• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Rulindo : Ishyaka PSD ryasobanuye impamvu ryamamaje Paul Kagame Umukandida wa FPR-Inkotanyi

Rulindo : Ishyaka PSD ryasobanuye impamvu ryamamaje Paul Kagame Umukandida wa FPR-Inkotanyi

Ubwanditsi 20 Jul 2017 Mu Rwanda

Ishyaka PSD (Parti Social Democrate) rivuga ko ritita ku barinenga kuba ritaratanze umukandida mu matora ya Perezida wa Repubulika, rikavuga ko gushyigikira Kagame ari ikintu gisobanutse.

Muri Kamena uyu mwaka, kongere idasanzwe y’iri shyaka yanzuye gutanga Perezida Kagame Paul ho umukandida.

Icyo gihe yari ataremezwa n’umuryango RPF-Inkotanyi abarizwamo.

“Mu guhitamo Kagame, PSD yakoze igikwiye. Tubyumva kimwe n’abanyarwanda. PSD na RPF bifitanye umubano urambye.” Uku ni ko umuyobozi w’iri shyaka yabishimangiye uyu munsi.

Ubwo umukandida wa RPF-Inkotanyi yiyamamazaga muri Rulindo, Perezida wa PSD Dr Vincent Biruta yagarutse ku cyemezo cyabo cyanenzwe na bamwe, cyo gushyigikira Kagame.

“Hari abatiyumvisha uburyo PSD yatanze Chairman Kagame nk’umukandida, twe twakoze igikwiye”

Yakomeje agira ati “Intsinzi ye ni yo ntsinzi ya RPF-Inkotanyi na PSD, n’indi mitwe ya politike dufatanyije.”

Biruta yahamagariye Abanyarulindo kuzahundagaza amajwi ku mukandida wa RPF, yibutsa ko PSD na RPF ari amashyaka amaze imyaka 25 afitanye umubano utajegajega.

Ishyaka PSD ryashinzwe mu mwaka wa 1991 mu gihe cy’inkubiri y’amashyaka menshi, rirwanya Leta ya Juvenal Habyarimana.

-7296.jpg

Dr.Vincent Biruta Perezida wa PSD

Perezida Kagame yashimangiye iby’ubufatanye bumaze igihe kirekire buranga RPF na PSD, n’andi mashyaka ataratanze abakandida ahubwo akiyemeza kumwamamaza.

Ati “Aya mashyaka kuva na kera yafatanyije na FPR kubaka iki gihugu, urumva rero ubwo bufatanye, ni bwo bugejeje igihugu ku majyambere tugezeho n’umutekano n’ibindi mwahoze muvuga dushima.”

Ubwo PSD yatangaga Kagame ho umukandida, Dr Biruta yavuze ko imwe mu mpamvu zabyo ari uko Kagame yayoboye urugamba rwo kubohora igihugu, rukanahagarika Jenoside yakorewe Abatutsi.

Byongeye, Dr Biruta yanakomoje ku kuba manda Perezida Kagame asoje PSD yarayigiriyemo ibihe byiza, aho yahisemo Anastase Murekezi ukomoka muri PSD kuba Minisitiri w’Intebe.

-7298.jpg

-7297.jpg

“FPR irwanya abasenya”

Mu ijambo rye Perezida Kagame yagize ati :“Banatubwiye n’amateka ya Rulindo, ndavuga n’aya kera. Kera cyane. Intambara zatsindiwe hano, ubwo ni urugamba, rufite amateka, amateka afite icyo avuze ku gihugu cyose hagati y’icyo gihe cy’ingamba zatsindiwe hano n’izahatsindiwe. Nanone hari amateka yabaye atari meza ariko ubu ni ameza. Mwahoze mubivuga ko ibyiza biri imbere, niho tureba.

Imikorere myiza, imikorere y’iterambere, kwiteza imbere kwanyu mu buhinzi, mu bikorwaremezo […] nibyo dushaka gukomeza guteza imbere […] hanyuma n’indirimbo yahoze ivuga ngo ntawabisenya ndeba. Tubyubake twese, tunabirindire hamwe twese kugira ngo dukomeze tubyubakireho. FPR Inkotanyi, abayoboke n’abayobozi babo, nibyo kuva na kera twatojwe. Twatojwe kubaka ntabwo ari ugusenya ahubwo turwanya abasenya.”

-7302.jpg

-7300.jpg

-7301.jpg

-7303.jpg

-7304.jpg

-7305.jpg

Nyamirambo : Paul Kagame yashimiwe byimazeyo uruhare yagize mu gusubiza Abayisilamu agaciro bari barambuwe n’abakoloni.

Nyuma ya saa sita Paul Kagame yiyamamarije mu Karere ka Nyarugenge i Nyamirambo ahazwi nka ‘Tapis Rouge’ yashimiwe byimazeyo uruhare yagize mu gusubiza abayisilamu agaciro bari barambuwe n’abakoloni.

Umuyobozi Mukuru w’Ishyaka, PDI, Moussa Fazil Harerimana niwe uhawe umwanya aho yagize ati “Turabashimira uyu mwanya mwatugeneye, hashize imyaka 91 ururimi rw’Igiswahili ruciwe mu ndimi zemewe mu butegetsi bw’u Rwanda, umwaka ushize mwategetse ko rusubiramo […] Uru rurimi rwaciwe n’abakoloni b’Ababiligi mu 1925, uyu munsi turi mu gicumbi cyarwo. Kagame watugaruriye agaciro n’ibyishimo oyee!!!!”

Harerimana yakomeje agaragaza uko Abakoloni bakunze guheza abatari Abakirisitu, yaba mu kazi no mu gusenga ariko ubu buri dini ryemewe n’amategeko mu Rwanda rikaba ryemerewe kwigisha no gushaka abayoboke mu buryo butanyuranyije n’amategeko ndetse no mu kazi hakaba hakoreshwa ipiganwa utsinze agahabwa akazi.

Fazil yakomeje agira ati “Ijambo ‘Baba wa Taifa’ niryo mukwiye ariko twabuze Ikinyarwanda cyaryo. Ubwigenge bwacu twabubonye mubohoye igihugu, nta bwigenge twari twarabonye […] FPR Inkotanyi itangiye kotsa igitutu ingabo za Habyarimana, twashinze ishyaka PDI ngo duharanire uburenganzira bwacu, niyo mpamvu abarishinze twiyemeje ko tutatandukana na Baba wa Taifa kuko niwe waduhaye ubwo burenganzira. Icyo twasaba ni uko Imana yakuturindira kugira ngo ukomeze kubaka imisingi y’uru Rwanda itazongera gusenywa n’uwari we wese.”

Umukandida wa FPR-Inkotanyi Paul Kagame yahawe umwanya kugira ngo ageze ubutumwa bwe ku baturage bateraniye i Nyamirambo agira ati “Reka nshimire abamaze kuvuga, bavuze byiza birimo amateka yacu, birimo n’icyatuzanye hano n’icyaduhurije hano. Fazil Harerimana anyibukije amateka, avuze amateka ayatindaho, amateka y’abayisilamu ariko ariya mateka ni aya rusange. Yahereye ku bayisilamu ariko twibukiraho n’andi mateka asa atyo ariko twibukiraho aho igihugu cyavuye, aho kigeze ubu n’aho gishaka kujya mu bihe biri imbere.”

“Iyo ubonye, iyo wumvise ibyo byose uribaza ukavuga ngo mbere hose twari he? Ariko noneho, dufite amahirwe yo kuba duhari, dufite amahirwe yo kugira urubyiruko, dufite amahirwe yo kugira abagore n’abagabo bumva noneho ntibumve ko harimo gusumbana ahubwo harimo kuzuzanya. Bakumva ko hariho abayisilamu, abakirisitu ndetse n’abemera ukundi n’abatemera. Na bo ni abantu. Ni abantu bakwiye kugira uburenganzira bwo kuba umuntu ndetse abo bose bakorera hamwe, ibyo tugeraho ni byinshi.”

“Maze rero itariki enye, ni ukongera ya vitesse [umuvuduko] ni ukongera intambwe, ni ukongera umuvuduko, ni ukongera umutekano, ni ukongera ubumwe, ni ukongera amashanyarazi, amazi, uburezi, ni ukongera amajyambere.

FPR rero yabahaye umukandida kandi ntabwo ari mushya, dusanzwe tuziranye. Turaziranye, tumaranye igihe, turizerana. Ubwo rero usibye imirimo tumaze igihe dukora, usibye imirimo myinshi idutegereje tuzakora ejo, ndagira ngo ibyo byose tujye dukomeza kubikora muri icyo cyizere, mu mahoro, mu mutekano ndetse no mu byishimo byinshi cyane. Dukwiye kwishimira abo turibo.”

-7308.jpg

-7306.jpg

-7307.jpg

2017-07-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gambia : Iperereza ryahishuye ibyo Yahya Jammeh akekwaho kwiba igihugu.

Gambia : Iperereza ryahishuye ibyo Yahya Jammeh akekwaho kwiba igihugu.

Ubwanditsi 06 Jun 2017
Iya 26 Mata 1994: Umunsi hishwe Abatutsi bari bahungiye muri ISAR Rubona

Iya 26 Mata 1994: Umunsi hishwe Abatutsi bari bahungiye muri ISAR Rubona

Ubwanditsi 26 Apr 2018
Ferwafa yabwiwe na Minisiteri ya Siporo ko imikino yaberaga kuri sitade Amahoro ihagarikwa kuko ikibuga cyangijwe n’imikino ya shampiyona.

Ferwafa yabwiwe na Minisiteri ya Siporo ko imikino yaberaga kuri sitade Amahoro ihagarikwa kuko ikibuga cyangijwe n’imikino ya shampiyona.

Ubwanditsi 12 May 2021
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 05 Jan 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa LONI muri Sudan y’Amajyepfo zatabaye abakozi 20 ba LONI bari bari batewe n’inyeshyamba zikabacucura ibyo bafite byose
Amakuru

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa LONI muri Sudan y’Amajyepfo zatabaye abakozi 20 ba LONI bari bari batewe n’inyeshyamba zikabacucura ibyo bafite byose

Ubwanditsi 21 Apr 2021
Umujyanama muri Loni ushinzwe kurwanya Jenoside arashinja FDLR ubwicanyi bukorerwa Abatutsi bo muri Kongo
Amakuru

Umujyanama muri Loni ushinzwe kurwanya Jenoside arashinja FDLR ubwicanyi bukorerwa Abatutsi bo muri Kongo

Ubwanditsi 01 Dec 2022
Rukundo Abdoul Rahman wakiniraga Amagaju FC yerekeje muri  Rayon Sports ku masezerano y’imyaka 2
Amakuru

Rukundo Abdoul Rahman wakiniraga Amagaju FC yerekeje muri Rayon Sports ku masezerano y’imyaka 2

Ubwanditsi 29 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru