• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abanyarwanda benshi ntabwo bazi ko hari Ibihugu bemerewe kujyamo badasabwe Viza Dore urutonde rwabyo

Abanyarwanda benshi ntabwo bazi ko hari Ibihugu bemerewe kujyamo badasabwe Viza Dore urutonde rwabyo

Ubwanditsi 25 Aug 2017 Mu Rwanda

Guverinoma y’u Rwanda yiyemeje gufungurira amarembo abanyamahanga nk’uburyo bwihariye buzayifasha kwagura ubukerarugendo, ishoramari no kugera ku ntego yo kwinjiza amadolari asaga miliyoni 150 buri mwaka aturutse kuri gahunda yo kwakira ibiganiro, inama mpuzamahanga n’ibikorwa bitandukanye.

Iyi gahunda ishingiye ku korohereza abanyamahanga cyane cyane abanyafurika kuza mu Rwanda, aho guhera tariki ya 1 Mutarama 2013 hafashwe icyemezo cy’uko abanyafurika baje mu Rwanda bazajya bahabwa visa bakihagera, abandi bazikurirwaho burundu.

Gusa nkuko umunyarwanda yabivuze, ‘akebo kajya iwa mugarura’ ariyo mpamvu n’ibindi bihugu byanyuzwe n’umubano bifitanye n’u Rwanda, bikiyemeza korohereza abanyarwanda kubijyamo ku mpamvu zitandukanye, bimwe bibakuriraho ikiguzi cya viza bindi biborohereza kujya bazibona bageze ku mipaka y’ibyo bihugu.

Nkuko icyegeranyo cya Passport Index kibyerekana, abanyarwanda bashobora kujya mu bihugu 24 batatswe viza ndetse no mu bihugu 29 bashobora kubona viza ku mipaka.

Bimwe mu bihugu umunyarwanda ashobora kujyamo nta visa yishyuye harimo: Ghana, Uganda, Benin, Burundi, Repubulika ya Centrafrique, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Indonesia, Kenya, Mauritius, Philippines, São Tomé-et-Príncipe, Senegal, Seychelles, Singapore na Tanzania.

Hari ibihugu kandi abanyarwanda bashobora kubonera visa k’umupaka harimo birimo Haiti, Comoros, Djibouti, Guinea-Bissau, Mali, Madagascar, Mauritania, Mozambique, Sudani y’Epfo, Zambia na Zimbabwe.

Icyegeranyo Passport Index gitangazwa na Arton Capital, ikompanyi itanga inama ku ishoramari, kigaragaza ko u Rwanda rwateye intambwe mu korohereza abashaka kuruzamo, kuko abaturage bo mu bihugu byose bya Afurika basabwa viza mu kwinjira mu Rwanda, bemerewe kuyibona bageze ku mipaka.

-7732.jpg

Kuri ibi bihugu bya Afurika kandi hiyongeraho ibihugu nka Australia, u Budage, Israel, New Zealand, Suède, u Bwongereza ndetse na Leta Zunze Ubumwe za Amerika byakomorewe gusaba viza zo kuza mu Rwanda kuva muri 2014.

Abaturage bo mu bindi bihugu bisigaye, basabwa gusaba viza mbere yo kuza mu Rwanda ariko kuva 2008 bashyiriweho uburyo bw’ikoranabuhanga (online visa application) bazisabiramo bakazibona mu gihe kitarengeje amasaha 72.

Source: Igihe

2017-08-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Iburanisha risoza urubanza rw’ubujurire bwa Munyakazi ryaranzwe n’impaka zikomeye

Iburanisha risoza urubanza rw’ubujurire bwa Munyakazi ryaranzwe n’impaka zikomeye

Ubwanditsi 18 May 2018
Hafashwe ngamba zikaze  ku baturage bavoma Nyabarongo mu kwirinda Ingona zibatwara abantu

Hafashwe ngamba zikaze ku baturage bavoma Nyabarongo mu kwirinda Ingona zibatwara abantu

Ubwanditsi 22 Aug 2017
Perezida Kagame yahagurukiye Abayobozi bagenda  biguru ntege

Perezida Kagame yahagurukiye Abayobozi bagenda biguru ntege

Ubwanditsi 28 May 2017
Polisi y’u Rwanda yasobanuye  iby’ ihohoterwa ryavuzwe ku banyamakuru bagiye gutara inkuru  murugo kwa Rwigara

Polisi y’u Rwanda yasobanuye iby’ ihohoterwa ryavuzwe ku banyamakuru bagiye gutara inkuru murugo kwa Rwigara

Ubwanditsi 04 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kalimba Alice na Umubyeyi Zakia bakiniraga Scandinavia WFC berekeje mu ikipe ya Tigers Sports Academy yo muri Tanzania
Amakuru

Kalimba Alice na Umubyeyi Zakia bakiniraga Scandinavia WFC berekeje mu ikipe ya Tigers Sports Academy yo muri Tanzania

Ubwanditsi 01 Sep 2021
Burundi : Imbonerakure zahitanye Barutwanayo wari Umuyobozi wa Komini zimuteraguye ibyuma
INKURU NYAMUKURU

Burundi : Imbonerakure zahitanye Barutwanayo wari Umuyobozi wa Komini zimuteraguye ibyuma

Ubwanditsi 30 Nov 2017
Amavubi yahagurukanye abakinnyi 18 yerekeje muri Madagascar  gukina imikino ibiri ya gicuti
Amakuru

Amavubi yahagurukanye abakinnyi 18 yerekeje muri Madagascar gukina imikino ibiri ya gicuti

Ubwanditsi 18 Mar 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru