• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Muri Zimbabwe hakozwe kudeta ya ‘kivandimwe’  ariko irimo ihurizo rikomereye SADC.
AFP_UA3GA

Muri Zimbabwe hakozwe kudeta ya ‘kivandimwe’  ariko irimo ihurizo rikomereye SADC.

Editorial 17 Nov 2017 POLITIKI

Kuba igisirikare muri Zimbabwe cyarafashe icyemezo cyo guhirika Robert Mugabe ku butegetsi ntabwo byatunguye abakurikiranaga ibibazo byo muri icyo gihugu ahubwo icyo abantu bategereje cyane ni uburyo SADC izabyifatamo.

Kuva Zimbabwe yabona ubwigenge mu 1980 irategekwa n’ishyaka ZANU-PF. Iri shyaka kimwe n’abaturage muri rusange ntabwo bigeze bagaragaza ikibazo cy’uko Perezida Robert Gabriel Mugabe ariwe wakomeje kuba ku isonga mu butegetsi bw’icyo gihugu. Baramukundaga kandi na nubu baracyamukunze. Ariko nk’uko umuntu yakwitaba Imana abandi bakimukunze, ni nako yatakaza ubwenge bwo kuyobora igihugu n’ubwo baba bakimukunze.

Ubu Perezida Mugabe afite imyaka 93 y’amavuko. Kuri iyi myaka Mugabe amaze gutakaza imbaraga n’ubwenge byo gukomeza kuba umukuru w’igihugu, yari amaze kubigaragaza kandi buri  wese yabibonaga, usibye we wakomezaga kuvuga yuko igifite imbaraga n’ubushobozi bwo gukomeza gutegeka Zimbabwe.

Ukuri uko kumeze ariko n’uko bose muri ZANU-PF bari bamaze kubona yuko Mugabe agomba kurekura ubutegetsi, ikibazo gusa kikaba uwo yakagombye kubusigira. Aha niho batangiye kurwanira gusimbura Mugabe bucece, ZANU-PF icikamo ibice bibiri. Igice kimwe kitwa G40 (Generation 40) kiri inyuma ya y’umugore wa Perezida, Grace Mugabe, naho ikitwa  Lacoste (abari ku isonga ngo ubwigenge buboneke) kiri inyuma ya Visi Perezida Emmerson Mnangagwa.

Mu cyumweru gishize abaturage ba Zimbabwe batunguwe n’icyemezo cyafashwe na Perezida Mugabe cyo gukura Mnangagwa ku mwanya wa Visi Perezida, wanahise ahunga igihugu ngo kuko yashyirwagaho iterabwoba ryo kwicwa !

Uko byagaragariye benshi muri Zimbabwe n’uko ikurwa rya Mnangagwa ku mwanya wa Visi Perezida ryari guhita rikurikirwa n’iyimikwa rya Grace kuri uwo mwanya, akaba yahita asimbura umugabo we ku mwanya wa Perezida wa Repubulika aramutse apfuye bitunguranye cyangwa hari izindi mpamvu zatuma bigaragara yuko atagishoboye gutegeka.

Uko bigaragara n’uko iyo igisirikare kitabyinjiramo Grace yari arangije kuba Perezida w’igihugu, umugabo we apfuye cyangwa amukoreramo akiriho.

Ibi ntabwo benshi mu gihugu ndetse no muri ZANU-PF babyifuza ku buryo byari no gutuma abaturage basubiranamo, ikaba ariyo mpamvu yatumye igisirikare kibyivangamo ngo bitazagera aho amaraso ameneka mu gihugu !

Niyo mpamvu iyi kudeta yo muri Zimbabwe igaragara kuba kudeta ya kivandimwe. General Constantino Chiwenga na bagenzi be ayoboye mu gisirikare bavuga yuko batangiye guta muri yombi abayobyaga Mugabe ariko we bakamwingingira gutangaza yuko arekuye ubutegetsi. Ukudeta umuntu ukamwingingira kwemera yuko arekuye ubutegetsi ku bushake, ubinyujije mu mishyikirano n’amahanga ahari nk’indorerezi ?

Ibi bisobanuye ko igisirikare muri Zimbabwe cyarangije gufata icyemezo cy’uko Perezida Mugabe agomba kuvaho ariko akagenda yishimye kuko ikibazo atari we !

Ubu kuvaho kwa Mugabe ntabwo bikiri ikibazo, ikibazo n’uko n’avaho hahita hajyaho iki ? Umugore we (Grace) wari waramubindikiranyije ngo azamusimbure ntabwo igisirikare cya mwemera kuko ari nawe watumye umugabo ahagarikwa hakaba hanakurikiranywe G40 kuba ari yo yashakaga guteza imvururu muri ZANU-PF no mu gihugu muri rusange.

Uwo benshi bahamya yuko igisirikare cyifuza ko yashyirwaho ni Emmerson Mnangagwa wari umaze icyumweru akuwe ku mwanya wa Visi Perezida, ariko Mugabe ashobora kumwanga igisirikare kikifatira icyemezo cyaba gisobanuye yuko mu by’ukuri muri Zimbabwe hakozwe kudeta.

Muri ibi bihe tugezemo kudeta ni ikintu cyamaganwa hose ku isi. Ariko uko bigaragara n’uko ntawe uhangayikishijwe n’uko Mugabe yaba yahiritswe ku butegetsi kuko babonaga ko n’ubundi atagishoboye. Ibihugu by’u Bulayi na Amerika byo ntabwo byabitesha igihe na gato, kuko byari bisanzwe bitamukunze.

Ubu ikibazo kinini kiri ku muryango w’ibihugu byo mu majyepfo ya Afurika (SADC), Zimbabwe ibarizwamo. Ubu uyu muryango ugizwe n’ibihugu 16, uyobowe na Afuria y’Epfo, urakurikiranira hafi ibibera muri Zimbabwe. Perezida w’icyo gihugu, Jacob Zuma, yohereje Harare abamukurikiranira hafi ibirimo kubera muri icyo gihugu gituranyi.

Amakuru ahamya yuko izo ntumwa za Zuma zirimo Minisitiri w’ingabo, Nosiviwe Mapisa-Ngakula, na Minisitiri w’umutekano mu gihugu,  Bongani Bongo, bari muri Zimbabwe kandi banafasha muri iyo mishyikirano yo kumvisha Mugabe yuko ya kwegura ku bushake kubera ineza y’igihugu.

Mugabe rero aramutse yanze gutangaza yuko yeguye ku neza, biragaragara yuko ntacyo azaba akiramiye kuko yarangije kweguzwa. Aho ikibazo kivukira n’uko n’ubwo abagize SADC baba babona yuko koko Mugabe yari atagishoboye, ariko amategeko agenga uwo muryango avuga yuko kudeta zitemewe mu bihugu biwugize, nk’uko n’aya African Union abivuga. Ibi bivuze yuko Zimbabwe yafatirwa ibyemezo, birimo no guhagarikwa ubunyamuryango bwa SADC nk’uko amategeko agenga uwo muryango abiteganya. Uko abagize uwo muryango babyifatamo ni ibyo gitegereza kuko bose baba babona yuko Zimbabwe izize ubusa, usibye itegeko gusa ryakozwe muri rusange !

Casmiry Kayumba

2017-11-17
Editorial

IZINDI NKURU

Icyizere cy’uko Jenoside itazongera kubaho mu Rwanda, nticyivuze ko abayigizemo uruhare cyangwa ababashyigikiye, baretse umugambi wo kurimbura u Rwanda

Icyizere cy’uko Jenoside itazongera kubaho mu Rwanda, nticyivuze ko abayigizemo uruhare cyangwa ababashyigikiye, baretse umugambi wo kurimbura u Rwanda

Editorial 07 Apr 2025
Lt Col Mpakaniye yamaze imyaka 12 arinda abayobozi ba FDLR yanabaye umuvugabutumwa muri ADEPR

Lt Col Mpakaniye yamaze imyaka 12 arinda abayobozi ba FDLR yanabaye umuvugabutumwa muri ADEPR

Administrator 26 Nov 2025
Tariki ya 23  Mata mu 1994: Abari ku isonga mu bwicanyi ni perezida Tewodori Sindikubwabo n’abandi

Tariki ya 23  Mata mu 1994: Abari ku isonga mu bwicanyi ni perezida Tewodori Sindikubwabo n’abandi

Editorial 23 Apr 2025
Uganda: Buri mudepite watoye yego ku ikurwaho ry’ingingo ya 102 mu Itegekonshinga yahawe umurinzi ufite imbunda

Uganda: Buri mudepite watoye yego ku ikurwaho ry’ingingo ya 102 mu Itegekonshinga yahawe umurinzi ufite imbunda

Editorial 04 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuhezanguni Bicahaga Abdallah yahawe gasopo ya nyuma mu bikorwa bye byo gucengeza ingengabitekerezo ya Jenoside mu Banyarwanda
Amakuru

Umuhezanguni Bicahaga Abdallah yahawe gasopo ya nyuma mu bikorwa bye byo gucengeza ingengabitekerezo ya Jenoside mu Banyarwanda

Editorial 03 Feb 2023
Frank Ruhinda yemeje iyegura rya Lea Karegeya wari ukuriye akanama k’inararibonye muri RNC
INKURU NYAMUKURU

Frank Ruhinda yemeje iyegura rya Lea Karegeya wari ukuriye akanama k’inararibonye muri RNC

Editorial 13 Jan 2020
Ikinyamakuru Daily Monitor aho gushaka umuti w’ibibazo bya Uganda n’u Rwanda, cyabaye icyo gusingiza Museveni
INKURU NYAMUKURU

Ikinyamakuru Daily Monitor aho gushaka umuti w’ibibazo bya Uganda n’u Rwanda, cyabaye icyo gusingiza Museveni

Editorial 06 Nov 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru