• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Dr. Leopold Munyakazi arashimira Perezida Kagame

Dr. Leopold Munyakazi arashimira Perezida Kagame

Ubwanditsi 08 Sep 2017 POLITIKI

Dr. Leopold Munyakazi ufungiye ibyaha bya Jenoside muri Gereza ya Muhanga, avuga ko Leta y’u Rwanda ifata neza imfungwa n’abagororwa na we ari mo ku buryo atabikekaga ndese akaba ashimira Perezida Kagame uburyo ayoboye u Rwanda.

Ibi Dr. Leopold Munyakazi akaba yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 8 Nzeri 2017 ubwo Imfungwa n’abagororwa bo muri Gereza ya Muhanga ubwo bizihizaga umuganura basabana n’imiryango yabo kandi bizihiza intsinzi ya Perezida wa Repubulika Paul Kagame.

Mu ijambo rye Dr.Leopold akaba yishimiye uburyo afashwe neza ati “Turashimira Perezida Kagame ukuntu atuyoboye neza, ubu mfite mudasobwa imfasha kwandika ibijyanye n’urubanza rwanjye.Mbasha kuvugana n’umuryango wanjye kandi uba mu mahanga, ibi bituma natwe tuzabasha kubaka igihugu nidusubira mu buzima busanzwe.”

Dr. Munyakazi avuga ko ibyo avuga bimuri ku mutima nk’uko yabigaragaje acinya akadiho n’ibyishimo ku maso, yishimira umuganura n’intsinzi ya Perezida Kagame.

Ati “Nk’uko twabigaragje mu mbyino n’umudiho, turashima Paul Kagame utuyoborana ubwitonzi n’ubushishozi, tunamusabira ku Mana ngo imukomeze muri iyo nzira yo kubaka igihugu cyunga Abanyarwanda kigatera imbere.”

Imfungwa n’abagororwa bagaragaje ibyishimo batewe no kuba na bo bahabwa uburenganzira bakaganura ku by’imiryango yabo yabazaniye kuko ngo bibatera kumva ko nibasubira mu miryango yabo bazakirwa nk’abandi Banyarwanda.

-7944.jpg
Dr Munyakazi acinya akadiho n’abandi bagororwa hamwe n’abacungagereza (Foto/KTD)

Mu mbyino, n’umudiho bigaragaza ko bishimiye uko bagororwa, bagaragaje ko Leta y’u Rwanda ikomeje kubafasha kugororoka.

Bahamya ko ibyo babikesha kuba nabo baragize uruhare mu ihinduka ry’ingingo ya 101 y’itegeko nshinga kandi bikaba byarakunze.

Imiryango yabo kandi yabasuye ibazanira ibiribwa bitandukanye birimo imbuto n’amata n’ibiryo bitetse ubundi batajyaga babazanira.

Mu kwizihiza umuganira imfungwa n’abagororwa basangiye umutsina w’amasaka, ibijumba n’ibishyimbo.

ACP Jean Bosco Kabanda wari waje kwifatanya n’imfungwa n’abagororwa kwizihiza umuganura n’intsinzi ya Parezida Kagame yasabye imiryango yaje gusura abayo bafunze kubafasha kugororoka aho gukomeza kubashora mu byaha.

Agira ati “Mugire uruhare rwo kugorora abantu banyu, kuko hari usura umuntu amuzaniye igisheke yagipfumuye agashyiramo urumogi.Aho ni ugukomeza kumushyira mu cyaha nataha namwe murabyumva ko azakomeza kugwa mu cyaha wamumenyereje.”

Gereza ya Muhanga icumbikiye imfungwa n’abagororwa 5163 barimo abagabo 4720, abagore 437, abatagareza ku myaka y’ubukure batandatu, hakiyongeraho n’abana bafunganywe na ba nyina 57.

Muri Nyakanga nibwo Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwakatiye Dr Leopold Munyakazi igifungo cya burundu y’umwihariko, nyuma yo kumuhamya kugira uruhare myri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.

Dr Munyakazi yavutse tariki 1 Mutarama 1960, mu cyahoze ari Komini Kayenzi muri Perefegitura ya Gitarama, ubu ni mu karere ka Kamonyi.

Munyakazi wabaga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yahageze avuye mu Rwanda mu mwaka wa 2004, yatawe muri yombi ubwo yasabaga icyangombwa cy’ubuhungiro. Yoherejwe mu Rwanda ku wa 28 Nzeri 2016.

Ubwanditsi

2017-09-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

i Bruxelles Uwimana Benoît ati : ‘ Opozisiyo ni baringa ‘ –   [ VIDEO ]

i Bruxelles Uwimana Benoît ati : ‘ Opozisiyo ni baringa ‘ – [ VIDEO ]

Ubwanditsi 06 Jun 2017
Amb. Rugira yagiranye ibiganiro n’Intumwa ya Papa Francis mu Bubiligi

Amb. Rugira yagiranye ibiganiro n’Intumwa ya Papa Francis mu Bubiligi

Ubwanditsi 04 Jan 2018
RPF irangije kongere mu munezero naho ANC itangiye iyayo mu bushyamirane

RPF irangije kongere mu munezero naho ANC itangiye iyayo mu bushyamirane

Ubwanditsi 16 Dec 2017
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’itsinda rimufasha mu mavugurura ya AU

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’itsinda rimufasha mu mavugurura ya AU

Ubwanditsi 25 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibizamini byo gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga bizatangira mu cyumweru gitaha
Mu Mahanga

Ibizamini byo gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga bizatangira mu cyumweru gitaha

Ubwanditsi 27 Jan 2016
Muri Uganda: Gereza ya Ntungamo Abanyarwanda bakubitishwa insinga z’amashanyarazi bita “black mamba”.
INKURU NYAMUKURU

Muri Uganda: Gereza ya Ntungamo Abanyarwanda bakubitishwa insinga z’amashanyarazi bita “black mamba”.

Ubwanditsi 12 Aug 2019
Loni yambitse imidari y’ishimwe abapolisi b’u Rwanda muri Darfur
Mu Rwanda

Loni yambitse imidari y’ishimwe abapolisi b’u Rwanda muri Darfur

Ubwanditsi 10 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru