• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yitabiriye itangizwa ry’Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye

Perezida Kagame yitabiriye itangizwa ry’Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye

Editorial 20 Sep 2017 POLITIKI

Perezida Kagame yitabiriye itangizwa ry’Inteko Rusange ya 72 y’Umuryango w’Abibumbye yatangiye ku mugaragaro muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Mujyi wa New York kuri uyu wa Kabiri tariki ya 19 Nzeri 2019.

Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye izaganira ku ngingo zitandukanye cyane cyane harimo ijyanye no gukora amavugurura adasanzwe mu mikorere ya Loni.

Harimo kureba umutekano uko uhagaze ku isi ndetse no kugenzura aho buri gihugu kigeze gishyira mu bikorwa ingamba zo guhashya burundu indwara ya malaria.

Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu cyumba cy’iyi nama, Perezida Kagame yari aherekejwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo; Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb. Claver Gatete na Ambasaderi Valentine Rugwabiza uhagarariye u Rwanda muri Loni.

Mbere yo kwitabira Inteko Rusange ya Loni, Perezida Paul Kagame ari mu bayoboye inama ya Gatanu y’abagize Inama y’Ubuyobozi y’Ikigo Nyafurika Gishinzwe Gukurikirana Ishyirwamubikorwa ry’Intego z’Iterambere Rirambye yabereye i New York yabaye ku wa Mbere tariki ya 18 Nzeri 2017.

Mu ijambo yagejeje ku bagize inama y’ubuyobozi y’iki kigo, Perezida Kagame yashimye ibyo kimaze kugeraho kuva gishizwe muri Mutarama uyu mwaka.

Yagize ati “Iyi gahunda y’ingenzi imaze kugira uruhare rukomeye mu kugera ku iterambere rirambye. Raporo yaganiriweho irashimangira ko ibikorwa by’Ikigo Nyafurika Gishinzwe Gukurikirana Ishyirwamubikorwa ry’Intego z’Iterambere Rirambye byazamutse kuva muri Mutarama. Ndashimira by’umwihariko abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bari kumwe natwe hano gushimangira imigambi duhuriyeho.”

Mu batanze ibiganiro mu nama y’Inteko Rusange ya Loni, harimo Perezida Donald John Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika wavuze ko igihugu cye gishobora gusenya burundu Koreya ya Ruguru.

Perezida Trump yihanije bikomeye mugenzi we wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong-un mu ijambo yavuze kuri uyu wa Kabiri mu Nteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye i New York, avuga ko ibyo ari gukora bishobora gushyira iherezo ku butegetsi bwe.

Yakomeje agira ati “Nta gihugu na kimwe ku Isi gifite inyungu mu kubona aka gatsiko k’abanyabyaha kigwizaho intwaro z’ubumara na za missiles. Leta Zunze Ubumwe za Amerika zifite imbaraga zihagije n’ukwihangana, ariko nizihatirwa kwirwanaho cyangwa kurwana kuri umwe mu baziyunzeho, nta yandi mahitamo tuzaba dufite uretse gusenya burundu Koreya ya Ruguru.”

Umwaka ushize ubwo Perezida Kagame yagezaga ijambo ku bitabiriye Inteko rusange ya Loni, yashishikarije buri wese kugira uruhare mu guharanira intego z’iterambere rirambye n’ imihindagurikire y’ikirere.

Icyo gihe yasabye ibihugu gushyigikira gahunda ya HeforShe, ubukangurambaga bugamije iterambere ry’umugore.

Perezida Kagame yagarutse no ku ikoranabuhanga, aho yasobanuye ko buri wese mu isi akeneye kubona internet yihuta. Yashimiye ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku burezi n’umuco UNESCO ndetse n’umuryango mpuzamahanga w’itumanaho ku kazi gakomeye bakoze kandi bakomeje gukora.

Perezida Kagame yavuze ko ikoranabuhanga rigomba kugira uruhare rukomeye mu kugera ku ngamba isi iba yihaye, kandi ko ubufatanye n’urwego rw’abikorera ari ingenzi cyane mu kwihutisha iterambere ryifuzwa.

-7993.jpg

-7992.jpg

-7991.jpg

-7994.jpg

-7995.jpg

2017-09-20
Editorial

IZINDI NKURU

Ese noneho Museveni arava kw’izima ko ibibazo atera u Rwanda byashyizwe mu maboko y’abagabo!

Ese noneho Museveni arava kw’izima ko ibibazo atera u Rwanda byashyizwe mu maboko y’abagabo!

Editorial 12 Jul 2019
Opening Remarks by President Kagame at the Broadband Commission Meeting New York

Opening Remarks by President Kagame at the Broadband Commission Meeting New York

Editorial 19 Sep 2016
“IMBWA na MALONGA”- Igitekerezo cya Pacifique MALONGA .

“IMBWA na MALONGA”- Igitekerezo cya Pacifique MALONGA .

Editorial 08 Feb 2018
Besigye yanenze umunyamakuru wavuze ko pasiporo yahawe Mukankusi wo muri RNC ari impimbano

Besigye yanenze umunyamakuru wavuze ko pasiporo yahawe Mukankusi wo muri RNC ari impimbano

Editorial 21 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Paul Kagame agiye guhabwa igihembo cy’indashyikirwa na CAF kubera guteza imbere siporo
Amakuru

Perezida Paul Kagame agiye guhabwa igihembo cy’indashyikirwa na CAF kubera guteza imbere siporo

Editorial 28 Feb 2023
Ibyo komisiyo y’uburenganzira bwa muntu yagezeho mu iperereza ku mibereho ya Dr Leon Mugesera muri Gereza ya Nyanza
Mu Rwanda

Ibyo komisiyo y’uburenganzira bwa muntu yagezeho mu iperereza ku mibereho ya Dr Leon Mugesera muri Gereza ya Nyanza

Editorial 23 Jan 2018
NEW RNC yahinduye umuvuno ishaka kwiyegereza abo yitaga ko bayinukira
ITOHOZA

NEW RNC yahinduye umuvuno ishaka kwiyegereza abo yitaga ko bayinukira

Editorial 09 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru