• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Abantu 652 bafashwe batwaye imodoka banyoye ibisindisha mu byumweru umunani

Abantu 652 bafashwe batwaye imodoka banyoye ibisindisha mu byumweru umunani

Ubwanditsi 24 Oct 2019 HIRYA NO HINO, Mu Rwanda

Polisi y’Igihugu yatangaje ko mu byumweru umunani bishize abantu 652 bamaze gufatwa batwaye imodoka banyoye ibisindisha, ibi bikaba byaragize akamaro mu kugabanya impanuka zo mu muhanda.

Byatangajwe kuri uyu wa Kane, tariki ya 24 Ukwakira 2019 mu kiganiro cyahuje polisi n’abanyamakuru cyagarutse ku ruhare rw’abaturarwanda mu gukumira no kurwanya impanuka zo mu muhanda n’ibindi byaha.

Umuyobozi wungirije w’Ishami rishinzwe Umutekano wo mu muhanda, ACP Teddy Ruyenzi, yavuze ko gufata abatwaye ibinyabiziga basinze byatumye impanuka zihitana ubuzima bw’abantu zigabanuka kuko mu cyumweru cya mbere cyahereye ku wa 26 Kanama 2019, hapfuye 14 mu cyumweru gishize bakaba barindwi.

Yakomeje avuga ko mu byumweru umunani bishize imodoka 588 zafashwe zacomokowemo akagabanyamuvuduko ’speed governor’, ibi byose bikaba byarakozwe mu gukumira icyahungabanya umutekano wo mu muhanda.

Ati “Nubwo ibitera impanuka ari byinshi, twaricaye dusanga turamutse dufashe ingamba zo guhangana n’abatwara imodoka basinze byagabanya impanuka kandi byatanze umusaruro.’’

Yakomeje agira ati “Turizera ko tuzagera ku cyumweru kitarangwamo impanuka cyangwa hagira niba ntitware ubuzima bw’abantu.’’

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Busingye Johnston, yavuze ko u Rwanda ruri heza mu mutekano wo mu muhanda ariko hakiri urugendo kugira ngo n’impanuka nke zisigaye zirangire.

Imibare yo guhera muri Mutarama kugera Nzeri uyu mwaka igaragaza ko abantu 532 bishwe n’impanuka, 705 barakomereka bikomeye, 1007 bakomereka byoroheje naho imitungo irenga 1200 irangirika.

Minisitiri Busingye yashimiye polisi ko yashyize itara ry’umutuku ku bantu bashaka gutwara imodoka bakora n’ibindi bikorwa, avuga ko ari igikorwa cyihariye utagerekaho ikindi kintu.

Yavuze ko ubukangurambaga bwa “Gerayo Amahoro” bugeze ku cyumweru cya 24 bukwiye kuvamo ikintu kinini cy’uko utwaye ibinyabiziga aba uwahisemo umutekano wo mu muhanda kuruta kuwubahiriza ari uko ari itegeko.

Ati “Dukwiye kuba abahisemo umutekano wo mu muhanda aho kubikoreshwa n’amategeko. Uwahaniwe umuvuduko agahitamo kutazawongera.”

Minisitiri Busingye yavuze kandi ko mu minsi iri imbere leta iteganya kugabanya igipimo gifatirwaho mu guhana uwanyoye inzoga agatwara imodoka kikava kuri alcool ya 0.8 kikagera kuri 0.4, ibi byose bikaba bigamije ko uwanyoye adatwara.

2019-10-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Suede :  Indiri y’abantu barwanya Leta y’u Rwanda.

Suede :  Indiri y’abantu barwanya Leta y’u Rwanda.

Ubwanditsi 09 Aug 2019
Jimmy Mulisa yagizwe umutoza mukuru wa AS Kigali by’agateganyo, Mwambali Serge agirwa ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi bayo

Jimmy Mulisa yagizwe umutoza mukuru wa AS Kigali by’agateganyo, Mwambali Serge agirwa ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi bayo

Ubwanditsi 20 Dec 2021
Nyamagabe:abayobozi b’amadini n’amatorero barasabwa kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana n’abagore

Nyamagabe:abayobozi b’amadini n’amatorero barasabwa kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana n’abagore

Ubwanditsi 07 Jun 2021
Burundi : Lt. Col  Darius IKURAKURE,yarasiwe muri Etat Major na mugenzi we w’umusilikare ahasiga ubuzima.

Burundi : Lt. Col Darius IKURAKURE,yarasiwe muri Etat Major na mugenzi we w’umusilikare ahasiga ubuzima.

Ubwanditsi 22 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bombori bombori hagati y’ abafana ba Kiyovu sport n’ ubuyobozi bwayo
IMIKINO

Bombori bombori hagati y’ abafana ba Kiyovu sport n’ ubuyobozi bwayo

Ubwanditsi 01 Nov 2016
Rev. Karuranga yavuze ku ’gatsiko k’abanzi b’u Rwanda’ badurumbanyije ADEPR ya Uganda
INKURU NYAMUKURU

Rev. Karuranga yavuze ku ’gatsiko k’abanzi b’u Rwanda’ badurumbanyije ADEPR ya Uganda

Ubwanditsi 22 May 2019
Charles N. Lambert yatangije urugamba rwo kubaho bwa kabiri kwa Afurika
Amakuru

Charles N. Lambert yatangije urugamba rwo kubaho bwa kabiri kwa Afurika

Ubwanditsi 26 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru