• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Televiziyo y’u Bubiligi irerekana filime ndangamateka ‘Inkotanyi’ ya Christophe Cotteret

Televiziyo y’u Bubiligi irerekana filime ndangamateka ‘Inkotanyi’ ya Christophe Cotteret

Ubwanditsi 26 Sep 2017 ITOHOZA

Televiziyo y’Igihugu cy’u Bubiligi igiye kwerekana filime yiswe ‘Inkotanyi’ yakozwe n’Umufaransa ‘Christophe Cotteret’ aho agaragaza urugendo rwaranze ingabo z’ ‘Inkotanyi’ ahereye ku mavu n’amavuko yazo kugeza aho zigejeje u Rwanda mu nzira y’iterambere.

Yaherukaga kwerekanwa bwa mbere mu Rwanda kuwa 7 Nyakanga 2017 mu gikorwa cyabereye mu nyubako ya Kigali City Tower mu gice cyahariwe sinema ahazwi nka ‘Century Cinemas’.

‘Inkotanyi’, ni filime mbarankuru imara iminota 90 yayobowe n’Umufaransa Christophe Cotteret, irerekanwa kuri uyu wa Kabili tariki ya 26 Nzeli guhera saa yine n’igice ( 22h30) z’ijoro kuri Televiziyo y’Igihugu cy’u Bubiligi RTBF/ La Une.

Mbere y’uko iyi filime yerekanwa, IGIHE dukesha iyi nkuru yaganiriye na Bwitare Nyilinkindi Eulade, umwe mu bagize uruhare mu rugamba Inkotanyi zarwanye zibohora u Rwanda, yatubwiye muri make akamaro ko kuvuga amateka ya FPR biciye muri filime nk’iyi.

Bwitare Nyirinkindi Eulade, yavukiye mu Rwanda mu 1958. Yakuriye muri Congo Kinshasa ari na ho yize amashuri mu bijyanye n’ibarurishamibare, yarangije mu 1985. Yabaye mu gisirikare cya Uganda, yavuyemo ajya muri RPA. Ubu aba mu Bubiligi ndetse abarirwa mu nkeragutabara.

Bwitare yagize ati “Ikintu cyiza kigaraga ni uko uwakoze filime yahaye ijambo benshi mu bagize uruhare ku rugamba rwo kubohora igihugu no guhagarika Jenoside yakorewe Abatusi, yahaye ijmbo Perezida Paul Kagame, anagira n’umwanya wo kuganira na Perezida Yoweri Museveni, aha ijambo Minisitiri Kabarebe, Mazimpaka n’abandi.”

Yongeraho ati “Ikindi cyiza cy’iyi filime ni uko yakurikiranyije ibihe by’ibivugwamo (chronologiquement) , bituma uyireba agira igitekerezo nyacyo ku byabaye bikibutsa cyane impamvu yabiteye n’icyari kigamijwe (contexte) muri icyo gihe nyine cy’amateka avugwamo ku bice byose (opérations)byari bigize urugamba.”

Bwitare yavuze ko ari ikintu cyiza kuba iyi filime igaruka ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi kuko “bituma amateka yibukwa kugirango ibi byakozwe bibere isomo amahanga ntibizongere kubaho n’ahandi”.

“Uwayikoze yagerageje kwerekana ibihe bikomeye mu bintu bikomeye byabaye mu myaka ya za 90 kugera 2000 mu masaha abiri. Ku Munyarwanda uyireba abona ari bigufi iyo ubireba muri filimi ariko ku munyamahanga utazi neza ayo mateka bimuha ishusho y’ayo mateka agatekereza cyane impamvu byabayeho. Cyane ko yahaye ijambo ababibayemo nk’uko nabivuze hejuru, ari nabyo bituma uyikurikira yumva neza amateka kurushaho.”

Muri Kamena 2017, Christophe Cotteret wakoze iyi filimi yagiranye ikiganiro na Jeune Afrique aho yagize ati “Ikintu cyantangaje cyane ni ikinyabupfura[discipline] cy’Inkotanyi, ntacyakorwaga gihubukiwe, bikaba byarabaye ubukungu bukomeye bw’umuco wa Politiki yagendeyeho.”

-8139.jpg

-8138.jpg

-8134.jpg

Bwitare Nyirinkindi Eulade, umwe mu barwanye urugamba rwo kubohora u Rwanda

Christophe Cotteret ni Umufaransa wavukiye i Paris muri 1976 wandika agakora ibijyanye na filime mbarankuru. Yatangiye gufata amashusho ya filime ‘Inkotanyi’ mu mwaka wa 2015 igashyirwa hanze muri 2017, ubwo yahabwaga urubuga agakurikirana ibikorwa bitandukanye mu gihugu ngo yirebere n’amaso kandi yiyumvire, akanagirana ibiganiro na bamwe mubabaye muri urwo rugamba.

Mu ifatwa ry’amashusho, Christophe Cotteret n’itsinda rye bibanze mu duce dufite amateka yihariye ku rugamba ingabo zahoze ari iza FPR Inkotanyi zarwanye ziharanira kubohora igihugu no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi. Muri iyi filime kandi uwayiyoboye yibanze ku buzima bwa Paul Kagame wayoboye uru rugamba.

-8136.jpg

-8135.jpg

2017-09-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uburyo Uganda yitwaje Lt Joel Mutabazi mu guhindanya ubufatanye mu by’umutekano n’u Rwanda

Uburyo Uganda yitwaje Lt Joel Mutabazi mu guhindanya ubufatanye mu by’umutekano n’u Rwanda

Ubwanditsi 31 Aug 2018
Dr Gerard Gahima yandagaje bamwe mu bashaka gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994

Dr Gerard Gahima yandagaje bamwe mu bashaka gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994

Ubwanditsi 24 Jun 2017
Umugore yasutseho umugabo we amavuta ashyushye nyuma yo gushyamirana ubwo  yavuganaga na pasiteri kuri telefone

Umugore yasutseho umugabo we amavuta ashyushye nyuma yo gushyamirana ubwo yavuganaga na pasiteri kuri telefone

Ubwanditsi 04 Oct 2016
Ingabire Victoire ajye yibuka ko yafunzwe n’ibimenyetso byavuye mu Buholandi, naho isano n’abajenosideri, akabaye icwende ntikoga ngo gashiremo umunuko

Ingabire Victoire ajye yibuka ko yafunzwe n’ibimenyetso byavuye mu Buholandi, naho isano n’abajenosideri, akabaye icwende ntikoga ngo gashiremo umunuko

Ubwanditsi 01 Jun 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’imyaka 24 turakibuka nk’aho ari ubwa mbere – Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Nyuma y’imyaka 24 turakibuka nk’aho ari ubwa mbere – Perezida Kagame

Ubwanditsi 07 Apr 2018
Apple yamuritse iPhone nshya n’isaha ishobora gukurikirana imikorere y’umutima
IKORANABUHANGA

Apple yamuritse iPhone nshya n’isaha ishobora gukurikirana imikorere y’umutima

Ubwanditsi 14 Sep 2018
Muri RNC: Umwotsi uracyacumbeka hagati ya Kayumba na Rudasingwa
ITOHOZA

Muri RNC: Umwotsi uracyacumbeka hagati ya Kayumba na Rudasingwa

Ubwanditsi 05 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru