabanuka, zari iz’uko Perezida Muhammadu Buhari yagiye kwivuza mu Bwongereza tariki 19 Mutarama uyu mwaka, amarayo amezi abiri kandi byari biteganyijwe yuko yari kumarayo iminsi 10 gusa !

Icyo gihe nta makuru nyayo yatangagwa ngo agaragaze impamvu nyakuri Perezida yari akomeje gutinda kugaruka mu gihugu, cyangwa ngo banabwirwe neza uko yari amerewe n’ubwo burwayi bwe butazwi ubwo ari bwo !

Ibi rero byatumye amakuru n’impuha, ku bijyanye n’aho ubuzima bwa Perezida Buhari buhagaze byivanga, bamwe bakiyumvisha yuko atari gushobora kugaruka ari muzima ariko tariki 10 Werurwe agaruka ari muzima benshi bashusha nk’abatuza !

-6446.jpg

Nubwo Perezida Buhari agarutse atakomeje kuboneka mu ruhame ariko byavugagwa yuko yari yarasubiye ku mirimo ye y’umukuru w’igihugu yari yarasigiye Visi Perezida, Yemi Osinbajo, igihe yajyaga kwivuza mu Bwongereza.

N’aho Buhari agarukiye imirimo myinshi yakomeje gukorwa na Visi Perezida ariko nibura ntasibe mu nama y’abaminisitiri iba kuwa gatatu wa buri cyumweru. Ubu ariko Buhari amaze gusiba izo nama incuro ebyiri, zikayoborwa na Visi Perezida nk’uko yabikoraga Buhari akirwariye hanze y’igihugu.

Igihe Buhari yagarukaga ava mu Bwongereza abaturage bishyizemo agatima yuko Perezida wabo ntacyo akibaye kuko bageragezaga nibura kumwumva avuga ariko ubu ntabwo icyumvikana agira icyo avuga.

Minisitiri w’itangazamakuru akaba n’umuvugizi wa guverinoma, Lai Mohammed, yabwiye abanyamakuru mu mpera z’icyumweru gishize yuko Perezida atitabiriye inama y’abaminisitiri y’icyo cyumweru ngo kuko aruhukiye mu rugo.

Aya magambo ya Lai yaje akurikiye itangazo ry’umuvugizi w’ibiro bya Perezida, Garba Shehu, ryavugaga yuko Perezida akora akazi ke n’ubwo agakorera mu rugo. Ngo muri urwo rugo rwe harimo buri cyangombwa cyose gikenerwa muri biro (ofisi).

Perezida wa Repubulika ariko uhitamo gukorera mu rugo aho kujya ahagaragara ni ikibazo, cyane asanzwe anirwariye. Ibi rero ntabwo byabura kongera guhangayikisha abaturage ba Nigeria yuko umunsi uwo ariwo wose bakumva itangazo rimubika, cyane yuko ataba ariwe mukuru wabo w’igihugu wa mbere waba upfuye mu buryo busa nk’ubwo.

Mu ntangiriro za 2010 uwari Perezida wa Nigeria icyo gihe, Umaru Musa Yar’Adua, yararwaye ajya kwivuriza muri Saudi Arabia atindayo cyane bituma abantu bahwihwisa yuko ashobora kuba yaraguye mu bitaro bigacecekwa. Nyuma y’amezi hafi abiri (tariki 2/05/2010) ariko Yar’Adua yagarutse mu gihugu, abantu batangarizwa yuko yahitiye iwe kuba aruhukiyeyo. Nyuma y’iminsi itatu bongera gutangarizwa yuko yapfuye !

Abantu rero kugira impungenge zuko Buhari ashobora gupfa urwa Yar’Adua byaba atari ugutinya ishyamba ahubwo ari ugutinya icyo bahuriyemo. Imirwarire n’imirwarize y’abo bagabo bombi ni imwe, Yar’Adua apfa muri Gicurasi none indi Gicurasi yageze Buhari akirwaye kwakundi !

Perezida Buhari ubu aramutse apfuye ntabwo yaba ari uwa kabiri waba asize atarangije manda ye kuko kuva Nigeria yabona ubwigenge imaze gutakaza abakuru b’igihugu batanu bakiri ku butegetsi.

Abo ni Abubakar Tafawa Balewa, wari umukuru wa guverinoma (Minisitiri w’intebe) kuva mu 1960 kugeza yishwe mu 1966. Uwa kabiri ni General Murtala Muhamemed wabaye umukuru w’igihugu wa kane Nigeria yari ibonye nyuma y’ubwigenge. Uwo mugabo wari ufite imyaka 37 y’amavuko yishwe mu 1976, amaze amezi arindwi gusa ku butegetsi !

Undi mukuru w’igihugu wapfuye akiri ku butegetsi ni General Sani Abacha wategetse Nigeria kuva mu 1993 kugeza apfuye mu 1998, azize urw’ikirago, nubwo hari amakuru yakwirakwijwe y’uko yazize uburozi bw’indaya ebyiri z’Abahinde !

-6445.jpg

Perezida Muhammadu Buhari

Buhari, benshi bamaze gukuraho icyizere yuko ashobora kurangiza akiri muzima, yatsinze amatora, aba Perezida wa Nigeria muri 2015, yarabiharaniye cyane kuko yari yariyamamaje icuro eshatu zose atsindwa ! Yatsinzwe muri 2003, atsindwa muri 2007, anatsindwa muri 2011.

Yatsinze Perezida Goodluck Jonathan muri 2015 yiyamamaje ku ncuro ya kane, kandi buri uko yiyamamazaga yizezaga abaturage yuko igihugu azagihindura paladizo.

Nyamara abaturage benshi muri Nigeria bahamya yuko nta kintu na gito yari yabagezaho kuva yaba umukuru w’igihugu, ku buryo anapfuye ntawavuga yuko hari ikintu bahombye !

Casmiry Kayumba

2017-05-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko FERWAFA yatangije amarushanwa y’abana, Rayon Sports yatsinze AS Muhanga, REG BBC itsindwa na Patriots BBC – Ibyaranze imikino mu mpera z’icyumweru mu Rwanda

Uko FERWAFA yatangije amarushanwa y’abana, Rayon Sports yatsinze AS Muhanga, REG BBC itsindwa na Patriots BBC – Ibyaranze imikino mu mpera z’icyumweru mu Rwanda

Ubwanditsi 29 Mar 2022
Umucamanza Carmel Agius yanze ubusabe bwa ruharwa Bagosora wasabaga kurekurwa atarangije ibihano

Umucamanza Carmel Agius yanze ubusabe bwa ruharwa Bagosora wasabaga kurekurwa atarangije ibihano

Ubwanditsi 02 Apr 2021
Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiriye Itsinda ry’abaturutse mu ikipe ya Benfica yo muri Portugal

Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiriye Itsinda ry’abaturutse mu ikipe ya Benfica yo muri Portugal

Ubwanditsi 10 Jun 2025
Pablo Morchon wari umutoza wungirije muri APR FC, yatandukanye nayo asimbuzwa umunya Tunisia Jamel Eddine Neffati w’imyaka 32

Pablo Morchon wari umutoza wungirije muri APR FC, yatandukanye nayo asimbuzwa umunya Tunisia Jamel Eddine Neffati w’imyaka 32

Ubwanditsi 26 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu Bubiligi RNC imeze nk’imbwa zirwanira mu mayezi
ITOHOZA

Mu Bubiligi RNC imeze nk’imbwa zirwanira mu mayezi

Ubwanditsi 08 Jul 2016
Abanyarwanda barahambwe ariko ni imbuto yashibutse – Kagame [ VIDEO ]
Mu Rwanda

Abanyarwanda barahambwe ariko ni imbuto yashibutse – Kagame [ VIDEO ]

Ubwanditsi 16 Jul 2017
Muri Uganda haratutumba imvururu kubera Perezida Yoweri K. Museveni ushaka guhindura itegekonshinga
Amakuru

Muri Uganda haratutumba imvururu kubera Perezida Yoweri K. Museveni ushaka guhindura itegekonshinga

Ubwanditsi 20 Jan 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru