• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Gatabazi na Bamporiki bagororewe

Gatabazi na Bamporiki bagororewe

Editorial 31 Aug 2017 Mu Rwanda

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakoze impinduka muri Guverinoma nshya aho Yagororeye bamwe mu bamufashije mu gihe cyo kwiyamamaza barimo Hon. Gatabazi JMV na Hon. Edouard Bamporiki.

Gatabazi JMV wari Umudepite yagizwe Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru asimbuye Musabyimana Claude wagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Ministeri y’Ubutaka n’Amashyamba.

Naho Bamporiki Edouard wari umaze imyaka igera kuri ine mu Nteko Ishinga Amategeko yagizwe Perezida w’Itorero ry’Igihugu asimbuye Rucagu Boniface wagizwe umwe mubagize Inama Ngishwanama y’Inararibonye.

-7805.jpg

Gatabazi na Bamporiki

Mu baminisitiri 20 batangajwe muri Guverinoma, 11 muri bo ni ab’igitsina gore barimo 6 bari basanzwe muri Guverinoma icyuye igihe, abandi bakaba ari bashya.

Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga (MYICT) iyoborwa na Jean Philbert Nsengimana, yaciwemo ibice bibiri habaho Minisiteri y’Urubyiruko iyobowe na Mbabazi Rosemary wari Umunyamabanga uhoraho muri MYICT naho Jean Philbert Nsengimana asigara ari muri Minisitiri w’Ikoranabuhanga n’Itumanaho.

Rwanyindo Kayirangwa Fanfan wari usanzwe ari Visi Perezida w’Urukiko Rukuru rw’Ubucuruzi kuva mu Ukwakira 2013 ni undi mugore winjiye muri Guverinoma aho yahawe kuyobora Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo. Iyi yari isanzwe iyoborwa na Uwizeye Judith wagizwe Minisitiri Perezidansi ya Repubulika.

Kayisire Marie Solange wari usanzwe akora mu rwego rw’Igihugu rushinzwe Intwari, Imidari n’Impeta z’ishimwe nawe yinjiye muri Guverinoma aho ari Minisitiri muri Primature ushinzwe Imirimo y’Inama y’Abaminisitiri, umwanya wari usanzweho Stella Ford Mugabo utagaragaye muri iyi Guverinoma nshya.

Debonheur Jeanne d’Arc wakoze mu Rukiko rw’Ikirenga ni umwe mu baminisitiri bashya nawe aho yasimbuye Seraphine Mukantabana ku mwanya wa Minisitiri ushinzwe impunzi n’Imicungire y‘Ibiza.

Tumushime Francine wari Umuyobozi Mukuru muri Minaloc nawe yahawe kuyobora Minisiteri y’Ubutaka n’Amashyamba. Ni Minisiteri itari isanzweho kuko inshingano zayo zari zikomatanyijwe n’iziy’umutungo kamere yayoborwaga na Dr Vincent Biruta. Uyu we akaba yagumye muri Guverinoma ariko ayobora Minisiteri y’Ibidukikije.

Munyeshyaka Vincent wari Umunyamabanga wa Leta ushinzwe imibereho myiza y’abaturage muri Minaloc yagizwe Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda asimbuye Francois Kanimba wari umaze igihe kinini kuri uyu mwanya.

Mu banyamabanga ba Leta ho impinduka zabayemo ni uko hiyongereyemo umwe bakaba 11 mu gihe bari basanzwe ari 10. Mu banyamabanga ba leta batatu bashya barimo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane, n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y‘Iburasirazuba [umwanya utari usanzweho] aho Nduhungirehe Olivier wari usanzwe ari Ambasaderi w’u Rwanda mu Bubiligi ariwe uwuriho.

Undi ni Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo ushinzwe gutwara Abantu n’Ibintu wagizwe Uwihanganye Jean de Dieu wakoraga muri NPD Cotraco akaba yarigeze no kuba umunyamakuru kuri Radio Salus. Ni umwanya asimbuyeho Nzahabwanimana Alexis.

Harelimana Cyriaque yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe Iterambere ry’Abaturage asimbuye Munyeshaka Vincent wagizwe Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda.

Mukantabana Seraphine wari Minisitiri w’impunzi n’ibiza, we yagizwe Perezida wa Komisiyo yo gusubiza mu buzima busanzwe Abavuye ku rugerero mu gihe Rugira Amandin, wari Ambasaderi w’u Rwanda mu Burundi yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Bubiligi.

2017-08-31
Editorial

IZINDI NKURU

Ishyaka PS Imberakuri ryemeje ko nta mukandida rizatanga mu matora y’Umukuru w’Igihugu, ntirizashyigikira na Kagame nka PL na PSD

Ishyaka PS Imberakuri ryemeje ko nta mukandida rizatanga mu matora y’Umukuru w’Igihugu, ntirizashyigikira na Kagame nka PL na PSD

Editorial 12 Jun 2017
Gicumbi: Yagwiriwe n’ikirombe  yitaba Imana

Gicumbi: Yagwiriwe n’ikirombe yitaba Imana

Editorial 02 Mar 2017
Ndikumana Hamad ‘Katauti’ yitabye Imana

Ndikumana Hamad ‘Katauti’ yitabye Imana

Editorial 15 Nov 2017
U Rwanda rwageze muri kimwe cya kane cy’imikino Nyafurika ya Volleyball, ni nyuma yo gutsinda ikipe ya Burikina Faso amaseti atatu ku busa

U Rwanda rwageze muri kimwe cya kane cy’imikino Nyafurika ya Volleyball, ni nyuma yo gutsinda ikipe ya Burikina Faso amaseti atatu ku busa

Editorial 10 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inama y’umushyikirano 2017  ngo ni Amateka akomeye kuri Rutayisire Boniface utuye mu Bubiligi 
INKURU NYAMUKURU

Inama y’umushyikirano 2017  ngo ni Amateka akomeye kuri Rutayisire Boniface utuye mu Bubiligi 

Editorial 11 Dec 2017
Abarwanyi ba RNC bitoreza muri Uganda barifashishwa mu kugirira nabi abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Museveni.
Amakuru

Abarwanyi ba RNC bitoreza muri Uganda barifashishwa mu kugirira nabi abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Museveni.

Editorial 27 Nov 2020
Victoire ingabire ntiyigeze ava muri FDU inkingi, naho ingengabitekerezo ye ni yayindi ya Hutu Pawa
Amakuru

Victoire ingabire ntiyigeze ava muri FDU inkingi, naho ingengabitekerezo ye ni yayindi ya Hutu Pawa

Editorial 02 Dec 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru