• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»‘Aho igihugu kiva turahazi, n’aho kijya nabyo birazwi’- Kagame

‘Aho igihugu kiva turahazi, n’aho kijya nabyo birazwi’- Kagame

Ubwanditsi 08 Feb 2017 Mu Mahanga

Kuri uyu wa Gatatu, Perezida Kagame yakiriye indahiro z’abayobozi baheruka guhabwa inshingano nshya barimo Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere, RDB, akaba n’umwe mu bagize guverinoma, Claire Akamanzi; Senateri Dr. Richard Sezibera; Umushinjacyaha Mukuru, Jean Bosco Mutangana na Richard Muhumuza, Umucamanza mu Rukiko Rw’Ikirenga; Prof Shyaka Anastase, Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB na Dr Usta Kaitesi umwungirije.

Mu ijambo rye Perezida Kagame yabibukije ko u Rwanda rufite urugendo rurerure rwo kwiteza imbere mu buryo bwinshi n’inzego nyinshi.

Ati “Aho igihugu kiva turahazi, n’aho kijya nabyo birazwi. Ibisigaye rero ni ukuzuza izo nshingano, twihuta, twuzuza ibyo dushinzwe neza, kugira ngo tugere ku ntego bidatinze, kandi biranashoboka ko bitanavunana cyane iyo abantu bakorera hamwe.”

Yavuze ko ibyo igihugu kimaze kugeraho bigaragaza ibishoboka mu gihe kiri imbere, abasaba kwita ku gushyira mu bikorwa icyerekezo igihugu gifite haba no mu gushaka amikoro yifashishwa mu gushyira mu bikorwa imishinga itandukanye mu burezi, ubuvuzi n’ibindi.

Gusa yavuze ko ibintu byose bisaba ko abaturage baba bafite umutekano, kuko iyo ubuze nta na kimwe gishoboka.

Ati “Mu byo dukora byose, tugomba guha Abanyarwanda, igihugu cyacu, umutekano, ku neza no ku ngufu, kuko bibuze n’ibindi byose ntabwo byashoboka. Ariko ngira ngo uko turi hano n’ubwo tumaze uburebure bw’igihe butandukanye mu nshingano dufitiye Abanyarwanda, ngira ngo buri wese ari hano muri iyi nteko, agomba kuba azi aho tuva, aho tujya, icyifuzo, inshingano buri wese afite uko ziremereye, ibyo byose turabyumva, ntawe utabyumva n’umwe.”

Umukuru w’Igihugu yavuze ko hari n’ikibazo cy’inshingano hari ubwo zigeraho zikibagirana abantu bakajya mu bindi, asaba ko ibitagenda neza “bikosorwa bidatinze.”

Ati “Ariko muri ibyo byose, ikibihuza ni imiyoborere, imyifatire, imikoreshereze y’imari ijya muri ibyo byose, abayobozi uko bifata… turifuza ko byadufasha kugera kuri ibyo byifuzo byose dufitiye igihugu cyacu.”

Yavuze ko igisigaye ari urugamba rwo kugira ngo buri wese ashyire mu nshingano ibyo azi kandi yumva neza, kugira ngo inyungu zigere ku gihugu cyose.

Inama y’abaminisitiri yo kuwa 9 Ukuboza 2016 niyo yemeje Mutangana nk’Umushinjacyaha Mukuru, asimbuye Richard Muhumuza wagizwe Umucamanza mu Rukiko Rw’Ikirenga, bakabanza kwemezwa na Sena.

Naho Inama y’abaminisitiri yo kuwa kuwa 3 Gashyantare yo niyo yemeje Prof Shyaka na Dr Kaitesi nk’abayobozi ba RGB, mu gihe Dr Richard Sezibera wahoze ari Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yatowe kuwa 1 Ukuboza nk’umusenateri uhagarariye Intara y’Amajyepfo, asimbuye Jean Dieu Mucyo witabye Imana.

-5683.jpg

Perezida Kagame

-5685.jpg

Prof. Shyaka Anastase ari kumwe na Mme we nawe ari mubayobozi barahiriye inshingano

-5684.jpg

Claire Akamanzi umuyobozi wa RDB, akaba n’umwe mu bagize guverinoma, Senateri Dr. Richard Sezibera, Richard Muhumuza, Umucamanza mu Rukiko Rw’Ikirenga n’ Umushinjacyaha Mukuru Jean Bosco Mutangana.

2017-02-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kampala : U Rwanda rwegukanye ibihembo 2 muri ASFAS 2016

Kampala : U Rwanda rwegukanye ibihembo 2 muri ASFAS 2016

Ubwanditsi 11 Dec 2016
Kamonyi: Abantu barakangurirwa kubahiriza uburenganzira bw’umwana

Kamonyi: Abantu barakangurirwa kubahiriza uburenganzira bw’umwana

Ubwanditsi 02 Jan 2016
Perezida Ndayishimiye yohereje Batayo ya 9 muri congo,  gusimbura iya 7 yashiriye kurugamba barwanamo na M23.

Perezida Ndayishimiye yohereje Batayo ya 9 muri congo, gusimbura iya 7 yashiriye kurugamba barwanamo na M23.

Ubwanditsi 07 Feb 2024
Kicukiro:  Umugabo yatawe muri yombi ashinjwa kwica atwitse mushiki we babyaranye

Kicukiro: Umugabo yatawe muri yombi ashinjwa kwica atwitse mushiki we babyaranye

Ubwanditsi 27 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi yahakanye gufungwa rya Diane Rwigara, yemeza ko ari gukorwaho iperereza
ITOHOZA

Polisi yahakanye gufungwa rya Diane Rwigara, yemeza ko ari gukorwaho iperereza

Ubwanditsi 31 Aug 2017
Kagame na Macron beretswe ibikorwa by’ikoranabuhanga rigezweho birimo n’iby’abanyarwanda
IKORANABUHANGA

Kagame na Macron beretswe ibikorwa by’ikoranabuhanga rigezweho birimo n’iby’abanyarwanda

Ubwanditsi 24 May 2018
Minisitiri w’Intebe yijeje Inteko ko muri 2021 u Rwanda rutazaba rutumiza hanze imbuto zo guhinga
POLITIKI

Minisitiri w’Intebe yijeje Inteko ko muri 2021 u Rwanda rutazaba rutumiza hanze imbuto zo guhinga

Ubwanditsi 04 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru