• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Abantu 652 bafashwe batwaye imodoka banyoye ibisindisha mu byumweru umunani

Abantu 652 bafashwe batwaye imodoka banyoye ibisindisha mu byumweru umunani

Ubwanditsi 24 Oct 2019 HIRYA NO HINO, Mu Rwanda

Polisi y’Igihugu yatangaje ko mu byumweru umunani bishize abantu 652 bamaze gufatwa batwaye imodoka banyoye ibisindisha, ibi bikaba byaragize akamaro mu kugabanya impanuka zo mu muhanda.

Byatangajwe kuri uyu wa Kane, tariki ya 24 Ukwakira 2019 mu kiganiro cyahuje polisi n’abanyamakuru cyagarutse ku ruhare rw’abaturarwanda mu gukumira no kurwanya impanuka zo mu muhanda n’ibindi byaha.

Umuyobozi wungirije w’Ishami rishinzwe Umutekano wo mu muhanda, ACP Teddy Ruyenzi, yavuze ko gufata abatwaye ibinyabiziga basinze byatumye impanuka zihitana ubuzima bw’abantu zigabanuka kuko mu cyumweru cya mbere cyahereye ku wa 26 Kanama 2019, hapfuye 14 mu cyumweru gishize bakaba barindwi.

Yakomeje avuga ko mu byumweru umunani bishize imodoka 588 zafashwe zacomokowemo akagabanyamuvuduko ’speed governor’, ibi byose bikaba byarakozwe mu gukumira icyahungabanya umutekano wo mu muhanda.

Ati “Nubwo ibitera impanuka ari byinshi, twaricaye dusanga turamutse dufashe ingamba zo guhangana n’abatwara imodoka basinze byagabanya impanuka kandi byatanze umusaruro.’’

Yakomeje agira ati “Turizera ko tuzagera ku cyumweru kitarangwamo impanuka cyangwa hagira niba ntitware ubuzima bw’abantu.’’

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Busingye Johnston, yavuze ko u Rwanda ruri heza mu mutekano wo mu muhanda ariko hakiri urugendo kugira ngo n’impanuka nke zisigaye zirangire.

Imibare yo guhera muri Mutarama kugera Nzeri uyu mwaka igaragaza ko abantu 532 bishwe n’impanuka, 705 barakomereka bikomeye, 1007 bakomereka byoroheje naho imitungo irenga 1200 irangirika.

Minisitiri Busingye yashimiye polisi ko yashyize itara ry’umutuku ku bantu bashaka gutwara imodoka bakora n’ibindi bikorwa, avuga ko ari igikorwa cyihariye utagerekaho ikindi kintu.

Yavuze ko ubukangurambaga bwa “Gerayo Amahoro” bugeze ku cyumweru cya 24 bukwiye kuvamo ikintu kinini cy’uko utwaye ibinyabiziga aba uwahisemo umutekano wo mu muhanda kuruta kuwubahiriza ari uko ari itegeko.

Ati “Dukwiye kuba abahisemo umutekano wo mu muhanda aho kubikoreshwa n’amategeko. Uwahaniwe umuvuduko agahitamo kutazawongera.”

Minisitiri Busingye yavuze kandi ko mu minsi iri imbere leta iteganya kugabanya igipimo gifatirwaho mu guhana uwanyoye inzoga agatwara imodoka kikava kuri alcool ya 0.8 kikagera kuri 0.4, ibi byose bikaba bigamije ko uwanyoye adatwara.

2019-10-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi iragira inama abantu kureka gucururiza ibikomoka kuri peteroli ahatabugenewe

Polisi iragira inama abantu kureka gucururiza ibikomoka kuri peteroli ahatabugenewe

Ubwanditsi 02 May 2017
1990: Uko Leta ya Habyarimana Juvenal yikanze Inkotanyi, ikagabanya abaturage muri Kigali- Ubuhamya

1990: Uko Leta ya Habyarimana Juvenal yikanze Inkotanyi, ikagabanya abaturage muri Kigali- Ubuhamya

Ubwanditsi 22 Sep 2017
Uganda: Umusirikare wa UPDF yibye umukozi wa mobile money amutunze imbunda

Uganda: Umusirikare wa UPDF yibye umukozi wa mobile money amutunze imbunda

Ubwanditsi 13 Oct 2018
“Ndaburira abemera gushukwa n’ibisambo nka Kayumba Nyamwasa, bakajya mu mitwe y’iterabwoba itazagira icyo ibagezaho”.-Umucuruzi Ndagijimana Benjamin

“Ndaburira abemera gushukwa n’ibisambo nka Kayumba Nyamwasa, bakajya mu mitwe y’iterabwoba itazagira icyo ibagezaho”.-Umucuruzi Ndagijimana Benjamin

Ubwanditsi 11 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ni iki cyanditse mu ibaruwa Perezida Museveni yahaye Sam Kutesa ngo ashyikirize  Kagame.
HIRYA NO HINO

Ni iki cyanditse mu ibaruwa Perezida Museveni yahaye Sam Kutesa ngo ashyikirize Kagame.

Ubwanditsi 08 Jul 2019
Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere
Amakuru

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Ubwanditsi 07 Jan 2021
Abarundi basubiye mu mihanda, bamagana France, Human Rights Watch n’u Rwanda
Mu Rwanda

Abarundi basubiye mu mihanda, bamagana France, Human Rights Watch n’u Rwanda

Ubwanditsi 06 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru