• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ishyaka PS Imberakuri ryemeje ko nta mukandida rizatanga mu matora y’Umukuru w’Igihugu, ntirizashyigikira na Kagame nka PL na PSD

Ishyaka PS Imberakuri ryemeje ko nta mukandida rizatanga mu matora y’Umukuru w’Igihugu, ntirizashyigikira na Kagame nka PL na PSD

Ubwanditsi 12 Jun 2017 Mu Rwanda

Abayoboke b’Ishyaka riharanira imibereho myiza y’abaturega (PS Imberakuri ) bemeje kuri iki Cyumweru ko nta mukandida bazatanga mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri Kanama 2017. Kandi ntirizashyigikira na Perezida Kagame

Ibi byavugiwe mu nteko rusange y’iri shyaka yateraniye i Kigali kuri uyu wa 11 Kamena 2017, baganira ku ngingo ebyiri zirimo gukumira no gukemura amakimbirane muri politiki no kureba aho ishyaka rigeze ryitegura amatora y’Umukuru w’Igihugu.

Ryafunguye ibiganiro abayoboke bagaragaza uko bumva amatora, bamwe bagaragaza impungenge bavuga ko mu gihe baba badatanze umukandida byatuma ishyaka rigaragara nk’irikendereye, abandi bakibaza icyakurikiraho mu gihe bamutanga ariko ntibabone ubushobozi bwo kwiyamamaza.

Mu matora yabaye, 69% bagaragaje ko batazatanga umukandida, 30% bari bashyigikiye ko bamutanga, naho 1% bavugaga ko byakomeza bikaganirwaho; gusa ubwiganze bw’ibitekerezo bwagaragaje ko nta mukandida bazatanga.

Mu kiganiro na Radiyo Rwanda, Umuyobozi wa PS Imberakuri, Mukabunani Christine, yavuze ko umurwanashyaka wa PS Imberakuri ku munsi w’amatora azahitamo uwo atora mu bakandida baziyamamaza akurikije ubushishozi bwe.

PS Imberakuri igaragaje icyemezo cyayo nyuma y’andi mashyaka y PL na PSD yo yemeje kuzajya inyuma ya Perezida Kagame nk’uko Abanyarwanda babimusabye babinyujije mu Nteko Ishinga Amategeko, ingingo y’itegeko nshinga yari kumukumira kwiyamamaza ikavugururwa bitowe muri Referendumu.

-6937.jpg

Christine Mukabunani

Umuryango wa FPR Inkotanyi nturemeza umukandida uzatanga kuko amatora yabanje guhera mu nzego z’ibanze ariko Perezida Kagame yagiye aza ku isonga, akanagira amajwi 100%.

Ishyaka Green Party ryo ryamaze kwemeza ko umuyobozi waryo, Dr Frank Habineza aziyamamaza. Akaba yajyanye kandidatire ye muri Komisiyo y’Amatora kuri uyu wa mbere.

Ku rundi ruhande, abakandida bigenga batangiye inzira yo kuzahatanira Umwanya w’Umukuru w’Igihugu barimo Philippe Mpayimana, Diane Shimwa Rwigara na Gilbert Mwenedata.

Ingengabihe y’amatora iteganya ko hagati ya tariki 12 na 23 Kamena hazakirwa kandidatire z’abakandida; tariki 27 z’uko kwezi Komisiyo y’Amatora ikazatangaza kandidatire z’agateganyo, zikazatangazwa burundu ku wa 7 Nyakanga

2017-06-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

RUSHYASHYA 05 Aug 2026
RMC yashyize igorora Abanyarwanda bifuza gutunga Moto zikorerwa mu Rwanda

RMC yashyize igorora Abanyarwanda bifuza gutunga Moto zikorerwa mu Rwanda

Ubwanditsi 22 Aug 2017
Urukiko rwategetse ko abayobozi ba FERWAFA bakekwaho ruswa baburana bari hanze

Urukiko rwategetse ko abayobozi ba FERWAFA bakekwaho ruswa baburana bari hanze

Ubwanditsi 26 Sep 2018
U Rwanda ntirurajwe ishinga n’Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha(ICC)-Mushikiwabo

U Rwanda ntirurajwe ishinga n’Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha(ICC)-Mushikiwabo

Ubwanditsi 31 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Jean Claude Hérault wabaye umuyobozi mukuru w’isiganwa rya Tour Du Rwanda mu gihe cy’imyaka 8 yitabye Imana azize Koronavirusi.
Amakuru

Jean Claude Hérault wabaye umuyobozi mukuru w’isiganwa rya Tour Du Rwanda mu gihe cy’imyaka 8 yitabye Imana azize Koronavirusi.

Ubwanditsi 16 Apr 2021
Kizza Besigye utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda yatawe muri yombi
INKURU NYAMUKURU

Kizza Besigye utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda yatawe muri yombi

Ubwanditsi 23 Aug 2018
Nyuma yo kuba umukinnnyi akaba na kapiteni wa Ukaine yamaze no kuba umutoza wayo wungirije
IMIKINO

Nyuma yo kuba umukinnnyi akaba na kapiteni wa Ukaine yamaze no kuba umutoza wayo wungirije

Ubwanditsi 22 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru