• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ishyaka PS Imberakuri ryemeje ko nta mukandida rizatanga mu matora y’Umukuru w’Igihugu, ntirizashyigikira na Kagame nka PL na PSD

Ishyaka PS Imberakuri ryemeje ko nta mukandida rizatanga mu matora y’Umukuru w’Igihugu, ntirizashyigikira na Kagame nka PL na PSD

Ubwanditsi 12 Jun 2017 Mu Rwanda

Abayoboke b’Ishyaka riharanira imibereho myiza y’abaturega (PS Imberakuri ) bemeje kuri iki Cyumweru ko nta mukandida bazatanga mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri Kanama 2017. Kandi ntirizashyigikira na Perezida Kagame

Ibi byavugiwe mu nteko rusange y’iri shyaka yateraniye i Kigali kuri uyu wa 11 Kamena 2017, baganira ku ngingo ebyiri zirimo gukumira no gukemura amakimbirane muri politiki no kureba aho ishyaka rigeze ryitegura amatora y’Umukuru w’Igihugu.

Ryafunguye ibiganiro abayoboke bagaragaza uko bumva amatora, bamwe bagaragaza impungenge bavuga ko mu gihe baba badatanze umukandida byatuma ishyaka rigaragara nk’irikendereye, abandi bakibaza icyakurikiraho mu gihe bamutanga ariko ntibabone ubushobozi bwo kwiyamamaza.

Mu matora yabaye, 69% bagaragaje ko batazatanga umukandida, 30% bari bashyigikiye ko bamutanga, naho 1% bavugaga ko byakomeza bikaganirwaho; gusa ubwiganze bw’ibitekerezo bwagaragaje ko nta mukandida bazatanga.

Mu kiganiro na Radiyo Rwanda, Umuyobozi wa PS Imberakuri, Mukabunani Christine, yavuze ko umurwanashyaka wa PS Imberakuri ku munsi w’amatora azahitamo uwo atora mu bakandida baziyamamaza akurikije ubushishozi bwe.

PS Imberakuri igaragaje icyemezo cyayo nyuma y’andi mashyaka y PL na PSD yo yemeje kuzajya inyuma ya Perezida Kagame nk’uko Abanyarwanda babimusabye babinyujije mu Nteko Ishinga Amategeko, ingingo y’itegeko nshinga yari kumukumira kwiyamamaza ikavugururwa bitowe muri Referendumu.

-6937.jpg

Christine Mukabunani

Umuryango wa FPR Inkotanyi nturemeza umukandida uzatanga kuko amatora yabanje guhera mu nzego z’ibanze ariko Perezida Kagame yagiye aza ku isonga, akanagira amajwi 100%.

Ishyaka Green Party ryo ryamaze kwemeza ko umuyobozi waryo, Dr Frank Habineza aziyamamaza. Akaba yajyanye kandidatire ye muri Komisiyo y’Amatora kuri uyu wa mbere.

Ku rundi ruhande, abakandida bigenga batangiye inzira yo kuzahatanira Umwanya w’Umukuru w’Igihugu barimo Philippe Mpayimana, Diane Shimwa Rwigara na Gilbert Mwenedata.

Ingengabihe y’amatora iteganya ko hagati ya tariki 12 na 23 Kamena hazakirwa kandidatire z’abakandida; tariki 27 z’uko kwezi Komisiyo y’Amatora ikazatangaza kandidatire z’agateganyo, zikazatangazwa burundu ku wa 7 Nyakanga

2017-06-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda irashimira abaturage uko bitwaye muri Tour du Rwanda 2017

Polisi y’u Rwanda irashimira abaturage uko bitwaye muri Tour du Rwanda 2017

Ubwanditsi 21 Nov 2017
Tariki 15 Nyakanga 2024: Umunsi wo kuvugurura igihango.

Tariki 15 Nyakanga 2024: Umunsi wo kuvugurura igihango.

Ubwanditsi 11 Mar 2024
Mu mukino wabonetsemo amakarita 3 atukura, AS Kigali yatsinze Gorilla FC ifata umwanya wa 3 w’agateganyo, Uko umunsi wa 18 wa shampiyona y’u Rwanda ukomeza

Mu mukino wabonetsemo amakarita 3 atukura, AS Kigali yatsinze Gorilla FC ifata umwanya wa 3 w’agateganyo, Uko umunsi wa 18 wa shampiyona y’u Rwanda ukomeza

Ubwanditsi 20 Feb 2022
Amanota y’abatsinze ibizamini bya leta mu mashuri abanza n’icyiciro rusange  aratangazwa kuri uyu wa Kabiri

Amanota y’abatsinze ibizamini bya leta mu mashuri abanza n’icyiciro rusange aratangazwa kuri uyu wa Kabiri

Ubwanditsi 08 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Leta y’u Rwanda yiyemeje ko mu 2030 abanyarwanda 95% bazaba baripimishije Virus itera Sida
Amakuru

Leta y’u Rwanda yiyemeje ko mu 2030 abanyarwanda 95% bazaba baripimishije Virus itera Sida

Ubwanditsi 24 Sep 2023
Mu mateka y’U Rwanda rwohereje mu isanzure icyogajuru kizahaza internet ibice by’icyaro
IKORANABUHANGA

Mu mateka y’U Rwanda rwohereje mu isanzure icyogajuru kizahaza internet ibice by’icyaro

Ubwanditsi 28 Feb 2019
Isesengura ku Matora ya Perezida wa Repubulika (Igice cya 2) – Intsinzi ya Paul Kagame ifite inkomoko
POLITIKI

Isesengura ku Matora ya Perezida wa Repubulika (Igice cya 2) – Intsinzi ya Paul Kagame ifite inkomoko

Ubwanditsi 14 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru