• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»FDU-Inkingi yashimangiye ko INGABIRE Victoire akiri umuyoboke w’iryo shyaka rikorana na FDLR mu bikorwa by’iterabwoba

FDU-Inkingi yashimangiye ko INGABIRE Victoire akiri umuyoboke w’iryo shyaka rikorana na FDLR mu bikorwa by’iterabwoba

Ubwanditsi 02 Nov 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Mu mpera z’ukwezi gushize k’Ukwakira, Rushyashya yabagejejeho inkuru igaragaza uburyo abayoboke ba FDU-Inkingi bakusanya amafaranga yohererezwa Ingabire Victoire Umuhoza(IVU), andi akajya gufasha FDLR mu bikorwa byayo by’iterabwoba.

Twanababwiye amazina y’abashakira FDU/FDLR imisanzu n’abayoboke, barimo Sheikh Swaib MVUYEKURE , abapadiri Athanase MUTARAMBIRWA na Thomas NAHIMANA, Gilbert NIZEYIMANA na Augustin MUNYANEZA.

Iyi nkuru irimo ibimenyetso bifatika ikimara kujya ahabona, abari muri uyu mugambi mubisha batangiye gusubiranamo, bashinjanya kumena amabanga , kuko batumva ukuntu Rushyashya yamenye aya makuru y’imvaho.

Ubu urwikekwe ni rwose, kuko bazi ko ibyo bakora byose tuzahita tubimenya tukabishyira ahabona batarasohoza imigambi mibisha y’ubugome.

Mu kwikura mu kimwaro, FDU-Inkingi yasohoye ikiswe itangazo cyashyizweho umukono n’uwitwa”Dogiteri” Emmanuel MWISENEZA, ngo wungirije perezida wa FDU-Inkingi. Muri iyo nyandiko y’icyuka nta kimenyetso n’iki na kimwe batanze ngo berekane ko ibyo Rushyashya yatangaje atari ukuri.

Ntibavuze niba amazina twavuze atabaho cyangwa ko ba nyirayo bataba muri FDU-Inkingi. Ntibatunyomoje ngo berekane ko nomero za telephone twerekanye zitabaho cyangwa atari iz’abo bantu.

Iyo ibyo twavuze biza kuba ibinyoma, bari gusaba Rushyashya kubivuguruza nk’ikinyamakuru gikora kinyamwuga, nk’uko itegeko rigenga itangazamakuru ribivuga, aho gukwirakwiza ku mbuga nkoranyambaga inyandiko zitagira epfo na ruguru.

Inkuru ya Rushyashya yanditse mu Kinyarwanda. Nyamara FDU-Inkingi,ukuboko kw’iburyo kwa FDLR, yahisemo kwandika mu gifaransa, hagamijwe kujijisha abatacyumva.

Muri ayo mateshwa yabo, barasaba “gukomeza gushyigikira Ingabire Victoire”, mu gihe nyamara uyu IVU ayobya uburari abeshya ko yavuye muri FDU-Inkingi . Wasobanura ute uburyo usabira inkunga umuntu waguteye umugongo, akishingira irye shyaka? Gukusanya amafaranga yo gufasha uyu mugore, kumutabariza no kwerekana ko bamufitiye impuhwe, ni ibimenyetso simusiga byerekana ko atigeze ava muri FDU-Inkingi, ko ahubwo yajijishije agashinga kadahumeka yitwa DALFA-Umurinzi ahunga kuzaryozwa ibikorwa by’iterabwoba FDU-Inkingi ikorana na FDLR.

Ntawe utwika inzu ngo ahishe umwotsi. Twifashishije inyangamugayo ziduha amakuru yizewe, avuye ku isoko, tuzakomeza gutamaza no gukoma mu nkokora ibikorwa by’ubugome bya Ingabire Victoire n’abo basangiye imigambi yo kugirira nabi u Rwanda.

2021-11-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inzego z’ibanze muri Busasamana na Bugeshi zirashinjwa gukorana na FDLR

Inzego z’ibanze muri Busasamana na Bugeshi zirashinjwa gukorana na FDLR

Ubwanditsi 28 Apr 2016
AMAFOTO: Haruna Niyonzima yasinyiye Rayon Sports yaherukagamo mu myaka 17 ishize

AMAFOTO: Haruna Niyonzima yasinyiye Rayon Sports yaherukagamo mu myaka 17 ishize

Ubwanditsi 17 Jul 2024
Perezida Museveni azatsinda bitanyuze mu mpapuro z’amatora ahubwo hamenwe amaraso

Perezida Museveni azatsinda bitanyuze mu mpapuro z’amatora ahubwo hamenwe amaraso

Ubwanditsi 31 Dec 2020
Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye muri Village Urugwiro ku wa gatanu tariki ya 03/02/2017

Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye muri Village Urugwiro ku wa gatanu tariki ya 03/02/2017

Ubwanditsi 06 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

VIDEO: Ikiganiro kihariye na Sandrine Isheja ukuriye akanama nkemurampaka muri Miss Rwanda 2018
SHOWBIZ

VIDEO: Ikiganiro kihariye na Sandrine Isheja ukuriye akanama nkemurampaka muri Miss Rwanda 2018

Ubwanditsi 14 Jan 2018
Amafoto: Rayon Sports yasinyishije myugariro w’i Bumoso, Musore Prince wakiniraga Vitalo’O FC y’i Burundi
Amakuru

Amafoto: Rayon Sports yasinyishije myugariro w’i Bumoso, Musore Prince wakiniraga Vitalo’O FC y’i Burundi

Ubwanditsi 07 Jun 2025
Icyo abanya Kigali bavuga kuri Coup d’ Etat yakorewe Kayumba muri RNC
ITOHOZA

Icyo abanya Kigali bavuga kuri Coup d’ Etat yakorewe Kayumba muri RNC

Ubwanditsi 07 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru