• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»FDU-Inkingi yashimangiye ko INGABIRE Victoire akiri umuyoboke w’iryo shyaka rikorana na FDLR mu bikorwa by’iterabwoba

FDU-Inkingi yashimangiye ko INGABIRE Victoire akiri umuyoboke w’iryo shyaka rikorana na FDLR mu bikorwa by’iterabwoba

Ubwanditsi 02 Nov 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Mu mpera z’ukwezi gushize k’Ukwakira, Rushyashya yabagejejeho inkuru igaragaza uburyo abayoboke ba FDU-Inkingi bakusanya amafaranga yohererezwa Ingabire Victoire Umuhoza(IVU), andi akajya gufasha FDLR mu bikorwa byayo by’iterabwoba.

Twanababwiye amazina y’abashakira FDU/FDLR imisanzu n’abayoboke, barimo Sheikh Swaib MVUYEKURE , abapadiri Athanase MUTARAMBIRWA na Thomas NAHIMANA, Gilbert NIZEYIMANA na Augustin MUNYANEZA.

Iyi nkuru irimo ibimenyetso bifatika ikimara kujya ahabona, abari muri uyu mugambi mubisha batangiye gusubiranamo, bashinjanya kumena amabanga , kuko batumva ukuntu Rushyashya yamenye aya makuru y’imvaho.

Ubu urwikekwe ni rwose, kuko bazi ko ibyo bakora byose tuzahita tubimenya tukabishyira ahabona batarasohoza imigambi mibisha y’ubugome.

Mu kwikura mu kimwaro, FDU-Inkingi yasohoye ikiswe itangazo cyashyizweho umukono n’uwitwa”Dogiteri” Emmanuel MWISENEZA, ngo wungirije perezida wa FDU-Inkingi. Muri iyo nyandiko y’icyuka nta kimenyetso n’iki na kimwe batanze ngo berekane ko ibyo Rushyashya yatangaje atari ukuri.

Ntibavuze niba amazina twavuze atabaho cyangwa ko ba nyirayo bataba muri FDU-Inkingi. Ntibatunyomoje ngo berekane ko nomero za telephone twerekanye zitabaho cyangwa atari iz’abo bantu.

Iyo ibyo twavuze biza kuba ibinyoma, bari gusaba Rushyashya kubivuguruza nk’ikinyamakuru gikora kinyamwuga, nk’uko itegeko rigenga itangazamakuru ribivuga, aho gukwirakwiza ku mbuga nkoranyambaga inyandiko zitagira epfo na ruguru.

Inkuru ya Rushyashya yanditse mu Kinyarwanda. Nyamara FDU-Inkingi,ukuboko kw’iburyo kwa FDLR, yahisemo kwandika mu gifaransa, hagamijwe kujijisha abatacyumva.

Muri ayo mateshwa yabo, barasaba “gukomeza gushyigikira Ingabire Victoire”, mu gihe nyamara uyu IVU ayobya uburari abeshya ko yavuye muri FDU-Inkingi . Wasobanura ute uburyo usabira inkunga umuntu waguteye umugongo, akishingira irye shyaka? Gukusanya amafaranga yo gufasha uyu mugore, kumutabariza no kwerekana ko bamufitiye impuhwe, ni ibimenyetso simusiga byerekana ko atigeze ava muri FDU-Inkingi, ko ahubwo yajijishije agashinga kadahumeka yitwa DALFA-Umurinzi ahunga kuzaryozwa ibikorwa by’iterabwoba FDU-Inkingi ikorana na FDLR.

Ntawe utwika inzu ngo ahishe umwotsi. Twifashishije inyangamugayo ziduha amakuru yizewe, avuye ku isoko, tuzakomeza gutamaza no gukoma mu nkokora ibikorwa by’ubugome bya Ingabire Victoire n’abo basangiye imigambi yo kugirira nabi u Rwanda.

2021-11-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Igitutu cyaba gikuye Tshisekedi ku izima akemera isenywa ry’umufatanyabikorwa we, FDLR?

Igitutu cyaba gikuye Tshisekedi ku izima akemera isenywa ry’umufatanyabikorwa we, FDLR?

Ubwanditsi 14 Oct 2024
Ubufaransa bwanze ubusabe bw’umukobwa wa Felesiyani Kabuga busaba ubwenegihugu, n’interahamwe zabuhawe zigomba kubwamburwa zigashyikirizwa ubutabera

Ubufaransa bwanze ubusabe bw’umukobwa wa Felesiyani Kabuga busaba ubwenegihugu, n’interahamwe zabuhawe zigomba kubwamburwa zigashyikirizwa ubutabera

Ubwanditsi 22 Apr 2021
Amavubi yerekeje muri Cameroun gukina umukino wa nyuma mu itsinda F isabwa gutsinda kugirango yizere kwerekeza CAN2021

Amavubi yerekeje muri Cameroun gukina umukino wa nyuma mu itsinda F isabwa gutsinda kugirango yizere kwerekeza CAN2021

Ubwanditsi 26 Mar 2021
Ruharwa Claude Muhayimana yasabiwe igifungo cy’imyaka 15

Ruharwa Claude Muhayimana yasabiwe igifungo cy’imyaka 15

RUSHYASHYA 27 Feb 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sergeant Robert yasanze Tindifa muri Uganda Daily monitor yabyutse imukuramo Amangambure Abana yarabataye yijyanira n’Umugore
Amakuru

Sergeant Robert yasanze Tindifa muri Uganda Daily monitor yabyutse imukuramo Amangambure Abana yarabataye yijyanira n’Umugore

Ubwanditsi 25 Nov 2020
Burundi: Habonetse umurambo w’uwahoze ari Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’umuco wari waburiwe irengero
HIRYA NO HINO

Burundi: Habonetse umurambo w’uwahoze ari Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’umuco wari waburiwe irengero

Ubwanditsi 04 Oct 2019
Umuhanzi Bruce Melodie yagize icyo avuga ku majwi ye yasohotse avuga ko yaba yarihenuye ku bahanzi bagenzi be barimo The Ben na Meddy ngo baba bariswe abanebwe
Amakuru

Umuhanzi Bruce Melodie yagize icyo avuga ku majwi ye yasohotse avuga ko yaba yarihenuye ku bahanzi bagenzi be barimo The Ben na Meddy ngo baba bariswe abanebwe

Ubwanditsi 24 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru