• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Donald Trump yongeye guca amarenga y’ibitero Amerika yitegura kugaba kuri Koreya ya Ruguru

Donald Trump yongeye guca amarenga y’ibitero Amerika yitegura kugaba kuri Koreya ya Ruguru

Ubwanditsi 09 Oct 2017 Mu Mahanga

Donald Trump yongeye kugaragaza ko ibiganiro n’igihugu cya Koreya ya Ruguru nta kizavamo ariko ko we azi ikizakemura ibibazo by’iki gihugu.

N’ubwo Donald Trump perezida wa Amerika ateruye ku mugaragaro ngo avuge ko hari ibitero bitegurwa, amagambo yanditse kuri Twitter ye benshi bahamya ko nta kindi asobanuye uretse intambara irimo gutegurwa n’iki gihugu mu rwego rwo guhagarika Koreya ya Ruguru mu ikorwa ry’ibisasu kirimbuzi.

Kuri uyu wa Gatandatu taliki ya 7 Ukwakira 2017 ni bwo Donald Trump perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika abinyujije kuri Twitter yongeye gushimangira ko imishyikirano igihugu cye kirimo kugirana na Leta ya Koreya ya Ruguru ntacyo iteze kugeraho ibi akabishingira ku kuba mu myaka 25 yose ishize bagerageje kuganira n’iki gihugu ariko bikaba iby’ubusa.

Trump yagizea ati: “Abaperezida n’ubutegetsi bwabo bamye baganira na Koreya ya ruguru mu myaka 25 yo se ishize, bakagirana amasezerano, amafaranga atagira ingano yaratanzwe… gusa ibi byose ntacyo byagezeho, Koreya ya Ruguru yagiye iribata aya masezerano yose mu kanya nk’ako guhumbya. Mbiseguyeho, gusa hari ikintu kimwe cyonyine kizarangiza iki kibazo.”

Ubwo abanyamakuru bamubazaga icyo yashakaka kuvuga kizarangiza ikibazo cya Koreya ya ruguru, Trump yirinze kuvuga byinshi maze agira ati: “Muzakimenya mu minsi ya vuba cyane”.

Si ubwa mbere Trump yendereza Koreya ya Ruguru na perezida wa yo yahimbye akabyiniriro ka “Little Rocket man”abinyujije kuri Twitter iki gihugu kikaba gikomeje gucura ibisasu kirimbuzi ndetse n’ibyambukiranya imigabane.

-8276.jpg

Nyuma y’uko abwiye Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Koreya ya Ruguru mu muryango w’abibumbye ko we ndetse na Perezida we batazamara igihe kirekire, ku wa Kane taliki ya 5 Ukwakira Trump yari yavuze ko Leta zunze ubumwe za Amerika zizakora ibyo zigomba gukora. Ibi abakurikirira hafi iki kibazo bakavuga ko bica amarenga y’intambara ishobora kwaduka hagati ya Amerika na Koreya ya Ruguru.

Trump yagize ati: “Ntidushobora kwemera ko umunyagitugu aza gutera ubwoba igihugu cyacu cyangwa incuti zacu arimo adukangisha kumena amaraso y’abantu. Tuzakora ibyo tugomba gukora kugirango ibi bitabaho kandi ndabizeza ko ibi bizakorwa igihe bizaba ari ngombwa.”

Aya magambo Donald Trump akaba yarayavugiye mu nama yari yahuje abasirikare bakuru b’igihugu cya Leta zunze ubumwe za Amerika yabaye ku wa Kane. Akaba yarongeyeho ko Leta zamubanjirije zatsinzwe kuri iki kibazo ariko we ngo ntateze gutsindwa.

2017-10-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda yakanguriye abatuye mu karere ka Kirehe kwirinda ibiyobyabwenge

Polisi y’u Rwanda yakanguriye abatuye mu karere ka Kirehe kwirinda ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 29 Jan 2016
RDC: Imirwano ikomeye iri kubera mu Mujyi uhana imbibi n’u Burundi

RDC: Imirwano ikomeye iri kubera mu Mujyi uhana imbibi n’u Burundi

Ubwanditsi 30 Sep 2017
Urugaga rw’Abavoka rurasaba Polisi gutanga amakuru afatika ku iyicwa rya Me Toy

Urugaga rw’Abavoka rurasaba Polisi gutanga amakuru afatika ku iyicwa rya Me Toy

Ubwanditsi 02 Jan 2017
Abashaka gufasha interahamwe gutera u Rwanda “Uwampa ngo babigire vuba nkwereke . Rwose ndaribwaribwa mpora ntegereje

Abashaka gufasha interahamwe gutera u Rwanda “Uwampa ngo babigire vuba nkwereke . Rwose ndaribwaribwa mpora ntegereje

Ubwanditsi 12 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Kiliziya Gaturika iravuga ko ibintu bikomeje kuba bibi mu gihe hitegurwa amatora mu mwaka utaha
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Kiliziya Gaturika iravuga ko ibintu bikomeje kuba bibi mu gihe hitegurwa amatora mu mwaka utaha

Ubwanditsi 30 Sep 2019
Itangazamakuru mu Rwanda rimaze gutera imbere : Prof. Shyaka Anastase
Amakuru

Itangazamakuru mu Rwanda rimaze gutera imbere : Prof. Shyaka Anastase

Ubwanditsi 08 Nov 2017
Gisagara VC yatangaje Gatsinzi Vénuste nk’umukinnyi wayo mushya avuye muri APR VC
Amakuru

Gisagara VC yatangaje Gatsinzi Vénuste nk’umukinnyi wayo mushya avuye muri APR VC

Ubwanditsi 19 Aug 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru