• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ikinamico kwa bene Rwigara: ‘ Amagambo ashize ivuga ‘

Ikinamico kwa bene Rwigara: ‘ Amagambo ashize ivuga ‘

Editorial 11 Sep 2017 Mu Rwanda

Amagambo yashize ivuga nyuma y’iminsi ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwizwa inkuru ko Diane Rwigara n’abo mu muryango we baburiwe irengero kugeza ubwo Polisi y’Igihugu yibasiwe bikomeye ishinjwa guta muri yombi uyu mukobwa n’abo mu muryango we; ariko kera kabaye byaje gutahurwa ko byose ari umugambi uyu muryango wari warakoze ushaka guteza impagarara n’urunturuntu.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, nibwo polisi yatahuye batatu mu bagize umuryango wa Rwigara bashakishwaga aribo Diane Rwigara, Anne Rwigara n’umubyeyi wabo Adeline Rwigara, bari mu gikari cy’inzu yabo mu Kiyovu, nyuma y’iminsi bahamagarwa mu bugenzacyaha ntibitabe.

Ni nyuma y’amagambo menshi yavugwaga ko aba bagize umuryango wa Rwigara Assinapol baburiwe irengero abandi bakavuga ko batawe muri yombi n’inzego z’umutekano bakaba bafungiwe ahantu hatazwi.

-7907.jpg

-7909.jpg

Impanuka yahitanye nyakwigendera Rwigara Assinapol

Ubusanzwe nyakwigendera Rwigara Assinapol n’abagize umuryango we ni abacuruzi ahanini bashabika mu birebana n’itabi ndetse n’ibindi bitandukanye. Nk’uko bikunze kugendekera ibigo by’ubucuruzi bito n’ibinini ahariho hose; Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro kimaze igihe kinini kiri gukora ubugenzuzi mu birebana n’imyishyurire y’imisoro mu masosiyete y’ubucuruzi harimo n’ihuriwemo n’abagize umuryango wa Rwigara.

Iki kigo cyatangaje ko uruganda rutunganya itabi rw’uyu muryango rumaze imyaka irenga itanu nta n’urumiya rw’imisoro rwishyura. Amakuru avuga ko habarurwa asaga miliyari eshanu z’amafaranga y’u Rwanda iki kigo cyari gikwiye kuba cyarishyuye kuva mu 2012.

Ibi byo ubwabyo bihanirwa n’amategeko kuko ingingo ya 371 mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda ivuga ko ‘kutishyura umusoro wagenwe’ bihanishwa igifungo kuva ku meza atandatu kugera ku myaka ibiri, kandi umuntu agatanga ihazabu ingana n’umusoro yanyereje.

Ku rundi ruhande Diane Rwigara aherutse kugaragaza inyota yo kwiyamamariza kuyobora u Rwanda nkuko abyemererwa n’amategeko kimwe n’undi munyarwanda wese; gusa muri uru rugendo asa n’uwaciye inzira itagendwa kuko byatahuwe ko yakoresheje impapuro mpimbano mu gutanga ibyangombwa yasabwaga na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, NEC.

NEC niyo yabigaragaje rugikubita ivuga ko Diane Rwigara afatanyije n’umukorerabushake wayo mu Karere ka Rulindo, biganye imikono y’abantu bagasinyira abagera kuri 26 imyirondoro yabo ikuwe ku makarita y’itora uwo mukorerabushake yari afite.

-7910.jpg

Diane Rwigara n’umubyeyi we kuri Komisiyo y’Amatora

Ibi nabyo mu mategeko birahanirwa kuko ingingo ya 609 mu gitabo cy’amategeko ahana iteganya “igifungo kirenze imyaka itanu kugeza ku myaka irindwi n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi magana atatu kugeza kuri miliyoni eshatu”.

Ku ilisiti y’abari bashyigikiye kandidatire y’uyu mukobwa w’imyaka 35, hanagaragayeho abantu bapfuye aribo Rudahara Augustin; Maniraguha Innocent na Byiringiro Desire.

Izi mpamvu zirebana no gukekwaho kunyereza imisoro ndetse n’ibyaha bifitanye isano no guhimba inyandiko nibyo byahagurukije Polisi itangira gukora iperereza kuri uyu muryango, bitandukanye n’ababisanisha n’uko uyu mukobwa yakurikiranywe azizwa ko yinjiye muri Politiki mu gihe isosiyete y’uyu muryango imaze imyaka n’imyaka yishyuzwa imosoro kandi ba nyirayo babizi.

Ibyo kuburirwa irengero byaje bite?

Kuba bimaze iminsi bivugwa ko baburiwe irengero abandi bakavuga ko bafunze, kubasanga iwabo mu rugo ni ikimenyetso cy’ikinyoma cyahimbwe na Diane Shima Rwigara, kigashimangirwa n’amagambo agaragara ku rukuta rwe rwa Twitter (@ShimaRwigara) rwanditseho ko ubu ruri gukoreshwa n’umwunganizi we, mu gihe nyir’ubwite “afunzwe binyuranyije n’amategeko.”

Hari n’abavuga ko byari bigamije gusembura ibitekerezo bya benshi ngo bumve ko ugukurikiranwa kwe kuri mu mpamvu za politiki, bityo bitwikire ibyaha akekwaho hamwe n’abagize umuryango we.

Bisa n’aho Diane Rwigara n’abo mu muryango we batari bagishaka kuva mu rugo cyangwa ngo bagire ubasura, kuko uretse no kuba baranze gufungurira abapolisi, mbere y’uko bahagera hari n’umugore wari wahaje afite agakapu gato, akanda inzogera yo ku rugo habura umufungurira, arangije arikubura aragenda.

Amakuru y’ifatwa n’ifungwa Diane na we ayihakanira ubwe, kuko ubwo yari amaze kwerekwa inyandiko itegeka ko ajyanwa kuri polisi ku ngufu, mu mvugo yakoreshaga yuje ukubahuka abashinzwe umutekano adasize n’umubyeyi we n’abavandimwe nk’aho yababwiraga ati ‘ceceka, tais-toi!’; yemera ko babaga iwabo, nta wigeze ahabavana.

Hari aho yeruye ko banze kwitaba polisi nkana kubera ko mu iperereza yafashe telefoni zabo igatwara n’amafaranga, bityo batari bafite uburyo bwo kujyayo. Byose bigashimangira ko iby’ukuburirwa irengero n’ifungwa ari ibinyoma bisa, byahimbwe na we ubwe.

Nyamara bisa n’aho basanzwe bava mu rugo, kuko polisi yanze gutwara abahungu babiri ba Rwigara mu modoka yatwayemo bashiki babo na nyina ivuga ko bo ntacyo ibabaza, hanyuma bakatsa imwe mu modoka zari ziparitse mu gipangu cyabo bakabaherekeza mu bugenzacyaha. Ibi binasobanura neza ko kuba Diane yaravugaga ko yabuze uko agera kuri Polisi ari ikinyoma gisa kuko basaza be babonye uko bagerayo ubwo Polisi yajyaga mu rugo rwabo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Theos Badege, yabwiye itangazamakuru ati “Ntabwo bari bafunze, icyakozwe mbere kwari ugusaka bikurikije amategeko, bimwe mu bintu birafatwa harimo n’amafaranga, kandi ubwo umwe mu bavandimwe babo yazaga hano, yabonye amafaranga yasabaga.”

Ikimwaro ku muryango, Filip Reyntjens we asaba imbabazi

Ubwo byatangiraga guhwihwiswa ko umuryango wa Rwigara waburiwe irengero, hari impande nyinshi zahise zihaguruka zibavuganira cyane cyane Diane Rwigara zibihuza n’uko yashatse kwiyamamariza kuyobora u Rwanda.

Umubiligi Filip Reyntjens ukunze kuzamura ijwi asebya u Rwanda, kuwa 31 Kanama yihutiye kwandika kuri twitter ko Shima Diane Rwigara yatawe muri yombi, ko “ukuburirwa irengero kwe kwemejwe n’abantu be ba hafi i Kigali”, akomeza avuga ko “Umuryango mpuzamahanga ukwiye gushyira igitutu kuri guverinoma y’u Rwanda.”

Kuri iyi nshuro Reyntjens yatewe ikimwaro n’ukuri, ahita avuga ko impamvu iyo ari yo yose Diane Rwigara yaba yaragendeyeho ahimba ko yaburiwe irengero, bitari bikwiye ko ayobya rubanda bene aka kageni.

Yakomeje agira ati “Nta mpamvu n’imwe yo kubeshya ko yaburiwe irengero cyangwa afunzwe nk’uko bigaragara kuri konti ye ya twitter. Ni imyitwarire idakwiye, agomba kubisabira imbabazi nk’uko nanjye mbikoze.”

Nyuma yo kubazwa n’ubugenzacyaha, abagize umuryango wa Rwigara basubijwe mu rugo baherekejwe na polisi, mu gihe iperereza rigikomeje.

-7904.jpg

Uhereye ibumoso: Diane Rwigara; Anne Rwigara n’umubyeyi wabo Adeline Rwigara

-7905.jpg

Ubwo Polisi yageraga mu rugo rwo kwa Diane Rwigara, ibintu byari bitereye hejuru nta na kimwe kiri mu mwanya wacyo. Abanyamakuru batunguwe no kubona intebe zisa neza n’izigaragara ku mafoto yakwirakwiye y’uyu mukobwa yambaye ubusa.

-7906.jpg

Source: IGIHE

2017-09-11
Editorial

IZINDI NKURU

Iya 26 Mata 1994: Umunsi hishwe Abatutsi bari bahungiye muri ISAR Rubona

Iya 26 Mata 1994: Umunsi hishwe Abatutsi bari bahungiye muri ISAR Rubona

Editorial 26 Apr 2018
UNILAK irakora ubushakashatsi ku buryo bwo kurengera ibidukikije no kurushaho kwirinda ibiza.

UNILAK irakora ubushakashatsi ku buryo bwo kurengera ibidukikije no kurushaho kwirinda ibiza.

Editorial 04 Sep 2017
As Kigali yatsinzwe na DCMP yo muri Congo ibitego 2-1 mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri mu marushanwa ya CAF Confederations Cup

As Kigali yatsinzwe na DCMP yo muri Congo ibitego 2-1 mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri mu marushanwa ya CAF Confederations Cup

Editorial 17 Oct 2021
Inkomoko ya FDU-Inkingi ya Ingabire yerekana impamvu ari indiri y’Abajenosideri

Inkomoko ya FDU-Inkingi ya Ingabire yerekana impamvu ari indiri y’Abajenosideri

Editorial 16 Jul 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dore Urutonde rw’ ibihugu byakandamije Itangazamakuru muruyu mwaka wa 2017
HIRYA NO HINO

Dore Urutonde rw’ ibihugu byakandamije Itangazamakuru muruyu mwaka wa 2017

Editorial 17 Dec 2017
Chairman wa RPF Kagame Paul yatangaje uko Yeretse igihandure Umujandarume wa Habyara
Amakuru

Chairman wa RPF Kagame Paul yatangaje uko Yeretse igihandure Umujandarume wa Habyara

Editorial 12 Jul 2024
Ubukene bw’imitekerereze bwahejeje Twagiramungu Faustin muri gereza y’irondabwoko
POLITIKI

Ubukene bw’imitekerereze bwahejeje Twagiramungu Faustin muri gereza y’irondabwoko

Editorial 14 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru