• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Icyamamare mu ndirimbo zihimbaza Imana Rose Muhando yatumiwe mu Gitaramo i Kigali amaso yaheze mukirere uyu musi nuwa 3 bakimutegereje

Icyamamare mu ndirimbo zihimbaza Imana Rose Muhando yatumiwe mu Gitaramo i Kigali amaso yaheze mukirere uyu musi nuwa 3 bakimutegereje

Ubwanditsi 01 Sep 2017 Mu Rwanda

Umuhanzi w’icyamamare mu ndirimbo zihimbaza Imana, Rose Muhando, amaze iminsi itatu ategerejwe i Kigali aho yagombaga gufatanya n’abandi bahanzi bo mu Rwanda mu gitaramo cy’ivugabutumwa cyateguwe n’Itorero Foursquare Gospel Church yatumiwemo.

-7828.jpg

Muhando yagombaga kugera ku butaka bw’u Rwanda, ku wa Kabiri, tariki ya 29 Kanama 2017 ndetse agatangirana n’igitaramo ku munsi ukurikiraho ariko kuva icyo gihe abayobozi bo mu itorero ryagiteguye ntibaramuca iryera.

Igiterane ngarukamwaka yatumiwemo cyatangiye ku ya 30 Kanama 2017, kikaba kiri kubera muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami ry’Uburezi, ahahoze hazwi nka KIE, ku kibuga cy’umupira kuva saa kumi z’umugoroba.

Itsinda ry’abaririmbyi b’i Mwanza bagombaga kuzana ryamaze kuhasesekara ndetse n’umunyabitangaza Rev. Simon waje abaherekeje niwe uri kubwiriza ijambo ry’Imana. Iki gitaramo cy’iminsi ine kandi kiri kwitabirwa n’abahanzi barimo Alarm Ministries, Gisubizo Ministries, Healing Worship Team, Tonzi, Aline Gahongayire, Liliane Kabaganza, Theo Bosebabireba n’abandi.

Mu kiganiro, Umushumba w’Itorero Foursquare Gospel Church mu Rwanda, Bishop Dr. Fidèle Masengo yagiranye na IGIHE yatangaje ko bagifite icyizere ko uyu muhanzikazi agera mu Rwanda.

Yagize ati “Ntabwo nahita nkubwira impamvu atarahagera. Aritwe turavugana ndetse yanabwiye abanyamakuru ko azaza (kuri uyu wa Gatanu) turamutegereje. Ntabwo nahita nemeza ko aza kuko ashobora no kutahagera.”

-7829.jpg

Bishop Dr. Fidèle Masengo yavuze ko bagifite icyizere ko uyu muhanzikazi agera mu Rwanda

Bishop Dr. Fidèle Masengo uheruka gutangaza ko mu kiganiro cyihariye yagiranye na Muhando ku mpamvu atitabira ibitaramo ari uko ashyirwa kuri gahunda batavuganye n’abagiteguye rimwe na rimwe bigatuma abantu bamufata nk’umuhemu.

Yagize ati “Rose Muhando twaravuganye kandi n’ibyo twagombaga kumuha twarabimuhaye. Ni we twanyuzagaho amafaranga yo guha itsinda ry’abaririmbyi basaga 40 babarizwa mu itorero rya Assembly of God kandi dufite n’inyandiko zigaragaza ko yamugezeho.”

Ku wa Gatatu w’iki Cyumweru, umwe mu bayobozi bashinzwe Itangazamakuru muri Foursquare Gospel Church yadutangarije ko bari bategereje Muhando wari wababwiye ko yaje n’imodoka ariko amaso yaheze mu kirere.

Rose Muhando yaba agiye kongera kunyomeka Abanyarwanda?

Mu gihe iki gitaramo gisigaje iminsi ibiri ngo gisozwe, Muhando naramuka atacyitabiriye azaba akomeje kwandika amateka yo kunyomeka Abanyarwanda kuko hari n’abandi yagiye atenguha bamutumiye ariko bikarangira abanyometse.

Mu 2014, Muhando yatumiwe mu gitaramo cyabereye i Nyagatare aho yagombaga gutaramira kuva tariki ya 13-16 Ugushyingo 2014 ariko abari bamutumiye bayobowe na Pasiteri Isaie Baho Uwihirwe ntibamuca iryera.

Mu mwaka wakurikiyeho wa 2015 yongeye gutumirwa mu giterane cy’Umunyamerika Jennifer Wilde cyabereye i Muhanga tariki 23-26 Nyakanga 2015, yishyurwa amafaranga yose yari yasabye ariko birangira atahakandagije ikirenge.

Mu minsi mike ishize Muhando wamenyekanye cyane muri Tanzania no mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba mu ndirimbo zirimo ‘Nibebe’ yasohotse kuri album yise ‘Jipange Sawa Sawa’ n’izindi yari yoherereje Pasiteri Baho ubutumwa yanyujije kuri WhatsApp amusaba imbabazi.

-7830.jpg

Rose Muhando watumiwe mu gitaramo gikomeye i Kigali amaze iminsi itatu atarakandagira mu Rwanda

2017-09-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urunturuntu mu ishyaka rya Depite Frank Habineza uri mu nzira zo kwivuguruza kumagambo asabira ibiganiro imitwe y’iterabwoba

Urunturuntu mu ishyaka rya Depite Frank Habineza uri mu nzira zo kwivuguruza kumagambo asabira ibiganiro imitwe y’iterabwoba

Ubwanditsi 07 Sep 2022
Abapolisi b’u Rwanda 140 berekeje mu butumwa bw’amahoro muri Haiti

Abapolisi b’u Rwanda 140 berekeje mu butumwa bw’amahoro muri Haiti

Ubwanditsi 25 Aug 2017
René Rutagungira wasezerewe mu ngabo z’u Rwanda afite ipeti rya sergeant, yashimutiwe Kampala

René Rutagungira wasezerewe mu ngabo z’u Rwanda afite ipeti rya sergeant, yashimutiwe Kampala

Ubwanditsi 10 Aug 2017
ABAYOBOZI B’IGISIRIKARE CYA AMERIKA BACYEJE URUHARE RW’INGABO Z’U RWANDA MURI SUDANI Y’EPFO.

ABAYOBOZI B’IGISIRIKARE CYA AMERIKA BACYEJE URUHARE RW’INGABO Z’U RWANDA MURI SUDANI Y’EPFO.

Ubwanditsi 12 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abarokotse Jenoside Yakorewe abatutsi baributsa “Idamange Yvonne” ko Leta yabarokoye ikabakura ku mwobo w’urupfu, ahubwo ariwe ukoresha iturufu ya Jenoside ngo abone VISA na Go fund me, Ubutabera buramutegereje
Amakuru

Abarokotse Jenoside Yakorewe abatutsi baributsa “Idamange Yvonne” ko Leta yabarokoye ikabakura ku mwobo w’urupfu, ahubwo ariwe ukoresha iturufu ya Jenoside ngo abone VISA na Go fund me, Ubutabera buramutegereje

Ubwanditsi 05 Feb 2021
Perezida wa banki y’ Isi  yasesekaye mu Rwanda [ YAVUGURUWE ]
UBUKUNGU

Perezida wa banki y’ Isi yasesekaye mu Rwanda [ YAVUGURUWE ]

Ubwanditsi 18 Mar 2017
Zimbabwe na Nigeria banganyirije i Huye 1-1 mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026
Amakuru

Zimbabwe na Nigeria banganyirije i Huye 1-1 mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

Ubwanditsi 19 Nov 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru