• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Abantu 652 bafashwe batwaye imodoka banyoye ibisindisha mu byumweru umunani

Abantu 652 bafashwe batwaye imodoka banyoye ibisindisha mu byumweru umunani

Ubwanditsi 24 Oct 2019 HIRYA NO HINO, Mu Rwanda

Polisi y’Igihugu yatangaje ko mu byumweru umunani bishize abantu 652 bamaze gufatwa batwaye imodoka banyoye ibisindisha, ibi bikaba byaragize akamaro mu kugabanya impanuka zo mu muhanda.

Byatangajwe kuri uyu wa Kane, tariki ya 24 Ukwakira 2019 mu kiganiro cyahuje polisi n’abanyamakuru cyagarutse ku ruhare rw’abaturarwanda mu gukumira no kurwanya impanuka zo mu muhanda n’ibindi byaha.

Umuyobozi wungirije w’Ishami rishinzwe Umutekano wo mu muhanda, ACP Teddy Ruyenzi, yavuze ko gufata abatwaye ibinyabiziga basinze byatumye impanuka zihitana ubuzima bw’abantu zigabanuka kuko mu cyumweru cya mbere cyahereye ku wa 26 Kanama 2019, hapfuye 14 mu cyumweru gishize bakaba barindwi.

Yakomeje avuga ko mu byumweru umunani bishize imodoka 588 zafashwe zacomokowemo akagabanyamuvuduko ’speed governor’, ibi byose bikaba byarakozwe mu gukumira icyahungabanya umutekano wo mu muhanda.

Ati “Nubwo ibitera impanuka ari byinshi, twaricaye dusanga turamutse dufashe ingamba zo guhangana n’abatwara imodoka basinze byagabanya impanuka kandi byatanze umusaruro.’’

Yakomeje agira ati “Turizera ko tuzagera ku cyumweru kitarangwamo impanuka cyangwa hagira niba ntitware ubuzima bw’abantu.’’

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Busingye Johnston, yavuze ko u Rwanda ruri heza mu mutekano wo mu muhanda ariko hakiri urugendo kugira ngo n’impanuka nke zisigaye zirangire.

Imibare yo guhera muri Mutarama kugera Nzeri uyu mwaka igaragaza ko abantu 532 bishwe n’impanuka, 705 barakomereka bikomeye, 1007 bakomereka byoroheje naho imitungo irenga 1200 irangirika.

Minisitiri Busingye yashimiye polisi ko yashyize itara ry’umutuku ku bantu bashaka gutwara imodoka bakora n’ibindi bikorwa, avuga ko ari igikorwa cyihariye utagerekaho ikindi kintu.

Yavuze ko ubukangurambaga bwa “Gerayo Amahoro” bugeze ku cyumweru cya 24 bukwiye kuvamo ikintu kinini cy’uko utwaye ibinyabiziga aba uwahisemo umutekano wo mu muhanda kuruta kuwubahiriza ari uko ari itegeko.

Ati “Dukwiye kuba abahisemo umutekano wo mu muhanda aho kubikoreshwa n’amategeko. Uwahaniwe umuvuduko agahitamo kutazawongera.”

Minisitiri Busingye yavuze kandi ko mu minsi iri imbere leta iteganya kugabanya igipimo gifatirwaho mu guhana uwanyoye inzoga agatwara imodoka kikava kuri alcool ya 0.8 kikagera kuri 0.4, ibi byose bikaba bigamije ko uwanyoye adatwara.

2019-10-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abafite ubumuga bwo kutabona NEC yabitayeho nubwo hakiri ingorane zishamikiyeho

Abafite ubumuga bwo kutabona NEC yabitayeho nubwo hakiri ingorane zishamikiyeho

Ubwanditsi 26 May 2017
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 06 Kamena 2017

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 06 Kamena 2017

Ubwanditsi 06 Jun 2017
RDC: Ntihavugwa Rumwe Ku Watangije Imirwano Yaguyemo 5 Hagati Ya FARDC N’inyeshyamba

RDC: Ntihavugwa Rumwe Ku Watangije Imirwano Yaguyemo 5 Hagati Ya FARDC N’inyeshyamba

Ubwanditsi 19 Sep 2018
Ngarambe Rafaél yatorewe kuba Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda.

Ngarambe Rafaél yatorewe kuba Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda.

Ubwanditsi 30 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunsi wa mbere wa Tour du Rwanda mu nzira ya Kigali-Rwamagana-Kigali
IMIKINO

Umunsi wa mbere wa Tour du Rwanda mu nzira ya Kigali-Rwamagana-Kigali

Ubwanditsi 24 Feb 2019
Urusha nyina w’Umwana imbabazi …..
ITOHOZA

Urusha nyina w’Umwana imbabazi …..

Ubwanditsi 07 Oct 2016
Rulindo: Babiri bafatanwe ibiro 400 by’amabuye y’agaciro bari bibye
Mu Mahanga

Rulindo: Babiri bafatanwe ibiro 400 by’amabuye y’agaciro bari bibye

Ubwanditsi 06 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru