• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Uganda: Amashusho agaragaza uko Sgt (Rtd) Rutagungira yashimuswe

Uganda: Amashusho agaragaza uko Sgt (Rtd) Rutagungira yashimuswe

Ubwanditsi 11 Aug 2017 Mu Rwanda

Amashusho ya camera yafatiwe mu kabari Sgt (Rtd) Rene Rutagungira yashimutiwemo mu gihugu cya Uganda yagiye ahagaragara, aho agaragaza uko byagenze n’abantu bamushimuse bamusohora muri ako kabari kitwa Bahamas Bar.

Nk’uko aya mashusho ya CCTV abigaragaza, abagabo babiri bose bambaye sivile binjira muri ako kabari bagatumiza icyo kunywa, nyuma gato hakinjira undi wambaye ikoti ry’uruhu ryirabura n’ingofero, akegera aba akabereka aho Rene Rutagungira aba yicaye.

Amakuru agera ku kinyamakuru Chimpreports dukesha iyi nkuru ndetse nk’uko twabibagejejeho mu nkuru iheruka kuri iki kibazo, ngo ni uko uyu mugabo w’ingofero ari umusirikare ufite ipeti rya Capt. mu ngabo za Uganda .

Iyi nkuru irakomeza ivuga ko abashakaga gushimuta Rutagungira babanje gutinya gato kuba bahanganira nawe muri aka kabari, nyuma hakoherezwa umuntu kumubwira ko hari umuntu ushaka ko bavugana hanze undi aragenda, ariko akijya gusohoka ngo yahise yiyumvamo ko agiye mu mutego ashaka gushidikanya, maze ba bagabo 2 bari bakomeje kumugenza mu kabari na bo bahise bahaguruka bamukurikiye mbere yo kumufata no kumusohora nabi mu kabari nk’uko amashusho abigaragaza.

Bageze hanze, aba bafashe Rutagungira bafashijwe na wa mu captain, bamwinjije mu modoka ya Toyota Corolla yari iri hanze ihita iva aho. Rutagungira ngo yagerageje kwirwanaho ariko abo bantu bamurusha imbaraga.

Nk’uko byemezwa n’umugore we, Jacinta Dusangeyezu, ngo umugabo we yatwawe mu modoka ifite purake UAT 694T.

Mu kiganiro uyu mugore wa Rutagungira yahaye Chimpreports yavuze ko yahamagawe saa cyenda z’ijoro, mu gihe umugabo we yashimuswe saa munani n’iminota mikeya, ahita ajya ku cyicaro cya polisi muri Old Kampala gutabaza.

Mu byo yabwiye polisi rero ngo harimo kuba ari abantu bo mu ihuriro RNC rirwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, bashobora kuba barashimuse umugabo we kuko bari bamusabye ko bakorana akanga.

Uyu mugore kandi avuga ko uwo musirikare (Captain) watwaye umugabo we yabanje kwereka ushinzwe umutekano ku kabari ikarita ye y’akazi undi agahita ajya kumwereka aho Rene Rutagungira yari yicaye.

Dusangeyezu akaba avuga ko we n’abana babo babiri bahangayitse kuva umugabo we yashimutwa kuko ari we wari utunze umuryango, mbere yo kongeraho ko bagerageje ibishoboka ariko ntacyo bitanga.

Uwacuze uyu mugambi wo gushimuta Rutagungira ntarasobanuka

Umuvugizi w’igipolisi cya Uganda, Asan Kasingye yabwiye itangazamakuru ko bari mu iperereza, mu gihe Umuvugizi wungirije w’igisirikare, Lt Col. Deo Akiiki we avuga ko batazi ibya Rene nawe yabibonye ku mbuga nkoranyambaga agiye gushyingura Brig. Kyabihende uherutse kwitaba Imana.

Abajijwe niba UPDF yaragize uruhare muri iri shimutwa, Akiiki yasubije agira ati: “Ntabwo tujya dushimuta abantu. Nta makuru nigeze mbona ko twari tubirimo. Kugeza ubu nanjye nta makuru mfite nkawe”.

Uyu akaba yari yijeje iki kinyamakuru ko nabona amakuru amashya azakibwira ariko ngo inkuru yasohowe ntacyo aragitangariza ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane.

Si inshuro ya mbere uwahoze mu gisirikare cy’u Rwanda yaba ashimutiwe muri Uganda. Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ikaba ikunze gutunga urutoki inzego z’umutekano z’u Rwanda.

Ubwo yabazwaga niba u Rwanda rwaba rufite uruhare muri iri shimutwa rya Rutagungira, Umukuru w’igipolisi cy’u Rwanda, IGP Emmanuel Gasana yabiteye utwatsi avuga ko nta ruhare bafitemo.

Yagize ati: “Ntibishoboka ko u Rwanda rwagira uruhare mu gikorwa nk’iki mu kindi gihugu.” Yongeyeho ko basaba amakuru arambuye ambasade y’u Rwanda muri Uganda.

Mu kubaza Ambasaderi w’u Rwanda, Frank Mugambage, nawe yavuze ko yakiriye ayo makuru gutyo. Ati: “Yego, twakiriye amakuru. Turi kugerageza kumva uko byagenze”.

Ambasaderi Mugambage yakomeje avuga ko amafoto ya camera yo mu kabari yashimutiwemo igipolisi gifite, azafasha mu kumenya ukuri.

Ku rundi ruhande ariko amakuru ngo inzego z’umutekano za Uganda zifite, ni uko zimaze iminsi zikeka kuri Rene Rutagungira uruhare mu kurasa kujya kugaragara mu bice bitandukanye bya Uganda.

-7578.jpg

-7577.jpg

-7576.jpg

-7575.jpg

-7573.jpg

-7574.jpg

Source: Chimpreports

2017-08-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 27 May 2022
S.Africa: Zuma yashimye Politiki ya Kabila anemera icyatumye amatora ataba

S.Africa: Zuma yashimye Politiki ya Kabila anemera icyatumye amatora ataba

Ubwanditsi 27 Jun 2017
Umubare w’abarwayi ba Coronavirus mu Rwanda wageze kuri 82

Umubare w’abarwayi ba Coronavirus mu Rwanda wageze kuri 82

Ubwanditsi 02 Apr 2020
Polisi yishimiye ko amatora ya Perezida wa Repubulika yabaye mu mutekano

Polisi yishimiye ko amatora ya Perezida wa Repubulika yabaye mu mutekano

Ubwanditsi 05 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

NEC isaba abantu bose gukuraho bwangu ibirango byo kwamamaza bitarenze kuwa 4 mu gitondo
Mu Rwanda

NEC isaba abantu bose gukuraho bwangu ibirango byo kwamamaza bitarenze kuwa 4 mu gitondo

Ubwanditsi 02 Aug 2017
General Christian Ndaywell yishe benshi, ariko Major Thomas Ndizeye yahoye gusa ko ari Umututsi urwe ruzamubiza ibyuya
Amakuru

General Christian Ndaywell yishe benshi, ariko Major Thomas Ndizeye yahoye gusa ko ari Umututsi urwe ruzamubiza ibyuya

Ubwanditsi 26 Nov 2024
Senateri John McCain wiyamamarije kuyobora Amerika yitabye Imana
Mu Mahanga

Senateri John McCain wiyamamarije kuyobora Amerika yitabye Imana

Ubwanditsi 26 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru