• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Dr Ngirente Edouard yarahiriye kuba Minisitiri w’Intebe mushya w’u Rwanda

Dr Ngirente Edouard yarahiriye kuba Minisitiri w’Intebe mushya w’u Rwanda

Editorial 30 Aug 2017 Mu Rwanda

Nyuma y’amasaha make amaze kwemezwa nka Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard, yangejeje indahiro ye kuri Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango wabereye mu ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko ku Kimihurura.

Abayobozi mu nzego nkuru za Leta, Abari abaminisitiri muri Guverinoma icyuye igihe, Abadepite n’Abasenateri kimwe n’abandi bayobozi mu nzego zitandukanye nabo bitabiriye uyu muhango.

Perezida Kagame yashimiye Minisitiri w’Intebe ucyuye igihe, Murekezi

Perezida Kagame ati “Ndagira ngo mbonereho umwanya wo gushimira uwari Minisitiri w’Intebe, Murekezi, yakoze byinshi byiza kandi bifite icyo byafashije twese kugira ngo tube twarageze ku nshingano muri icyo gihe cye yari ayoboye nka Minisitiri w’Intebe.”

“Ikindi ni uko hari imirimo myinshi dutezweho twese, iyo udakora umurimo umwe ushobora gukora uwundi, ndibwira ko Murekezi ubushake bwe n’ubwitange bwe n’ibyo yakoze bitari imfabusa ahubwo bizakomeza no mu yindi mirimo nayo ifitiye igihugu akamaro bitari ibyo kuba Minisitiri w’Intebe gusa. Ibyo rero biraza gukurikiraho mu minsi iri imbere. Ntabwo nshaka kuvuga byinshi uyu munsi wenda ndetse n’ejo tuzabona umwanya uhagije wo kuvuga ibyo twifuza kubaka bindi.”

“Nyuma yo gushyiraho Minisitiri w’Intebe, ngira ngo murabizi uko bigenda bikurikirana byose, uyu muhango w’uyu munsi niwo wagombaga gutangirira ibindi byose. Ubwo hagomba gukurikiraho gushyiraho guverinoma, nabyo biri mu nzira ndetse wenda ku mugoroba ni ugukoreraho, twaratinze ariko… ku mugoroba turabagezaho amazina yabo twifuza bashobora gukora muri iki gihe kindi hari abakomeza nkuko bisanzwe hari n’abashya. Ngira ngo ibyo murabimenyereye ntabwo ari bishya, birasanzwe. Guverinoma ikajyamo abagore, abagabo, ku buryo iyo guverinoma ndetse ituranga mu miterere yacu, byinshi tugomba kubahiriza kugira ngo Abanyarwanda bose bashobore kuyibonamo uko mbyumva. Nta bijya biba ijana ku ijana ariko na none turagerageza kugira ngo Abanyarwanda bumve ko bahagararira na guverinoma yaba ibatunganiye, ibisigaye bikaba ibikorwa.”

Indahiro Minisitiri w’Intebe mushya aza gukora

“Jyewe,……………………, ndahiriye u Rwanda ku mugaragaro: ko ntazahemukira Repubulika y‟u Rwanda ; ko nzubahiriza Itegeko Nshinga n‟andi mategeko; ko nzaharanira uburenganzira bwa muntu n`ibyagirira Abanyarwanda bose akamaro; ko nzaharanira ubumwe bw‟Abanyarwanda; ko nzakorana umurava imirimo nshinzwe; ko ntazakoresha ububasha mpawe mu nyungu zanjye bwite. Nintatira iyi ndahiro, nzabihanirwe n’amategeko. Imana ibimfashemo”.

-7799.jpg
Dr Ngirente wagizwe Minisitiri w’Intebe ni inzobere mu by’ubukungu, kuva mu 2014 yabaye Umujyanama w’Umuyobozi Mukuru wa Banki y’Isi i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

-7801.jpg

-7800.jpg

Mu ngoro y’Inteko ishingamategeko y’u Rwanda

2017-08-30
Editorial

IZINDI NKURU

EU guhagarikira inkunga u Burundi bisobanuye yuko Nkurunziza ari mu marembera

EU guhagarikira inkunga u Burundi bisobanuye yuko Nkurunziza ari mu marembera

Editorial 16 Mar 2016
Urubyiruko rwungukiye byinshi mu musaruro w’imiyoborere myiza

Urubyiruko rwungukiye byinshi mu musaruro w’imiyoborere myiza

Editorial 24 Aug 2023
Abanyarwanda tubarememo ‘ Icyizere ‘ batinyuke Polisi – Perezida Kagame

Abanyarwanda tubarememo ‘ Icyizere ‘ batinyuke Polisi – Perezida Kagame

Editorial 16 Jun 2017
Perezida wa Tanzania Magufuli yirukanye abakozi ba Leta ibihumbi 10 bahawe akazi badakwiye gukora

Perezida wa Tanzania Magufuli yirukanye abakozi ba Leta ibihumbi 10 bahawe akazi badakwiye gukora

Editorial 29 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Akavuyo mu nteko nshingamategeko ya Tanzania
Mu Rwanda

Akavuyo mu nteko nshingamategeko ya Tanzania

Editorial 31 Aug 2016
Ubufatanye burakenewe mu gutanga amakuru nyayo ku buzima bw’imyororokere
Amakuru

Ubufatanye burakenewe mu gutanga amakuru nyayo ku buzima bw’imyororokere

Editorial 02 May 2024
RDC: Umusirikare wa FARDC yishe abana be babiri na we ahita yirasa
HIRYA NO HINO

RDC: Umusirikare wa FARDC yishe abana be babiri na we ahita yirasa

Editorial 05 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru