• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ishyaka PS Imberakuri ryemeje ko nta mukandida rizatanga mu matora y’Umukuru w’Igihugu, ntirizashyigikira na Kagame nka PL na PSD

Ishyaka PS Imberakuri ryemeje ko nta mukandida rizatanga mu matora y’Umukuru w’Igihugu, ntirizashyigikira na Kagame nka PL na PSD

Ubwanditsi 12 Jun 2017 Mu Rwanda

Abayoboke b’Ishyaka riharanira imibereho myiza y’abaturega (PS Imberakuri ) bemeje kuri iki Cyumweru ko nta mukandida bazatanga mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri Kanama 2017. Kandi ntirizashyigikira na Perezida Kagame

Ibi byavugiwe mu nteko rusange y’iri shyaka yateraniye i Kigali kuri uyu wa 11 Kamena 2017, baganira ku ngingo ebyiri zirimo gukumira no gukemura amakimbirane muri politiki no kureba aho ishyaka rigeze ryitegura amatora y’Umukuru w’Igihugu.

Ryafunguye ibiganiro abayoboke bagaragaza uko bumva amatora, bamwe bagaragaza impungenge bavuga ko mu gihe baba badatanze umukandida byatuma ishyaka rigaragara nk’irikendereye, abandi bakibaza icyakurikiraho mu gihe bamutanga ariko ntibabone ubushobozi bwo kwiyamamaza.

Mu matora yabaye, 69% bagaragaje ko batazatanga umukandida, 30% bari bashyigikiye ko bamutanga, naho 1% bavugaga ko byakomeza bikaganirwaho; gusa ubwiganze bw’ibitekerezo bwagaragaje ko nta mukandida bazatanga.

Mu kiganiro na Radiyo Rwanda, Umuyobozi wa PS Imberakuri, Mukabunani Christine, yavuze ko umurwanashyaka wa PS Imberakuri ku munsi w’amatora azahitamo uwo atora mu bakandida baziyamamaza akurikije ubushishozi bwe.

PS Imberakuri igaragaje icyemezo cyayo nyuma y’andi mashyaka y PL na PSD yo yemeje kuzajya inyuma ya Perezida Kagame nk’uko Abanyarwanda babimusabye babinyujije mu Nteko Ishinga Amategeko, ingingo y’itegeko nshinga yari kumukumira kwiyamamaza ikavugururwa bitowe muri Referendumu.

-6937.jpg

Christine Mukabunani

Umuryango wa FPR Inkotanyi nturemeza umukandida uzatanga kuko amatora yabanje guhera mu nzego z’ibanze ariko Perezida Kagame yagiye aza ku isonga, akanagira amajwi 100%.

Ishyaka Green Party ryo ryamaze kwemeza ko umuyobozi waryo, Dr Frank Habineza aziyamamaza. Akaba yajyanye kandidatire ye muri Komisiyo y’Amatora kuri uyu wa mbere.

Ku rundi ruhande, abakandida bigenga batangiye inzira yo kuzahatanira Umwanya w’Umukuru w’Igihugu barimo Philippe Mpayimana, Diane Shimwa Rwigara na Gilbert Mwenedata.

Ingengabihe y’amatora iteganya ko hagati ya tariki 12 na 23 Kamena hazakirwa kandidatire z’abakandida; tariki 27 z’uko kwezi Komisiyo y’Amatora ikazatangaza kandidatire z’agateganyo, zikazatangazwa burundu ku wa 7 Nyakanga

2017-06-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imiterere y’urubanza rwa Perezida Zuma rutangiye iburanishwa

Imiterere y’urubanza rwa Perezida Zuma rutangiye iburanishwa

Ubwanditsi 15 May 2017
Kwibuka24: Perezida Kagame yashimiye uwa Burkina Faso ku butumwa bwihanganisha Abanyarwanda

Kwibuka24: Perezida Kagame yashimiye uwa Burkina Faso ku butumwa bwihanganisha Abanyarwanda

Ubwanditsi 09 Apr 2018
Uhohotera umugore n’umukobwa wese yikosore, natikosora azabisobanura imbere y’amategeko: Perezida wa Sena

Uhohotera umugore n’umukobwa wese yikosore, natikosora azabisobanura imbere y’amategeko: Perezida wa Sena

Ubwanditsi 25 Nov 2017
Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira  gahunda y’Ikingira

Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira gahunda y’Ikingira

Ubwanditsi 09 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Itangazamakuru mu marembera : Abasimbuye Murama mu nama nkuru y’itangazamakuru urwishe yanka ruracyayirimo
Mu Mahanga

Itangazamakuru mu marembera : Abasimbuye Murama mu nama nkuru y’itangazamakuru urwishe yanka ruracyayirimo

Ubwanditsi 20 Mar 2016
Minisitiri muri Israel yashimangiye umubano w’u Rwanda n’igihugu cye ubwo yakiraga Perezida Kagame
Mu Rwanda

Minisitiri muri Israel yashimangiye umubano w’u Rwanda n’igihugu cye ubwo yakiraga Perezida Kagame

Ubwanditsi 10 Jul 2017
Ni iki cyihishe inyuma y’inkuru y’ikinyoma Uganda yatangaje kuri Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Ni iki cyihishe inyuma y’inkuru y’ikinyoma Uganda yatangaje kuri Perezida Kagame

Ubwanditsi 29 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru