• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Imiterere y’urubanza rwa Perezida Zuma rutangiye iburanishwa

Imiterere y’urubanza rwa Perezida Zuma rutangiye iburanishwa

Ubwanditsi 15 May 2017 Mu Rwanda

Urukiko rw’itegeko nshinga muri Afurika y’Epfo bitegenyijwe yuko uyu munsi ari bwo rutangira kuburanisha urubanza rwa Perezida Jacob Zuma aho rutezweho umwanzuro ko abadepite batora mu ibanga cyangwa ku mugaragaro icyifuzo cyo kumukura ku butegetsi.

Mu kwezi gushize abadepite mu nteko nshingamategeko ya Afurika y’Epfo nibwo bari gutorera icyemezo cyo gukuraho Zuma icyizere (impeachment), agatakaza umwanya we w’umukuru w’igihugu. Ariko ibi byaje gusubikwa kubera intambamyi y’ishyaka the United Democratic Movement (UDM) ryasabye urukiko rw’itegeko nshinga kwemeza yuko mu gutorera iryo kurwaho rya Zuma byakorwa mu ibanga aho kuba kumugaragaro !

Nk’uko umuyobozi wa UDM, Bantu Holomisa, yakomeje abitangariza itangazamakuru ritandukanye impamvu zo gusaba urukiko ngo rutegeke abadepite gutora mu ibanga ivanwaho rya Perezida Zuma zishingiye ku ngingo nini ebyiri.
Iya mbere n’uko n’ubusanzwe abadepite muri Afurika y’Epfo nibo batora Perezida wa Repubulika, kandi babikora mu ibanga. Ngo nta mpavu rero gotorera ikurwaho rye nabyo bitakorwa mu ibanga !

Impamvu ya kabiri itangwa na UDM muri icyo kirego cyayo ngo ni uko Abadepite bakomoka mu ishyaka rya African National Congress (ANC) baterwa ubwoba ko uzaramuka atoreye yuko Zuma yakurwa ku butegetsi byabaviramo ingaruka mbi zikomeye, zirimo no kwirukanwa mu mirimo !
-6590.jpg
-6591.jpg


Perezida Zuma

ANC niryo shyaka riri ku butegetsi, Jacob Zuma akaba ari nawe Perezida waryo. ANC niryo shyaka rifite intebe nyinshi mu nteko nshingamatege, icyo ritoreye yuko gihita kirahita n’icyo ryanze ntigihite.

Aba buranira Zuma bo bafite ingingo eshatu nini bitwaje banga yuko abadepite batora mu ibanga. Ingingo ya mbere ngo n’uko mu itegeko nshinga bitavugwa ko abadepite bagomba gutorera mu ibanga ikurwaho rya Perezida wa Repubulika.

Ingingo ya kabiri ngo n’uko ibyo gutora mu ibanga kw’abadepite bitemezwa n’urukiko, naho impamvu ya gatatu n’uko ngo nta gihamya abarega bagaragaza yuko abadepite ba ANC bashyirwaho iterabwoba ngo ntibazatore yuko Perezida Zuma yakurwa ku butegetsi.

-6592.jpg

Perezida Zuma mu bibazo bitamworoheye muri iki gihe

Urukiko rero nirwo rutezweho umwanzuro ariko uko ibintu byakomeje kwigaragaza muri icyo gihugu cya Afurika y’Epfo ni uko iryo tora riramutse rikozwe mu ibanga Perezida Zuma yabona amajwi menshi amakura ku butegetsi. No muri ANC Zuma aranzwe cyane ku buryo abadepite bayo batoye mu ibanga koko benshi batorera yuko akurwaho, ikaba ariyo mpamvu nawe agundagurana ngo bikorwe ku mugaragaro.

Ntabwo ari ubwa mbere abadepite batorera ikurwaho rya Perezida Zuma kuko bimaze kuba inshuro eshatu zose byanga, bamwe bagahamya yuko biterwa n’uko itora riba ritakozwe mu ibanga. Ubusanzwe Jacob Zuma yari kurangiza manda ye nk’umukuru w’igihugu mu mpera za 2019, naho manda ye nka Perezida wa ANC ikazarangira Ukuboza uyu mwaka.

Casmiry Kayumba

2017-05-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’amezi 13 ayobora ikipe ya APR FC, Brig Gen Déo Rusanganwa wari Chairman wayo ntakiri muri izo nshingano

Nyuma y’amezi 13 ayobora ikipe ya APR FC, Brig Gen Déo Rusanganwa wari Chairman wayo ntakiri muri izo nshingano

Ubwanditsi 09 Dec 2025
INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA AHORUKOMEYE Victor RUSABA GUHINDURA IZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA AHORUKOMEYE Victor RUSABA GUHINDURA IZINA

Ubwanditsi 04 Feb 2019
Imyaka 50 irashize Habyarimana afashe ubutegetsi, Ivangura ryaburanze

Imyaka 50 irashize Habyarimana afashe ubutegetsi, Ivangura ryaburanze

Ubwanditsi 30 Aug 2023
Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba ntiwakemura ikibazo cya Kongo, mu gihe hari ibihugu bishyira imbere inyungu zabyo aho kureba iz’Umuryango wose”- Perezida Kagame.

Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba ntiwakemura ikibazo cya Kongo, mu gihe hari ibihugu bishyira imbere inyungu zabyo aho kureba iz’Umuryango wose”- Perezida Kagame.

Ubwanditsi 30 Jan 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Seyoboka yagejejwe imbere y’urukiko rwa Gisirikare, urubanza rurasubikwa kubera Avoka
Amakuru

Seyoboka yagejejwe imbere y’urukiko rwa Gisirikare, urubanza rurasubikwa kubera Avoka

Ubwanditsi 28 Nov 2016
Rubingisa wari umuyobozi wungirije wa UR yasimbujwe
Mu Rwanda

Rubingisa wari umuyobozi wungirije wa UR yasimbujwe

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Bayern Munich yandagarije Tottenham iwayo, Real Madrid ikomeza gutungurwa
IMIKINO

Bayern Munich yandagarije Tottenham iwayo, Real Madrid ikomeza gutungurwa

Ubwanditsi 02 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru