• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Uganda: Ihangana hagati ya Leta n’abanyamadini

Uganda: Ihangana hagati ya Leta n’abanyamadini

Editorial 14 Nov 2017 POLITIKI

Ministiri w’intebe wa Uganda, Dr Ruhakana Rugunda aherutse kumvikana avuga ibisa n’iterabwoba ku banyamadini ko leta ifite ububasha bwo kubafungira nta nteguza.

Ibi yabivugiye imbere y’abayobozi b’ishyaka NRM muri district ya Kanungu.

Abanyamadini bamaze iminsi bumvikana banenga igikorwa cyo guhindura itegeko nshinga rizemerera Museveni kuyobora Uganda nyuma yo kurenza imyaka 75.

Mu minsi ishize Bishop John Baptist Odama hamwe n’abandi banyamadini bo mu bwoko bwa Acholi bari batangaje ko ikurwaho ry’ingingo y’imyaka mw’itegeko  nshinga atari igikorwa cyo gushyigikira.

Muri Nzeli 2017, abanyamadini bagera ku 150 mu bice bitandukanye bya Uganda bari baganiriye ku ngingo ya 102(b) bemeza ko ari imwe mu nkingi za mwamba zari zashyizwe m’itegeko nshinga muri 1995 mu kwirinda ko habaho umuntu wifuza kuyobora igihugu ubuzira herezo.

Ni muri uko kwezi nabwo baciye mu ishyirahamwe ryabo Inter-Religious Council of Uganda (IRCU) batangaje ko ibiganiro kw’ikurwaho ry’ingingo ya 102(b) ivuga ku myaka ntarengwa uyobora igihugu atagomba kurenza, bavuga ko atari igikorwa cyo guharirwa inteko nshingamategeko cyangwa abandi banyapolitiki ahubwo ari igikorwa kireba abaturage bose.

Mu minsi ishize umwuka wongeye kuba mubi ubwo musenyeli wa Diocese ya Fort Portal, Dr Robert Mihoorwa Akiiki  yavugaga ko guhindura itegeko nshinga ari sakirirego.

Dr Robert Mihoorwa Akiiki, Musenyeli wa diocese ya Fort Portal

Abanyamadini bakomeje kumvikana bunga mu ry’abaturage bari kunenga igikorwa cyo guhindura itegeko nshinga rya Uganda ngo rihe uburenganzira Museveni gukomeza kuyobora Uganda. Ikintu banenga cyane nkuko babivuga ni uburyo byakozwe butahaye ijambo umuturage ari nabyo biri gutuma habaho ugushyamirana gukomeye kuri kuviramo Leta gukoresha iterabwoba ngo icecekeshe abayinenga.

Ubwanditsi

2017-11-14
Editorial

IZINDI NKURU

Miliyoni 220 Frw nizo zigenewe imitwe ya Politike mu kwitegura Amatora y’Abadepite.

Miliyoni 220 Frw nizo zigenewe imitwe ya Politike mu kwitegura Amatora y’Abadepite.

Editorial 21 Aug 2017
Green Party yasabye ko akato gahabwa abana babyawe n’abagore bafashwe ku ngufu n’interahamwe gahagarara

Green Party yasabye ko akato gahabwa abana babyawe n’abagore bafashwe ku ngufu n’interahamwe gahagarara

Editorial 07 Apr 2018
Sudani y’Epfo irifuza kwinjira mu Muryango w’Ibihugu bivuga Icyarabu

Sudani y’Epfo irifuza kwinjira mu Muryango w’Ibihugu bivuga Icyarabu

Editorial 08 Mar 2018
Uganda: Col Ndahura Wafatiwe Mu Nkubiri Imwe Na Gen Kayihura Arahakana Ko Yemeye Ibyaha Ashinjwa

Uganda: Col Ndahura Wafatiwe Mu Nkubiri Imwe Na Gen Kayihura Arahakana Ko Yemeye Ibyaha Ashinjwa

Editorial 06 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rutegereje kwitaba i Arusha mu rubanza rwa Ingabire
Mu Rwanda

U Rwanda rutegereje kwitaba i Arusha mu rubanza rwa Ingabire

Editorial 14 Jun 2016
Senateri Tito Rutaremara yasobanuye impamvu mu Rwanda Perezida atemerewe kwikubira ububasha bwose
POLITIKI

Senateri Tito Rutaremara yasobanuye impamvu mu Rwanda Perezida atemerewe kwikubira ububasha bwose

Editorial 04 Apr 2018
Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!
Amakuru

Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Editorial 07 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru